text
stringlengths
159
9.91k
nwords
int64
15
1.2k
ntokens_llama32
int64
70
3.89k
Jeannette Kagame yagizwe ambasaderi wihariye w’ ingimbi n’ abangavu. Jeannette Kagame, umufasha wa Perezida w’ u Rwanda, Ishami ry’ Umuryango w’ Abibumbye rishinzwe kurwanya SIDA ryamugize ambasaderi wihariye w’ urubyiruko ingimbi n’ abangavu.Kuva muri 2010 kugera muri 2017 ubwandu bushya bwagabanutseho 20% mu Rwanda, imfu zikomoka kuri SIDA zagabanutseho 49% , ababyeyi bahabwa ubuvuzi kugira ngo batanduza abo babyara 70% bagera kuri 92%, abafite agakoko gatera SIDA bahabwa imiti bavuye ku 89 300 bagera 186 000.Umuyobozi wa ONU-SIDA , Michel Sidibé yavuze ko ibyo u Rwanda rwagezeho mu kurwanya SIDA aribyo byatumye Jeannette Kagame ahabwa ishimwe anagirwa ambasaderi w’ urubyiruko n’ abangavu mu Isi.Sidibé yagaragaje Jeannette Kagame nk’ umuntu w’ indashyikirwa mu Rwanda no muri Afurika wagize uruhare mu guteza imbere ubuzima bw’ ababyeyi, ingimbi n’ abangavu.Yagize ati“Igihe nzaba nicaye munsi y’ igiti cy’ umwembe nta kiri muri uyu mwanya, nzibuka ko nagize amahirwe yo guhura n’ umuntu ufite umutima, wifuza kugirira neza abandi, wifuza gukorera Abanyarwanda by’ umwihariko bamwe basa n’ abibagiranye… Ibyo nibyo bikugira uwo uriwe bikakugira umuntu twubaha”Jeannette Kagame yavuze ko ishimwe yahawe arisangiye n’ imiryango bafatanya umunsi ku munsi.Yagize ati“Bavandimwe babyeyi mwatwemereye tugakorana uru rugendo rutari rworoshye, abo muri AVEGA, Impore, Rwanda Women Network n’ andi matsinda yose twakoranye, bana bacu iri shimwe turarisangiye”Jeannette Kagame yavuze agakoko gatera SIDA kagenda gahindura Isi bityo ko abagore abagore n’ abana bakwiye kongererwa ubushobozi kugira ngo babashe guhangana n’ icyorezo cya SIDA.
233
648
26. Ubuhamya bwa Rahamatali Rangira Immaculate Nitwa Rahamatali Rangira Immaculate, Navutse 23/09/1958, mvukira i Rutongo. Ubu ntuye Kicukiro, Niboyi. Narangije amashuri yisumbuye. Ndi mu kiruhuko cy'izabukuru. Nakoreye Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye rishinzwe Uburezi (UNESCO) n' Ibiro Mpuzamahanga ishinzwe Umurimo (BIT). Birukana abanyeshuri b' Abatutsi mu mashuri, nigaga mw'ishuri rya Lycee Notre Dame de Citeaux. Nize amashuri abanza mba uwa mbere, ariko nkoze ikizamini mbona natsinzwe. Bagahwihwisa ngo ni uko ndi Umututsi. Abacikaga intege bahitaga bajya mw'ishuri rya familiyali (Ecole familiale). Njyewe ndasibira. Ubanza narasibiye nka kabiri niba atari gatatu. Noneho ubwa kabiri cyangwa ubwa gatatu mama arambwira ati ngwino ujye muri familiyali nta Mututsi uzajya mu mashuri yisumbuye wikwishunga. Ndanga, ndahatiriza; ajya kunshakira umwanya mu ishuri ryisumbuye rya Muramba. Niho ngo Abatutsi babonaga ishuri kwa Bigirumwami. Nararibonye. Ariko ngarutse nsanga natsinze. Ubwo ni nko muri 1970 cyangwa 1971. Ndibuka umwana w'Umuhutu twicaranaga kandi yari yandukuye ibyo nari nakoze nawe aratsinda. Tujya kwireba kuri komini aho byari bimanitse. Ntsindira kujya muri Lycee Notre Dame de Citeaux. Ndagenda ndiga. Muri Lycee ntabyo gushyamirana hagati y'amoko twabonaga. Twatangiye kubyumva nko mu mezi abiri ngo bariya ni aba n'aba, hakaba abakureba nabi ugiye mu ishuri, ariko ntitubitindeho. Wenda hagati yacu nk' Abatutsi tukabivuganaho ariko ubona nta bikorwa bibi bigaragaza urwango bihari. Muri 1973, rero nibwo ibyo kutwirukana byabaye. Mu kwa kabiri hagiye havugwa utwo tuntu ngo Abatutsi bafite ibibazo. Hanze bakora amalisiti. Twabaga muri interina ibyo hanze tutabizi. Ariko kugira ngo bitangire banatwirukane cyangwa ngo tuvuge ngo reka duhunge byakomeye, byaturutse ku bafasha b'abaganga twari twegeranye. Nibo babajije abo ku ishuri ryacu ngo muribaza iki? Ngo mutegereje iki? Ubundi nta mwuka mubi wari uhari mbere. Koko ntabwo byari byifashe neza icyuka cyari gihari, ariko kugira ngo dufate icyemezo ngo duhaguruke tugende byatewe n'uko twumvise ngo abafasha b'abaganga bagiye kuza bafashe abo twigana badukubite kuko bo batari babitangiye nk'ahandi, abo bafasha b'abaganga bari abagabo. Amatariki sinyibuka neza, icyo nibuka gusa ni uko twari tuvuye mu biruhuko. Ndumva byari nko mu kwezi kwa kabiri cyangwa mu kwa gatatu mu mwaka wa 1973. Umugoroba umwe tujya gusubiramo amasomo nk'uko twari dusanzwe tubikora, noneho sinzi umwana wanyandikiye ngo abafasha b'abaganga baraje, ngo bababwiye ko badusanga aha bakadukubita bakatwica, ngwino dusohoke. Dusohoka turi itsinda ry'abana nka batanu. Tumanuka twirukanka. Byari mu kagoroba nka saa kumi n'ebyiri. Njyewe rero ngo niruka, twambaraga iniforume y'ibikanzu n'ibijipo yari ifite ibifuka, sinzi uko nirukanse mushwari yanjye iragwa. Ibyo naje kubimenya nyuma ko baje kuvuga ko ari icyuma nari rufite. Turamanuka, duhita tujya mu kigo cy'ababikira. Turara aho ngaho ariko ngo hagati aho abafasha b'abaganga ngo baje. Sinakomeje kubikurikira ngo menye uko byagenze. Ndibuka gusa baduhishe mu kazu ka biro batubwira ngo tuzimye amatara. Ababikira bakatuzanira n'ibyo kurya tukajya turya tutabona kubera y'uko twatinyaga ko bamenya aho turi. Twari kumwe turi abana nk'icumi. Noneho n'ababikira ngira ngo bagize ubwoba. Baratubwira ngo tugume aho ariko ngo tubyuke kare tugenda. Turara muri ako ka biro. Mu gitondo tumanutse, ababikira nabo basaga n'abatwikuraho rwose, duhitira ku mwalimu wacu witwaga Victoria Kantengwa. Nawe yari Umututsi twari tunaturanye Kabeza. Ubwo turacyambaye imyenda y'ishuri! Aratubwira ati ntimurenga aha, ndetse murigaragaza ko muri abo muri Lycee. Adutiza imyenda ye turenza ku byo twari twambaye. Tumanuka kuri gereza, dukomeza epfo tujya gushaka imodoka ngo dutahe iwacu. Ndibuka ko icyo gihe ba Mama nabo bari babimenye bohereza musaza wanjye Vianney kundeba. Duhurira kuri rond point. Ati ngwino dutahe, banyohereje ngo ngutware. Tujya mu rugo. Tuba aho hashize iminsi kudeta iraba. Twumva ngo amahoro, ubumwe, ibiki ngo abantu bose nibasubire ku kazi, ngo amahoro yabonetse n'ibindi. Turishora rero hamwe n'abandi bana twari nka bane. Twe mu mashuri cyane cyane abahanga, ni ukuvuga abaza muri batanu ba mbere bari bavuze ngo bazabasubiza mo. Nabaga rero mu ba mbere. Turahaguruka rero tujya kuri Lycee. Turagenda umubikira witwaga Soeur Frida w'umubiligikazi. Ankubise amaso ati mwe ntibishoboka! Ati Makurata wowe umunsi muhunga ngo bakubonye wiruka icyuma kiragwa. Bati reka reka ntibishoboka ntimwakwinjira hano. Turatashye. Turategereza. Bigeze muri 1974 abenshi barahunga. Njye nakomeje njya muri Kongo. Tuhahurira n'abana benshi b' Abatutsi bahahungiye bamwe batari n'abo kuri Lycee. Twakirwa n'Abatutsi bari barahahungiye mbere. Nahize umwaka umwe, nza kujya mu Burundi mba ariho nkomeza kwiyigira ndarangiza. Muri 1978, naje kugaruka mu Rwanda umuntu aramfasha mbona irangamuntu. Najyaga mbaza Mama nti niba Abahutu batwanga gutya mwabakoreye iki, mwapfuye iki? Kuba uri umuhanga bakakubuza kwiga byatumaga wibaza icyo uzira. Byatugizeho ingaruka nyinshi harimo guhunga igihugu cyawe, ukajya gushakira ubuzima n'ayo mashuri ahandi, kandi nabwo ntube wakigarukamo uko ushaka. Kubura igihugu ni ingaruka ya mbere. Kubura igihugu nta cyaha wagikoreye. Ukibaza uti ni ukubera iki? Urwo rwango ruvahe? No kumva ubura ishuri, ufite igihugu kandi utarabuze n'amanota nayo ni indi ngaruka. Amahirwe ni uko hari ayo mategeko mpuzamahanga yo kwita ku bahunze umuntu akaba yakomeza kwiga. Ariko hari abahunze batabayeho neza! Njye nagize amahirwe kuko hari abari barahunze kera bo mu muryango wanjye nkagenda ngasanga baratuye haba Goma no mu Burundi, bakanyakira ariko hari n'abahunze bahera ku busa.
795
2,272
Isereri, Kuruka mu rugendo byaba biterwa niki? ese waba uzi uko wabyirinda?. Ibi bibazo byaba biterwa n’iki? ibi bibazo byibasira abari mu rugendo, baba bakoresha: imodoka, gariyamoshi, amazi (icyo bita mal de mer mu gifaransa), indege (mal de l’air) ngo byaba biterwa nikusanyamakuru ry’umubiri riba ritagenze neza biturutse ku bice bimwe na bimwe by’umubiri nk’amaso n’amatwi. Iri kusanywa rizamo amakosa iyo amaso afite ibindi bintu arangariyeho, nibwo agace k’umubiri kitwa Vestibule kaba mu gutwi, gasanzwe kagira uruhare mu kurinda ihungabana ry’umubiri gatanga amakuru anyuranye n’ayo amaso ari gutanga, kuko umubiri wose uba uri mu muvuduko. Iki kibazo kigaragara cyane kubagenzi,abatwara ibinyabiziga bo ngo ntibahura nacyo impamvu nta yindi ni uko ari ikizira kuba utwara yarangarira ahandi hatari aho ari kwerekeza. Uko umuntu yabyirinda Byaba byiza ugiye gufata urugendo aramutse afashe ibinini by’iseseme bisanzwe bicuruzwa muri za pharmacie gusa uyifata asabwa kubyitondera kuko bishobora gutera ibitotsi bityo akaba yafata igice cy’isaha mbere yo kurira imodoka.Ikindi, ni ukugira ikintu urya: kuburyo buri mu rugero, ni ukuvuga igifu kitaremereye ariko nanone udashonje. Kwirinda amavuta n’ibisindisha ni ingenzi. Ku rundi ruhande mu gihe cy’urugendo, ni ngombwa kwirinda imyambaro ifatiriye umubiri, ubushyuhe mu mudoka, impumuro mbi (itabi, lisansi, amavuta ahumura cyane cyangwa imibavu ikabije,...)Ni byiza kugenda ureba ku ruhande aho kureba imbere cyangwa inyuma ndetse no kwerekeza amaso ku kintu kiri kure hashoboka (aho imisozi ifatanira n’ijuru, cyangwa horizon). Ni byiza gufungura ikirahure cy’imodoka gatoya kugirango umwuka uhore uhinduka. Biba byiza gusohoka ugafata akanya gatoya uri hanze buri uko bishobotse.Si byiza gusoma cyangwa guhunyiza uri mu rugendo. Bishobotse washaka ahantu wegama ku buryo usa n’uryamye, umutwe umeze nk’aho uraramye, bavuko ari ngombwa nanone gutuza. Ku bahura n’ibi bibazo bari mu ndege ni ngombwa kugisha inama abatanga ubufasha (ni ngombwa kwayura rimwe na rimwe mu rwego rwo kugabanya icyuho cy’umwuka kiba kiri mu matwi gituma umuntu agirango yazibye).Kuruka iyo ari ngombwa, aho kubifata. ikindi kintu cy’ingenzi: kwitwaza amazi ahagije yo kunywa, n’ibintu birimo isukari ihagije nka biscuit ukabifata ku buryo buhoraho (nyuma ya buri minota 20). Burya iki kibazo gishobora kwiyongera cyangwa kikagabanuka bitewe n’aho umuntu yicaye. Biba byiza iyo wicaye mu gice cy’imbere cy’ikinyabiziga,abicaye mu myanya y’inyuma nibo bakunze guhangayika. Mari josee IKIBASUMBA
358
989
M23 yagaragaje uruhare rwa Leta ya RDC mu mpfu z’Abanye-Congo hafi 200. Ni mu gihe kuri uyu wa 2 Nzeri 2024, Guverinoma ya RDC yateguye umuhango wo gusezera kuri abantu bagera kuri 200 ihamya ko bishwe na AFC/M23. Uri kubera muri Stade de l’Unité iherereye i Goma. Ni umuhango witabiriwe n’abo mu miryango y’abishwe ndetse n’abo mu nzego z’ubuyobozi bwo muri RDC baturutse i Kinshasa. Byateganyijwe ko ubanziriza igikorwa cyo kubashyingura mu cyubahiro. Umuvugizi wa AFC/M23 mu rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko ihuriro rya Leta ya RDC ririmo FDLR na Wazalendo rikomeje kwica impunzi ziri mu nkambi zitandukanye no mu mujyi wa Goma. Yagize ati “Gutegura uyu muhango wateganyijwe kuri uyu wa Mbere, tariki ya 2 Nzeri 2024, ntibisobanuye ikirenze kujijisha abaturage, kandi ni icengezamatwara ryateguwe na Leta ya Kinshasa igamije kwihunza icyaha.” Kanyuka yatangaje ko abasirikare ba RDC, FDLR, Wazalendo n’abo mu yindi mitwe y’ingabo ishyigikiwe na Leta y’iki gihugu ari bo biciye impunzi 35 mu nkambi ya Mugunga muri Gicurasi 2024 n’abandi barenga 160. Yagize ati “Ni ngombwa ko twibutsa ko ubwicanyi bwakorewe bene wacu mu nkambi ya Mugunga, n’ubundi bwakorewe abasivili barenga 160 mu Mujyi wa Goma mu mwaka ushize, bwakozwe n’iyi mitwe, kandi ni yo ikomeze guteza umutekano muke no kwica abantu i Goma.” Kanyuka yatangaje ko AFC/M23 yifatanyije mu kababaro n’abasivili bakomeje kugirwaho ingaruka n’ubugizi bwa nabi bw’iyi mitwe, asaba abakiri mu nkambi kujya mu bice igenzura kugira ngo ibarindire umutekano. Uyu muhango wateguriwe muri Stade de l'Unité iherereye i Goma
248
636
Jean-Claude Raphael. Jean-Claude Raphael (wavutse 5 Werurwe 1973) ni umukinnyi wa jido ukomoka muri Morise . Raphael yaserukiye Morise mu mikino y'olempike ya Atlanta mu 1996 agera ku mwanya wa 9 mu mikino olempike ya Sydney mu 2000. abona umudari wa zahabu mu bihugu bivuga icyo ngereza, we gukanye umudari wa zahabu mu mikino yo mu nyanja y’Ubuhinde, watsindiye umudari wa Zahabu muri Afurika ya Jido, amaze imyaka myinshi yitabira amahanga mbere yo gusezera mu marushanwa ya bigize umwuga nyuma y’imikino Olempike ya Sydney.
84
199
Muhanga:Umupolisi yarashe umugabo ukekwaho ubujura washatse kumurwanya. Umugabo wari wikoreye inka yabazwe bikekwa ko ari iyo yari yibye, yarasiwe mu Murenge wa Rugendabari mu Karere ka Muhanga, nyuma yo gushaka gutema umupolisi.Ibi byabaye mu gitondo cya kare kuri uyu wa Mbere tariki 15 Mata 2024, ahagana saa kumi n’imwe n’igice, mu Mudugudu wa Kiduha mu Kagari ka Kibaga mu Murenge wa Rugendabari.Amakuru ava mu baturage no mu buyobozi bw’inzego z’Ibanze, avuga ko ubwo aba bajura birukaga bacikana inyama Polisi yahagaritse umwe muri bo agakura umupanga mu gikapu ashaka kubarwanya bakamurasa.Ubwo uyu mugabo ukekwaho ubujura yari ahuye n’inzego z’umutekano zari ziri ku burinzi, zamuhagaritse ngo zimusake mu bikapu bibiri yari yikoreye, aho gukurikiza ibyo bari bamubwiye, ashaka gutema umupolisi akoresheje umuhoro yari afite.Gihana Tharcisse uyobora Umurenge wa Rugendabari, yagize ati “Yakuye umuhoro mu gikapu ashaka kuwutemesha Umupolisi ahita amurasa.”Uyu muyobozi avuga ko ibikapu bibiri byari byikorewe n’uyu mugabo, babisatse bagasanga birimo inyama z’inka yari yamaze kubagwa, ndetse ko byaje kumenyekana ko yabagiwe ku kiraro cy’umuturage wibwe iri tungo.Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Emmanuel Habiyaremye, yemereye itangazamakuru ko hahise hatangira iperereza, kuri iki gikorwa, atangaza ko amakuru arambuye kuri cyo azatangazwa nyuma yaryo.
193
542
ntabwo tuzajya dufasha umubyeyi ngo bimunyureho, tuzajya dufasha umwana niba ari ishuri niba batuye ahantu batashobora kumushyira mu kagare ngo bamugeze ku ishuri, tuzakora ku buryo biri bushoboke. Bashobora no kumwimura rwose akajya mu Mudugudu uri aho hafi akajya amutwara ku ishuri akamugarura, akajya ibihe n’undi mubyeyi, ariko ku buryo bitaba inzitizi yo kuba yagera kuri ubwo burezi. Ingamba zirahari ku buryo butandukanye, ariko iya mbere twumva izadufasha kugira ngo abantu bareke guhisha abana babo ni ukumva yuko atari ikinegu kandi igihe yasohotse bwa bufasha akabubona kandi akabubona ku buryo bwuzuye. Ngira ngo ni icyo navuga ku kijyanye n’ubufasha bwahabwa ufite ubumuga mu burezi. Ikindi ni uko twumvaga ikintu cyo kubashyira mu bigo twumvaga kigana ku iherezo kereka kugenda akeneye ubuvuzi. Ariko kujyayo bagira ngo bagire ibyo bamwigisha aho bishoboka hose yajya mu rugo bakamwitaho ubufasha akabuhabwa ari mu rugo aho kugira ngo ajye nk’aho bamwidebarasa (se débarasser) bajya kumureresha abandi bantu. Ni byo koko ntashobore kugira ibyo ahungukira ariko igihe cyose bizaba bigaragaye ko atakiri ikinegu kandi icyo yabasaba kugira ngo azamuke neza nk’abandi bana nubwo batamwigisha ibintu biri “académique” ariko ashobora no kwiga kwikorera ibintu bimwe na bimwe bitewe n’ubumuga afite bakabimwigisha kandi akabifata. Kandi rero umuntu wabimwigisha ngo abifate azabashe kwiyambika, ubwo wenda navuze ku ruhande rumwe, azabashe kugira ibyo yikorera, ubushakashatsi bugaragaza ko nta wundi muntu ushobora kubimwigisha neza kurusha uwamubyaye wamweretse uko agomba kubikora. Ni izo ngamba dufite muri urwo rwego kandi twumva bizatanga umusaruro bikuzuza byinshi byari byaragezweho. Murakoze. Perezida wa Sena, Dr. IYAMUREMYE Augustin Murakoze Nyakubahwa Minisitiri. Twafungura lisiti ya gatatu. Kuri lisiti ya gatatu hiyandikishije Honorable NTIDENDEREZA William. Ijambo ni iryanyu Nyakubahwa Senateri. Honorable NTIDENDEREZA William Murakoze Nyakubahwa Perezida wa Sena. Nagira ngo nanjye mbanze nshimire Nyakubahwa Minisitiri ku buryo yadusobanuriye neza isobanurampamvu ry’uyu mushinga. Ariko nagira ngo nk’uko mugenzi wange yigeze gukomoza mu gihe twavugaga ku bijyanye n’abageze mu zabukuru hakibazwa niba muri za Kaminuza zacu hari ukuntu baba bigisha uburyo bwo kuvugisha bariya bageze mu zabukuru, yavuze ko bamwe baza bavuga ko barwaye za rusoka n’ibindi. Nanjye nagira ngo mbaze niba mu mashuri, cyane cyane mu bijyanye na “sport”, ese abo bana bafite ubumuga iyo bagiye mu mashuri abarimu bigisha “sport” hari uburyo babigisha ibijyanye na “sport”, ari byo bita “sport paralympique” cyangwa baragenda bakagera hahandi bakaba nka kumwe bashyira mu bandi bana imuhira akicara hariya ntacyo amaze? Kandi ubundi hari uburyo bigisha ibijyanye n’uko bavaroriza (valoriser) umwana ufite ubumuga mu bya “sport” ntabone zeru cyangwa se ntabe umuntu abantu bose bafitiye impuhwe kuko na bo baba bafite ubundi bushobozi. Nagira ngo numve na byo niba hari uko mwabitekerejeho mu mashuri yacu ya za Kaminuza cyangwa se mu Nderabarezi aho bigisha abo barimu bazajya kwigisha abo bana. Niba hari ukuntu babigisha kugira ngo bazite kuri ba bana batazabona ko ari abantu badafite icyo bamaze. Murakoze Nyakubahwa Perezida wa Sena. Perezida wa Sena, Dr. IYAMUREMYE Augustin Murakoze Nyakubahwa Senateri, Nyakubahwa Minisitiri ijambo ni iryanyu kugira ngo mugire icyo muvuga ku bibazo byabajijwe. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Honorable NYIRARUKUNDO Ignatienne Murakoze Nyakubahwa Perezida. Honorable NTIDENDEREZA turamushimiye. Aravuga ati: “Ese muri za Kaminuza ho bimeze bite? Ho bariteguye kugira ibyo bakwigisha kugira ngo ubufasha nyine buzabe bwuzuye?” Ni byo koko muri ‘sport” batubwiye ko byigishwa ariko ntabwo biri ku rwego twumva bihagije. Kuko ikigaragara ni uko baba bifitemo ubumenyi n’ubuhanga buhanitse. Iyo babigiyemo usanga no gutsinda banatsinda kurusha abandi. Ngira ngo hari ukuntu iyo hari ingingo bafite ukuntu bashyiramo imbaraga cyane sinzi ukuntu bigenda ariko usanga hari abahanga mu mikino itandukanye kandi ukabona koko ubuhanga barabufite. Turifuza ko byarushaho bikiyongera kurusha uko byari
597
1,584
50 Cent yasubije uwahoze ari umugore we wamushinje kumufata ku ngufu no kumukubita. Umuraperi 50 Cent yahakanye ibivugwa ko yasambanyije ku gahato uwahoze ari umukunzi we, Daphne Joy.Ibi bibaye nyuma gato y’uko uyu munyamideli Daphne Joy agiye kuri Instagram akabimushinja.Uyu mugore yamaganye ibitekerezo 50 Cent aherutse gutanga,amushinja kumusambanya ku gahato no kumukubita.Ati:“Curtis James Jackson,ibintu byose aba ari urwenya kuri wowe kugeza umutekano wacu uhungabanye, biri kubaho ubu. Urimo guteza akaduruvayo, akajagari n’umwuka mubi mu buzima bw’abantu.Wakumva umeze ute Sire [Umuhungu wabo] ariwe wambaye amapingu?azira ubusaTwimukiye i New York kugira ngo tuguhe amahirwe yo kuba se w’umuhungu wawe ariko wamubonye inshuro 10 mu myaka 2 kandi twabaga mu kirometero kimwe nawe. Ndambiwe guhishira no kurinda isura yawe ku muhungu wacu utigeze ukorera. ”Yakomeje agira ati: “Reka dushyire ingufu ku bikorwa byawe bibi byo kumfata ku ngufu no kumpohotera. Ntukiri unkandamiza kandi Imana yanjye izaguhana kuri iyi ngingo. Wangije burundu ibyiringiro bya nyuma nari mfite kuri wowe nka papa byo kurinda umuryango wacu kuri ibi binyoma bya nyuma nanshinjwe. Wadushenguye imitima ku nshuro ya nyuma. ”Ku bijyanye n’ibi birego,uyu muraperi yasohoye itangazo rigira riti: “Ibirego bikomeye byatanzwe mu rukiko kuri Daphne Joy, nyina w’umwana wanjye w’imyaka cumi n’ibiri,byansabye gufata icyemezo cyo kwitabaza inkiko kugira ngo ndinde umuhungu wanjye Sire. Ibirego bya vuba kandi bidafite ishingiro bya Daphne Joy biragaragara ko ari igisubizo ku cyemezo cyanjye cyo kuregera guhabwa uburenganzira bwo kurera umuhungu wanjye. Umuhungu wanjye Sire ni we w’ingenzi cyane kuri njye kandi kumurindira ahantu hizewe ni cyo cyonyine nibanzeho muri iki gihe. ”Ibirego bishinja 50 Cent bije nyuma yuko bivuzwe ko ashaka kurega kugira ngo ahabwe uburenganzira bwo kurera umuhungu we wenyine nyuma yuko Joy bamubyaranye avuzwe mu rubanza rwa Rodney “Lil Rod” Jones urega umuraperi Sean “Diddy” Combs, gucuruza abantu ngo babasambanye no guhohotera.Joy yarezwe muri iki kirego hamwe n’uwahoze ari umukunzi wa Combs,Yung Miami nk’umuntu bivugwa ko yahawe indishyi z’amafaranga kubera gukoreshwa imibonano mpuzabitsina n’uyu washinze Bad Boy Records.50 Cent na Daphne Joy bakundanye mu 2011 mbere yo kwakira umuhungu wabo Sire, mu 2012, ariko batandukana nyuma gato.
339
930
Ethiopia: Minisitiri w’Intebe yashimiye Perezida Kagame ku ntsinzi y’Umukuru w’Igihugu. Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed Ali yashimye Paul Kagame watorewe kuyobora u Rwanda mu myaka itanu iri imbere. Yamwifurije gukomeza kugira imiyoborere myiza izana umutekano n’iterambere ry’u Rwanda. Abiy Ahmed  yabinyujije ku rubuga rwe rwa X rwahoze ari Twitter, ashimira Umukuru w’Igihugu watsinze amatora yo kongera kuyobora manda y’imyaka 5. Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed aherutse i Kigali aho yaje kwifatanya n’u Rwanda, Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.
85
236
Ab’igitsina gore ni bo bibasirwa cyane n’icuruzwa ry’abantu. Ni ibyatangarijwe mu kiganiro giherutse guca kuri Televiziyo y’Igihugu, aho Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B Thierry, yavuze ko ab’igitsina gore bibasiwe cyane kuko bashobora gukurwamo ingingo, bakanakoreshwa ubusambanyi. Mukarubuga Ancilla, umubyeyi wari muri iki kiganiro, yavuze ko ababyeyi bakwiye guhora batoza abana babo kugira inshuti nziza no kubaha uburere bukwiye bwabafasha kugira amakenga. Yagaragaje ko abana bakwiye gutegurwa kare, bagahabwa amakuru ku byo bazahura nabyo mu buzima bwa nyuma y’ishuri. Mukarubuga yavuze ko ukurikiye ubuhamya bwa bamwe usanga hari ababijyamo kubera ubukene kuko icuruzwa ry’abantu ryungura cyane ndetse riri ku mwanya wa gatatu nyuma y’intwaro n’ibiyobyabwenge. Ati: “Nigeze kugira umwana w’umukobwa, arambwira ati ‘aya mafaranga nkorera mbona ntacyo azangezaho kandi nshaka kuzubakira mama’. Yambwiye ko hari umukobwa w’iwabo wagiye hanze kandi yubakiye iwabo. Nagize Imana arabireka.’’ Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry, yavuze ko abacuruza abantu bakoresha amayeri atandukanye ndetse ubu byakajije umurindi kubera ikoranabuhanga. Ati: "Amayeri bakoresha ni ugukoresha inshuti yawe kugira ngo igire ibyo ikwizeza. Uwagiyeyo ashuka uri hano, na we agashaka undi muntu akamwohereza. Hari abo bizeza akazi, hari abo bizeza buruse, hari n’abo bashuka babizeza gushaka umukunzi babinyujije mu mbuga nkoranyambaga”. Mu myaka itanu ishize, imibare yerekana ko Abanyarwanda 314 bacurujwe mu bihugu byo hanze. Muri bo, abagore bagera kuri 77% mu gihe abagabo ari 23%. Icyiciro cyibasiwe cyane ni abafite hagati y’imyaka 18-30 bangana na 35%. Muri bo, Leta yagaruye abagera kuri 82%. Umunyamakuru @ Umukazana11
240
683
Joel Kitamirike. Joel Derick Kitamirike (wavutse 5 Mata 1984) yahoze ari umukinnyi ukina umupira w'amaguru wa bigize umwuga w'akinnye nka myugariro . Yakiniye ikipe y'umupira w'amaguru ya mbere ya Brentford muri shampiyona ya 2003–04 ndetse no muri Dundee yo muri shampiyona ya Sikotishi muri 2005. Ikipe ye aheruka ni Chelmsford City . Yavukiye muri Uganda, yimukira mu Bwongereza akiri umwana kandi afite ubwenegihugu bw'Ubwongereza. Ugushyingo 2008 yakatiwe igifungo cy’amezi 20 azira gutanga ibiyobyabwenge byo mu rwego rwa A. Umwuga wa ikipe. Kitamirike yavukiye i Kampala, muri Uganda, mu 1984 aza mu Bwongereza afite imyaka itandatu. Yatangiye umwuga we nk'umukinnyi mu bana ba Chelsea, aho yagaragaye inshuro imwe munsi yabafite imyaka 17, ahagarara mu gikombe cya UEFA na Hapoel Tel Aviv, ubwo abakinnyi benshi batagiye muri Isiraheli kubera guhungabanya n'umutekano. Yinjiye muri Brentford ku ntizanyo muri Nzeri 2003, yongera ngutizwa mu Gushyingo 2003 mu gihe gisigaye cya shampiyona yo muri 2003–04, aho yakinnye imikino 25 ya shampiyona ndetse n’igikombe muri Brentford. Yarekuwe na Chelsea mu mpera za shampiyona ya 2003–04, nyuma yi geragezwa n’ikipe yo mubuholandi Willem II Tilburg na Walsall, yinjira mu mujyi wa Mansfield mu Kuboza 2004 nta masezerano yagiranye. Yakiniye Mansfield inshuro ebyiri mbere yo kwinjira muri Dundee muri Mutarama 2005 ku masezerano y'imyaka ibiri. Yatangiye gukina mukibuga muri Dundee inshuro zirindwi, muri shampiyona yo muri 2004–05 ubwo iyi kipe yasezererwaga muri shampiyona y’icyiciro cya mbere cya Sikotishi ndetse ikongera kugaragara inshuro ebyiri mbere yo kuva muri iyi kipe mu Gushyingo 2005 nyuma yo kwemeranya gusesa amasezerano. Nyuma y'amezi abiri, yinjiye mu ikipe nkuru yo muri majori, mu ikipe ya Columbus Crew . Yagaragaye rimwe muri Crew mbere yo kugwa mu mupira w'amaguru utari shampiyona yu Bwongereza no gukinira Fisher Athletic na Weymouth . Yarekuwe na Weymouth muri Gashyantare 2008 yinjira mu ikipe ya Chelmsford City, akaba yarigaragaje rimwe mbere yo kuva muri iyi kipe mu mpera za shampiyona yo muri 2007–08. Ugushyingo 2008 yakatiwe igifungo cy’amezi 20 azira gutanga ibiyobyabwenge byo mu rwego rwa A. Umwuga mpuzamahanga. Kitamirike yari ahagarariye Ubwongereza ku rwego rw’abatarengeje imyaka 15 muri 2004, ikipe y’umupira w'amaguru y’igihugu cya Uganda yamushyize mu ikipe yabo mu majonjora y’igikombe cy’isi ndetse n’igikombe cy’ibihugu muri 2006 yakinnye na DR Congo muri Kamena 2004, akoresha amategeko mashya ya FIFA bituma yemererwa gukinira igihugu cye cy'amavuko kurwego mpuzamahanga rwose. Nubwo Kitamirike yari ashishikajwe no gukina, amategeko y’abinjira muri Uganda ntiyemeraga ubwenegihugu bubiri. Kitamirike ntiyashakaga kureka ubwenegihugu bw'Ubwongereza kugira ngo abone pasiporo ya Uganda bityo abura umukino.
406
1,112
mu mwanya wabo.2 Tim 2:24. 6. Pawulo yagaragaje ate ko yari azi guhuza n’imimerere, kandi se twamwigana dute? 6 Twakora iki se mu gihe hari umuntu wumva abangamiwe n’uko dukoresheje ijambo “Bibiliya,” “Imana,” “idini” cyangwa tuvuze ko “ibintu byaremwe”? Dushobora kwigana intumwa Pawulo, tugakoresha andi magambo atamubangamiye. Iyo Pawulo yabaga avugana n’Abayahudi, yakoreshaga Ibyanditswe. Icyakora igihe yavuganaga n’abahanga mu bya firozofiya b’Abagiriki muri Areyopago, yakoresheje amagambo yo muri Bibiliya ariko ntagaragaze ko ari ho yayavanye (Ibyak 17:2, 3, 22-31). Twamwigana dute? Mu gihe tuganira n’umuntu utemera Bibiliya, byaba byiza tutamweretse ko ibyo tuvuga twabivanye muri Bibiliya. Niba ubonye ko umuntu ari bubangamirwe n’uko abandi bamubona asoma Bibiliya, gerageza kumwereka umurongo w’Ibyanditswe ukoresheje wenda igikoresho cya eregitoroniki. 7. Dukurikije ibivugwa mu 1 Abakorinto 9:20-23, twakwigana Pawulo dute? 7 Jya ugerageza kwiyumvisha uko abantu babona ibintu kandi ubatege amatwi. Tugomba kugerageza kwiyumvisha impamvu zaba zaratumye abantu bagira imitekerereze runaka (Imig 20:5). Reka twongere dusuzume urugero rwa Pawulo. Yakuriye mu Bayahudi. Ubwo rero, yagombaga gushaka ubundi buryo yabwirizamo Abanyamahanga batari bazi Yehova n’Ibyanditswe cyangwa babiziho gake. Dushobora gukora ubushakashatsi cyangwa tukabaza ababwiriza bamenyereye ifasi tubwirizamo, kugira ngo turusheho kumenya imitekerereze y’abantu baho, bityo twishyire mu mwanya wabo.Soma mu 1 Abakorinto 9:20-23. 8. Tanga urugero rw’ukuntu twatangira kuganira n’umuntu kuri Bibiliya. 8 Intego yacu ni iyo gushaka ‘abakwiriye’ (Mat 10:11). Kugira ngo tubabone, tugomba kubaza abantu ibibazo bituma tumenya uko babona ibintu, hanyuma tukabatega amatwi twitonze. Hari umuvandimwe wo mu Bwongereza ukunda kubaza abantu icyo bakora kugira ngo bagire urugo rwiza, uko barera abana neza, cyangwa icyo bakora mu gihe barenganyijwe. Iyo amaze kumva ibyo bamushubije, arababaza ati: “Utekereza iki kuri iyi nama imaze imyaka igera hafi ku 2.000 yanditswe?” Hanyuma, afata terefoni ye akabereka umurongo yatoranyije neza, atiriwe ababwira ko iyo nama ari iyo muri Bibiliya. JYA WIHATIRA KUGERA ABANTU KU MUTIMA 9. Twafasha dute abantu badakunda kuvuga ibyerekeye Imana? 9 Kugira ngo tugere ku mutima abantu badakunda kuvuga ibyerekeye Imana, dushobora kuganira na bo ku bindi bintu bisanzwe. Urugero, abenshi batangazwa n’imiterere y’ibinyabuzima. Ubwo rero, dushobora kubwira umuntu tuti: “Urabizi ko ibintu byinshi abahanga bakora baba bigana ibintu bisanzwe biriho. Urugero, abakora mikoro bigana imiterere y’amatwi, naho abakora kamera bakigana imiterere y’amaso. None se ibyo bintu abahanga bigana byo byaturutse he? Ese ni ku mbaraga ndengakamere, ni ku muntu se, cyangwa ni ku kindi kintu?” Nyuma yo kumva icyo abitekerezaho, dushobora kongeraho tuti: “Iyo abahanga biganye imiterere y’amatwi n’imiterere y’amaso, dushobora kwibaza uwo mu by’ukuri baba bigana. Hari amagambo y’umusizi wa kera anshishikaza cyane. Yaravuze ati: ‘Mbese uwashyizeho ugutwi ntashobora kumva? Cyangwa uwaremye ijisho ntashobora kureba? Ni we wigisha abantu ubwenge!’ Hari abahanga muri siyansi bemera ko ibyo uwo musizi yavuze ari ukuri” (Zab 94:9, 10). Hanyuma dushobora kumwereka videwo iri ku rubuga rwa jw.org®, ahanditse ngo: “Ibiganiro n’inkuru z’ibyabaye,” mu ngingo zifite umutwe uvuga ngo: “Icyo bamwe bavuga ku nkomoko y’ubuzima.” (Reba
479
1,395
RSSB igiye gushyiraho uburyo buzatuma umukozi utatangiwe imisanzu abimenya. Ni ibyagarutsweho mu kiganiro icyo kigo cyagiranye n’abanyamakuru ku wa Gatatu tariki 27 Werurwe hagamijwe kubereka ibyagezweho ndetse n’ibiteganywa gukorwa muri uyu mwaka n’indi iri imbere. Nubwo kuba RSSB yarashyizeho urubuga abakozi bashobora kujyaho bakareba niba batangirwa imisanzu hari icyo byongereye, ugereranyije na mbere y’uko rushyirwaho, ariko ngo haracyagaragara imbogamizi kuri bamwe mu bakoresha batayitangira abakozi, cyangwa se bakayitangira bamwe na bamwe, ku buryo uburyo bateganya gukoresha buzatuma buri wese amenya ko yayitangiwe cyangwa batigeze bayimutangira. Ubusanzwe itegeko ry’umurimo rigena ko umukozi umaze igihe kingana n’iminsi 90 kuzamura akora akazi, umukoresha ategetswe kumutangira imisanzu muri RSSB, kuko biba ari uburenganzira bwe. Nubwo bimeze bityo ariko si ko hose byubahirizwa, kubera ko hari n’abakozi bashobora kumara imyaka irenga itanu mu kigo nta masezerano y’akazi ndetse batanatangirwa imisanzu muri RSSB. Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Regis Rugemanshuro, avuga ko hari uburyo burimo kugeragezwa buzafasha abakozi kumenya niba batangiwe imisanzu ya RSSB. Ati “Hari sisiteme yitwa ‘Ishema’ irimo irageragezwa aho imisanzu yose ya RSSB izajya itangirwa rimwe, nta mukoresha uzajya abasha gutangira umukozi umwe ngo areke undi, utujuje lisite yose y’abakozi watanze, iyo lisite ntihoka, ukabatangira kandi byose, niba uri muri RAMA, ugatanga Pansiyo, ugatanga ibigenerwa umukozi byose ndetse na RRA. Ntabwo ushobora kuvanamo ngo ugiye gutangira abayobozi abandi ntibishoboka.” Akomeza agira ati “Ibyo rero bizatuma urwego rwo kubikora neza rwiyongera, ariko ba bandi bajyaga bahuguza na bo ntibizabakundira. Ikindi kirimo ni uko umukozi utangiwe azajya abona ubutumwa bumubwira ko umukoresha yamutangiye umusanzu w’ukwezi, nadatangirwa azajya abona ubutumwa bumubwira ko bigaragara ko uko kwezi atatangiwe imisanzu, icyo gihe akamenya uko akurikirana, n’umukoresha naba azi ko uzabimenya, urumva ko bizakemura icyo kibazo.” Umuyobozi ushinzwe ibigenerwa abanyamuryango muri RSSB, Dr. Regis Hitimana avuga ko hari aho usanga abakoresha bamwe batangira imisanzu abakozi bakirengagiza abandi, n’abo batangiye ntibabatangire buri kwezi, ku buryo iki kibazo bagisesenguye bakagifatira n’ingamba. Ati “Hari inzego zigera kuri eshanu tubona ko iki kibazo ari ho cyiganje cyane, dushyiraho na gahunda yihariye. Buriya umukoresha agomba gutanga ibyo ategekwa n’itegeko, ariko agomba no gutanga n’inyugu z’ubukererwe. Iyo umuhaye amakuru tubikoraho kandi mukabigiramo inyungu, kuko umusanzu w’umuntu arawubona, na wa mukoresha bigatuma n’abandi abatangira.” Zimwe mu nzego RSSB ivuga ko zikirimo ikibazo cyo guteganyiriza umukozi kurusha ahandi, harimo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, iby’amahoteli n’inganda. Umunyamakuru @ lvRaheema
379
1,129
Abakoraga ubushimusi muri Pariki ya Gishwati-Mukura basanga inyungu iri mu kuyibungabunga. Umwe mu bahoze ari ba rushimusi muri iyi Pariki, witwa Kabasha Etienne, wo mu Mudugudu wa Ngunguru, Akagari ka Rubaya Umurenge wa Mushonyi mu Karere ka Rutsiro, yagize ati: “Twangizaga iri shyamba mu buryo bukomeye, dutemamo ibiti tugatwika amakara, ibindi tukabibazamo imbaho, cyangwa kubitutira dukoramo imishingiriro, bamwe bakagurisha, abandi bakayikoresha mu buhinzi”. Yongera ati “Abashumba bo muri kano gace birirwaga batema ibiti bakabikuramo inkoni. Inyamaswa na zo twazihigaga amanywa n’ijoro, tukazica tukazirya. Urebye iri shyamba ryari mu marembera kuko tutari twarigeze turiha agahenge”. Yungamo ati “Ibyo ni byo twumvaga ari byo bidufitiye inyungu, ariko tumaze gusobanukirwa ko abatuye mu nkengero za Pariki n’ibindi bice biri kure yayo natwe tudasigaye, byugarijwe n’ingaruka zikomoka ku kuba Pariki itabungabunzwe neza; byaraduhumuye, bituma twiyemeza kuba abambere mu kuyirinda abayihungabanya”. Pariki y’Igihugu ya Gishwati-Mukura ikora ku mirenge icyenda, harimo itandatu yo mu Karere ka Rutsiro n’itatu yo mu Karere ka Ngororero. Iri ku buso busaga Ha 3000, nyamara ubwo buso si ko bwahoze bungana, kuko nko mu mwaka w’1970 icyanya cy’ishyamba rya Gishwati cyonyine cyari cyihariye ubuso bwa Ha ibihumbi 27, zagiye zigabanyuka kubera ibikorwa bya muntu nko gutema ibiti, kuyituramo no kuyihingamo, byagabanyije ubwo buso kugeza ubwo bwigeze no kugera kuri Ha 600. Rugira Jean Bosco, Umukozi ushinzwe ubukerarugendo muri Pariki ya Gishwati-Mukura, yagize ati “Urugendo rwo kubungabunga ishyamba rya kimeza rya Gishwati, rusa n’urwongeye kwiyuburura kuva mu mwaka wa 2002, ibyaje kuvamo intambwe ikomeye yo kurihuza n’ishyamba rya kimeza rya Mukura, bigirwa Pariki yemewe ku rwego rw’igihugu (Gishwati-Mukura) ndetse n’icyanya gikomye kiri ku rwego rw’isi. Ibyo birushaho gutuma ubukerarugendo buhakorerwa bugira agaciro, iyi Pariki igatanga umusanzu mu kubaka igihugu n’abaturage muri rusange, ni yo mpamvu tugomba gufata iya mbere mu kuyitaho mu buryo bwose bushoboka”. Yongeraho ko byagize icyo bimarira abayituriye ku rwego rukomeye, ati “Igishimishije ni uko umubare munini w’abaturiye Pariki ya Gishwati-Mukura bahoze bayangiriza, bigishijwe, bagasobanukirwa ingaruka zabyo, ubu bakaba barahindutse abafatanyabikorwa bayo mu kuyirinda, aho bigisha bagenzi babo babagaragariza ibyiza byo kuyibungabunga no kuyirinda. Ibyo bifasha mu kuba uburyo bayirinze mu myaka yashize, bigenda bifasha kongera kuyagura umunsi ku wundi”. Mu gace gaherereyemo Pariki y’Igihugu ya Gishwati-Mukura, habarirwa amakoperative 33 yiyemeje gukorana bya hafi n’iyo Pariki. Abagize izo Koperative kimwe n’abandi baturiye iyo Pariki bishimira ko mu gihe gito gishize itangiye gukorerwamo ubukerarugendo, ubu yatangiye kubinjiriza amadevise, ndetse bakaba bageze no ku rwego rwo kuba umwaka ushize hari ibikorwa Leta yabegereje nk’amazi meza, amacumbi ku batishoboye n’amashuri, byatwaye amafaranga asaga miliyoni 300, babikesha gahunda yo gusaranganya umutungo ukomoka mu bukerarugendo izwi nka ‘Revenue sharing’. Umunyamakuru
426
1,221
Imyaka 3 yikurikiranya ikamba rya Miss Rwanda ryegukanwa n’abana babasirikare! Byarahuriranye? Abaritegura bagize icyo babivugaho. Miss Rwanda 2022 irakomanga, Ku ikubitiro abo mu ntara y’Amajyaruguru nibo iheraho. Uko imyaka ishira n’indi igataha niko abarikurikira bakomeza kwiyongera.Uko biyongera niko ibitekerezo mu mboni zabo zitahuriza ku kintu kimwe kuko buri wese aba afite uko abibona.Uko imyaka yagiye ishira n’indi igataha, ntawabura kuvuga ko iri ariryo rushanwa ry’Ubwiza riyoboye ayandi yose mu gihugu. Uko ritera imbere ariko ni nako havugwa byinshi bigiye bitandukanye kuri ryo.Mu myaka yashize mbere y’iryabaye muri 2018, havugwaga ko iri rushanwa riha amahirwe abana bo mu migi ndetse abenshi ugasanga ari abana bifashije.Byaje gusa n’ibihindura isura ubwo muri 2018, Miss Umutoni Uwase Anastasie yagiye mu mwiherero ateze moto.Ntawahamya neza ko yayiteze yabuze amikoro yo gutega Tax Voiture ariko byabaye agashya kuko abenshi bari bamenyereye kuza mu mamodoka yewe anahenze.Mu mwaka wakurikiyeho wa 2019, haje kuba ibidasanzwe aho Miss Mwiseneza Josiane yitabiraga iri rushanwa.We uretse niyo Moto twavugaga haruguru, yitabiriye amajonjora mu karere ka Rubavu aje n’amaguru kandi yakoze urugendo rw’ibirometero byinshi kugira ngo aze kwitabira iri rushanwa. Kuva uwo munsi kugeza ubu ibyabaye ni Amateka.Kuva ubwo hari benshi batangiye gukurikirana iri rushanwa kubera Mwiseneza umwana w’i Karongi, ndetse ntawabura guhamya yemye ko yazamuye ireme n’ubwamamare byiri rushanwa. Ariko nanone ugasanga abenshi bahuriza ku kuba noneho iri rushanwa n’abana bo mu byaro bashobora guhanganira ikamba n’abana bo mu mugi kandi nubwo batakwegukana ikamba bagera kure hashoboka.Kuva mu mwaka wa 2019 kugeza ubu, hamaze gutangwa amakamba atatu, iryahaweMiss Nimwiza Meghan (Ritavuzweho rumwe kubera umurindi wa Josiane),iryahawe Miss Nishimwe Naomie (Byavugwaga ko akwiye nirya Popularity),ndetse niryahaweMiss Ingabire Grace.Aba bakobwa uko ari batatu, bose bahuriye ku kuba bavuka kubana babasirikare, ndetse bamwe mu bakurikiranira hafi iri rushanwa bakaba bacyeka ko hashobora kuba hari imbaraga runaka zishobora gushyira igitutu ku bategura iri rushanwa ku kuba bariha aba bana,dore ko uretse kuba abarikurikirana bamenya ababyeyi baba bana aruko batwaye ikamba. Ariko abaritegura bo baba bafite imyirondoro yabo kuva biyandikisha kugeza basoje.Ibi benshi bakanavuga ko bishobora kuba byaca intege bamwe mu bakobwa bakwitabira iri rushanwa mu gihe bamenya ko mubo bahanganye haba harimo umwana ukomoka kwaAFANDE.Mu gushaka kumenya byinshi byimbitse kuri ibi, twaganiriye n’abategura iri rushanwa,Rwanda Insipiration BackUp (RIB)maze umuvugizi waryo Miss Rwanda wa 2019 Nimwiza Meghan atwerurira ko nubwo bibaye gatatu kikurikiranya ariko ari ibyahuriranye(Coincidence) ndetse ko nta gitutu (Pressure) namba bashyirwaho.Mukiganiro kihariye yahayeUMURYANGOnaDC TV RWANDAyagize ati"Nta hanu bihuriye, ni ibyahuriranye, nta hantu bihuriye rwose no kuba ari abana b’abasirikare.Kuri twe tureba umwana tuti ese arashoboye ? rwose twe icyo tureba ni umwana si umubyeyi"Aha umunyamakuru yahise amubaza ko umwana yitabira irushanwa ariko umubyeyi, igitinyiro cye ubwacyo cyashyira igitutu ku bategura iri rushanwa asubiza avuga ati"Nta pressure (Igitutu) namba kiza ku bategura irushanwa, kuko abakobwa bose kuri twe barangana, waba uturuka aha cyangwa aha."Yaboneyeho no guhumuriza abakobwa bagiye kwitabira iri rushanwa rya 2022, ko hatagomba kugira uwiheba cyangwa ngo yibaze byinshi ku bijyanye naho akomoka.IKIGANIRO TWAGIRANYE NA MISS NIMWIZA MEGHAN
485
1,389
Ese muri Isirayeli ya kera, byari ngombwa ko umuntu aba ari imfura kugira ngo abe mu gisekuru cya Mesiya?. Ese muri Isirayeli ya kera, byari ngombwa ko umuntu aba ari imfura kugira ngo abe mu gisekuru cya Mesiya? Hari igihe twavugaga ko byari ngombwa. Ibyo byasaga naho bihuje n’ibivugwa mu Baheburayo 12:16. Uwo murongo uvuga ko Esawu ‘yakerensheje ibintu byera, akagurana [na Yakobo] uburenganzira yari afite bwo kuba umwana w’imfura igaburo rimwe.’ Ibyo byasaga n’aho bishaka kuvuga ko igihe Yakobo yegukanaga ‘uburenganzira bwo kuba umwana w’imfura,’ nanone yinjiye mu gisekuru cya Mesiya.Mat 1:2, 16; Luka 3:23, 34. Icyakora, twongeye gusuzuma inkuru zo muri Bibiliya, tubona ko bitari ngombwa ko umuntu aba imfura kugira ngo abe mu gisekuru cya Mesiya. Reka turebe ingero zibigaragaza: Imfura Yakobo (ari we Isirayeli) yabyaye kuri Leya, ni Rubeni. Nyuma yaho, Yakobo yabyaye Yozefu, ari we mwana w’imfura yabyaranye n’umugore yakundaga cyane Rasheli. Igihe Rubeni yitwaraga nabi, uburenganzira bwahabwaga umwana w’imfura bwahawe Yozefu (Intang 29:31-35; 30:22-25; 35:22-26; 49:22-26; 1 Ngoma 5:1, 2). Nyamara, yaba Rubeni cyangwa Yozefu, nta n’umwe uri mu gisekuru cya Mesiya. Ahubwo umuhungu wa kane Yakobo  yabyaye kuri Leya, ari we Yuda, ni we uri mu gisekuru cya Mesiya.Intang 49:10. Muri Luka 3:32 hagaragaza abandi bantu batanu bari mu gisekuru cya Mesiya. Buri wese muri bo asa n’aho yari umwana w’imfura. Urugero, Bowazi yabyaye Obedi, Obedi na we abyara Yesayi.Rusi 4:17, 20-22; 1 Ngoma 2:10-12. Dawidi umuhungu wa Yesayi ntiyari umwana w’imfura. Yari umuhererezi mu bana umunani. Nyamara ari mu gisekuru cya Mesiya (1 Sam 16:10, 11; 17:12; Mat 1:5, 6). Ni na ko byagenze kuri Salomo nubwo atari imfura ya Dawidi.2 Sam 3:2-5. Ariko ibyo ntibishatse kuvuga ko kuba umwana w’imfura nta cyo byari bimaze. Umwana w’imfura yabaga yubashywe kandi inshuro nyinshi ni we wabaga umutware w’umuryango. Nanone yahabwaga imigabane ibiri mu gihe cyo gutanga umunani.Intang 43:33; Guteg 21:17; Yos 17:1. Icyakora uburenganzira bwahabwaga umwana w’imfura bwashoboraga guhabwa undi muntu. Aburahamu yasezereye Ishimayeli, maze uburenganzira bwahabwaga umwana w’imfura abuha Isaka. Nk’uko twabibonye, uburenganzira bwahabwaga umwana w’imfura bwambuwe Rubeni buhabwa Yozefu. Noneho reka dusubire mu Baheburayo 12:16, hatanga umuburo wo kuba maso kugira ngo “hatabaho umusambanyi cyangwa umuntu ukerensa ibintu byera nka Esawu, waguranye uburenganzira yari afite bwo kuba umwana w’imfura igaburo rimwe.” Ni iki Pawulo yashakaga kuvuga? Intumwa Pawulo ntiyavugaga iby’igisekuru cya Mesiya. Yashakaga kugira Abakristo inama yo ‘guharurira ibirenge byabo inzira zigororotse.’ Ibyo byari gutuma hatagira “uvutswa ubuntu butagereranywa bw’Imana,” kandi byashoboraga kubaho iyo bishora mu busambanyi (Heb 12:12-16). Iyo baza kubwishoramo, bari kuba babaye nka Esawu. ‘Yakerensheje ibintu byera,’ abigurana ibintu byo mu buzima busanzwe. Esawu yabayeho mu bihe by’abakurambere, kandi ashobora kuba yaratambaga ibitambo (Intang 8:20, 21; 12:7, 8; Yobu 1:4, 5). Ariko iyo migisha yose yayiguranye igaburo rimwe kubera ko yibandaga ku bintu by’umubiri. Ashobora kuba yarashakaga kwirinda ingorane zari zarahanuwe zari kugera ku rubyaro rwa Aburahamu (Intang 15:13). Nanone Esawu yagaragaje ko yibandaga ku bintu by’umubiri igihe yakerensaga ibintu byera agashaka abagore babiri b’abapagani, bikababaza ababyeyi be (Intang 26:34, 35). Ntiyari ameze nka Yakobo, washatse umugore usenga Imana y’ukuri!Intang 28:6, 7; 29:10-12, 18. None se ubwo ni iki twavuga ku birebana n’igisekuru cya Yesu ari we Mesiya? Hari igihe abo mu gisekuru ke babaga ari abana b’imfura, ariko si buri gihe. Abayahudi bari babizi kandi barabyemeraga, kuko bemeraga ko Kristo yari mwene Dawidi, umwana w’umuhererezi wa Yesayi.Mat 22:42.
529
1,637
Ikoraniro ryihariye ryo mu mwaka wa 2018 ryabereye muri Peru. Abahamya ba Yehova bo muri Peru bakiriye abashyitsi bagera ku 3.400 baturutse mu bihugu 32 mu ikoraniro ryihariye ryabaye mu mwaka wa 2018. Iryo koraniro ryari rifite umutwe uvuga ngo: “Gira ubutwari” ryabaye ku itariki ya 23 kugeza ku ya 25 Ugushyingo, ribera muri sitade nini iri mu murwa mukuru Lima. Muri iryo koraniro hateranye abantu 66.254, ubariyemo n’abari bateraniye mu tundi duce tune. Nanone kandi, muri iryo koraniro habatijwe abantu 719. Ibiganiro byatanzwe muri iryo koraniro byari mu ndimi z’Icyongereza, Ururimi rw’Amarenga rwo muri Peru, Quechua Ayacucho n’Icyesipanyoli. Umwana urimo asezera abaje mu ikoraniro ku munsi waryo wa nyuma. Kimwe mu bintu byaranze iryo koraniro, ni uko abashyitsi n’ababwiriza bo muri icyo gihugu babonye uburyo bwo kwifatanya mu murimo wo kubwiriza. Nanone abo bashyitsi bashimishijwe n’ibyokurya byo muri Peru hamwe n’ibindi biranga umuco waho, kandi basura ibiro by’Abahamya byaho. Ezequiel Porras, uhagarariye ibyo biro, yaravuze ati: “Iri koraniro ryihariye ryabereye muri Peru, ntirizibagirana, haba ku bavandimwe na bashiki bacu, no ku bandi bantu batari Abahamya. Dushimira Yehova kuko yatumye tubona ubu buryo bwo gusingiza izina rye rikomeye.”—1 Petero 2:12.
189
518
Abacuruzi b’i Remera muri Kigali biyemeje gukumira icyatuma Jenoside yongera kuba. Ibyo babikora bagamije kugira ngo abo bacuruzi bo mu byiciro bitandukanye bamenye neza ibyabaye bityo bakumire icyatuma byongera kuba. Abo bacuruzi basura inzibutso bagasobanurirwa umwihariko wa buri rwibutso n’amateka y’agace urwo rwibutso ruherereyemo. Nyuma yo gusura Urwibutso Rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, bagasura n’ingoro y’amateka yo kubohora Igihugu iherereye ku Mulindi i Gicumbi, mu mwaka ushize wa 2018 basuye Urwibutso rwa Ntarama mu Bugesera, baremera n’umwe mu barokotse Jenoside batishoboye bamufasha kwiteza imbere. Kuri iyi nshuro tariki 28 Kamena 2019, abo bacuruzi basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Bisesero ruherereye mu Karere ka Karongi mu Ntara y’Iburengerazuba. Kayishema Leonce, umwe mu bacuruzi uhagarariye abacururiza mu gace ka Remera avuga ko batekereje gusura urwibutso rwa Bisesero kimwe n’izindi zitandukanye, nyuma yo gusanga bamara igihe bahugiye mu bucuruzi , basanga na bo bagomba gufata umwanya bagasura izo nzibutso mu rwego rwo kwibuka Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi. Ati “Jenoside yabaye mu 1994 benshi muri twebwe bari bakiri abana. Nta mateka arambuye bari bafite, noneho dutegura uburyo twagera aha ku rwibutso kugira ngo tumenye amateka y’ibyabaye ku gihugu cyacu, twiha gahunda dufatanyije na bagenzi bacu dukorana umunsi ku munsi, yo kuzajya dusura inzibutso cyangwa se tugafasha n’abasizwe iheruheru na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.” Kayishema avuga ko aho igihugu kigeze hashimishije kuko cyavuye mu kaga cyahuye na ko kikaba kimaze kwiyubaka no gutera imbere. Ati “Ibyo nabonye hano mu Bisesero biteye agahinda, ariko binanyigisha ikintu kinini cyane. Byanyigishije kumenya kubaha ubuzima bw’umuntu, nkamuha agaciro kuko nabonye ko hari abantu batigeze baha agaciro ubuzima bw’abandi bantu, nkumva ko ibyo ntifuza gukorerwa ntakwiye kubikorera abandi” Kubwimana Hassan uhagarariye urugaga rw’abatwara abagenzi muri Gare ya Remera mu Mujyi wa Kigali na we yasobanuye uko bishyize hamwe n’abandi bacuruzi b’i Remera bategura kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi. Ati “Twiyemeje kuzahora tubibuka mu rwego rwo kubaha agaciro.” Kubwimana avuga ko basuye inzibutso zitandukanye ariko aho kuri urwo rwibutso rwa Bisesero bakaba bahabonye amateka y’impamo arushaho gusobanura ubugome bw’abakoze Jenoside. Ati “Ibi biduha umwanya wo kwitekerezaho no guha agaciro ejo hazaza hacu, dufata n’umwanya wo kugira ngo bitazongera kuba.” Abo bacuruzi biyemeje kandi ko aho bagenda hose bazajya bigisha abantu ko bakwiye kwirinda ikintu cyose cyagarura amacakubiri mu Banyarwanda. Ni byo Kubwimana yagarutseho ati “Twebwe rero nk’abacuruzi duhura n’abantu benshi twiyemeje ko tugiye gutanga ubutumwa bwo kwirinda ko Jenoside yazongera kuba.” Bashimiye Inkotanyi zitanze zigatabara u Rwanda zigahagarika Jenoside. Baboneyeho no kwibuka abandi bacuruzi bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuga ko ibikorwa nk’ibi bazajya babitegura buri mwaka. Umunyamakuru @ h_malachie
424
1,195
Guca ukubiri n’amakimbiranye bari kubyungukiramo. Aba baturage bahawe amahugurwa n’umuryango SAFE hifashishijwe uburyo bise GALS (Gender Action Learning System), agatangwa mu buryo bushushanyije bufasha abagenerwabikorwa gutegura iterambere ry’ingo z’abo bagendeye kubyo batunze. Ayingeneye Modesta umwe mu bashoje icyiciro cya mbere cy’aya mahugurwa kuri uyu wa gatanu tariki 3 Kamena 2016, avuga ko nyuma y’imyaka isaga 20 atotezwa n’umugabo we, yemeza ko amahugurwa yagize impinduka mu rugo rwabo. Yagize ati “Mu rugo byari bikabije umugabo yarankubitaga hafi kunyica akantoteza, turakena kuko twezaga akarara agurishije imyaka atitaye ku bana umunani dufite. Nyuma y’amahugurwa ninginze umugabo ngo muhugure akansimbukana ntangiye kwigisha abana nyuma abona ko bifite akamaro nawe araza.” Avuga ko yahinduye umugabo kubera amahugurwa yahawe nawe akabimusubiriramo nk’uko yabyigishijwe. Ati “Natangiye kumwigisha nkoresheje ibishushanyo nk’imfashanyigisho twifashisha nkamwereka nti aha bimeze gutya, aha twarakennye kuko wibera mu kabare ,umugabo arabikunda ubu mu rugo tumaze kugera kuri byinshi abana bariga dufite mituweri ntayo twari twarigeze.” Mu buhamya abagabo abenshi batanze bakomeje kugaragaza uburyo bari bafite imyumvire mike k’uburinganire mu muryango, nk’uko umwe muri bo Nzeyimana Célèstin yabivuze. Ati “Nari narapfuye mpagaze ntabizi kuko ntajyaga numva umugore narinwe, yagiraga icyo ambwira nti umugore se n’iki umbwira ko nta bwenge mugira ko ubwenge bwanjye ari bwo buyobora urugo?!” Mu izina ry’akarere ka Kirehe Hakizimana Charles yashimye uwo muryango uruhare runini ukomeje kugira mu gufasha abaturage guhindura imyumvire birinda amakimbirane mu miryango. SAFE (Sustainable Agriculture for food Security and Economic Development) usanzwe ukorera mu turere dutatu gusa urifuza gukomeza kwagura ibikorwa byawo nyuma yo kubona bitanga umusaruro. Usanzwe ufasha abaturage mu buhinzi no mu iterambere ry’imiryango bagendeye ku ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye. Umunyamakuru @ mutuyiserv
267
749
. Content Conclusões Sobre O  Pin Up Casino Aviator Login Via Redes Sociais Pin Up Oficial Pequeno Risco Ao Jogar Por Dinheiro Demonstração Do Pin Up Aviator Demonstração De Apostas E Números Apostas Baixas Aviator Pin Up – Jogo De Slot E Características Truques E Estratégias Do Pin Up Aviator – Como Ganhar? Como Começo A Jogar Aviator No Pin Up Casino? Como Ganhar Sempre No Aviator Do Pin Up? Características Aviator Revisão Do Slot Aviator ᐈ Aviator Aposta, Jogo De Cassino Online – Criador Do Jogo Aviator ᐈ Aviator Aposta, Jogo De Cassino Online Melhores Cassinos Para Jogar Aviator ᐈ Aviator Aposta, Jogo De Cassino Online Por Dinheiro Truques E Estratégias Do Pin Up Aviator — Como Ganhar? Aposta Máxima Aviador Críticas Do Casino Online Pin-up Melhores Dicas Para O Jogo Aviator Pin Up Qual É O Bônus De Boas-vindas Do Pin-up Casino? Calcular O Pagamento Aviator Pin-up É Um Cassino Confiável? Pinup Təyyarə Oyunu Pin Up Aviator O Site Oficial Está Bloqueado, Como Contornar? Métodos De Pagamento No Pin-up: Depósito E Saque Por Que O Aplicativo Pin Up Não Está Na Play Store? Como Entender O Cartão Aviator? Aviator ᐈ Aviator Aposta, Jogo De Cassino Online Jogue Aviator ᐈ Aviator Aposta, Jogo De Cassino Online Gratuitamente No Modo Demo Aviator Pin Up Há uma variedade de escolhas para os amantes do jogo, mas é extremamente difícil encontrar um bom estabelecimento que trate seus clientes com integridade e crie regras transparentes. Afinal de contas, vivemos na era da Internet e da tecnologia avançada, portanto a maioria dos usuários prefere apostar no conforto de suas casas. O famoso jogo de aviator Pin-Up é apreciado pelos jogadores de cassino online. O jogo é simples de aprender e vem com uma variedade de métodos para ganhar. Você pode melhorar consideravelmente suas chances de ganhar se empregar as técnicas adequadas no aviator. Certifique-se de aproveitar as ofertas e bônus de aviator para aumentar suas chances de ganhar muito. Conclusões Sobre O  Pin Up Casino Aviator Mas a plataforma de jogos online é a única responsável pela privacidade de seus dados. O histórico de suas operações, ganhos, transferências não cairá nas mãos de de pessoas mal intencionadas, você pode confiar totalmente em nós. Se ainda tiver dúvidas, abra a seção “Política de Privacidade” em nosso site e leia com atenção. Login Via Redes Sociais Pin Up Oficial Para jogar Aviator Pin Up, você deve realizar o seu registro no cassino online Pin Up, fazer o login e clicar em “Aviator”, que fica no menu principal no desktop e no menu à esquerda no smartphone. A partir disso, é possível jogar na versão demo ou na com dinheiro real, caso adicione um valor à conta. Além de toda praticidade de se utilizar um aplicativo para jogar o Aviador, a Pin Up oferece benefícios para quem instala o app no móbile. Por fim, vale a pena destacar que há ainda um controle de interface e design. Com isso, os brasileiros ativam e desativam o som, a música e a animação durante as apostas. Eles mostram os valores em apostas e podem dar confiança na hora de apostar na categoria de
527
842
Nyamasheke: Inzego zitandukanye zunguranye ibitekerezo byo kwihutisha “Gatare Tea Project”. Iyi Komisiyo iremeza ko mu gihe uru ruganda ruzaba rwuzuye ruzateza imbere agace ruzaba rwubatsemo, by’umwihariko mu mirenge ya Karambi, Kilimbi na Cyato kuko uru ruganda ruzaha akazi abakozi bahoraho bagera kuri 500 ndetse n’abandi batandukanye bazajya bakora imirimo itandukanye mu buhinzi bw’icyayi no gusarura. Mu nama ngarukakwezi ya Komisiyo ishinzwe umushinga w’iki cyayi yateranye kuri uyu wa gatatu, tariki 17/04/2013, inzego zose zifite mu nshingano uru rwego zunguranye ibitekerezo by’uburyo imirimo ijyanye n’iyubakwa ry’uruganda yakwihutishwa ndetse ubuso buhinzeho icyayi bukiyongera kugira ngo hazaboneke umusaruro uzahaza uru ruganda mu gihe ruzaba rwuzuye. Mu mbogamizi zagaragajwe harimo ko umuhanda wa kilometero zigera kuri 23 ugana ahubakwa urwo ruganda wangiritse ku buryo kugeza ubu bigoranye ko imodoka nini zo gutwara ibikoresho byo kubaka uru ruganda zabasha kuhanyura. Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke wungirije ushinzwe ubukungu, Bahizi Charles ari na we uyoboye iyi Komisiyo atangaza ko harimo gukorwa ibishoboka kugira ngo uyu muhanda usanwe kuko n’ubundi wari wakozwe ariko ukaba ugenda wangizwa n’imvura nyinshi igwa muri aka karere. Mu ngamba ziriho zikaba ari izo gushaka laterite (igitaka gikwiriye gishyirwa mu muhanda) ikwiriye kandi ngo aho kuyikura hamaze kuboneka ku buryo hasigaye imirimo yo kuyicukura no kuyigeza ahakorwa uwo muhanda kugira ngo utungane, bityo bizashoboke kuhageza ibikoresho byo kubaka uruganda. Ikindi cyagaragajwe mu kungurana ibitekerezo ni uko abafite mu nshingano guhinga icyayi, by’umwihariko amakoperative y’abahinzi b’icyayi, basabwe gukora ibishoboka kugira ngo bahinge ubuso buteganyijwe bityo hazaboneke umusaruro uhagije. Umushinga w’Icyayi wa Gatare (Gatare Tea Project) ukubiyemo uruganda rwo ku rwego rwo hejuru rutunganya icyayi ndetse n’ubuhinzi bw’icyayi. Emmanuel Ntivuguruzwa
264
758
Muhanga: Ikiraro cyo mu kirere cyatumye batagicumbika igihe imvura yaguye. Ikiraro cyo mu kitrere giherereye ku mugezi wa Gacyeri uri hagati y’Utugali twa Rukaragata na Matyazo two mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga, cyubatswe cyakemuye ikibazo cyo gutuma abaturage igihe imvura iguye bacumbika. 293469 Iyo imvura yagwaga hari abanyeshuri bararaga mu kandi Kagali badatuyemo kubera uwo mugezi wa Gicyeri bananirwaga kwambuka wuzuye. Mukaribagiza Vestine umwe mu batuye mu Mudugudu wo mu Kagali ka Matyazo, a vuga ko mbere y’uko iki kiraro bagihabwa, mugihe cy’imvura nta mubyeyi wajyaga mu nzu ahubwo yajyaga ahitegeye umugezi ngo nuba wuzuye aburire abanyeehsuri ntibaze, ahubwo bajye gucumbika. Ati: “Ndashimira Perezida wa Repubulika wadufashije kubona iki kiraro, kuko jyewe ubwanjye iyo imvura yagwaga sinajyaga mu rugo naritwikiraga ngahagarara ahitegeye, kugira ngo umugezi wa Gacyeri niwuzure, mbashe kuburira abanyeshuri bo kuwambuka ahubwo bajye gucumbika kugira ngo utabatwara”. Akomeza avuga ko ikiraro cyo mu kirere cyanabafashije mu buhariranire hagati yabo n’abatuye mu Kagali ka Rukaragata. Ati: “Usibye ikibazo cy’abanyeshuri iki kiraro cyakemuye, cyanadufashije mu buhahiranire hagati yacu n’abatuye muri Rukaragata, kuko ubu ntawatinya kujya kurema isoko rya Mushishiro n’iryi Muhanga mu mujyi nkuko byahoze ,dutinya gutwarwa n’amazi ya Gacyeri. Ufitese Fabrice ni umwe mu urubyiruko rwiga ku urwunge rw’amashuri rwa Matyazo (GS Matyazo), akaba nawe avuga ko batarabona iki kiraro cyo mu kirere, ari mu banyeshuri baburaga uko bataha kubera umugezi wa Gacyeri. Ati: “Nigaga hakurya kuri ariya mashuri, gusa byaratugoraga, iki kiraro kitarashyirwa ku mugezi wa Gacyeri, kuko wasangaga iyo imvura yabaga iguye dutangira kwibaza aho turi bunyure dutaha.” Akomeze avuga ko hari igihe yaraye mu baturanyi bo hakurya y’umugezi kubera kubura aho aca avuye kwiga Ati: “Iki kiraro cyo mu kirere baduhaye ni ukuri cyakemuye byinshi, ibaze ko jyewe ukubwira nigeze kurara kwa mugenzi wanjye twigana biturutse ku kuba umugezi wa Gacyeri wari wuzuye nkabura aho nyura mvuye ku ishuri, rwose abacyubatse barakoze pe”. Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, Mugabo Gilbert yemeza ko iki kiraro cyo mu kirere cyubatswe ku mugezi wa Gacyeri ari igisubizo ku batuye mu Tugari twa Rukaragata na Matyazo. Ati ” Nibyo koko nanjye nahamya ko iki kiraro hari ibibazo byinshi cyacyemuye byaterwaga n’umugezi wa Gacyeri utagiraga iteme ryo kwambukiraho, kuko nawe ubirebye mu gihe cy’imvura biragoye kuhanyura”. Yasabye abatuye Akarere ka Muhanga muri rusange kujya bafata neza ibikorwa remezo bahabwa bakanabicungira umutekano. Ati: “Rero Ndasaba abaturiye iki kiraro cyubatswe hano yewe n’abatuye Akarere ka Muhanga muri rusange, kujya bafata neza ibikorwa remezo bahabwa bakabicungira umutekano, kugira ngo bitangirika cyangwa bikangizwa kandi bibafitiye akamaro”. Iki kiraro cyo mu kirere kiri ku mugezi wa Gacyeri, cyikaba cyaratangiye kubakwa na kampani ya B2P (Bridges to Prosperity), tariki ya 16 Gashyantark2024, cyikaba cyuzuye gitwaye amafaranga y’u Rwanda miliyoni ijana na cumi n’imwe n’ibihumbi magana atatu na birindwi (1 130 7000 Frw).
447
1,255
Katauti na Bakame ntabwo bari mu bakinnyi bagiye muri Tuniziya. Myugariro Ndikumana Hamad we, n’ubwo afite inararibonye akaba yaranakiniye ikipe y’igihugu igihe kirekire, bigaragara ko muri iyi minsi adafite ingufu benshi bari basanzwe bamuziho, mu gihe hari abandi bakinnyi bakiri batoya usanga bashoboye gukina nka ba myugariro kandi bakitwara neza. Ubwo yatangazaga urutonde rw’abakinnyi 24, yahagurukanye kuri icyi cyumweru, umutoza Micho yadutangarije ko byagoranye cyane gutoranyamo 24 mu bakinnyi 32 bahataniraga kujya ku rutonde rw’abo agomba kujyana. Micho yagize ati “Ntabwo byari byoroshye guhitamo abakinnyi 24 kandi twari dufite abakinnyi 32 bose bafite ubushake. Nk’ikipe y’abatoza, twicaye tuganira kuri buri mwanya mu kibuga n’abakinnyi bashobora kuwukinaho, tugendeye ku bushobozi bwa buri mukinnyi, birangira twumvikanya ku bakinnyi 24 tugomba kujyana muri Tuniziya, gusa ntabwo byari byoroshye”. Uretse Ndikumana na Ndayishimiye Jean Luc, abandi bakinnyi batagaragaye ku rutonde rwa nyuma ni Faruk Ruhinda, Hamdan Bariyanga, Hakizimana Francois, Nsabimana Eric na Abouba Sibomana. Nyuma yo guhitamo abakinnyi 24, umutoza Milutin Micho yavuze ko n’ubwo hatarimo Mafisango Patrick yari yarahamagaye akaza kwitaba Imana ku wa kane tariki 17/5/2012, ngo yizeye abakinnyi ajyanye muri Tuniziya kandi ngo bazakora ibishoboka byose ngo batahukane umusaruro mwiza. Amavubi azakina umukino wa gicuti na Tuniziya tariki 23/05/2012, bakine kandi na Libya tariki 27/5/2012 uwo mukino nawo ukazabere muri Tuniziya, mbere y’uko bakina umukino nyirizina na Algeria uzaba tariki 2/6/2012, umukino ugamije guhatanira itike yo kuzakina igikombe cy’isi kizabera muri Brazil muri 2014. Dore urutonde rw’abakinnyi 24 berekeje i Tunis: Abanyezamu: Evariste Mutuyimana (Police FC), Olivier Kwizera (Isonga FC), Ndoli Jean Claude (APR FC) Ba Myugariro: Ngabo Albert (APR), Gasana Eric (APR), Jonas Nahimana (AC Leopards), Solomon Nirisarike (Antweerp), Emery Bayisenge (Isonga), Ismail Nshutiyamagara (APR), Frederick Ndaka (Police) Abakina hagati: Haruna Niyonzima (Young Africans), Hussein Sibomana (SC Kiyovu), Jean Baptista Mugiraneza (APR), Iranzi Jean Claude (APR), Tumaine Ntamuhanga (Rayon Sport), Bonny Bayingana (Express FC), Fabrice Twagizimana (Police), Imran Nshimiyimana (AS Kigali). Ba rutahizamu: Meddie Kagere (Police), Olivier Karekezi (APR), Elias Uzamukunda (AS Cannes), Sina Jerome (Rayon Sports), Dady Birori (Vita Club), Bokota Labama (Rayon Sports). Theoneste Nisingizwe
337
943
Imiti Irimo Ubumara yaguriwe Mu Buhinde yahitanye Abana muri Gambiya. Imiryango 20 y’abanyagambiya yapfushije abana nyuma yo kunywa umuti w’inkorora wakorewe mu Buhinde.Aba babyeyi bavuga ko bazajyana guverinema mu rukiko muri uku kwezi kwa karindwi bayishinja uburangare mu bijyanye no gutumiza imiti mu mahanga.Iyo ni intambwe idasanzwe muri kimwe mu bihugu bikennye kurusha ibindi muri Afurika, aho bake aribo bafite uburyo bwo guhangana n’abayobozi mu nkiko.Mubyo ababyeyi bavuga n’ubuhamya bwabo, basobanura mu nyandiko zashyikirijwe urukiko basangije ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, batanga ishusho nyayo, bumvikanisha ubwoba no gushenguka umutima biturutse ku miti, mu rwego rw’ubuvuzi rusanzwe rufite ubushobozi buke.Urugero rumwe ni urw’umubyeyi wakomeje guha umwana we, umuti urimo ubumara iminsi ibiri nyuma y’uko atangiye kuruka. Urundi n’urw’umuryango nawo wategetswe gusana serumu umwana wabo yari yatewe, yajojobaga.Ababyeyi banditse bagaragaza ukwiheba mu gihe abana babo bari bafite indwara zoroheje, ariko bagakurizamo urupfu.Mu mwaka ushize, abana byibura 70 bazize ibibazo by’impyiko byaturutse ku miti mu gihugu cya Gambiya. Ishami rya ONU ryita ku buzima OMS ryashyize isano hagati y’iyo miti yakorewe mu nganda z’imiti mu Buhinde, yari yandujwe n’ubumara.Imiti nk’iyo yanduye, bivugwa ko yanahitanye abana bagera muri 200 muri Indoneziya na Uzbekistani.Nk’uko Reuters yari yabitangaje mbere, ubu, ababyeyi b’abana 20 bapfuye muri Gambiya, bateye intambwe zerekeza mu butabera, aho bashaka impozamarira y’amadorali 250,000 kuri buri mwana.Urukiko ruzumva abatanga buhamya bwa mbere taliki 17 z’uku kwezi kwa Karindwi. Nyuma urubanza ruzasubikwa iminsi 30 kugirango abaregwa babashe gutegura igisubizo.
233
675
Uwateye inda umwangavu asabwa gutanga indishyi z’akababaro n’indezo - Abanyamategeko. Dominique Xavier Havugimana, umuhuzabikorwa wa MAJ mu Karere ka Gisagara, avuga ko usanga abangavu batewe inda bashukishwa udufaranga tw’intica ntikize, nyamara bashobora kubona ayabagirira akamaro igihe baregeye indishyi z’akababaro. Agira ati “Utwo dufaranga babashukisha bari bakwiye kutureka. Nibatugane tubafashe, bakurikirane uburenganzira bwabo, uwakoze icyaha abihanirwe, niba umwana atanditse kuri se aze tumufashe gutanga ikirego urukiko rwemeze se w’umwana. Noneho bya bindi bamushukishaga, azabibona ku bw’itegeko kuko azaba yaregeye indishyi.” Ikirego cy’indishyi gishobora kuregerwa n’ababyeyi b’umwana nyuma y’uko byemejwe ko uwarezwe ari we koko wamusambanyije, cyangwa kigatangirwa rimwe n’ikirego cy’ubushinjacyaha (cyo kinemeza uwamusambanyije) hanyuma ibyemezo bigafatirwa rimwe. Indishyi kandi kimwe n’indezo z’umwana, biva mu mitungo y’uwahamijwe icyaha cyo gusambanya umwangavu, kuko we aba ari mu buroko. Havugimana yungamo agira ati “Kandi na wa mwana wavutse aba afite uburenganzira ku mitungo ya se wafunzwe, kimwe n’abandi bana yabyaranye n’umugore w’isezerano. Ni na yo mpamvu n’iyo akeneye amafaranga y’ishuri n’ibindi umugore we ntabitange, dufasha wa mwana wamubyaye gutanga ikirego, dusaba ko mu mitungo se yasize havamo indezo z’uwo yabyaye hanze.” Mukahigiro watewe inda afite imyaka 14, ubu akaba afite 20, avuga ko uwamuteye inda yafunzwe, ariko ko atigeze aregera indishyi z’akababaro kuko atari azi ko kuziregera no kuzibona bishoboka. Ati “Nanjye uwayimpa yamfasha nkabona ubwo bushobozi, akazajya ampa n’amafaranga yo kujyana umwana ku ishuri. Kuva namubyara ntacyo arampa.” Icyakora, abifuza kuregera indishyi z’akababaro ngo bagomba kumenya ko ikirego cy’indishyi gisaza, nk’uko bivugwa na John Misigaro Semwema, umunyamategeko w’Akarere ka Nyaruguru. Agira ati “Itegeko rikoreshwa ry’imiburanishirize y’imanza z’imbonezamubano, z’ubucuruzi, z’umurimo n’iz’ubutegetsi, riteganya ko ikirego cy’indishyi gitangwa mu gihe kitarenze imyaka itanu.” Anaburira abangavu bamwe na bamwe byagaragaye ko babazwa ababasambanyije bagatanga amazina y’abo babona bafite imitungo, nyamara babizi neza ko atari byo, ko bashobora kubiregerwa, hanyuma bakanabihanirwa. Umunyamakuru @ JoyeuseC
296
929
RDC: Hashyizweho abayobozi bashya ba FARDC muri Kivu y’Amajyaruguru, Ituri na Equateur. Ku munsi w’ejo ku cyumweru, tariki 7 Mutarama, muri Repuburika ya Demokarasi ya Congo hashyizweho abayobozi bashya b’ingabo mu turere twa gisirikare muri Kivu y’Amajyaruguru , Ituri na Equateur.Ba ofisiye bashyizweho, by’agateganyo, ni:Jenerali David Mushimba, umuyobozi w’akarere ka 13 ka gisirikare mu ntara ya EquateurJenerali Ntambuka Bame, umuyobozi w’akarere ka 32 ka gisirikare muri IturiJenerali Michel Mabondani, umuyobozi w’akarere ka 34 ka gisirikare muri Kivu y’Amajyaruguru.Uwa nyuma asimbuye Jenerali Bruno Mpezo Mbele, watawe muri yombi mu minsi umunani ishize kubera ko yarenze ku mabwiriza ajyanye no kubuza abasirikare gukorana na FDLR no gucunga nabi umutungo.Amakuru avuga ko Colonel Okoko Onoya Bokeoni yagizwe kandi umuyobozi wungirije ushinzwe ibikorwa n’ubutasi bya Sokola 1 Grand Nord muri Kivu y’Amajyaruguru.
128
376
Musanze: Ababyeyi bahangayikishijwe n’abakobwa babo batarongorwa kubera amikoro make. Umubyeyi w’abana batandatu wo mu Murenge wa Muko, Akarere ka Musanze avuga ko ari ikibazo kibahangayikishije kuba abakobwa babo bahera ku ishyiga kubera ko ntacyo bafite cyo guha abakwe babo. Agira ati “Uri kubaho utagira ibintu umukobwa wawe ntibamujyane ngo keretse ubahaye ibintu. Ahubwo utagira ibintu ubu yayatayemo kuko umukwe w’iki gihe ari kujya ahantu ngo keretse bamuhaye ibintu n’umukobwa bamuhaye. Ni ikibazo gihangayikishije niba udafite ibintu umukobwa wawe azahera mu rugo”. Abasore ngo barongora abakobwa bo mu miryango yifite bashaka kuzayikuramo imirima n’inka, ngo iyo babona ko bitaboneka ntibahirahira bajya kuhashaka umukobwa. Bamwe mu basore bemera ko mbere yo kurambagiza umukobwa babanza kureba niba hari icyo ababyeyi b’umukobwa batunze bazamuha kugira ngo abashe kwiteza imbere, kuko bigoye kuzamuka washatse umukobwa wo mu bakene na we uri umukene. Nubwo abakobwa bavuganye na Kigali Today bahakanye ko bakunda ibintu, abasore bo babashinja gukunda umuntu ari uko hari amafaranga bamubonaho. Umwe mu basore yagize ati “Amafaranga ni musemakweli kabisa uyafite ntacyo abura aba afite byose. Urebye (abakobwa) ntibakunda bakunda aho ibintu biri.” Kuba ingo z’uyu munsi zitakiramba biterwa n’uko baba bashakanye badakundana ahubwo bashyira imbere ibintu kurusha urukundo, byashira icyitwaga urukundo na cyo kikagenda; nk’uko uwitwa Hategekimana Florient abyemeza. Avuga ko icy’ibanze ari urukundo kuko ruhari ndetse n’ubwumvikane hagati y’abashakanye ibintu bashyiraho umwete bakabishakira hamwe kandi bikaza. NSHIMIYIMANA Leonard
226
637
Ruhango: Ubufasha yahawe avuye Iwawa bumugejeje ku ntera ishimishije y’iterambere. Habagusenga wari warigiye Iwawa umwuga wo kubaka, yakoze ako kazi yizigamira, ari na ho yakuye igishoro cyo korora ingurube, ahera kuri ebyiri, ariko umwaka ngo waje kurangira afite ingurube 25. Uwo musore ashimira cyane umuryango Rungano Ndota, wakomeje kumukurikirana, umugira inama, ndetse umwongerera igishoro biciye mu nguzanyo, nk’uko abyivugira. Ati “Mu gutangira bampaye ibihumbi 50Frw, ngomba kwishyura 25Frw. Maze kwishyura noneho bampaye ibihumbi 100Frw, nishyura ibihumbi 50Frw. Ni inkunga ikomeye bampaye, kuko byatumye nagura ubworozi bwanjye bw’ingurube, zagwira nkagurisha nkizigamira”. Arongera ati “Amafaranga amaze kugwira, niyubakiye inzu iwacu mu Ruhango ifite agaciro ka Miliyoni 2Frw, andi amfasha gukorera perimi, ubu nkaba mfite kategori A na B. Ubworozi bwanjye bwarakomeje bukurikiranwa n’umubyeyi wanjye, jyewe njya i Kigali gukora akazi k’ikimotari. Ubu ntwara moto y’abandi, ariko nkora nyishyura ku buryo mu gihe gito izaba iyanjye, nkumva nzahita nyigurisha nkongeraho amafaranga nkagura nshya”. Habagusenga w’imyaka 24 waretse burundu ibiyobyabwenge, avuga ko ubu icyo akeneye cyose akibona, ndetse akaba anafasha umuryango we mu byo ukenera buri munsi, ariko agashimira cyane umuryango Rungano Ndota, kuko ngo wabigizemo uruhare rukomeye. Umuryango Rungano Ndota ukorera mu Karere ka Ruhango kuva mu 2017, intego yawo ikaba ari ugufasha urubyiruko rwo mu miryango ikennye kwikura mu bukene, nk’uko bisobanurwa na Gatera Vincent Pallotti, ushinzwe gahunda muri uwo muryango. Ati “Twatangiye dukorana n’urubyiruko 50, none ubu tugeze kuri 330. Icy’ingenzi tubafasha ni uguhindura imyumvire, bakumva ko gutera imbere biri mu biganza byabo kuko tubafasha kuvumbura ibyo bashoboye. Iyo bamaze rero kugaragaza imishinga yabo, tubaha inguzanyo irimo n’inkunga, kuko nk’uwo duhaye ibihumbi 200Frw yishyira ibihumbi 100Frw gusa, kandi abo twagurije bose barishyuye neza, bigatuma tuguriza n’abandi”. Uyu muryango ukorana n’urubyiruko, urukurikirana mu gihe cy’imyaka itatu, abayisoje bagahabwa seritifika bagakomeza imishinga yabo, aho ku cyiciro cya mbere hasoje 73, naho uyu munsi tariki 1 Werurwe 2024, hakaba hasoje abandi 65. Muri abo hari abafite imishinga y’ubukorikori, abadoda, abahinga, abatunganya ibikomoka ku musaruro w’ubuhinzi, abacuruza ibintu bitandukanye, kandi bose bafite icyizere cy’ejo hazaza, kuko ari inzira yo kwihangira imirimo ibakura mu bushomeri. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umuryango Benimpuwe ukorana na Rungano Ndota, Nyiramana Verdiane, avuga ko bahisemo gukorana n’urubyiruko kuko ari rwo rukunze guhura n’ibibazo bitandukanye. Ati “Muri iki gihe usanga urubyiruko ari rwo ruhura n’ibibazo byinshi birimo ubukene, ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ni rwo rubamo abashomeri benshi n’ibindi. Iyo rero ukoranye n’urubyiruko uba ukoranye n’Igihugu cyose kuko ni benshi, kandi ngendeye ku rugero rwa Ruhango, turagenda tubona ko bishoboka, icyifuzo akaba ari uko twagera mu gihugu hose”. Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, yashimiye umuryango Rungano Ndota, kuko ufite intego zihura n’iza Guverinoma y’u Rwanda, zo gufasha urubyiruko kwiteza imbere, anarubwira ko akarere gafite amafaranga yagenewe imishinga yarwo. Ati “Ndashimira Rungano Ndota kubera intego ntagereranywa mufite, zo kugabanya ubushomeri mu rubyiruko, kurukura mu bukene, ni intego zijyanye n’ibikenewe mu gihugu, birimo gufasha urubyiruko kwihangira imirimo. Turabashimira”. Yungamo ati “Hari abahoze babaza uko babona amafaranga yo kubunganira mu byo bakora kugira ngo babinoze, mu karere arahari, icyo mubura ni amakuru, muzaze bayabahe. Icyo musabwa ni ukwigaragaza, abishyize hamwe muri 10, 15 cyangwa 20, mwerekane ibyo mukora, twebwe turabashyigikiye”. Umuryango Rungano Ndota wita ku rubyiruko rwo mu miryango ikennye, harimo abacikirije amashuri, abishoye mu biyobyabwenge, ababyariye iwabo n’abandi bugarijwe n’ubukene, ukabafasha kwishakira ibisubizo. Umunyamakuru @ MunyantoreC
538
1,601
UBUREZI BW’UMWANA MUTO Ababyeyi ni bo barezi ba mbere b’abana cyane cyane mu myaka itatu ibanza mu buzima bw’umwana. Kugira ngo babikore neza, bakenera ubumemyi bubafasha kwita ku bana neza no gutanga ubukangurangingo abana bakeneye. Kuva umwana akivuka, akanya kose ahawe ko gukina no kwitegereza kamufasha kwiga akiri muto. Ababyeyi cyangwa abashinzwe kwita ku mwana bagomba kugira uruhare rukomeye mu kubyaza umusaruro ako kanya. Amahugurwa y’ababyeyi ndetse n’abandi bashinzwe kwita ku bana ni uburyo bwiza bwo kubongererera ubwo bumenyi kugirango babone uko bafasha abana gutera imbere mu mikurire y’ubwonko, ururimi, igihagararo, imibanire ye n’abandi n’ imbamutima. Abenshi mu babyeyi baba bafite impungenge z’uko bo ubwabo badafite ubumenyi buhambaye nko kumenya gusoma no kwandika cyangwa batigeze barangiza amashuri abanza. Ariko icy’ingenzi ni uko baba bakunda abana babo kandi biyemeje kubafasha cyane ko ubushobozi bukenewe kuri iki kigero cy’imikurire y’umwana budasaba umuntu kuba azi gusoma cyangwa kuba azi itonde ry’inyuguti. Birumvikana ko niba mu rugo hari umuntu uzi gusoma ashobora gufasha umwana kunguka ubumenyi bwo gusoma, ariko icy’ingenzi ni ukwereka umwana ko umwitayeho, ukamuvugisha, ukamuririmbira, ukamuha umwanya mugakina, kandi ukamutega amatwi. 8.1. Akamaro k’uburezi bw’abana bato (bafite imyaka 0-6 ) Ibihe bya mbere by’umwana (0-6), ni igihe gikomeye cyane mu mikurire ye, bikaba umusingi ntagereranywa w’ubuzima bwe. Muri iki gihe nibwo ubwonko, umubiri n’imbamutima bitangira gukura no gufata umurongo uzabigenga mu buzima bwe bwose. Umushyikirano mwiza mu bagize umuryango ndetse n’abandi bantu bo hirya no hino bigira ingaruka z’igihe kirekire mu buzima, imibanire, amarangamutima n’ubwenge by’umuntu bityo bikagira n’ingaruka ku iterambere ry’igihugu. Ibyo abana batashoboye kubona mu buto bwabo, ntibongera kugira amahirwe yo kubibona kabone niyo bagize ubuzima bwiza bamaze gukura. Uburezi n’uburere buhabwa umwana muto bwongera amahirwe yo gutsinda mugihe umwana atangiye amashuri abanza. Ibi kandi bigabanya umubare w’abana basibira mu mashuri abanza, abata ishuri ndetse bikongera umubare w’abana biga neza cyane cyane mu bakobwa n’ibindi byiciro by’abana baturuka mu miryango itishoboye (1). 8.2. Kuki ari ngombwa gutegura umwana kwiga hakiri kare? 8.2.2. Gukuza imikurire y’ubwonko Kwita ku mwana akiri munda, imibanire myiza agirana n’umurezi we guhera akivuka bigira umumaro munini mu buryo ubwonko bwiyubaka. Bigira ingaruka ku miterere y’umwana no kugeza akuze. Imikurire y’ubwonko bw’umwana ni igice cy’ingenzi mu mikurire ye yose. Imikurire y’umwana itangira na mbere y’uko avuka, igakomeza buhoro buhoro mu byiciro binyuranye. Imikurire y’ubwonko igenda igaragazwa n’ibihe abana bagezemo cyangwa ibikorwa bihinduka bagenda bakora. Ibikorwa byoroheje ababyeyi bakorera abana babo bifasha ubwonko mu muvuduko w’imikurire yabwo. Ku kigero cyo gutangira ishuri, ni ikigero kiza ubwonko bwongera ubushobozi bwo kwakira ubumenyi butandukanye. Bityo rero iyo umwana abona uburyo bwo gusubiramo kenshi ubumenyi yungutse, bifasha ubwonko kugira ubushobozi bwisumbuyeho. Ikindi kigira umumaro munini mu mikurire y’ubwonko ni imyitozo ifasha imiyego y’ingingo nto n’inini, kwitoza kenshi no kugirana ubusabane n’ibimukikije (kubyumva, kubireba no kubyitegereza, kubikoraho n’ibindi, akoresheje ibyumviro bye uko ari bitanu: amaso, ururimi, uruhu, intoki, amatwi). Kugira ngo ubwonko bw’umwana bukure ku muvuduko nyawo, ibi bikurikira ni ingenzi cyane: 1. Umwana agomba guhabwa umwanya agahugira mu bikorwa bye mu bwisanzure, akabikorera ahantu yishimiye, hari umutekano kandi abasha kubona ibikoresho akeneye gukoresha ariko bitangiza ubuzima bwe. Umuntu mukuru yamufasha, amushishikariza, amushakira ibikoresho bimwe na bimwe, ibindi umwana arabyishakira ubwe, cyane cyane ko iyo agendagenda abishakisha bimufasha gutekereza bityo bigatera inkunga ubwonko mu mikurire yabwo. 2. Umwana akenera umwanya uhagije wo kugerageza ibikorwa bitandukanye: gusubiramo ibikorwa bye, kuvumbura, guhanga udushya akoresheje amaboko ye, ndetse no kwikemurira ibibazo ahurira nabyo muri ibyo bikorwa. Iyo umwana ahugiye mu bikorwa bye bitandukanye bifasha ubwonko gukora, gukura, no guteza imbere ubushobozi bwo kutanga ubutumwa mu bice byose by’umubiri. 3. Umwana akenera ko abantu bakuru bamuba bugufi bakamushimira ibyo yabashije kugeraho cyangwa se bamufasha mu ngorane zirenze izo yabasha kwikemurira ubwe. 4. Gufata umwanya wo kuganira n’ umwana ku cyo yagezeho kandi ukamwereka ko ubyishimiye. 5. Kwita ku mutekano w’umwana waba uw’umubiri ndetse n’amarangamutima ye. Ababyeyi ni bo bafite uburyo bwiza bwo gufasha ubwonko bw’umwana kurushaho gutera imbere na mbere yuko avuka, binyujijwe mu bikorwa bamukorera by’urukundo, indyo nziza no kumushishikariza muri twa dukorwa tw’abana bato. Bakwiriye kumenya uruhare rwabo mu gihe cyose bari kumwe nabo, babavugisha, bakina nabo, babasekera, babaririmbira, banabereka ibintu binyuranye kandi bakirinda kubahutaza bitwaje ko umwana yiyanduza, ateza umwanda cyangwa yangiza yifashisha ibikoresho byo murugo. Gukangura ubwenge no gusabana hagati y’umwana n’umubyeyi biteza imbere imikurire y’ubwonko bw’umwana kandi bikamususurutsa. Ubushakashatsi bwinshi bugaragaza ko urukundo n’ubusabane hagati y’umubyeyi n’umwana bukomeza ubushobozi bw’umwana bwo kwiga kandi bugahindura bihoraho uko ubwonko bw’umwana bukora
729
2,139
DRC: Congo yafunze imipaka iyihuza n’u Rwanda. Mu gihe amasaha abarirwa ku ntoki ngo muri Congo batore Perezirda wa Repubulika,urwego rw’igihugu rushinzwe abinjira  n’abasohoka muri DRC (DGM) rwatangaje ko rwabaye rufunze imipaka yo k’ubutaka ibahuza n’abaturanyi. Ibi byatangajwe n’umuyobozi mukuru ukuriye abinjira n’abasohoka muri Republika iharanira Demokarasi ya Congo witwa Roland Kashwantale kuri uyu   mugoroba wa tariki ya 19/12/2023 ko mu rwego rw’umutekano  w’amatora babaye bafunze imipaka yo ku butaka ibahuza n’abaturanyi. K’uruhande rw’u Rwanda imipaka iruhuza na DRC ni Petite na Grande Barriere  ihuza Gisenyi na Rubavu ndetse na Rusizi yambere n’iya 2 ihuza Bukavu na Ruzisi. Yakomeje avuga ko iyo imipaka izafungwa amsaha 24 gusa  ngo kuri  20/12/2023 saa 23h59 izaba yafunguwe.
114
330
Hahishuwe akayabo APR FC ica umukinnyi wagiye mu kiruhuko akiyongera ibilo. Mu gihe amakipe yitegura kujya mu biruhuko kubera imikino y’amakipe y’ibihugu ndetse n’isozwa rya shampiyona, amakipe yatangiye gufata ingamba zituma abakinnyi bayo batabyibuha.Hirya no hino ku isi amakipe abizwa ibyuya no kutiyitaho kwa bamwe mu bakinnyi bayo mu biruhuko aho hari abiyongera ibiro byinshi bigatuma basubira inyuma mu mikinire cyangwa bakagora abashinzwe kubongerera ingufu.Amwe mu makipe atandukanye mu Rwanda yashyizeho ko uzabyibuha azajya abiryozwa akishyura amande.Nkuko (...)Mu gihe amakipe yitegura kujya mu biruhuko kubera imikino y’amakipe y’ibihugu ndetse n’isozwa rya shampiyona, amakipe yatangiye gufata ingamba zituma abakinnyi bayo batabyibuha.Hirya no hino ku isi amakipe abizwa ibyuya no kutiyitaho kwa bamwe mu bakinnyi bayo mu biruhuko aho hari abiyongera ibiro byinshi bigatuma basubira inyuma mu mikinire cyangwa bakagora abashinzwe kubongerera ingufu.Amwe mu makipe atandukanye mu Rwanda yashyizeho ko uzabyibuha azajya abiryozwa akishyura amande.Nkuko amakuru dukesha Radio Rwanda,ikipe ya APR FC yafashe umwanzuro w’iki kibazo mu mezi ashize aho umukinnyi wiyongereye ibilo buri kilo acyishyura ibihumbi 100 FRW.Umunyamakuru wa Radio Rwanda,Axel Rugangura,yagize ati "Twagiye tubona amakipe,nka APR FC niyo nabashije kumenya ibyayo,babikoze neza cyane no muri bya bihe bya Covid-19,umutoza Adil nabo bakoranaga batangaga imyitozo abakinnyi bagomba gukora hanyuma bagatanga raporo bagashyiraho n’ibihano bakavuga bati "Niba uri umukinnyi ugiye ufite ibiro 60 ukazagaruka ufite 61,icyo kilo cyiyongereyeho n’ibihumbi 100 FRW.Nuko byabaga bimeze muri APR FC.Ikilo kimwe n’ibihumbi 100 FRW.Wagombaga kwiyaranja ibilo wagiye ufite ukagaruka aribyo ufite."Mu minsi iri imbere hagiye kuba imikino y’amakipe y’ibihugu aho Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda "FERWAFA", ryamaze kwigiza imbere iminsi ibiri ya nyuma ya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda,kubera gahunda z’ikipe y’igihugu.Mu ibaruwa FERWAFA yandikiye amakipe yo mu cyiciro cya mbere, yayamenyesheje ko habayeho impinduka ku minsi ibiri ya nyuma ya shampiyona bitewe n’uko Amavubi azaba yatangiye kwitegura imikino 2 y’itsinda L mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2023 aho azakina na Mozambique tariki ya 3 Kamena na Senegal tariki ya 7 Kamena.Iyi mikino yari iteganyijwe tariki ya 29 na 30 Gicurasi ikaba yimuriwe tariki ya 14, 15 na 16 Kamena 2022.
336
956
Nsheke: Abanyeshuli bakoze inzogera ikoreshwa na mudasobwa. Iyi nzogera ikoreshwa na mudasobwa kandi igasona ivuga igikorwa gikurikiyeho nta muntu uyikoresheje. Ijwi rinyura mu ndangururamajwi kandi nta mugozi uhuza iyo mudasobwa irimo n’iyo ndanguraramajwi. Twizere Pacifique yiga mu mwaka wa gatandatu usoza amashuli yisumbuye mu ishami ry’imibare, ubugenge n’ubumenyi bwa mudasobwa akaba ari nawe wagize igitekerezo cy’iyo nzogera, ngo nyuma y’amezi 4 akora ubushakashatsi afatanije na mugenzi we bayigeraho. Yishimira muri rusange ibyo yagezeho ndetse akemeza ko agishakisha uburyo yakora yonyine atari ngombwa ko yaba iri muri mudasobwa. Asaba abanyeshuli gushyira mu bikorwa igitekerezo bagize, kuko ngo niyo kinaniranye kibasigira ubundi bumenyi. Iyi nzogera ikimara gukorwa, abanyeshuli bamwe ngo byarabatunguye bacyumva ko atari iyakozwe n’umuzungu, kuko ngo batumvaga ko umuntu uwo ariwe wese yayikora. Ibi rero ngo byabubatsemo ikizere ko nabo bagira ibyo bakora byagirira umuryango nyarwanda akamaro. Nshutiraguma Esperance avuga ko ibi ari ishema ku banyeshuli n’ikigo muri rusange kandi ngo iyi nzogera yatumye igihe cyubahirizwa. Aha akavuga ko nawe yiteguye kuzagira icyo akora azibukirwaho kandi gifitiye Abanyarwanda akamaro. Kabare Edward uyobora ishuli ryisumbuye rya Nyagatare, yishimira ko ubu buvumbuzi butangiriye mu kigo ayobora bityo akemeza ko ari umusaruro ukomoka ku guha abanyeshuli uruhare mu myigishirize yabo no kuremwamo ikizere cy’uko bashoboye. Aha asaba abarezi kumva ko abanyeshuli bashoboye bityo bagomba guhabwa umwanya wo gushyira mu bikorwa ibitekerezo byabo. Uyu muyobozi kandi akomeza avuga ko iyi nzogera bita School Automatic Time Keeper (SATIK), imaze umwaka wose ikoreshwa uretse ngo kumenyekanisha igihe n’ikigiye gukorwa, indangururamajwi yayo isigaye yifashishwa mu biganiro bitangwa mu kigo. Abayihimbye bavuga ko iki gitekerezo cyatewe n’uko hari igihe ushinzwe gusona cyangwa kuvuza isifure yatindaga kubikora kimwe n’uko atakurikiranaga amasomo ye neza kubera guhora areba ko isaha yageze, yanageraho agahaguruka mu ishuli mu gihe abandi bakurikirana isomo. Kuri ubu programme yayo ngo yagejejwe muri minisiteri y’uburezi kugira ngo ikwirakwizwe mu bigo byose. Dan Ngabonziza
306
873
Meteo Rwanda: Nubwo imvura izagabanyuka ni ugukomeza ingamba zo kwirinda ibiza. Meteo Rwanda yatangaje ko igice cya kabiri cya Gicurasi kizarangwa n’igabanyuka ry’imvura, ariko gisaba Abaturarwanda gukomeza ingamba zo kwirinda Ibiza kuko ubutaka bwasomye. Imvura iteganyijwe Mu gice cya kabiri cy’ukwezi kwa Gicurasi 2024, ni ukuva tariki ya11 kugeza tarikiya 20 hateganyijwe ko imvura izagabanyuka ugereranyije n’ibice bishize. Hateganyijwe ingano y’imvura iri hagati ya milimetero 20 na 80 mu bice bitandukanye by’Igihugu. Ingano y’imvura iteganyijwe iri ku itkigero cy’impuzandengo y’imvura isanzwe igwa henshi mu gihugu uretse mu Majyaruguru y’Uburengerazuba bw’igihugu aho imvura iteganyijwe iri hejuru gato y’ikigero cy’imvura isanzweihagwa, (ikigero cy’impuzandengo y’imvura isanzwe igwa muri iki gice iri hagati ya milimetero 10 na 70). Iminsi iteganyijwemo imvura izaba iri hagati y’iminsi ibiri n’iminsi ine ikazagwa tariki ya 11 no kuva tariki ya 16 ugana mu mpera z’iki gice bitewe n’ahantu. Imvura iteganyijwe izaturuka ku isangano ry’imiyaga riherereye mu karere ariko ryerekeza mu gice cya Ruguru cy’Isi hamwe n’imiterere ya buri hantu. Imvura iteganyijwe Imvura iri hagati ya milimetero 70 na 80 ni yo nyinshi iteganyijwe mu bice byinshi by’Uturere twa Rutsiro, Rubavu, Musanze na Nyabihu, mu majyaruguru y’Uturere twa Karongi na Burera, mu burengerazuba bw’Akarere ka Ngororero no mu bice bito by’Akarere ka Nyamasheke. Imvura iri hagati ya milimetero 60 na 70 iteganyijwe mu bice bisigaye by’Intara y’Iburengerazuba (uretse mu burengerazuba bw’Akarere ka Rusizi) n’Uturere twa Musanze naBurera, mu majyaruguru y’Akarere ka Gakenke no mu burengerazuba bw’Uturere twa Nyamagabe na Nyaruguru. Imvura iri hagati ya milimetero 20 na 30 ni yo nke iteganyijwe muri iki gice ikaba iteganyijwe mu bice byinshi by’Uturere twa Nyagatare, Gatsibo na Kirehe n’ibice bito by’Uturere twa Kayonza, Bugesera, Ngoma na Rwamagana. Mu bice bisigaye by’iguhugu hateganyijwe imvura iri hagati ya milimetero 30 na 60. Umuyaga uteganyijwe Umuyaga uringaniye ushyira umuyaga mwinshi ufite umuvuduko uri hagati yametero 4 na metero 8 ku isegonda ni wo uteganyijwe muri iki gice cya kabiri cya Gicurasi 2024. Umuyaga uringaniye ufite umuvuduko uri hagati ya metero 4 na metero 6 ku isegonda uteganyijwe henshi mu gihugu uretse ibice bimwe by’Uturere twaNyagatare, Gatsibo, Nyabihu, Rubavu, Rutsiro, Karongi, Nyamasheke na Rusizi hateganyijwe umuyaga uringaniye ushyira umuyaga mwinshi ufite umuvuduko uri hagati ya metero 6 na metero 8 ku isegonda Ubushyuhe buteganyijwe Mu gice cya kabiri cy’ukwezi kwa Gicurasi 2024 hateganyijwe ubushyuhebwinshi buri hagati ya dogere Selisiyusi 18 na 28 mu Rwanda bukaba buri ku kigero cy’ubushyuhe busanzwe bw’iki gice. Mu bice by’Umujyi wa Kigali, mu Karere ka Bugesera, mu Mayaga no mu kibayacya Bugarama hateganyijwe ubushyuhe bwinshi buri hagati ya dogere Selisiyusi 26 na 28. Mu gice kininicy’Akarere ka Nyabihu, mu burasirazuba bw’Akarere ka Rubavu no mu majyaruguru y’Uturere twa Musanze na Burera ni ho hateganyijwe ubushyuhe bwo hejuru buke, buri ku gipimo kiri hagati ya dogereSelisiyusi 18 na 20. Ingaruka ziteganyijwe Kubera imvura nyinshi imaze iminsi igwa, ubutaka bukaba bumaze gusoma,ingaruka ziterwa n’imvura igwa iminsi yikurikiranya, harimo imyuzure, inkangu n’isuri ahantu hahanamye hatarwanyije isuri, ziteganyijwe cyane cyane mu gice cy’amajyaruguru y’uburengerazubabw’Igihugu ku matariki ateganyijweho imvura. Meteo Rwanda iragira inama Abaturarwanda n’inzego bireba gukomeza ingamba zo gukumira no kwirinda ibiza.
490
1,449
Paul Okoye [P square] yabajijwe n’umwe mu bahanzi uko yakwinjira muri illiminati. Paul Okoye umwe mu basore bagize itsinda rya P Square ribarizwa mu gihugu cya Nigeria rimaze kwamamara kubera muzika yabo, yabajijwe n’umwe mu bahanzi bakizamuka uko yabigenza kugirango amenyekana binyuze mu kwinjira muri Illiminati.illiminati ni umuryango wakozweho ubushakashatsi butandukanye bamwe bavuga ko ari umuryango wasekibi andi bakavuga ko urimo bimwe mu bikomerezwa bya hano Ku isi. Abandi ntibatinye guhamya ko umuhanzi ushaka kuzamuka anyura muri illiminati agatanga igitambo (...)Paul Okoye umwe mu basore bagize itsinda rya P Square ribarizwa mu gihugu cya Nigeria rimaze kwamamara kubera muzika yabo, yabajijwe n’umwe mu bahanzi bakizamuka uko yabigenza kugirango amenyekana binyuze mu kwinjira muri Illiminati.illiminati ni umuryango wakozweho ubushakashatsi butandukanye bamwe bavuga ko ari umuryango wasekibi andi bakavuga ko urimo bimwe mu bikomerezwa bya hano Ku isi. Abandi ntibatinye guhamya ko umuhanzi ushaka kuzamuka anyura muri illiminati agatanga igitambo ubundi ibihangano bye bikini ku isi yose.P Square imaze kuba ubukombe mu muziki wa Afurika, usanga bamwe mu bahanzi bifuza gukorana nabo yaba abamaze kumenyekana cyangwa abakira hasi, bagishakisha iterambere mu bihangano byabo.Ni kenshi bivugwa mu bantu ndetse bikandikwa bamwe bashinja kanaka ko kuzamuka kwe abicyesha illiminati yihebye.Paul Okoye yandikiwe n’umwe mu bahanzi bakizamuka amubaza aho yanyura kugirango yinjire muri illiminati. Uyu muhanzi yabwiye uwari umubajije ko ibya illiminati nta byinshi abiziho ko ahubwo yakorera Imana gusa.Uwanditse yagize ati"Nitwa Samuel nanjye ndi umuhanzi ukiri muto ukomoka muri Nigeria, nkaba nifuza kujya muri illiminati...Mfite imyaka 19 y’amavuko, ndambiwe gutsikamirwa muri muzika. Ni ukuri ubifate nk’ukuri ndakomeje. Ntiwirengagize iyi baruwa yanjye.Munsi y’ubu butumwa, uyu musore yanashyizeho nimero za Telefone kuburyo bavugana.Yanashyizeho Email yiwe kuburyo Paul atabonye uko ampuhamagara yanamwandikira binyuze kuri Email.Okoye yamusubije amubwira ko akwiye kwegera Imana. Yagize ati "Muvandimwe rero ukwiye kwegera urubyiruko rugenzi rwawe mu kajyana gusenga Imana kuko ariyo itanga byose,."Uyu wandikiye yakomeje guhatiriza avuga ko bamwe mu bahanzi ariyo nzira baca kugirango bamenyekana nawe yinginga Okoye ko yamufasha kugera mu itsinda rya IlliminatiMu gusubiza uyu mwandikiye, Paul yasubizanyije uburakari yongera kumwibutsa ko atari muri illiminati akomeza kumushinja. Ati" Amahirwe macye rero kuri we. Ntabwo mbarizwa muri illiminati,...Inama nakugira ni uko wakurikira inzira yanjye ugasenga Imana ushikamye kandi ugakora cynae.’
359
1,003
Musanze: Hari gutangwa amahugurwa ku mpinduka mu misoro ku bakozi ba Leta 100. Muri aya masaha, i Musanze hari kubera amahugurwa y’iminsi itatu yitabiriwe n’abakozi barenga 100 b’ibigo bya Leta n’abikorera yateguwe n’Urugaga rw’Ababaruramari b’Umwuga mu Rwanda, ICPAR n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro, RRA. Ni amahugurwa agamije gusobanurira abakozi batandukanye impinduka zabayeho mu mategeko agenga imisoro. Abitabiriye aya mahugurwa bazahabwa amasomo abafasha kugira uruhare mu kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’ayo mategeko y’imisoro. RRA ivuga ko aya mahugurwa ari umwanya mwiza ku bakozi bashinzwe imisoro mu rwego gushyira mu bikorwa impinduka zabayeho mu misoro no gusobanurira abaturage babagana.
97
292
Polisi y’u Rwanda yafunze abagore batatu bakurikiranyweho gucuruza no kwinjiza urumogi. Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rubavu ifunze abagore batatu aribo Uwimana Aisha w’imyaka 23, Uwamahoro Chantal w’imyaka 29 na Uwimana Ange w’imyaka 31, nyuma yo gufatanwa urumogi. Bose bafashwe tariki ya 10 Gicurasi.Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’I Burengerazuba Chief Inspector of Police (CIP) Theobald Kanamugire, yavuze ko Uwamahoro Aisha yafatiwe mu murenge wa Gisenyi mu masaha y’umugoroba ahagana saa kumi, afite udupfunyika tw’urumogi 239 yari yahishe mu gihaza yakasemo (...)Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rubavu ifunze abagore batatu aribo Uwimana Aisha w’imyaka 23, Uwamahoro Chantal w’imyaka 29 na Uwimana Ange w’imyaka 31, nyuma yo gufatanwa urumogi. Bose bafashwe tariki ya 10 Gicurasi.Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’I Burengerazuba Chief Inspector of Police (CIP) Theobald Kanamugire, yavuze ko Uwamahoro Aisha yafatiwe mu murenge wa Gisenyi mu masaha y’umugoroba ahagana saa kumi, afite udupfunyika tw’urumogi 239 yari yahishe mu gihaza yakasemo ibice bitandukanye.CIP Kanamugire yagize ati:”twari dufite amakuru ko uriya mugore ubwo yambukaga umupaka aza mu Rwanda yari yahishe ruriya rumogi mu gihaza. Ubwo rero yasanze twamwiteguye maze tumubajije ibyo afite mu gihaza abanza gushidikanya tumusatse dusangamo urwo rumogi”.Naho kuri bariya babiri aribo Uwimana Ange na Uwamahoro Chantal, bo bafatanywe ibiro 39 by’urumogi aho batuye mu murenge wa Rubavu mu kagari ka Byahi mu masaha ya mu gitondo ku itariki ya 10 Gicurasi.Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’I Burengerazuba yakomeje avuga ko kuba aba bose barafashwe byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage kubera imikoranire myiza n’ubufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage mu gukumira no kurwanya ibyaha. Yakomeje agira ati:”nta nyungu bakuramo kuko uretse no kwangiza ubuzima bwabo iyo bafashwe bafungwa bityo bo ubwabo n’imiryango yabo bakahahombera”. Yasabye abakibyishoramo kubireka kuko Polisi y’u Rwanda iri maso kandi izakomeza kubafata no kubashyikiriza ubutabera.Si ubwa mbere Polisi y’u Rwanda ifata abacuruza n’abazana mu gihugu ibiyobyabwenge cyane cyane urumogi kuko kuva uyu mwaka watangira hari abandi bagiye bafatanwa urumogi bakoresha amayeri atandukanye. Muri bo harimo; umugabo witwa Iremberaho Donatien wafashwe mu kwezi kwa mbere mu kagari ka Nengo mu murenge wa Gisenyi wafatanywe udupfunyika 500 tw’urumogi arutwaye mu mapine y’igare. Umugore witwa Mukansonera Gerardine nawe yafashwe mu ntangiriro z’ukwezi kwa Mutarama yigize umucuruzi w’ibihaza ariko yahishemo udupfunyika tw’urumogi 1300, arimo kurwambutsa aruzana mu Rwanda. Aba bose bashyikirijwe ubutabera.CIP Kanamugire yakomeje avuga ko mu mayeri yandi bakoresha harimo kurwambariraho inyuma bakarenzaho imyenda, kuruheka mu mugongo nk’abahetse abana bato mu mugongo n’andi. Aya mayeri yose ngo Polisi y’u Rwanda yarayatahuye bityo asaba abacyishora muri ibi bikorwa bibi kubireka.Ingingo ya 594 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda igira iti:” Umuntu wese unywa, witera, uhumeka, wisiga cyangwa ukoresha ubundi buryo ubwo ari bwo bwose ibiyobyabwenge n’urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ahanishwa igifungo kuva ku mwaka umwe (1) kugeza ku myaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi mirongo itanu (50.000) kugeza ku bihumbi magana atanu (500.000). Iyi ngingo ikomeza igira iti:” Umuntu wese ukora, uhindura, winjiza, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge n’urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, ahanishwa igifungo kuva ku myaka itatu (3) kugeza ku myaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi magana atanu (500.000) kugeza kuri miliyoni eshanu (5.000.000)”.
535
1,502
Ese waba uzi ahitwa “Norvège” muri Kigali?. Norvège ya Kigali iherereye ku musozi wa Karama mu Kagari ka Nyabugogo mu mujyi wa Kigali. Ako kagari kari inyuma y’Umusozi wa Kigali (Mont Kigali) ku buryo kukageraho bisaba kuzamukira ku Giticyinyoni cyangwa ukazenguruka kuri Ruriba. Izo nzira zombi zigusaba guca mu gice cy’icyaro gisa n’ikidatuwe kandi gifite imihanda y’ibinogo ihora yangirika kubera isuri. Nubwo hameze nk’umusozi, iyo ugeze hejuru hari umurambi ubereye amaso witegeye Mont Kigali, ukanarebana no hakurya mu Nzove n’imisozi yo hejuru yaho. Kuri uwo Murambi ni hamwe mu ho abifite kandi bakiri bato barimo kujya gutura ndetse banafashe igice kimwe cy’Umudugudu wa Gakoni bakita muri Norvege. Ubusanzwe Norvege ni igihugu cyo mu Majyaruguru y’Uburayi kiri mu Nyanja y’Atalantika (Atlantic Ocean). Kuhita Norvege byaturutse he? Nubwo usanga inkomoko y’inyito Norvège abahatuye bayisobanura ku buryo butandukanye, abenshi bahuriza ku kuba haraje iterambere ku buryo bwihuse. Habiyeze Leon avuga ko yahageze muri 2011 agasanga bivugwa ko haba hariswe iryo zina n’umugabo w’Umunyarwanda witwaga Musenegale wari uhafite ubworozi bw’inkoko. Cyakora uwo mugabo ubu yitabye Imana n’ibikorwa yari ahafite byaragurishijwe ku buryo nta muntu wo mu muryango we ukuhatuye. Agira ati “Uwo mugabo nkurikije uko namwumvise, nta n’ubwo yigeze akandagira muri Norvege ngo wenda abe yaba yarashingiye ku isano hafitanye.” Murenzi Antoine, umwe mu bahatuye mbere ndetse wemeza ko yahageze ari nk’uwa kabiri, avuga ko bahise Norvège kubera ukuntu iterambere ryaho ryari ku muvuduko munini udasanzwe. Agira ati “Hazamutse mu buryo budasanzwe kandi haturwa n’abantu bato bafite ubushake bwo gukora.” Ahamya ko abenshi mu bahatuye bari munsi y’imyaka 40 bakaba bameze nk’aho ari urungano. Umukozi ushinzwe Imibereho myiza mu Kagari ka Nyabugogo, Niyigaba Médard, ahamya ko izina rya Norvège barihise batangiye gushyiramo ibikorwa remezo nk’imihanda, amazi n’amashanyarazi. Agira ati “Warebaga uyu murambi uri hejuru y’umusozi, wareba imisozi yindi uwukikije ukabona hafite uburanga budasanzwe ku buryo abantu bihutiye kuhatura kandi bakahubaka amazu agezweho.” Akomeza agira ati “Bajya kuhita Norvège ni uko hari hatangiye gutunganywa habaye heza, abahareba bakahagereranya n’igihugu cya Norvege cyateye imbere cyane mu mibereho myiza y’abaturage.” Mu gihe hari hakaswe ibibanza bibarirwa muri 400, ubuyobozi bw’akagari buhamya ko ibigera kuri 300 byamaze kubakwa kandi inyinshi muri izo nzu zikaba zituwemo. Niyigaba yongeraho ko batunguwe no kubona hubakwa mu buryo nk’ubwo kandi nyamara ku gishushanyo mbonera cy’umujyi bari bahageneye amazu aciriritse. Muri Norvège, inzu imwe yonyine, ifite agaciro nk’aka miliyoni 5RWf, ni yo ihari yo ku rwego rw’amazu yari ahategenyirijwe ku ikubitiro. Bigira ngaruka ki ku mibereho y’abahatuye batishoboye? Ubuyobozi bw’Akagari ka Nyabugogo buhamya ko abatuye muri Norvege muri ako kagari bashyize hamwe kandi bafata iya mbere mu guharanira ko hakomeza gutera imbere haba mu bikorwa remezo no mu mibereho myiza y’abaturage. Niyigaba Médard, ushinzwe iterambere ry’imibereho myiza muri ako kagari, avuga ko iyo umuhanda ugana muri Norvège, Giticyinyoni-Karama wangiritse, abatuye Norvege bakusanya amafaranga bakawusana. Mu minsi ishize wangijwe n’imvura, bakusanya ibihumbi 800 ku buryo bwihutirwa barawusana usubira kuba nyabagendwa. Uretse ibyo kandi ngo bagira n’uruhare mu kubakira abatishoboye no kubishyurira ubwisungane mu kwivuza. Umwe mu bahatuye utifuje gutangaza amazina ye avuga ko basirimutse kuburyo batajya babura mitiweri. Agira ati “Twebwe hano turi abasirimu kandi twese dufite imyumvire isobanutse. Bimwe ujya kimva ngo hari ababuze mituweri, twebwe duhita dukora inama icyo kibazo kigahita kiva mu nzira.” Binemezwa n’ubuyobozi bw’akagari, buhamya ko muri uyu mwaka abaturage ba Norvege bishyuriye ubwisungane mu kwivuza abantu 200 batishoboye. Abatuye Norvège kandi, barimo kubakira abana b’impfubyi babiri, inzu yo kubamo, biteganyijwe ko izatwara nka miliyoni 2.5Rwf harimo n’igikoni n’ubwiherero. Mutsinzi Antoine, utuye muri Norvège akaba ari na we ureberera umunsi ku munsi abo bana (mu byo bise kubyarana muri batisimu), yadutangarije ko iyo inzu ubu bamaze kuyitangaho miliyoni imwe n’ibihumbi 800RWf. Ubuyobozi bw’Akagari ka Nyabugogo kandi bushimira abatuye Norvege ko bifatanya n’abaturage bandi mu bikorwa byose, ndetse ngo bakanaba intangarugero mu bikorwa by’umuganda rusange. Andi mafoto yo muri Norvege ya Kigali Umunyamakuru wa Kigali Today/KT Radio @ Oswaldini1
639
1,779
Utazabona amanota 70% mu isuzuma ngiro ntazahabwa impamyabushobozi-NESA. Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) cyatangaje ko umunyeshuri wiga amasomo mbonezamwuga utazabona amanota 70% mu isuzuma ngiro atazahabwa impamyabushobozi. Byagarutsweho ubwo Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ibinyujije mu kigo NESA yatangizaga isuzuma ngiro ribanziriza ibizamini bya Leta by’umwaka wa 2023/2024, biteganyijwe mu kwezi kwa Nyakanga uyu mwaka. Ni isuzuma ku rwego rw’Igihugu ryatangirijwe ku ishuri rya St Joseph Intergrated College i Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 18 Kamena 2024. Umuyobozi Mukuru wa NESA, Dr Bahati Bernard yavuze ko aya masomo mbonezamwuga arimo ay’abiga ubuforomo, abiga tekiniki ndetse no mu mwaka utaha hazashyirwamo abiga icungamari, buri munyeshuri ategurwa kugira ngo azabashe gutanga umusaruro ku isoko ry’umurimo mu gihe yarangije kwiga. Yagize ati: “Aya masomo ari mu gice, aho abana barangiza bagahita bajya ku isoko ry’umurimo, ni ukuvuga ko ari gahunda zishyirwa mu  ngiro zisaba ko abana biga barangiza bagahita bajya ku isoko ry’umurimo, ku biga ubuvuzi byo biba ari akarusho, bisaba ko abana batiga ibyo bahurira na byo mu bitabo gusa ahubwo bajye n’aho babikorera bakamenya uko babikora.” Yongeyeho ati: “Muri ayo masomo mbonezamwuga dutanga iyo umunyeshuri atatsinze iki kizami barimo gukora ubungubu, ntabone amanota ari hejuru ya 70% ntabwo tumuha impamyabushobozi (Certificate), kuko icyo abategerejweho gukora nagera ku isoko ry’umurimo agomba kugaragaza.” Dr Bahati yasobanuye ko gutangiza iri suzuma ngiro ari uburyo bwo gutegura umunyeshuri kugira ngo ibyo yize abashe kubigaragaza bityo azabashe gutsinda ibizami bya Leta nyirizina. Ati: “Uyu ni nkawo munsi dutangiriyeho ibizamini bya Leta, dutangiranye n’amasuzuma ngiro yatangiye uyu munsi, akaba yatangiye mu mashuri yisumbuye ku banyeshuri bari mu mwaka wa nyuma aho bagomba gukora amasuzuma ngiro ariko tuyasuzuma mbere kuko hari n’andi masuzuma asanzwe yanditse bakora nyuma y’uko bakora amasuzuma ngiro.” Mu gukora ayo masuzuma ngiro abanyeshuri bajya aho bakorera bagahabwa iminota 30 yo gusoma ibyo bagomba gukora, bakabona kujya aho bajya gukorera habugenewe. Bahati ati: “Ni isuzuma abanyeshuri bakora mu buryo ngiro ariko batandika. Urugero nk’umunyeshuri wize gukora imodoka mu buryo bw’Ikoranabuhanga (Automobile Technology) ikizami agiye gukora baba barateguye isuzuma, wenda bafate moteri y’imodoka, bagire ibyuma bavanamo babe bamusaba kubiteranya cyangwa babiteranye nabi bamusabye ko yabitandukanya yongere abiteranye.” Dr Bahati yasobanuye ko nyuma y’iri suzuma habaho n’iki kizamini gisanzwe cya Leta gishingiye ku byo umunyeshuri aba yarize hashingiwe ku nteganyanyigisho. Bamwe mu banyeshuri bavuga ko biteguye neza kandi ko bagiye gukora ibishoboka byose ngo batsinde iri suzuma ngiro. Irakoze Djubul wiga muri St Joseph Intergrated College, wiga mu ishami ryo Gupima ubutaka (Land Servey) ati: “Twiteguye neza abarimu baraduteguye, badusobanurira ibisabwa byose. Badufashije gukora imikoro ngiro mu butaka, dupima ubutaka, imihanda n’ibindi bijyanye na byo” Yakomeje avuga ko ayo masomo azabasha guhangana ku isoko ry’Umurimo. Mugenzi we Ishimwe Belise ati: “Ikizami nkiteguye neza, twaritoje, umwarimu wacu yatweretse ibyo tugomba gukoresha. Harimo gupima ubutaka, kugabanya ibibanza n’ibindi. Twaritoje bihagije kandi tugomba kwerekana umusaruro”. Abanyeshuri 26 482 baturutse mu bigo by’amashuri yisumbuye ya tekiniki 330 ni bo batangiye iryo suzumabumenyi, ibizami bya Leta ku barangije amashuri yisumbuye bizatangira tariki ya 24 Nyakanga 2024.
484
1,399
Mariam Muganga. Mariam Muganga (wavutse 1987) ni umucuruzikazi wo mu Rwanda . Niwe washinze Academic Bridge, isosiyete itanga porogaramu ikoreshwa mu mashuri 90 yo mu Rwanda. Muri 2016 Academic Bridge yatsindiye igihembo cy’itumanaho mpuzamahanga muri e-Education kubera uruhare yagize mu kuzamura uburezi binyuze muri ICT. Uburezi. Muganga afite impamyabumenyi ya Bachelor of Science Science (BASc.) Muri Computer Science and Information yakuye muri kaminuza yubumenyi n’ikoranabuhanga rya kaminuza yu Rwanda . Umwuga. Muganga yateguye porogaramu ya Academic Bridge muri 2014, ayisohora muri 2015. Porogaramu ifasha gucunga itumanaho hagati yishuri nababyeyi, kimwe no gufasha kuzamura ireme ryuburezi. Sisitemu itanga konti kubanyeshuri n'ababyeyi, kandi itanga itumanaho rihuriweho binyuze kuri SMS na imeri. Konti ya buri mwana yerekana amanota yatanzwe na mwarimu kubikorwa byabo, bifasha gukora indangamanota yizewe.
123
327
Ingaruka u Rwanda ruzagira kubera intambara ya Ukraine n’Uburusiya!. Kuva intambara y’Uburusiya na Ukraine yatangira ibiciro ku isoko mu Rwanda bikomeje gutumbagira, ndetse byitezwe ko bizakomeza bitewe n’ingaruka intambara u Burusiya bwashoje kuri Ukraine ishobora kugira ku bucuruzi mpuzamahanga.Minisitiri w’Ubucuruzi n’inganda Béata Habyarimana yavugiye kuri televiziyo y’igihugu ko mu igenzura bakoze basanze nibura nk’isukari, umufuka w’ibilo 50 warangurwaga 51,000 Frw ugeze ku 63,000 Frw, bingana n’izamuka rya 23%.Ni mu gihe nk’amavuta yo guteka ya litiro 20 yarangurwaga 40,000 Frw yageze ku 49,000 Frw bingana n’izamuka rya 20%, naho amasabune ava mu byasigaye ku mavuta, ikarito yavuye ku 8100 Frw agera ku 9300 Frw, bingana n’izamuka rya 14%.Gusa ngo ntaho bihuriye n’intambara y’u Burusiya na Ukraine, kubera ko ibicuruzwa u Rwanda ruvanayo atari byinshi nkuko yabitangaje.Kugeza ubu u Rwanda rushobora kwikorera 10% by’isukari rukeneye, bivuze ko 90% itumizwa mu bihugu bya Afurika nka Zambia, Malawi, Swaziland n’ibindi. Amavuta ashobora gukorerwa mu Rwanda ni 37% by’akenewe yose, andi agatumizwa mu Misiri no mu bihugu bya Aziya nka Malaysia, akagera mu Rwanda akoresheje inyanja.Minisitiri Habyarimana yavuze ko kuva mu myaka ibiri ishize ibiciro by’ubwikorezi mu nyanja byazamutse cyane, ku buryo ubwato bwashoboraga guturuka muri Aziya buje inaha bwashoboraga kwishyuza $3,500, ubu ni hafi $9,500 cyangwa $10,000 by’amadorali ya Amerika.Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Nsabimana Ernest, yabihuje n’uko ibihugu byinshi bimaze gufungura ibikorwa byinshi ugereranyije n’uko byari bimeze mu 2020 henshi abantu bari muri Guma mu Rugo.Ndetse akavuga ko byagaragaye ko ibikomoka kuri peteroli bikenewe bidahura n’ibiri kuboneka ku isoko, mu gihe hakiri icyo kibazo kandi hahise hiyongeraho intambara y’u Burusiya na Ukraine biri mu bicukura peteroli nyinshi na gaz.U Burusiya buza mu bihugu bitatu bya mbere ku isi bicukura peteroli nyinshi hamwe na Leta zunze Ubumwe za Amerika na Saudi Arabia.N’ubwo u Rwanda ruvuga ko peteroli nyinshi rukoresha ituruka mu kigobe cya Perisi, mu gihe iy’Abarusiya yaba itacurujwe bijyanye n’ibihano mpuzamahanga bwafatiwe, byanze bikunze ingaruka zizagaragara.Gusa Dr. Nsabimana yavuze ko ingaruka zabyo zitahita zigera mu Rwanda, kubera ko mazutu cyangwa lisansi rukoresha, iyo bimaze gutumizwa bimara mu nyanja hafi amezi abiri.Ati “Ni ukuvuga ko nubundi lisansi cyangwa mazutu twari dufite cyangwa byari byaraguzwe, urwo rugendo rw’amezi abiri ngira ngo byari byarageze za Dar es Salaam cyangwa za Mombasa birimo biza.”Nyuma y’aya mezi abiri ariko, ingaruka mu Rwanda zizagaragara, kuko ubwo intambara yatangiraga muri Ukraine, nyuma y’iminsi itanu gusa toni ya mazutu yagurwaga $780 yari imaze kwiyongeraho $70 igera $850. Lisansi yo yiyongereyeho $80.Dr. Nsabimana ati “Hari itsinda rihuriweho na Minisiteri eshatu, Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda na Minisiteri y’Imari n’igenamigambi, rikora kuva mu gitondo kugera nimugoroba, rireba uko ibintu bigenda bihindagurika ku isoko mpuzamahanga, uko ibiciro byazamutse cyane cyane iby’ibikomoka kuri peteroli, kugira ngo na leta irebe izindi ngamba ifata nk’izo zirimo gutanga inyunganizi.”Yavuze ko nko kuva muri Werurwe 2021, Leta y’u Rwanda imaze kwigomwa amahoro hafi miliyari 15 Frw, nk’inyunganizi yakomeje gutuma igiciro kitazamuka cyane ngo kigire ingaruka zikomeye ku muturage.Ingamba zafashwe ngo zatumye nibura mu mezi abiri ashize igiciro cya mazutu kizamukaho 61 Frw aho kuba 121 Frw, icya lisasi kizamukaho 31 Frw aho kuba 64 Frw.Ingaruka ku biribwaMinisitiri Habyarimana yavuze ko izindi mpungenge zihari ari uko u Burusiya buza ku mwanya wa mbere ku isi mu gucuruza ingano, Ukraine ikaza ku mwanya wa gatanu.Igereranya rivuga ko ibyo bihugu byiharira nibura 28.9% byuumusaruro w’ingano w’isi yose. Ni ukuvuga ko iriya ntambara izateza ikibazo cy’ifarini ku isi, ndetse hamwe ibiciro by’ingano bimaze kuzamukaho 55%.Habyarimana ati: “Bivuga ngo hari ibihugu bitandukaye bizagira ingaruka ku bijyanye n’ingano, ariko nkavuga nti ku rundi ruhande hari izindi ngaruka zishobora kuzaza zijyaye na peteroli, hari ibijyanye no kwishyura ubu babafungiye SWIFT, babafungira Visa, babafungira MasterCard, ushatse no kubibona ngo ubigure ku mwaro, ubu ntiwabona uko ubyishyura.”Ati “Izo ni inkurikizi zindi, ariko ntabwo twe duhezwa cyangwa duheranwa aho ngaho. Hari ingano twajyaga tuvana hirya no hino ariko hari n’ifu y’ingano tuvana muri Turikiya, yo nta kibazo ifite, ugasanga ni igisubizo kimwe gishobora kuboneka.”Ikindi kibazo ngo ni uko amavuta yo guteka ashobora kubura.Imibare mpuzamahanga igaragaza ko u Burusiya na Ukraine byiharira 60% by’umusaruro w’ibihwagari ku isi yose, ku buryo Banki y’Isi ivuga ko iyi ntambara izaba ikibazo gikomeye ku bukungu bw’isi.Gusa Minisitiri Habyarimana yavuze ko mu byumweru bibiri bishize hari inganda zo mu Rwanda zoroherejwe kuvana amamesa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ari nayo atunganywa akavamo amavuta y’ubuto akoreshwa.Yakomeje agira ati “Ibyo ni ibisubizo biza bisubiza hahandi baranguraga batabonaga.”Yavuze ko Leta yafashe ibyemezo byoroshya ubucuruzi, kunganira abahinzi ngo babashe kongera umusaruro no kunganira abakoresha ibikomoka kuri peteroli, kugira ngo ibiciro bidatumbagira cyane.Aba bayobozi bavuga ko abantu bakwiye guhumura kuko muri aya mezi abiri ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bitazahinduka.Ariko hari ibyo leta y’u Rwanda itabasha kugenzura nk’ihinduka ry’igiciro ku isoko mpuzamahanga nk’ibya peteroli kuko idacukurwa mu gihugu, kimwe n’ibindi bicuruzwa bitumizwa hanze.REBA IKIGANIRO MINISITIRI W’UBUCURUZI N’INGANDA NA MINISITIRI W’IBIKORWAREMEZO BASOBANURA ICYATEYE IZAMUKA RY’IBICIRO KU ISOKOKugura ibicuruzwa mu Burusiya kandi mu minsi mike bizaba bidashoboka, nyuma y’uko ibigo bya Visa na Mastercard byemeje ko bizafunga imikoranire na banki zo mu Burusiya nyuma yo ku wa 9 Werurwe muri uyu mwaka.Bivuze ko amakarita izo banki zatanze atazongera gukora mu mahanga, azaba yemewe imbere mu gihugu gusa kugeza ataye agaciro zahawe.Hagati aho banki zo mu Burusiya zatangiye gutekereza uburyo zakorana n’ikigo cyo mu Bushinwa gitanga uburyo mpuzamahanga bwo kwishyurana, UnionPay.Mu butumwa yatanze kuri uyu wa Gatandatu w’icyumweru dusoje, Perezida Putin yongeye kwiyama ibihugu biri gufatira ibihano u Burusiya, avuga ko ari ugushoza intambara ku mugaragaro.Putin yihanangirije ibihugu bikomeje gufatira Uburusiya ibihano bikomeye
898
2,500
Valens Ndayisenga na Claude Uwizeye babonye ikipe mu Bufaransa. Ndayisenga abonye ikipe nyuma y’iminsi yari amaze nta kipe afite nyuma yo gutandukana na Tirol yo muri Autriche. Ubu we na mugenzi we Uwizeye bari bamaze iminsi bakoraba imyitozo muri Les Amis Sportifs, bamaze kubona ikipe yabigize umwuga yitwa Pays Olonne Cycliste Côte de Lumière Iyi kipe ya Pays Olonne Cycliste Côte de Lumière ifite ibyiciro bitandukanye birimo abakuru n’abato, ikaba ifite n’ishuri ryigisha umukino w’amagare. Ndayisenga yakiniye ikipe ya Les Amis Sportifs y’i Rwamagana, Dimension Data yo muri Afurika y’Epfo na Tirol yo muri Autriche. Uwizeye we yakiniye Les Amis Sportifs y’i Rwamagana gusa. Umunyamakuru @ Samishimwe
107
255
. Content Магазин And Склад По Продаже Тепловентиляторов Volcano По Низким (оптовым) Ценам В Алматы And Казахстане Olx – Сервис Объявлений В Казахстане – Вулкан Вулкан Для Стыковки Лент Печь На Твердом Топливе Вулкан One Hundred (3000 Куб М ) Игровые Автоматы В Онлайн-казино Улп 1 0 Вулкан Арт Вулкан На Острове Пальма Начал Извергать Породы Старше A Couple Of Млн Лет Трех Казахстанцев Задержали На Гавайях За Вторжение На Вулкан Как Казино Справляется С Блокировками И Техническими Сбоями Модельный Ряд Volcano Vr Набор Хотвилс Вулкан Ингалятор Ультразвуковой Вулкан-1 Аквариум Декор Большая Пещера И Вулкан Ассортимент Насосного Оборудования: На Острове Стромболи Проснулся Вулкан Отопление С Тепловентилятором Volcano Выгоднее Обычного В Four Раза! 3 Года Гарантии И Бесплатная Доставка По Казахстану! Hot Wheels Вулкан Как Найти Зеркало Казино Вулкан Продам Газовые Печ Вулкан Вулкан В России Выбросил Километровый Столб Пепла Промышленное Оборудование Под Заказ: Промышленные Котлы Вулкан Увлажнитель Воздуха В Стиле Вулкана При Извержении Вулкана В Индонезии Погиб Один Человек, 41 Получил Ожоги На Юго-западе Японии Проснулся Вулкан Сакурадзима Продам Кофеварку Вулкан Промышленные Котлы Вулкан Впервые За Несколько Десятков Лет Начал Извергаться Крупнейший Вулкан На Гавайях Как Казахи “приручили” Вулканы И Используют Их Для Привлечения Туристов Научная Игра: Вулкан Беттгера Ranok В Семей Формирование комфортного климата является важной задачей при организации рабочей или домашней среды, так как от этого напрямую зависит работоспособность и удобство людей. Именно по этой причине важно сделать выбор в пользу качественной техники, способной обеспечить высокую производительность при малом энергопотреблении. Справиться с поставленной задачей отлично помогут тепловентиляторы volcano. Почвосмесь Вулкан Кактус 5 л, а также другие товары для строительства и ремонта Вы можете приобрести в интернет-магазине Леруа Мерлен и в розничном магазине в Алматы. Магазин Or Склад По Продаже Тепловентиляторов Volcano По Низким (оптовым) Ценам В Алматы / Казахстане Оформите заказ онлайн с доставкой до удобного для Вас адреса в Алматы. Онлайн-казино принимают некоторые другие фондовые рынки, такие как You. S. И инициируйте выбор того, который поможет быстро забрать наличные. Кроме того, закажите интернет-казино, которое предлагает светящиеся бонусные предложения. И пока вы используете свои доллары добросовестно, приготовьтесь активно играть на сайтах игорных заведений на реальные деньги. Olx – Сервис Объявлений В Казахстане – Вулкан Обычно за них платят за то, чтобы играть в видеоигры в слоты, а также они выбирают хороший круг. Если вы хотите попробовать игровые автоматы, вам следует проверить свои веб-сайты на самых крупных бонусных предложениях без первоначального взноса. Хороший способ получить удовольствие от онлайн-игр на игровых автоматах с реальным доходом — это всегда играть во флеш-игры без первоначального взноса. Добиться полного запрета не представляется возможным, так как существует множество способов решения проблемы доступа к сайтам. Ввиду того, что компания Google ограничивает размещение подобного софта в своем магазине, при загрузке иногда возникают трудности. Система Android по умолчанию отклоняет программы, скачанные не в Google Play. Для снятия запрета нужно зайти в параметры безопасности и дать разрешение на инсталляцию такого ПО. Насос – устройство для перемещения жидкостей с помощью всасывания и нагнетания. Вулкан Для Стыковки Лент Вероятно, наши соотечественники заметили это и решили использовать, как маркетинговый ход, потому что одна мысль о вулкане в Казахстане заставляет заинтересоваться. Еще одна вещь, которую исследуют при поиске канадского онлайн-казино, включают сельские ограничения. Большое количество казино может не принадлежать правительству Новой Шотландии, поэтому очень важно использовать сервис, который находится под контролем и имеет разрешение на запуск. Убедитесь, что они не взимают необходимые расходы, зная, что любые годы производства, как правило, быстро. Казино Вулкан American platinum eagle заручает покупателям хранение конфиденциальности. Обычно
620
1,407
Inyubako Polisi ikoreramo ku Muhima yibasiwe n’inkongi. CP Kabera avuga ko iyi nkongi ikimara gufata iyi nzu Abapolisi bo mu Ishami rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi bahise batabara, bazimya uwo muriro utarafata inzu yose. Ati “Inkongi yabaye ni byo koko yafashe ibyumba bibiri, ariko ishami rishinzwe ubutabazi no kuzimya inkongi y’umuriro riratabara rirahazimya. CP Kabera avuga ko iyi nkongi yangije ameza n’intebe byari mu biro gusa, ngo nta bindi bintu byangiritse kuko bahise bayizimya itarafata inzu yose. Yabwiye Abanyarwanda ko badakwiye kugira impungenge ku bintu byaba byangiritse kuko ibijyanye n’impushya zo gutwara ibinyabiziga bibikwa mu Busanza bitabikwa ku Muhima. CP Kabera yaboneyeho kwibutsa abaturarwanda kwirinda icyateza inkongi, asaba ko abahura n’ikibazo cy’inkongi bakwihutira guhamagara kuri nimero 111, 0788311224, cyangwa 0788311120. Umunyamakuru @ musanatines
123
355
bibereye amaso. Mu mbyino ayo matorero abyina hakaba harimo: umushayayo cyangwa umushagiriro, intore - Imbyino yagaragazaga indwanyi ku rugamba, ukurambagiza - Imbyino y'Abagabo n'Abagore, ikinimba, umuganura ndetse n'umurishyo w'ingoma. Indirimbo zikoze mu njyana gakondo ya Kinyarwanda zigenda zikendera. Nyamara na zo ni umurage ukwiye gusigasirwa. N'ubwo umuziki ugezweho ari wo ukurura abato benshi, hari abagerageza no gusigasira umuziki wo mu njyana gakondo. Kuri ubu ngubu ushobora kumva indirimbo zicuranzwe mu njyana ya kinyarwanda ziririmbwa mu matorero ahantu hatandukanye mu gihugu. Izo ndirimbo akenshi ziba zicuranzwe n'ibikoresho bya muzika na byo bya kera nk'ikembe, umuduri, amakondera, ndetse n'izikoreshejwe n'ingoma. Hari kandi n'injyana iva ku ngoma zivuzwa n'abakaraza. Imwe mu bwoko bw'imirishyo abakaraza b'abanyarwanda bagira ni iyi: Umutimbo, Imirindi, Agasiga, Igihubi, Indamutsa, Tubarushumwami, n'iyindi. Mu gihe turimo, ikoranabuhanga rishobora kwifashishwa, ibi byose bivuzwe bikagera ku babikeneye, aho bashobora kubikurikirana bibereye imuhira n'ahandi aho ari ho hose. Bashobora kubishyikaho bifashishije mudasobwa, yaba icometse kuri murandasi cyangwa ikoreshwa yonyine, umuntu akaba yakwifashisha se telefoni, Tabureti (tablet) n'ibindi bikoresha byabugenewe. 3.2. Gufatira urugero ku bihugu byateye imbere mu bukungu bishingiye ku muco wabyo Ibihugu byose byateye imbere ni na byo bivugwaho gukoresha neza ikoranabuhanga mu itumanaho no gukatariza iterambere bidasize umuco wabyo ku ruhande. Biharanira ko watera imbere nk'uko n'ibindi bikorwa biba byarateye imbere. Ibihugu biri mu burasirazuba bw'isi ni byo bigaragaza ugusigasira umuco wabyo cyane. Urugero nk'Ubushinwa, Ubuyapani, Koreya, Ubuhindi, n'ibindi bihugu, bigerageza gukora bikomeye ku muco wabyo, kuwujyanisha n'ubukungu bwabyo ndetse no kuwusakaza ahantu hose. Si igitangaza kuba mu mujyi wa Kigali wahasanga inzu bafunguriramo z'Abashinwa. Muri izo nzu, baba bategura amafunguro n'ubundi akomoka mu Bushinwa. Si abanyamahanga gusa bazijyamo kuko hari n'Abanyarwanda bazijyamo. Muri izo resitora, umuco w'Ubushinwa uba usakajwe hose. Binyuze mu mikino njya rugamba nka karate na kungufu (kung fu), ibihugu by'Ubushinwa n'Ubuyapani, bisakaza umuco wabyo mu bihugu byinshi, aho muri iyo mikino igendera neza ku rurimi ndetse n'umuco wabyo. Mu gihe bari kuyikina bakoresha ururimi rw'Igishinwa cyangwa se Ikiyapani. Urugero mu kwezi k'Ukuboza 2018, abanyarwanda bakina kungufu (kung fu) bagiye mu Bushinwa gukurikirana amahugurwa yo kwiga ururimi rw'igishinwa ndetse no kwiga gukina umukino wa kungufu (kung fu) ukomoka muri kiriya gihugu (Mihigo, 2018). Ibihugu nk'Ubuhindi byamamaza umuco wabyo binyuze mu ma filimi ndetse n'indirimbo zabo. Mu ma filimi y'Abahindi ntushobora kuburamo indirimbo zabo, bakaba bamamaje umuco wabo. Muri filimi zabo, usanga bagaragaza uko basenga imana zabo nka Buda (Budha); hakaba hari bamwe bashobora kwiyemeza na bo kuzisenga, kwigana uko bakora yoga, bikaba byazatuma bajya gusura mu Buhindi aho Buda akomoka. Ibi bizamura ubukungu bwabo kuko kuhagera ndetse no kuhasura bidakorerwa ubuntu. Muri filimi z'Abahindi, dusangamo uko imihango y'ubukwe bwabo ikorwa ndetse n'uburyo bakoresha imyambaro yabo. Abanyamahanga bashobora gukunda iyo myambaro bakajya bayigura bikazateza imbere ubukungu ndetse n'umuco w'Ubuhindi ukamamara hose. Igihugu cya Leta zunze ubumwe z'Amerika, kuba ari kinini byatumye giturwa n'abantu bakomoka mu bihugu bitandukanye, ibyo bikakigira igihugu gifite imico myinshi. Gusa iyi mico, Abanyamerika bayikoresha mu kubaka iterambere ndetse no guhamya ubuhangange bw'igihugu cyabo. Kuba abaturage batandukanye bituma bagira n'ubumenyi butandukanye kandi bukabafasha kuzuzanya mu iterambere. Amerika mu buryo bw'amategeko yanditse igaragara nk'igihugu giteza imbere umuco w'uburinganire bw'abantu bose, yaba Abirabura, Abazungu, Abarabu, ndetse n'abo muri Aziya. Iki gihugu, binyuze muri gahunda yacyo ya kapitalisime (capitalism), iteza imbere umuco wo kwikorera, ugakora cyane kugira ngo ugire ubukire burenze ubw' abandi. N'ubwo uyu muco ugaragara nabi ariko nyamara ushobora gufasha abantu bose gukora batikoresheje kugira ngo biteze imbere kandi bateze n'igihugu cyabo imbere. Muri uko gukora cyane niho ubukungu bw'igihugu na bwo buzamuka binyuze mu mafaranga y'imisoro. Mu ruganda rwa filimi, aho zikinirwa bise "Hollywood", inzu ndangamurage zo muri Amerika zivuga ko mu rwego rwo kumenyekanisha
610
1,777
Yasabirizaga ku muhanda none atunze miliyoni 25 Frw. Ibi yabigarutseho mu buhamya yahaye abari bitabiriye ibikorwa byo kwamamaza abakandida depite ba FPR-Inkotanyi biyamamarije mu Karere ka Bugesera kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Nyakanga 2024. Twiringiyimana Marie yavuze ko atuye mu Mudugudu wa Gatare mu Kagari ka Kidama mu Murenge wa Ruhuha, akaba ari umwe mu babagaho mu bukene bukabije kugeza ubwo yanasabirizaga. Yavuze ko ari ubuzima yabayemo igihe kinini kugeza ubwo afatiye umwanzuro wo gukoresha neza amahirwe y’ubuyobozi bwiza agenda atangwa hirya no hino mu midugudu. Twiringiyimana yavuze uburyo mbere ubukene bwari bwaramuzengereje cyane, yirirwa asabiriza. Yaje kujya mu itsinda n’abandi bagore aho batangaga 500 Frw baza kuyateranya aba ibihumbi 15 Frw barayamuha, yishyuramo ideni ry’ibihumbi 11 Frw asigarana ibihumbi 4000 Frw. Yavuze ko yaguzemo ijipo za caguwa azikuramo 6700 Frw. Twiringiyimana yavuze ko guhera uwo munsi yatangiye urugendo rwo gucuruza yisunga cya kimina yabagamo kikajya kimuguriza agakora akishyura bakongera bakamuguriza. Uyu mugore yavuze ko yaje kwegera ubuyobozi bw’Umurenge ababwira ko yifuza kuva mu bukene. Bamuhaye ibihumbi 100 Frw binyuze muri VUP aragenda ayashora mu bworozi bw’ingurube. Ati “Naguze ingurube ngira amahirwe nsanga irahaka iza kubwagura ibibwana birindwi ndabigurisha nkuramo ibihumbi 140 Frw. Nahise nishyuramo bya bihumbi 100 Frw bangurije nsigarana ibihumbi 40 Frw, iyo ngurube yarongeye ibwagura ibindi bi bwana inshuro ebyiri mu mwaka nakuyemo ibihumbi 340 Frw.” Twiringiyimana yavuze ko yaje gusubira ku Murenge bamuha ibindi bihumbi 100 Frw aragenda aguramo umurima w’ibihumbi 200 Frw asigaye ayashora mu buhinzi bw’imiteja aza gukuramo ibihumbi 300 Frw yongeranya n’andi yagiye akura mu ngurube aguramo ikibanza. Ati “Namaze kuguramo ikibanza numva inzozi zanjye ndi kuzishyikira neza byose mbikesha imiyoborere myiza ya FPR-Inkotanyi. Namaze kugura ikibanza negera Umurenge Sacco banguriza miliyoni 2 Frw, ndavuga ngo ubu noneho ngiye kwinjira mu iterambere, nahise ngenda nkodesha umuryango w’ubucuruzi ntangira gucuruza.” Twiringiyimana yavuze ko ubu we n’umuryango we batakibarizwa mu bukode ahubwo baryama neza, bakabaho neza. Yavuze ko kuri ubu yavuye ku gusabiriza ku muhanda, none ubu afite umutungo wa miliyoni 25 Frw byose akesha imiyoborere myiza ya Perezida Kagame. Yavuze ko inzozi ze zitahagaze kuko ngo muri iyi manda y’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame natorwa yifuza noneho kuzajya ku kibuga cy’i ndege atagiye kuhareba, ahubwo agiye mu Bushinwa gushakayo imari cyangwa ahandi hirya no hino ku Isi. Yavuze ko atabasha kubigeraho wenyine ahubwo azabigeraho ari uko FPR-Inkotanyi ihamye ku ngoma. Yasabye buri wese ureba iterambere igihugu kimaze kugeraho kubihamya neza atora FPR-Inkotanyi ngo kuko ari bwo ibyagezweho bizasigasirwa ndetse mu myaka itanu iri imbere Abanyarwanda bakanabasha kugera ku bindi byiza byinshi. Twiringiyimana Marie avuga ko yasabirizaga ku muhanda none atunze miliyoni 25 Frw
430
1,178
Indishyi Rusesabagina n’abandi bo muri FLN basabwa zizava he?. Ku wa Mbere tariki 20 Nzeri 2021, Urugereko rw’Urukiko Rukuru rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rwakatiye igifungo cy’imyaka 25 Paul Rusesabagina n’abandi 20 baregwa hamwe na we ibyaha by’iterabwoba, bagenda bahabwa ibihano binyuranye. Urukiko ruvuga ko ibyo byaha bishingiye ahanini ku bitero MRCD-FLN yayoborwaga na Paul Rusesabagina, yagabye mu turere twa Nyaruguru, Nyamagabe, Rusizi na Huye, rukongeraho ko ibyo bitero byahitanye abantu icyenda muri Nyaruguru, Nyamagabe na Rusizi. Urukiko ruvuga ko uretse ubwo bwicanyi, gukomeretsa no gushimuta abantu, FLN ngo yanyaze imitungo y’abaturage ndetse yangiza n’indi irimo inzu n’ibinyabiziga kugeza ubu byose bitaramenyekana agaciro. Umucamanza yavuze ko benshi mu baregeye indishyi nta bimenyetso bafite by’uko imitungo bavuze ari iyabo, ariko hari n’abandi yahise yanzura ko bagomba kwishyurwa, ndetse anabagenera amafaranga bagomba kwishyurwa hashingiwe ku bushishozi bw’Urukiko. Bamwe mu bo urukiko rwasabiye indishyi barimo Nsengiyumva Vincent wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Nyabimata (Nyaruguru), hamwe n’abaturage barimo Rugerinyange, Ntabareshya, Rudahunga, Munyaneza, Nyirayumve, Karegeya, Niwenshuti bapfushije ababo, ndetse n’ibigo bitwara abagenzi bya Omega na Alfa byatwikiwe imodoka. Igiteranyo cy’agomba kwishyurwa aba bonyine kirarenga amafaranga y’u Rwanda miliyoni 330, ariko n’abandi ngo bazakomeza kujurira nibamara guhabwa inyandiko zisobanura imitungo yabo yibwe cyangwa yangijwe, nk’uko Nsengiyumva Vincent yakomeje abisobanura. Nsengiyumva agira ati “Tuburana hari ibyo tutabashije kugaragaza ko twabona, cyane cyane nk’abantu imitungo yabo yagiye itwarwa, iyatwitswe, bamwe muri twe dushobora kujurira, turaza gukora ibishoboka byose kugira ngo raporo z’inzego z’ibanze zibashe kugaragaza neza ko iyo mitungo ba nyirayo bari bayifite koko”. Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda, Liberal Majyambere, avuga ko mu gihe Rusesabagina n’abandi baba bafite imitungo mu Rwanda, ari byo byakoroha ko abaregeye indishyi bahita bayihabwa. Majyambere avuga ko kuba urukiko rwanzuye ko bazahabwa indishyi ari intambwe ya mbere, igikurikiraho ari ukureba niba abaregwa bafite ibyo bishyura, bagatangira kuyitanga ku neza ariko byakwanga hakifashishwa imbaraga z’amategeko. Yakomeje agira ati “Jyewe ntabwo mbazi ndetse nta n’ubwo mvugira Ubushinjacyaha, bushobora kuba bo bubazi ariko guhita bumenya ngo ‘bafite imitungo mu Rwanda cyangwa ntibayifite, na cyo ubanza atari icyo bwasubiza nonaha, wenda bisaba kubanza kujya kubimenya.” Ni mu gihe Ubushinjacyaha bw’u Rwanda na bwo buvuga ko kumenya niba mu Rwanda hari imitungo ya Rusesabagina n’abo baregwa hamwe yakoreshwa mu kwishyura ibyangijwe na FLN, byabazwa abagize Urugaga rw’Abavoka bunganira abaregera indishyi. Umunyamakuru @SimonKamuzinzi
376
1,135
Agathe Uwilingiyimana. Agathe Uwilingiyimana (23 Gicurasi 1953 - 6 Mata 1994) yari umunyapolitiki wo mu Rwanda. Yabaye Minisitiri w’intebe w’u Rwanda kuva ku ya 18 Nyakanga 1993 kugeza apfuye ku ya 7 Mata 1994. Umunyamuryango w’ishyaka riharanira demokarasi riharanira demokarasi (MRD), yabaye Minisitiri w’intebe w’u Rwanda ku ya 18 Nyakanga 1993, abaye umugore wa mbere (kandi kugeza ubu, wenyine) wabonye uwo mwanya. Mu nshingano ze nk'umuyobozi wa guverinoma, yitabiriye, hamwe na guverinoma ya Perezida Juvénal Habyarimana , mu mishyikirano yagiranye n’umutwe w’igihugu ukunda igihugu (FPR), inyeshyamba ziyobowe n’abatutsi . Ibiganiro byatumye hashyirwaho umukono ku masezerano ya Arusha muri Kanama 1993, arangiza by'agateganyo intambara yo mu Rwanda . Ku ya 7 Mata 1994, Perezida Habyarimana yiciwe nyuma yuko abantu batamenyekanye barashe indege yari imutwaye. Ubwicanyi bwateje urugomo mu murwa mukuru w'u Rwanda, Kigali. Nyuma y'amasaha make, ingabo zizerwa na Habyarimana zahanganye na Uwilingiyimana n'ingabo mpuzamahanga zaturutse mu butumwa bw'umuryango w’abibumbye bufasha u Rwanda (UNAMIR). Minisitiri w’intebe yiciwe, mu gihe abasirikare icumi b’Ababiligi bakorewe iyicarubozo kandi baricwa (abasirikare batanu bo muri Gana bo muri UNAMIR bararekuwe). Ibyabaye ku ya 7 Mata byaje gukurura jenoside yo mu Rwanda , ihitana Abanyarwanda bari hagati ya 500.000 na miliyoni 2. Uwiringiyimana Agathe ni umwe mu bagore bazwi mu mateka y' u Rwanda, yavukiye mu cyahoze ari Butare ahitwa Nyaruhengeri haherereye muri Km 140 uvuye i Kigali. Hashize igihe gito avutse umuryango we wagiye gukorera mu cyahoze ari Kongo-Mbiligi, Uwilingiyimana afite imyaka ine nibwo umuryango we wagarutse i Butare. Amaze gutsinda ikizamini cya leta cy' amashuri abanza, Uwiringiyimana yagiye kwiga muri Lycée Notre Dame Des Citeaux. Mu 1976 yahawe impamyabumenyi mu, mibare n' ubutabire, ahita aba umwarimu w' imibare muri Ecole Sociale de Butare, muri uwo mwaka ni nabwo yasezeranye na Barahira Ignace baza kubyarana abana bane. Mu 1983 afite imyaka 30 y' amavuko, yabaye umwarimu w' imibare n' ubutabire muri Kaminuza Nkuru y' u Rwanda. Mu 1986 yashinze koperative yo kuzigama no kuguriza mu bayobozi n' abarimu bagenzi be bo mu ishuri rya Butare, ibi bikaba byaramuteye gushimwa n' abayobozi bakuru b' igihugu maze yoherezwa gukora muri minisiteri y' ubucuruzi mu 1989. Agathe Uwiringiyimana Aba Minisitiri w' intebe . Mu 1992 yinjiye mi ishyaka riharanira Demokasi(MDR) ritavugaga rumwe na leta, nyuma y' amezi ane yahise agirwa Minisitiri w' uburezi na Dr Nsengiyaremye Dismas wari minisitiri w' intebe nyuma y' imishyikirano hagati ya perezida Habyarimana Yuvenali n' amashyaka atanu ataravugaga rumwe na leta.Ari ku buyobozi bwa minisiteri y' Uburezi, yakuyeho politiki y' iringaniza rishingiye ku moko mu mashuri, ibi bikaba byaratumye yangwa na benshi mu bayobozi bari bafite ingengabitekerezo y' amacakubiri. Ku itariki 17 Nyakanga 1993, nyuma y' inama hagati ya perezida Habyarimana n' amashyaka atavuga rumwe na leta, Uwiringiyimana Agathe yabaye minisitiri w' intebe wa mbere w' umugore, asimbuye Dr Nsengiyaremye wari waramugize minisitiri w' uburezi. kugirwa minisitiri w' intebe kwa Dr Nsengiyaremye na perezida Habyarimana ntibyigeze byishimirwa n' andi mashyaka.Bitewe nuko Uwiringiyimana atari afite imbaraga nk' abandi bakandida, byahaga ikizere perezida ko azashobora guca icyuho mu mashyaka atavuga rumwe nawe. Ku munsi wo kugirwa minisitiri w' intebe kwa Uwiringiyimana, Dr Nsengiyaremye yahise amuvana mu ishyaka rya MDR. Agathe Uwiringiyimana n'Amasezerano ya Arusha Hakomeje kubaho imishyikirano igamije amahoro hagati ya Habyarimana, amashyaka atavuga rumwe nawe ndetse na FPR.Amasezerano hagati ya Habyarimana, amashyaka atanu atavuga rumwe na leta na FPR yaje gusinywa tariki 4 Kanama 1993 mu masezerano ya Arusha.Habyarimana yagombaga kuba perezida w' agateganyo, minisitiri w' intebe akava muri MDR. Hagati aho Uwiringiyimana ntiyari yishimiwe na perezida ndetse na bamwe mu ishyaka rye ibi bikaba byaragaragariraga mu nama n' abanyamakuru aho bakundaga kumwibasira.Ishyirwa mu bikorwa rya guverinoma y' agateganyo ryagombaga gushyirwa mu bikorwa ku itariki 25 Mata 1994, aho Uwiringiyimana yagombaga kuva kuri uwo mwanya kuko atari akiri muri MDR. Urupfu rwa Agathe Uwiringiyimana Ibiganiro hagati ya Habyarimana, Uwiringiyimana na FPR ntibyigeze bigera ku ndunduro kuko perezida Habyarimana yishwe arasiwe mu ndege hafi saa mbiri n' igice z' ijoro ku itariki 6 Mata 1994. Nyuma y' amasaha make Habyarimana yishwe Uwiringiyimana Yagiranye ikiganiro na Radio Mpuzamahanga y' u Bufaransa(RFI), yerekana ibiri kubera mu gihugu agira ati: "hari amasasu hirya no hino, abantu baryamye hasi mu mazu yabo. Turi guhura n' ingaruka z' urupfu rwa perezida, ndizera ko twe abasiviri nta ruhare dufite mw' iyicwa rya perezida." Mbere ya saa cyenda z' ijoro ingabo z' Umuryango w' Abibumbye zohereje abasirikare b' Ababiligi mu rugo rwa Uwiringyimana, zigomba kumuherekeza kugera kuri Radio Rwanda, aho yagombaga gutambutsa ijambo rihumuriza abaturage.Urugo rwa Uwiringiyimana rwari rurinzwe n' Abanyegana batanu bo muri MINUAR hakiyongeraho abandi icumi b' Ababiligi. Imbere mu rugo rwe harimo abasirikare barindaga perezida'ariko hagati ya saa kumi n' ebyiri na mirongo ine n' itanu(6:45) na saa moya na cumi n' itanu (7:15) z' ijoro abasirikare bari bashinzwe kurinda perezida bagose abasirikare ba MINUAR maze babategeka gushyira intwaro zabo hasi. Uwiringiyimana amaze kubona ko nta burinzi agifite yahungiye ahakoreraga abakoranabushake b' Umuryango w' Abibumbye, abatangabuhamya bavuga ko abasirikare bashinzwe kurinda perezida binjiye aho bari bashaka Uwiringiyimana, bitewe nuko yatinyaga ko bakwica abana be yahise yiyerekana we n' umugabo we maze bahita baraswa ako kanya. Abana be bahise bahungishwa mu Busuwisi, mu gitabo cya Roméo Dallaire yise Shake hands with the Devil avuga ko abana ba Uwiringiyimana Agathe bahungishijwe na kapiteni Mbaye Diagne wari umusirike wa MINUAR. Majoro Ntuyahaga Bernard yashinjwe n' Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda rwa Arusha ko ariwe wishe Uwiringiyimana Agathe n' abasirikare icumi b' Umuryango w' Abibumbye. Uwiringiyimana Agathe yabaye umwe mu bagore bake b' abanyapolitiki babashije kurwanya igitugu. Ubu abarirwa mu ntwali z' igihugu cy' u Rwanda
903
2,480
Ubuhamya bwa Saidi w’imyaka 22 wafungiwe muri Uganda abambwe. Maniriho Saidi w’imyaka 22, avuga ko yagiye muri Uganda asangayo nyina utuye i Kampala, ariko ngo ntiyari yakamenya ko kujya guhahirayo ari nko kujya mu rupfu. Mu kwezi kwa mbere k’uyu mwaka wa 2019, nibwo inzego zishinzwe umutekano muri Uganda zamutaye muri yombi zimushinja (we n’abandi Banyarwanda) kuba ba maneko b’u Rwanda muri icyo gihugu. Ati"nababwiye ko uretse njyewe, nta n’undi wo mu muryango w’iwacu wigeze ukora ku mbunda, kuko niyo bansabaga". "Bamfashe ahagana saa ine za mu gitondo maze gukatisha itike yo kuza mu Rwanda, banjyana muri gereza y’ahantu bita Kyengera, bari bampfutse mu maso". "Ku munsi wa mbere maze gukubitwa, naraye mbohesheje iminyururu ku maboko bayabambye nk’uko byagendekeye Yesu, nari nambaye ubusa buri buri". "Bambohesheje n’indi minyururu mu nda no ku maguru kugira ngo ntinyagambura burinda bucya, barampambuye mpita nikubita hasi babanza kunjyana kwa muganga". Maniriho avuga ko yagaruwe muri gereza avanywe kwa muganga asanga harimo abandi Banyarwanda batatu, ari bo Sam Tumushabe, Gato Moses hamwe na Rugoroki Eric, uzwi nka Gasongo. Avuga ko muri buri cyumba cy’iyo gereza hafungiwemo Abanyarwanda, kuko aho yagiye yimurirwa hose ngo yabasangagamo. Ati "hari ikindi cyumba banyimuriyemo nsangamo Umunyarwanda umwe bita Mukunzi Kennedy, hashize iminsi bahazanye n’uwitwa Tumushabe Joseph, ndetse na Byarugaba Dan". Maniriho avuga ko byageze igihe umwe mu Bagande bari bafunganywe atoroka gereza, bituma hafatwa ingamba zo kugirira nabi abasigaye. Ati"Bafunze buri cyumba, batuzanira indobo imwe ikaba ari yo twitumamo turi abantu barenga 60, turara hasi mu bukonje bukabije, akaba ari naho turira ibyo kurya iruhande rw’iyo ndobo". "Ibyo kurya baduhozaho ni kawunga n’ibishyimbo bidahiye, icyakora ku cyumweru nibwo iyo kawunga bayisimbuza umuceri". "Jyewe nageze ubwo ndwara hano mu bugabo, burashishuka bwenda no gutakara hasi, umuntu akajya agenda afasheho bujejeta amaraso. Baduha ifu ya kawunga ikaba ari yo twivurisha ibyo bisebe". Avuga ko byageze mu kwezi kwa gatatu k’uyu mwaka wa 2019 bajyanwa kubonana n’Umuyobozi w’Urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu muri Uganda, Col Kaka Byagenda. Uyu ngo yabasabye kureka kuneka igihugu cya Uganda ariko abemerera kubarekura bagataha iwabo mu Rwanda, n’ubwo ngo bakomeje gufungwa kugera mu kwezi gushize kwa gatandatu. Ku itariki 29 Kamena 2019 bashyizwe mu modoka irabazana, aho kubakuriramo ku mupaka wa Gatuna ngo yaratambitse irabajyana ibaroha mu kibaya mu karere ka Ntungamo ku ruhande rw’u Rwanda cyitwa Rwempasha mu karere ka Nyagatare. Maniriho yahise yambuka arataha mu Rwanda arangije ikimeze nk’inzira y’umusaraba. Agira ati "Ndahamagara Abanyarwanda bakiri hakurya gutaha mu rwatubyaye kuko muri Uganda nta butunzi bukiriyo kubera akavuyo n’ubwo bugome badukorera". Avuga ko atazi uburyo nyina abayeho, akaba yaravuye muri Uganda yambuwe ibihumbi 300 by’amashilingi ya Uganda, ibihumbi 550 by’amanyarwanda hamwe n’itike y’imodoka ndetse n’indangamuntu.
439
1,178
Yannick Mukunzi yasabye, anakwa umugore we bamaranye imyaka 8- AMAFOTO. Yannick Mukunzi ukinira Sandvikens IF yo muri Suéde n’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, yasabye anakwa umugore we Iribagiza Joy bamaze igihe babana. Aba bombi beretse ibirori inshuti n’imiryango yabo kuri uyu wa 8 Mutarama 2023.Mukunzi na Iribagiza bakoreye imihango yo gusaba no gukwa muri Heaven Garden ku i Rebero mu Mujyi wa Kigali, mu masaha y’igitondo. Aha ni naho habereye gusezerana imbere y’Imana.Mukunzi na Iribagiza, nubwo uyu munsi ari bwo bashimagiye isezerano ryabo imbere y’imbaga, basanzwe babana ndetse bafitanye abana babiri.Rutanga Eric bakinanye ni we wamugaragiye, anambarirwa n’abandi bakinnyi b’umupira w’amaguru barimo umunyezamu wa AS Kigali, Ntwali Fiacre.Ku Cyumweru tariki 20 Mutarama 2019 nibwo uyu mukinnyi yasezeranye mu mategeko mu Murenge wa Remera n’umukunzi we Iribagiza Joy batangiye gukundana mu 2015.Uyu mukobwa basezeranye nyuma yo kubyarana umwana w’umuhungu witwa Ethan Mukunzi.Uyu mukinnyi afashe uyu mwanzuro mbere yo kwerekeza ku mugabane w’u Burayi kuko yamaze gutandukana na Rayon Sports yakiniye kuva muri Kanama 2017.Mukunzi yabwiye itangazamakuru ko hari impamvu ebyiri zimuteye gusezerana na Iribagiza.Ati “Ni umukobwa maze imyaka myinshi nkunda kandi tuziranye neza. Ni mama w’umwana wanjye. Asanzwe ari umwe mu bigize ubuzima bwanjye. Impamvu ya mbere mfashe umwanzuro wo gusezerana nawe ni ukubishimangira mu mategeko, indi ni ukugira ngo ninjya gukorera hanze tuzabone uko dushaka ibyangombwa byo kubanayo.”Hannick Mukunzi yakuriye mu ishuri ry’umupira w’amaguru rya APR FC kuva 2009 kugera 2013 ubwo yazamurwaga muri APR FC nkuru yakiniye kuva ubwo kugera mu 2017 ajya muri mukeba wayo Rayon Sports, ndetse ubu akaba ari umukinnyi wa Sandvikens IF yo muri Suéde.
258
699
Telefone Perezida Kagame yahaye abunzi zizabafasha kunoza akazi. Abunzi babitangaje kuwa 09/ Werurwe/2016 nyuma yo kuzishyikirizwa n’umuyobozi w’Akarere Nzamwita Deogratias. Bavuga ko ubusanzwe bahuraga n’imbogamizi zo kubura uburyo bavuganamo mu gihe bakeneye gukemura ibibazo by’abaturage bigatuma bakoresha amafaranga yabo abatayafite bikabaviramo kutubahiriza gahunda z’akazi. Mvuyekure Jean de Dieu perezida w’abunzi mu Murenge wa Kamubuga, avuga ko bakundaga kubura uko bavuganaho uko bazahura ngo bakemure ibibazo by’abaturage byababangamiraga. Ati “Twahuraga n’ikibazo kijyanye no kuvuga itariki cyangwa umunsi turi buhurireho n’abaturage mu kubakemurira ibibazo, bigatuma dukoresha amafaranga yacu nayo ataboneka, ariko izi telefone zigiye kudufasha kugira ngo tujye duhamagarana no kugira aho duhurira kandi no gukoresha igihe cyacu neza bivuze ko nta gihe cyo gupfusha ubusa kizongera kubaho” Mukampirwa Marie Frolantine umwunzi mu kagari mu Murenge wa Nemba, agira ati “hari igihe umuntu yabaga afite ikibazo cyo kuba yabuze mituyu kugira ngo ahamagare mugenzi we none ubungubu tugize amahirwe kuko tuzajya duhamagarana ku buntu turusheho gukemura ibibazo”. Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke Nzamwita Deogratias yabasabye abunzi ko bazikoresha neza barushaho kunoza akazi. Ngo abunzi baracyafite ibibazo byiganjemo kubura impapuro, kubura uko bagera aho bagomba kujya gukemurira ibibazo by’abaturage hamwe no kutagira aho bakorera kuko abenshi bakorera hanze Kuva urwego rw’abunzi rwatangira mu mwaka wa 2004 ngo rwakoze akazi gakomeye kuko bafashije kugabanya imanza mu nkiko hamwe n’ikibazo cy’ibirarane by’imanza mu nkiko Akarere ka Gakenke kagizwe n’Utugari 97 n’Imirenge 19, bikaba biteganyijwe ko telefone zigomba guhabwa komite z’abunzi mu tugari no mu mirenge aho komite iba igizwe n’abunzi 7 Umunyamakuru @ lvRaheema
248
724
Pasiporo zatanzwe mbere ya  Kamena 2019 zacyuye igihe. Ubuyobozi Bukuru bw’Urwego rushinzwe Abinjira n’Abasohoka bwatangaje ko pasiporo zatanzwe mbere y’ tariki ya 27 Kamena 2019 zacyuye igihe, zikaba zitazongera kwemerwa  nk’ibyangombwa by’inzira byemewe kuva uyu munsi ku wa 28 Kamena 2022. Itangazo ryatanzwe  n’ubu buyobozi  rivuga ko Abanyarwanda bose bifuza gukora ingendo mu mahanga basabwa kuba bafite pasiporo nshya z’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba zikoranye ikoranabuhanga (e-Passport). Rikomeza rivuga ko Abanyarwanda bava  mu mahanga bagaruka mu Rwanda bakaba basanganywe  pasiporo zicyuye igihe ariko zikaba zitarata agaciro bemerewe kuzikoresha bataha bagarutse mu Gihugu. Ubuyobozi Bukuru bw’Urwego rushinzwe Abinjira n’Abasohoka burashishikariza Abanyarwanda gusaba pasiporo nshya z’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba zikoranye ikoranabuhanga banyuze ku rubuga rw’Irembo.
101
362
10 Kamena 1994: Leta ya Kambanda yakanguriye abaturage kwigurira imbunda. Mu gihe Leta y’Abicanyi mu Rwanda yari ikomeje umugambi wa Jenoside wo kurimbura Abatutsi, ku wa 10 Kamena 1994, intambara yari ikomeye hafi y’Umujyi wa Gitarama hagati y’ingabo za Guverinoma yakoraga Jenoside n’iza FPR-INKOTANYI. Guverinoma ya KAMBANDA yakomeje gushaka uburyo bwo guha abaturage imbunda n’ibindi bikoresho byo kwifashisha mu kwihutisha Jenoside, ifata icyemezo cyo gutegeka abacuruzi kugura imbunda zabo bwite bakoresha mu bwicanyi n’izo bagurira abaturanyi. Byari mu mugambi wa Jenoside utihishiriye kandi Guverinoma niyo yabaga iwuyoboye. ABACURUZI BATEGETSWE KUGURA IMBUNDA ZABO BWITE N’IZO GUHA ABATURAGE Nkuko bigaragara muri Agenda ya NYIRAMASUHUKO, ku itariki 10 Kamena 1994, habaye inama ya Guverinoma isuzuma ingingo nyinshi, ariko itagarukagwaho buri munsi ni ijyanye n’uburyo Jenoside yakorwaga. NYIRAMASUHUKO yanditse ko hasuzumwe uburyo “auto-defense civile” ikwiye kwihutishwa hose mu gihugu. Hemejwe ko kugira ngo haboneke imbunda zihagije, buri mucuruzi asabwa kugura imbunda byibura ebyiri, imwe ikaba iye, indi igahabwa abaturanyi mu gice atuyemo. Hanemejwe ko no mu mashuri izo mbunda zitangwa ku buryo buri kigo kigira imbunda icumi. Iyo nama yagaragaje kandi ko muri Gisenyi hakenewe gushyira imbaraga muri “auto-defense civile” ngo ntabwo igenda uko babyifuza, ariko muri Butare ho bishimira ko igenda neza ndetse iyo Perefegitura yongererwa miliyoni ebyiri (2.000.000 frw) z’amafranga y’u Rwanda yo gukomeza iyo gahunda. Bisobanuye ko Guverinoma ariyo yatangaga amafaranga yo gukora ubwicanyi kandi ikabugenzura. GUVERINOMA YA KAMBANDA YATANZE IMBUNDA MU BATURAGE INISHIMIRA KO IYICWA RY’ABATUTSI RIRIHO RIGENDA UKO GUVERINOMA IBISHAKA Mu byasuzumwe n’Inama ya Guverinoma yo ku wa 10 Kamena 1994, harimo uburyo imbunda zikwiye gukomeza gukwirwakwizwa mu baturage, ni ukuvuga cyane cyane mu Nterahamwe. Nkuko NYIRAMASUHUKO yabyanditse muri Agenda ye, hishimiwe uburyo icyo gikorwa cyagenze neza mu kare k’imirwano ka Rulindo ndetse umuyobozi w’ingabo muri ako gace arabishimirwa. Hanashimwe imikoranire yari hagati ya ba Superefe wa Rushashi muri Kigali Ngari n’uwa Kiyumba muri Gitarama mu gikorwa cya “auto-defense civile” hifuzwa ko inzo ngero zabera n’abandi amasomo. Mu Ruhengeri hashimwe uburyo Liyetona Koloneli Marcel BIVUGABAGABO ayoboye ibikorwa bya “auto-defense civile”, havugwa ko muri Komini Kinigi mu Ruhengeri hatanzwe imbunda ijana na makumyabiri (120). Ariko hagaragazwa impungenge ko ubuyobozi bw’ingabo muri Butare ngo bufite akahagari. Ibi byemezo byo gukaza ingamba zo gutanga intwaro binagaragara muri Agenda ya NGIRABATWARE Augustin wari Minisitiri w’igenamigambi aho yanditse ko “auto-defense civile” muri Gitarama, Gisenyi na Ruhengeri ikorwa mku buryo bushimishije. NGIRABWATWARE anongeraho ko amafranga miliyoni mirongo itanu (50.000.000 frw) agenewe icyo gikorwa hose mu gihugu ahita atangwa ako kanya (deblocage immediate). Twibutse ko iyi ari ingengo y’imari y’inyongera ya “auto-defense civile” yari yemejwe mu nama ya Guverinoma yo ku wa 09 Kamena 1994. NYIRAMASUHUKO kandi yanditse ko Guverinoma yishimiye ko abaturage bose bamaze kumva neza ibyo basabwa muri gahunda ya “auto-defense civile”, ivuga ko bose bamaze kuyigira iyabo kandi barayitabira uko bikwiye. Bivuze ko Guverinoma ya KAMBANDA yishimiraga ko ikorwa rya Jenoside ririho rigera ku ntego yaryo hose mu gihugu yo kumaraho Abatutsi. Hemejwe ko abayobozi b’imidugudu (selire) na ba Burugumesitiri bahabwa ishimwe kubera icyo gikorwa bakoze neza. Ariko Guverinoma yababajwe nuko Burugumesitiri wa Komini Butamwa, Laurent TWAGIRAYEZU, ngo yahunze Komini ye kandi mu biro bye basangamo imbunda mirongo inani (80) yari ataratanga. Birumvikana koi zo mbunda zahise zihabwa Interahamwe ngo zizikoreshe mu bwicanyi. Burugumesitiri TWAGIRAYEZU Laurent yari uwo mu Ishyaka rya MDR. UMWIHARIKO WAHAWE PEREFEGITURA YA KIBUYE Nubwo muri iyo nama Guverinoma ya KAMBANDA yishimiye ko Jenoside iriho igera ku mugambi wayo, hari aho basanze bitaranozwa uko babyifuza. NYIRAMASUHUKO yanditse muri Agenda ye ko ku Kibuye hari ikibazo cy’abahutu benshi bemera amatwara ya FPR-INKOTANYI ngo kubera ko Seth SENDASHONGA ariho akomoka. Hatanzwe urugero rwa Komini Rwamatamu yayoborwaga na Burugumesitiri Abeli FURERE wari mwene nyina wa Seth SENDASHONGA. Agenda ya NGIRABATWARE nayo igaragaza ko icyo kibazo kizweho nubwo we yanditse bike kurusha ibya NYIRAMASUHUKO. NGIRABATWARE yanditse ko muri Kibuye, FPR yakozeyo ubucengezi ibona abayoboke b’abahutu. Nyamara, FURERE Abel yakoze Jenoside nubwo Guverinoma yavugaga ko kuba ari mwene nyina wa Seth SENDASHONGA hari ikibazo biteye. Komini Rwamatamu yaje ku isonga rya Jenoside no guhera muri 1992 ni hamwe mu hatangijwe iyicwa ry’Abatutsi muri Kibuye kimwe no muri Komini Gishyita byari byegeranye. Guverinoma yanahimbye ikinyoma kizwe muri iyo nama yo ku wa 10 Kamena 1994 cyo kuvuga ko Inyenzi zageze mu Bisesero. Niko NYIRAMASUHUKO yabyanditse muri Agenda ye. Nkuko byagaragaye mu minsi yakurikiyeho yo mu kwezi kwa Kamena 1994, icyo kinyoma cyo kubeshya ko mu Bisesero hari Inkotanyi cyari urwitwazo rwo gushaka uburyo bwo kohereza abasilikare kurimbura Abatutsi bari basigaye mu misozi ya Bisesero bahanganye n’Interahamwe. Ikibabaje kurushaho nuko Guverinoma yemeje ko Abatutsi bo mu Bisesero bicwa ariko muri iyo nama yo ku wa 10 Kamena 1994 ifata icyemezo ko antenne ya radio iri ku musozi wa Karongi yo yagombaga kurindwa. Bisobanuye ko antenne yari ifite agaciro karenze ubuzima bw’Abatutsi. MINISITIRI W’INGABO, Augustin BIZIMANA, YASABYE KO ABASENYERI B’ABATUTSI BICWA Mu Rukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda (TPIR/ICTR) hatanzwe ubuhamya bw’umutangabuhamya wiswe XX kubera impamvu z’umutekano we. Uyu mutangabuhamya yahoze ari umwe mu bagize Guvderinoma ya KAMBANDA. Yatangaje ko mu nama ya Guverinoma yo ku wa 10 Kamena 1994, yatangajwe no kumva Minisitiri w’ingabo, Augustin BIZIMANA, asaba kwica abasenyeri b’Abatutsi. Uwo mutangabuhamya yatangaje ko mu ijambo rye, Minisitiri BIZIMANA yisobanuye avuga ko icyo asabye gihuje n’icyifuzo cy’abayobozi b’ingabo bari basabye ko abasenyeri gatorika b’Abatutsi babiri, Mgr GAHAMANYI Jean Baptiste na Mgr KALIBUSHI Wenceslas bicwa, ngo mu rwego rwo guhorera abasenyeri bandi batatu: Mgr Tadeyo NSEGIYUMVA, Mgr Visenti NSENGIYUMVA na Mgr Yozefu RUZINDANA bari barashwe n’abasilikare ba FPR ku wa 05 Kamena 1994 I Kabgayi. Uyu mutangabuhamya XX yavuze ko yatangajwe cyane ko kubona igitekerezo nk’icyo cyo kwica gisuzumirwa mu nama ya Guverinoma, kigahabwa umwanya uhagije, akavuga ko we yakirwanyije. Anasobanura ko inama yarangiye nta mwanzuro bafashe kuri iyo ngingo ngo kuko KAMBANDA yashoje inama yihuse ababwira ko agomba kujya gushyingura nyina wa Protais ZIGIRANYIRAZO, ko iyo ngingo bayisubika, bakazongera kuyisuzuma ubutaha. Mu ba Minisitiri Umutangabuhamya yavuze yibuka bari muri iyo nama harimo: MUGENZI Justin, Prosper MUGIRANEZA, Pauline NYIRAMASUHUKO, Edouard KAREMERA na Augustin NGIRABATWARE, agasobanura ko mu nama za Guverinoma hari igihe bamwe mu ba Minisitiri batazitabiraga kuko babaga bagiye mu bukangurambaga muri za Perefgitura bari bashinzwe. Icyakora twasobanura ko Mgr KALIBUSHI atari Umututsi nkuko uyu mutangabuhamya yabivuze, ahubwo yari Umuhutu ukomoka mu Byimana, akaba atari intagondwa, yari umunyakuri, yarwanye cyane ku Batutsi haba muri Jenoside na mbere yayo, ndetse muri Jenoside interahamwe n’abasilikare ba Leta ya KAMBANDA bashatse kumwicana n’Abatutsi inshuro nyinshi. UMWANZURO Inama za Guverinoma ya KAMBANDA zabaye mu kwezi kwa Kamena 1994 zigaragaza ku buryo busesuye uruhare rw’iyo Guverinoma mu mugambi wo gutsemba Abatutsi. Imbaraga nyinshi zashyizwe mu gukomeza gahunda yo kugura intwaro no kuzitanga mu baturage no gukangurira abaturage gukomeza gushakisha Abatutsi bataricwa no kubica kandi ababikoze batyo kurusha abandi bakagenerwa igihembo cyashyizweho na Leta. Iyo FPR-INKOTANYI idatsinda urugamba ngo ihagarike Jenoside, nta gace na kamwe k’u Rwanda kaba kakirangwamo Umututsi. Abahakana umugambi wa Jenoside bajye bazirikana ibi bimenyetso. Inkomoko: Dr BIZIMANA Jean Damascène/ MINUBUMWE
1,140
3,201
Celestin BAHIZI. Ni umudiaykoni mu itorero rya New Life Bible Church, akaba ariwe ushinzwe ubugenzuzi bw'itorero, niwe ukurikirana ishyirwamubikorwa ry'imishinga y'itorero. Afite umugore bafitanye abana batatu aribo Liza, Adony na Anca. Ubuzima bw'ishuri. Afite impamyabumenyi y'icyiciro cya mbere cya kaminuza mu ishami rya Tewologiya (Theology). Ubuzima busanzwe. Celestin akunda gusoma ibitabo, akunda gukorera Imana kandi akunda kubaho yishimye cyane ko arangwa no guhora aseka.
60
187
Ahorukomeye yegukanye Tour de Gisagara - AMAFOTO. Kuri uyu wa Gatandatu, abahungu 104 ndetse n’abakobwa 5 ni bo bitabiriye isiganwa ngarukamwaka ry’amagare ryateguwe n ’ Akarere ka Gisagara ku bufatanye n’ikipe ya Huye Cycling club for All (CCA) ndetse na FERWACY. Uwitwa Ahorukomeye Jean Pierre ni we waje kugera i Huye ari ku mwanya wa mbere akorsheje amasaha 2,iminota 33 n’amasegonda 15 mu bilometero 63, mu gihe mu bakobwa Uwayezu Therese ari we waje ku mwanya wa mbere akoresheje isaha 1, iminota 15 n’amasegonda 23. Uko bagiye bakurikirana Abagabo 1. Ahorukomeye Jean Pierre 2h33’15" 2. Niyigenda Jean Paul 2h37’03" 3.Ntiganzwa Valens 4.Uwihirwe jean Baptiste Abagore 1. Uwayezu Therese 1h15’23" 2. Muhawenimana Josephine 1h20’15" 3. Mutuyimana Jeannette 4. Ingabire Josee 5. Mutimawurugo M.Claire Nyuma y’iri siganwa, Aimable Bayingana umuyobozi wa Ferwacy, yatangaje ko iri siganwa ryagakwiye mu ntara, byibura buri ntara ikagira isiganwa nk’iri Yagize ati " Iri siganwa umwaka ushize ryatanze umusaruro kuko hari umukinnyi warivuyemo ahita yerekeza mu ikipe y’igihugu, ubu turifuza ko ryabera urugero abandi, ku buryo byibuze buri ntara yazagira isiganwa nk’iri rikoresha amagare asanzwe" Amafoto yaranze iri siganwa Umunyamakuru @ Samishimwe
177
506
Ubukungu bw’u Rwanda buhagaze neza - Francis Gatare abwira abitabiriye Rwanda Day. Iyi nama yagarutse ku mikorere y’urwego rw’abikorera mu Rwanda, n’amahirwe y’ishoramari arurimo. Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere, Francis Gatare, yagaragaje ko ubukungu bw’u Rwanda buzamuka neza, ahanini bishingiye ku ishoramari rishyirwa mu bikorwa remezo. Yavuze ko nubwo Covid-19 yahungabanyije ubukungu bw’u Rwanda, ariko bwongeye kuzahuka ndetse ubu bukaba buhagaze neza. Abitabiriye iyi nama bahawe ikiganiro ku kubaka ishoramari n’ubushobozi, hagati y’Abanyarwanda baba muri Diaspora n’abo mu Rwanda. Iki kiganiro cyatanzwe n’abayobozi batandukanye barimo Charity Kabango washinze Entrepreneurial Solutions Partners, Pascal Murasira uyobora Norrsken Africa, Jeanne Mubiligi wa PSF na Shawn McCormick uyobora Trinity Metals Rwanda. Kuri uyu wa Gatandatu tariki 3 Gashyantare 2024, ni umunsi wa kabiri wa Rwanda Day. Saa sita z’amanywa za Washington DC, nibwo ibirori biba bitangiye, hari ibiganiro bitatu mbere y’uko Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame, aganiriza abitabiriye Rwanda Day. Kimwe muri ibyo biganiro ni ikigaruka ku busugire n’umutekano by’Igihugu no mu karere muri rusange. Ikindi kiganiro ni ikigaruka ku bijyanye n’ubukungu cyangwa ubushabitsi, hari n’ikigaruka ku mahirwe ari muri siporo n’ibindi. Nyuma yo kwakira ijambo ry’Umukuru w’Igihugu, hateganyijwe umwanya wo kubaza ibibazo cyangwa kuganira n’Umukuru w’Igihugu. Nyuma y’inama cyangwa ibiganiro, hateganyijwe umwanya wo gusabana no gutarama. Nyuma yaho, hari ibirori byateguwe bigamije gususurutsa abitabiriye Rwanda Day, bagasusurutswa n’abahanzi batandukanye. Umunyamakuru @ musanatines
220
631
Rwanda Day: Agaseke muri serivisi zihariye Cogebanque ihishiye Abanyarwanda baba mu mahanga. Rwanda Day igiye kuba ku nshuro ya 10 itegerejwe i Bonn ku wa 5 Ukwakira 2019. Ibi bihe byatangiye mu Ukuboza 2010, uyu munsi utaritwa Rwanda Day, aho Perezida Kagame yashishikarije Abanyarwanda basaga 2400 baba mu Bubiligi ‘kwiyizera aho gutegereza ak’i muhana’. Iri jambo n’izindi mpanuro zatangiwe muri Rwanda Day zashibutsemo ibikorwa bifatika bijyanye n’izamuka ry’ibyo Abanyarwanda bo hanze bohereza mu gihugu. Banki Nkuru y’igihugu (BNR) itangaza ko hagati ya 2000-2005, Abanyarwanda bohereje mu gihugu miliyoni $3.6-8.6 mu gihe mu 2006-2010 yavuye kuri miliyoni $25 agera kuri miliyoni $98.2. Iyi mibare yiyongereyeho 158% aho mu 2018, u Rwanda rwakiriye miliyoni $253 avuye hanze. Rwanda Day igiye kubera mu Budage na yo yitezweho gushimangira iri terambere binyuze mu mahirwe y’ishoramari ari mu Rwanda n’izindi gahunda zo kwihutisha icyerekezo cyarwo azamurikirwamo. Cogebanque PLC nka Banki Nyarwanda y’Ubucuruzi iri mu z’imbere muri serivisi z’imari iri mu bigo 16 bizerekana ibyo bikora n’uruhare rwabyo nk’abafatanyabikorwa mu kubaka ubukungu bw’u Rwanda. Umuyobozi ushinzwe Serivisi z’Ikoranabuhanga muri Cogebanque, Yvon Gilbert Nishimwe, yabwiye IGIHE ko Rwanda Day ari ikiraro gihuza banki n’abashaka serivisi z’imari. Yagize ati ‘‘Ni igikorwa kiduhuza n’Abanyarwanda, abakiliya bacu n’abandi baba mu mahanga ngo tubagezeho serivisi zacu n’ibishya dufite bibafasha kugera ku ndoto zabo.’’ Cogebanque yazirikanye byihariye Abanyarwanda baba mu mahanga kuri serivisi ijyanye no kubona icumbi. Yakomeje ati “Twabitekerejeho nk’uburyo bwo gufasha Abanyarwanda baba hanze korohererwa no kugira icumbi mu gihugu cyabibarutse. Twagabanyije inyungu ku nguzanyo ku mwaka igera kuri 15% mu kugaragariza abari mu mahanga ko tubazirikana.’’ Umuyobozi ushinzwe Serivisi z'Ikoranabuhanga muri Cogebanque, Yvon Gilbert Nishimwe, ari mu bazasobanura serivisi za banki ku bazitabira Rwanda Day i Bonn mu Budage Inguzanyo itangwa na Cogebanque yishyurwa hagati y’imyaka 5-15, ishobora no kugera ku myaka 20. Mu bigenderwaho mu kuyitanga ni uko inzu iba ifite ubwishingizi ngo inyungu za banki n’izuyihabwa zibe zitekanye. Ibi bijyana n’ubwishyu fatizo ku waka inguzanyo buba buri hagati ya 10% na 20%. Cogebanque yaherekeje Rwanda Day inshuro nyinshi aho ifasha abayitabira gusobanukirwa imikoreshereze ya serivisi z’imari zirimo n’izishyigikira u Rwanda mu cyerekezo cyo kwizigama. Muri gahunda y’ubwiteganyirize burambye u Rwanda rugamije kuzamura ubukungu n’igipimo cy’ubwiteganyirize mu gihugu rukava mu bihugu bikennye rukagera ku bifite amikoro aringaniye bitarenze 2035 no ku bikize mu 2050. Iyi banki ifite umubare w’abakiliya benshi batuye muri Amerika n’i Burayi aho ibafasha gukurikirana konti zabo bifashishije ikoranabuhanga ritekanye. Mu zindi serivisi itanga harimo izo kwizigamira binyuze muri konti nk’iya ‘‘TEGANYA” ishobora gufungurwa n’umukiliya mushya cyangwa usanzwe, akajya yungukirwa kugera kuri 5% by’amafaranga yabikijeho; Konti ya “IYUBAKIRE” y’ushaka kubaka n’iya “SHOBORA” yo guteganyiriza imishinga, zombi zungukirwa kugera ku 9.5% ku mwaka na Konti ya “NTEGANYIRIZA MINUZE” ifungurirwa mu bijyanye n’uburezi, ikungukirwa kugera kuri 5.5% ku mwaka. Cogebanque yanoroheje uburyo bwo kohererezanya amafaranga aho uyohereje hanze acibwa $20, naho abakoresha ikoranabuhanga rya SWIFT bishyura 15 000 Frw. Iyi banki kandi itanga na serivisi z’ubuntu ku bakoresha internet; izi zirimo izo kwakira amafaranga, kureba amakuru ya konti no kuyabika (download), kureba amafaranga ufite kuri konti, kwishyura imisoro, agaciro k’ifaranga ku isoko ry’ivunjisha, amafaranga yoherezwa hifashishijwe Mobile Money n’izindi. Cogebanque Plc imaze imyaka 20 itanga serivisi za banki mu Rwanda, ifite amashami 27 mu gihugu hose aho ifite ibyuma bya ATM 34, aba-agents barenga 600 bayifasha gutanga serivisi zo gufunguza konti, kubitsa no kubikuza zirimo n’izifashisha ikoranabuhanga binyuze muri Internet Banking, Mobile Banking n’amakarita ya MasterCard (Debit, Credit na Prepaid) afasha abayakoresha kwishyura no kubikuza ahantu harenga miliyoni 36 ku Isi yose. Ufite MasterCards (Debit, Credit na Prepaid) ya Cogebanque ashobora kwishyura no kubikuza ahantu harenga miliyoni 36 ku Isi yose Cogebanque yoroheje serivisi z'imari igenera abakiliya bayo binyuze mu ikoranabuhanga Cogebanque yorohereje Abanyarwanda bose kugerwaho na serivisi yo kubona icumbi Cogebanque ifite konti zitandukanye zifasha Abanyarwanda kwizigamira no kubona inyungu ziri mu byiciro binyuranye buri mwaka Muri Rwanda Day, Abanyarwanda benshi baba mu mahanga baritabira bakakira Perezida Kagame, bakanumva impanuro ze. Aha yasuzuhuzaga abitabiriye Rwanda Day i Amsterdam ku wa 3 Ukwakira 2015 Rwanda Day ni umunsi uhuriza hamwe Abanyarwanda baturuka mu mfuruka zose z'Isi Rwanda Day muri uyu mwaka izabera mu nyubako ya World Conference Center Bonn mu Budage
684
1,943
Perezida Ruto yashyize abatavuga rumwe na we muri guverinoma. Abaminisitiri bane muri aba basanzwe mu ihuriro Azimio la Umoja ry’imitwe ya politiki itavuga rumwe n’ubutegetsi. Ni John Mbadi wagizwe Minisitiri ushinzwe ikigega cy’igihugu, Opiyo Wandayi wagizwe Minisitiri w’Ingufu na Peteroli, Ali Hassan Joho wagizwe Minisitiri w’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro na Wycliffe Oparanya wagizwe Minisitiri w’Amashyirahamwe. Abo mu ihuriro Kenya Kwanza riri ku butegetsi barimo Salim Mvurya wagizwe Minisitiri w’Ishoramari, Ubucuruzi n’Inganda, Rebecca Miano wagizwe Minisitiri w’Ubukerarugendo na Kipchumba Murkomen wagizwe Minisitiri ushinzwe Urubyiruko na Siporo. Alfred Mutua wagizwe Minisitiri w’Umurimo n’Ubwishingizi bw’Abakozi, Justin Muturi wagizwe Minisitiri ushinzwe Serivisi za Leta na Stella Soi Lang’at wagizwe Minisitiri ushinzwe uburinganire, umuco, ubugeni n’umurage. Tariki ya 19 Nyakanga, Perezida Ruto yatangaje urutonde rw’icyiciro cya mbere cy’abaminisitiri bajya muri guverinoma nshya. Harimo abahoze muri guverinoma icyuye igihe nka Aden Duale wasubijwe ku mwanya wa Minisitiri w’Ingabo na Prof. Kithure Kindiki wasubijwe ku mwanya wa Minisitiri w’Umutekano w’Imbere. Tariki ya 11 Nyakanga 2024 Perezida Ruto yasheshe guverinoma, nyuma y’imyigaragambyo ikomeye yamusabaga guhagarika itegeko rigenga ingengo y’imari ryari ririmo ingingo yongera umusoro, no gufata ingamba zoroshya imibereho y’abaturage. Usibye gusesa iyi guverinoma, Perezida Ruto yari aherutse gufata icyemezo cyo kugabanya amafaranga yateganyirijwe inzego za Leta, aca ingengo zitari ngombwa z’abayobozi bajya mu mahanga, akuraho n’ingengo y’imari iteganyirizwa umugore w’Umukuru w’Igihugu, uwa Minisitiri w’Intebe n’uwa Visi Perezida. Guverinoma nshya ya Kenya iyoborwa na Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi. Igiyeho nyuma y’ibiganiro byahuje Perezida Ruto n’abavuga rikumvikana barimo abo mu mitwe ya politiki itavuga rumwe na we. Perezida Ruto yatangaje icyiciro cya kabiri cy'abaminisitiri bajya muri guverinoma nshya
263
797
Ibere rya Bigogwe. Ibere rya Bigogwe ni umusozi muremure uherereye mu ntara y'iburengerazuba mu Karere ka Rubavu. Uyu musozi ni umwe mu misozi ivugwa cyane mu mateka y'URwanda cyane kandi uteye amatsiko yo kuwusura kubera ubwiza bwawo ndetse nuburyo utangaje ninkuru ziwuvugaho,cyane ko bavugako ari umwe mu misozi yaguyeho abasirikare benshi bo kubwa Perezida Habyarimana Juvenal kuko ariho abakomando bakoreraga imyitozo. Inkomoko. Abaturiye uyu musozi bavuga ko izina Ibere rya Bigogwe ryavuye kumukobwa mwiza witwaga Nyirabigogwe wakundaga kuharagirira amatungo hanyuma bakawumwitirira. Amateka. Nkuko mwabibonye haruguru izina ibere rya bigogwe ryaturutse ku mukobwa wari uhatuye bitaga Nyirabigogwe.Ssibyo gusa uyumusozi wakorerwagaho imyitozo ikomeye nabasirikare babakomando bo kubwa Habyarimana Juvenal kandi bavugako iyo babaga bari mu myitozo uwahushaga akagwa yahitaga ahasiga ubuzima. Aho uherereye. Ibere rya Bigogwe riherereye mu karere ka Rubavu mumurenge wa Kanzenze. iyo uhagaze hejuru kuri uwo musozi uba ureba igice kimwe cya Congo Kinshasa nuruhande rumwe rw' ikiyaga cya Kivu. Ubukerarugendo. Ni umusozi ubereye ijisho cyane ko iyo uwuhagazeho uba ureba hirya no hino ndetse uteye muburyo butangaje kuko uforomye nkibere nkuko bawitiriye ibere rya bigwogwe kandi nihamwe mu misozi irimo gusurwa cyane mu gihugu cy'U Rwanda kubera ubwiza bwawo. Agashya. Muri iki gihe ibere rya Bigogwe hadutse cyane ubukerarugendo bushingiye k'umuco aho risigaye risurwa cyane na bamukera rugendo benshi batandukanye ndetse n'ibyamamare bimwe na bimwe byo m'U Rwanda no hanze yarwo hamamajwe cyane numwana w'umusore ukomoka kuruwo musozi ubwo yasozaga amashuri ya Kaminuza akambika inka ingofero kubwo kuyiha agaciro kuko kwiga kwe byasabaga kugurisha zimwe munka batunze. Abasura uwo musozi bigirayo byinshi bitandukanye birebana n'umuco wu Rwanda harimo nko Gukama,gusimbuka urukiramende , kurara inkera nibindi yinshi... Rebera hano. <mapframe latitude="-1.609285" longitude="29.440613" zoom="2" width="200" height="100"> "type": "FeatureCollection", "features": [ "type": "Feature", "properties": {}, "geometry": { "type": "Point", "coordinates": [ 29.395682, -1.651874 ] }, "type": "Feature", "properties": {}, "geometry": { "type": "Polygon", "coordinates": [ [ 29.390102, -1.660113 ], [ 29.390102, -1.647225 ], [ 29.403648, -1.647225 ], [ 29.403648, -1.660113 ], [ 29.390102, -1.660113 ] ] </mapframe>
313
951
Ngoma: Uwafashwe arya imbwa ye ngo yari amaze kurya enye. Nyuma yo gufatwa yiyemerera icyaha akavuga ko ari imbwa ya kane yari ariye ariko agahakana yivuye inyuma avuga ko ataziba kuko ubwe yiyororeye imbwa enye. Gusa abaturanyi buyu mugabo bavuga ko yabarembeje kuko bakomeje kujya babura imbwa zabo ariko ntibamushire amakenga kuko bamukekaga,kugeza ubwo bamwifatiye ayirya. Ubwo twavuganaga na Ntaganda aho twamusanze afungiye kuri police kuva kuwa 10/4/2014 ubwo yafatwaga arya imbwa,yadutangarije ko yatangiye kurya imbwa guhera mu kwezi kwa mbere uyu mwaka ayigaburiwe na bagenzi be haturanye nuko akaryoherwa ubundi akirara muze akajya azirya. Yagize ati "bundi namaze kuyirya kuwitwa Nshimiye bambwiye ko ari imbwa nuko numva iraryoshye ntangira kujya ndya izanjye. Ntamuntu nahagaho izasagukaga nazihaga imbwa zikazirya natinyaga ko uwo nahaho yabimenya kuko zidasa nizindi.” Uyu mugabo akomeza avuga ko asaba imbabazi abanyarwanda ku kubangiririza umuco ndetse akavuga ko aramutse arukize atazongera gukinisha kurya imbwa kuko ngo yabonye ari ibintu bibi byamusebeje ndetse bikanamugiraho ingaruka mbi. Ukurikije ibyo yavugaga bigaragara ko muri aka kagali ka Rujambara hashobora kuba harimo abandi bazirya kuko yavugaga ko agira inama abantu bazirya harimo nabo bamwigishije kuzirya ndetse nababiteganya ko babireka kuko ari bibi. Tuvugana na Dr Rukundo Jean Claude, muganga w’amatungo akaba n’umukozi mu kigo cy’ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda, ushinzwe ishami ryo gukumira ibiza mu matungo (epidemie), yavuze ko kurya imbwa bitemewe n’umuco Nyarwanda ndetse ko bishobora kugira ingaruka nyinshi ku mubili w’umuntu kuko zatera indwara nk’ibisazi by’imbwa n’izindi kuko ziba zidakingingiye cyangwa ngo zibe zipimye. Yakomeje avuga ko hari imico y’ibindi bihugu usanga bazirya ariko ko ziribwa ziba zarakurikiranwe zikavurwa mu buryo buteganya ko zaribwa bityo ko mu Rwanda uburyo imbwa zivurwa budateganya ko zaribwa ari nayo mpamvu byatera ingaruka mbi. Umuvugizi wa Police mu ntara y’Iburasirazuba,S.S. Nsengiyumva Benoit,ku murongo wa telephone yatangaje ko uyu mugabo akurikiranweho icyaha cy’urukoza soni cyo gukora ibintu binyuranije n’umuco kuko mu Rwanda kurya imbwa umuco ubibuza. Yakomeje avuga ko ubutabera buzakora ubushishozi bwabwo bityo cyamuhama akaba yashobora guhanishwa kuva ku gifungo cy’umwaka umwe kugera kuri itatu. Uyu mugabo ntamuntu uramenyekana yaba yarayigaburiye kuko ariko avuga ko iyo yayibagaga inyama yasaguraga yazihaga imbwa zikazirya kuko yibana wenyine. Si ubwambere hafatwa umuntu arya imbwa kuko hari uwigeze gufatirwa mu bugesera yariye imbwa yibye. Ibwa ubusanzwe akaba ari itungo ryororwa hagamije kwishimisha, abandi bakazifashisha mu kurinda ingo. Jean Claude Gakwaya
382
1,057
Twabaguze bahembwa ibihumbi 100 Frw gusa ! Perezida wa Kiyovu avuga kuri 17 baheruka kwirukana yise abagambanyi. Nyuma y’igihe ikipe ya Kiyovu Spots ivugwamo impinduka nyinshi zatumye hanasezererwa bamwe mu bakinnyi ndetse n’abatoza ,Perezida wa Kiyovu Sports, Ndorimana Jean François Régis, yashyize umucyo kuri iki kibazo ndetse anashimangira ko bose bari abagambanyi.Ibi byatangarijwe mu kiganiro cyabaye nyuma yo gusubika Inteko Rusange y’Abanyamuryango ba Kiyovu Sports, yagombaga kuba kuri iki Cyumweru, tariki ya 2 Nyakanga 2023, ariko igasubikwa kubera basanze umubare ugenwa n’itegeko bayitabira (...)Nyuma y’igihe ikipe ya Kiyovu Spots ivugwamo impinduka nyinshi zatumye hanasezererwa bamwe mu bakinnyi ndetse n’abatoza ,Perezida wa Kiyovu Sports, Ndorimana Jean François Régis, yashyize umucyo kuri iki kibazo ndetse anashimangira ko bose bari abagambanyi.Ibi byatangarijwe mu kiganiro cyabaye nyuma yo gusubika Inteko Rusange y’Abanyamuryango ba Kiyovu Sports, yagombaga kuba kuri iki Cyumweru, tariki ya 2 Nyakanga 2023, ariko igasubikwa kubera basanze umubare ugenwa n’itegeko bayitabira utuzuye.Abanyamuryango ba Kiyovu Sports bemeranyije kujya bavugisha ukuri ku bivugwa mu ikipe kugira ngo n’amakosa akunda kubaho agabanuke, hafatwe n’ibihano ku bakoze ibihabanye n’amategeko.Nyuma yo gusasa inzobe Perezida w’umuryango wa Kiyovu Sports, Ndorimana Jean François Régis, yavuze ko nta cyo guhisha gihari, benshi mu bakinnyi basezerewe bagambaniye ikipe.Ati “Bari bakinnyi baje muri Kiyovu Sports badakomeye. Twabaguze bahembwa ibihumbi 100 Frw gusa, bavuye muri Kiyovu bageze kuri miliyoni 1 Frw. Twabatanzeho miliyoni 10 Frw badusinyira imyaka ibiri bakiza, tubongera undi mwaka kuri miliyoni 10 Frw.”“Bagiye bari gusaba miliyoni 40 Frw buri wese ngo bongere amasezerano. Niba baramenyekaniye muri Kiyovu ntacyo bivuze. Uwakugambaniye nta gihombo wagira cyo gutandukana na we. 90% bya bariya bakinnyi bose twatandukanye na bo, bari abagambanyi.”Yongeyeho kugira ngo Urucaca rukomeze guhatana nk’uko rumaze iminsi rubigenza, biri mu bushobozi bw’abanyamuryango no mu cyizere bagirira Perezida wa Kiyovu Sports Campany, Mvukiyehe Juvénal.Ati “Mu mahitamo yanyu muzakora mu nteko rusange izaba ubutaha, niba ari meza muzongera mubone Kiyovu ikomeye. Ndabizi akunda guhangana, ntiyakwemera ko igenda gutyo, azashaka abandi bakinnyi kandi bakomeye.”Iyi kipe yatandukanye na Erisa Ssekisambu, Bigirimana Abedi, Nshimirimana Ismaël Pichu, Ndayishimiye Thierry, Bizimana Amissi, Mugenzi Bienvenu, Serumogo Ally Omar, umutoza Mateso Jean de Dieu, Alain-André Landeut na Dabo Seydou.Urucaca rushobora gusezerera abandi bakinnyi barimo umunyezamu Kimenyi Yves, Nkinzingabo Fiston, Nzeyurwanda Djihad, Iradukunda Bertrand ndetse na Benedata Janvier.
365
1,072
Massamba Intore yahaye umukoro Minisiteri y’Uburezi. Umuhanzi Nyarwanda mu njyna gakondo Massamba Intore, yasabye Minisiteri y’Uburezi gushyira imbaraga mu kwigisha ururimi rw’Ikinyarwanda n’umuco Nyarwanda, kuko ngo usigaye usange urubyiruko rutacyumva cyangwa ngo ruvuge neza Ikinyarwanda. Mu kiganiro yagiranye na The Choice Live, yavuze ko muri iyi minsi ibintu bisigaye bibabaje cyane, aho usanga inama nyinshi ziba mu mu ndimi z’amahanga, atanga urugero ko ushobora nko kujya mu nama yo gutegura “Umuganura” igakorwa mu ndimi z’amahanga kandi mu by’ukuri igikorwa bari gutegura ari icy’umuco. Yagaragaje ko nk’umuhanzi w’indirimbo gakondo, iyo agiye gutarama mu bihugu by’amahanga, aririmba mu Kinyarwanda n’ubwo abo aririmbira baba batacyumva, ariko ngo baryoherwa n’umuziki. Ati “Ndirimba mu Kinyarwanda kandi barabyishimira nubwo hari igihe bakunda indirimbo bakagusobanuza icyo ivuze, ukagerageza kubabwira usanisha n’ibyo bazi nubwo bitaba byoroshye. “Mu muco wacu umukobwa mwiza tuvuga ko afite amaso ameze nka ay’inyana, ariko kubishyira mu rundi rurimi ntibyakumvikana neza ubwo  rero, ugerageza gusanisha n’ibyo bashobora kumva.” Yunzemo ko Abanyamahanga bakunda umuco Nyarwanda, avuga ko ubwe yabaye mu Bubiligi afite itsinda yigisha umuco Nyarwanda ku buryo ngo bari bazi kuririmba mu Kinyawanda ndetse babyina n’imbyino gakondo. Massamba Intore, akaba ari kwitegura igitamo yise “3040”  cyizaba ku wa 31 Kanama 2024 muri BK Arena aho cyizaba cyigamije kwishimira imyaka 30 u Rwanda rumaze rwibohoye, n’imyaka 40 amaze mu muziki.
215
612
Abahamya ba Yehova bagiye kwimura ibiro by’ishami by’Amerika yo Hagati. Inteko Nyobozi yemeje umushinga wo kwimura ibiro by’ishami by’Amerika yo Hagati, byari biherereye hafi y’umujyi wa Mexico muri Megizike. Hashyizweho abavandimwe batanu bagize Komite Ishinzwe Ubwubatsi ngo bazite ku mushinga wo kwimura ibi biro by’ishami. Ubu iyo komite iri gushaka ahantu hakwiriye hazimurirwa ibiro by’ishami. Kuva ibiro by’ishami bisanzwe byakubakwa mu mwaka wa 1974, bimaze kuvugururwa no kwagurwa inshuro nyinshi. Mu mwaka wa 2011, imirimo y’umuryango wacu ikorerwa muri Belize, Kosita Rika, Saluvadoru, Gwatemala, Hondurasi, Nikaragwa no muri Panama igenzurwa n’ibiro by’shami byo muri Amerika yo Hagati.aKugira ngo ibiro by’ishami bibashe gutanga ibikenewe byose, byasabye ko byakwagurwa kandi bigahuzwa n’igihe. Ibyo byatumye hafatwa umwanzuro wo kubaka inyubako nshya zizafasha abagize umuryango wa Beteli bakomeza kwiyongera kandi zigatuma ibiro by’ishami bya Amerika yo Hagati bishobora kwita ku kwiyongera kuri mu ifasi yabyo. Umushinga wo kwimura ibiro by’ishami uzaba ugabanyije mu byiciro bitandukanye. Icyiciro cya mbere gikubiyemo kugura ikibanza, no kubaka amazu y’amacumbi n’ay’ibiro by’abakozi ba Beteli bagera kuri 300. Ibyiciro bizakurikiraho bizaba bikubiyemo kubaka andi macumbi n’ibindi biro by’abagize umuryango wa Beteli. Umuvandimwe Joseph Yi, uri muri Komite Ishinzwe Ubwubatsi kuri uyu mushinga, yaravuze ati: “Vuba aha twatangiye gukorana na Komite y’Ibiro by’Ishami by’Amerika yo Hagati kugira ngo tumenye agace twazubakamo inyubako nshya z’ibiro by’ishami muri Megizike. Kimwe mu bintu by’ingenzi tuzashingiraho ni uko abayobozi n’abaturage bazishimira umushinga wacu. Dutegerezanyije amatsiko uko Yehova azatuyobora mu byo tuzakora byose. Twishimiye aya makuru yo kubaka inyubako nshya kandi dusenga dusaba ko Yehova yazabaha imigisha.—Imigani 16:3.
251
732
APR FC yitabiriye imikino ya CECAFA Kagame Cup muri Tanzania. Mu gitondo cyo ku wa 8 Nyakanga 2024, Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yahagurutse ku kibuga cy’indege i Kanombe, yerekeza mu marushanwa ya CECAFA. APR FC itegerejwe mu Mujyi wa Dar es Salaam mu gihugu cya Tanzania, aho yitabiriye imikino ya CECAFA Kagame Cup ihagarariye u Rwanda muri ayo marushanwa. Yahagurukanye abakinnyi bayo 3 banshya yasinyishije ari bo Mamadou Sy, Richmond Lamptey na Seidu Dauda Yassif, nyuma y’uko ku munsi w’ejo ku cyumweru ku wa 7 Nyakanga 2024, yari yaratangaje ku mbuga nkoranyambaga. APR FC iri mu itsinda C aho iri kumwe na SC Villa yo muri Uganda, Singida Black Stars yo muri Tanzania na Al Mereik Bentui yo muri Sudani y’Epfo. Imikino ya CECAFA Kagame Cup yaherukaga gukinwa mu 2021 nabwo ibereye mu gihugu cya Tanzania. Icyo gihe igikombe cyari cyegukanwe na Express yo muri Uganda itsinze Nyasa Big Bullets yo muri Malawi igitego 1-0. CECAFA Kagame Cup igiye gukinwa nyuma y’uko mu mwaka ushize wa 2023 byari byitezwe ko rizakinwa gusa birangira isubitswe, bitewe n’andi marushanwa menshi ya CAF na FIFA yari ahari.
183
412
Impamvu nyamukuru zatumye Abadepite basubiza inyuma itegeko ryemerera abangavu kuboneza urubyaro. Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda banze gutora umushinga w’itegeko ryemerera abangavu guhabwa serivisi zo kuboneza urubyaro, bavuga ko iri tegeko ryaba risa nk’irije gusimbura inshingano zananiye ababyeyi bakagombye gutuma abana babo badakomeza guterwa inda. Uyu mushinga w’itegeko watangijwe n’Abadepite batanu, wamurikiwe Inteko Rusange y’umutwe w’Abadepite kuri uyu wa Mbere tariki 17 Ukwakira 2022. Depite Gamariel Mbonimana wasobanuye ishingiro ry’uyu mushinga, yavuze ko batangije uyu mushinga nyuma yo kubona ko abangavu bari hagati y’imyaka 15 na 18 bakomeje guterwa inda zitateguwe kuko bagize 92%. Ati “Bityo birakwiye ko abana bari muri iki cyiciro bahabwa ubwisanzure mu kubona serivisi zo kuboneza urubyaro bityo inzitizi yuko bafatirwa icyemezo n’ababyeyi cyangwa ababarera, igakurwaho.” Mu gihe cyo gutorera uyu mushinga w’itegeko ryerekeye ubuzima bw’imyororokere, muri iyi Nteko Rusange yari yitabiriwe n’Intumwa za Rubanda 55, Abadepipe 30 batoye ‘Oya’, 18 batora ‘Yego’ mu gihe abandi  barindwi (7) bifashe. Uyu mushinga ntiwatowe kuko abawanze ari 54,5%, abawemeye bakaba 32,7% mu gihe abifase ari 12,8%. Benshi mu Ntumwa za Rubanda batanze ibitekerezo kuri uyu mushinga, bavuze ko utanoze, bityo ko ukwiye ubugororangingo ndetse ukabanza ukaganirwaho bihagije. Bamwe kandi bavuze ko uyu mushinga utaba uje gukemura ikibazo nyirizina gituma abangavu bakomeza guterwa inda zitateguwe ahubwo ko waba uje gukemura ingaruka zacyo. Depite Bugingo Emmanuel yagize ati “Harashyirwaho itegeko rikemura ikibazo mu ruhande rumwe aho umuryango wananiwe gufata abana, twananiwe gufata abana baraducika. Ese ingamba zihari kugira ngo inzego zitandukanye zifite mu nshingano abana, ari za Minisiteri zibifite mu nshingano, ari umuryango ubwawo, habe n’ubukangurambaga bwo gukumira.” Depite Mukabunani Christine we yavuze ko umushinga w’iri tegeko utahita uza ngo utorwe hatabanje kubaho ibiganiro byimbitse by’isobanurampamvu kuko hakiri n’ibibazo mu kuboneza urubyaro no ku bantu bakuru. Ati “Haracyarimo ikibazo kubera ko abantu makumyabiri bashobora kujya kwa muganga bagahabwa ubwoko bumwe bw’imiti [yo kuboneza urubyaro] nta muntu ubakorera ikurikirana ngo akore ibizamini bihagije.” Hon Eugene Barikana yavuze ko u Rwanda ari Igihugu gifite imiterere yacyo ndetse giha agaciro umuco wacyo bityo ko guhita hashyirwaho iri tegeko bitagakwiye guhita biza imbere. Ati “U Rwanda ni Igihugu gifite uko giteye, cyemera Imana, gifite ibikiranga ndetse amategeko yacu menshi yaje anashingira kuri ibyo maze kuvuga. Iyo tugeze mu gufata icyemezo, hano baravuga umwana w’imyaka 15, murumva ko yitwa umwana, mu yandi mategeko dufite imyaka y’ubukure aho imyaka umuntu ashobora gufata icyemezo, yaba icyemezo cyo gukora, icyemezo cyo gushaka, kubera urwego baba bagezeho rw’imitekerereze. Harya gufata icyemezo ku bwisanzure ku buzima bw’imyororokere, ni cyo cyoroshye cyangwa ni cyo gikome? Njye numva ko ari cyo gikomeye.” Byaba bisa nko kuboshya ngo ‘nimwikorere ibyo mushaka’ Mu kwezi k’Ugushyingo 2019 ubwo Perezida Paul Kagame yagiranaga ikiganiro n’Abanyamakuru, yagarutse kuri iyi ngingo y’abifuza ko abana b’imyaka 15 na bo bemererwa guhabwa serivisi zo kuboneza urubyaro. Icyo gihe yagarutse ku mategeko ariko ko hari n’imyemerere n’imigirere biranga Abanyarwanda, ati “Ariko byose ni ibintu abantu bagenderaho bakabamo, bibagenga mu buzima bwabo. Ntabwo nibwira ko abana bo kuri uru rugero kugira ngo ntibabe baterwa inda ni ikibazo kidakwiriye kuba ario bikarenga bikaba kuko ku Isi ni abantu ntabwo ibintu byose bigenda uko ubyifuza.” Perezida Kagame yavuze ko icyashyirwa imbere ari ugukomeza abantu bumva ko umwana adakwiye kuba aterwa inda kandi n’abazibateye bakabihanirwa n’amategeko ariko hakabaho uburyo buhamye bwo kubirwanya buhera no mu miryango. Ati “Mu buryo buboneye bwo kurwanya ikibazo, twabanza tukemera ngo ‘iki ni ikibazo’ ibyo tukabyumvikana, noneho ikibazo giteye gite? twagifatira muti umeze gute? Dukore amahame avuga ko tubyanze bidakwiriye nubwo tuzi ngo bizaba. Kuvuga ngo ugiye kubigira ihame ngo ugiye guha abana b’imyaka 15 imiti yo kuboneza urubyaro mu mitekerereze ni nk’aho ubabwiye uti […] ni nko kuboshya ni nk’aho ubabwiye uti ‘komeza wikorere ibyo ukora uzarindwa n’imiti iboneza urubyaro’ bifite ubwo butumwa butanga, kandi sintekereza ko ari ubutumwa bwiza.” Umukuru w’u Rwanda yavuze ko abantu bakomeza kubiganiraho, bakareba igikwiye gukorwa hagendewe no ku miterere y’ibihe.
633
1,823
Nyarugenge: Abakozi bo muri Restora umwe yitabye Imana, undi ararembye harakekwa imbabura. Umusore uri mu kigero cy’imyaka 19 witwa Emmanuel (utaramenyakana imyirondoro yose), wakoreraga mu Murenge wa Rwezamenyo, mu Karere ka Nyarugenge, yitabye Imana kuri uyu wa 26 Gashyantare, aho bikekwa ko yaba yabuze umwuka bitewe n’imbabura.Usibye Emmanuel witabye Imana, mu nzu yasanzwemo uyu murambo we harimo n’umukobwa witwa Umutoni Chantal uri mu kigero cy’imyaka 26 wari ugihumeka ariko amerewe nabi, akaba yahise ajyanwa kwa muganga.Aba bombi ngo bari abakozi muri resitora nto, aho (...)Umusore uri mu kigero cy’imyaka 19 witwa Emmanuel (utaramenyakana imyirondoro yose), wakoreraga mu Murenge wa Rwezamenyo, mu Karere ka Nyarugenge, yitabye Imana kuri uyu wa 26 Gashyantare, aho bikekwa ko yaba yabuze umwuka bitewe n’imbabura.Usibye Emmanuel witabye Imana, mu nzu yasanzwemo uyu murambo we harimo n’umukobwa witwa Umutoni Chantal uri mu kigero cy’imyaka 26 wari ugihumeka ariko amerewe nabi, akaba yahise ajyanwa kwa muganga.Aba bombi ngo bari abakozi muri resitora nto, aho bakunda gutekera umureti mu kagari ka Rwezamenyo II, bakaba ubusanzwe bakorera hanze.Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, SP Emmanuel Hitayezu yatangaje ko bikekwa ko uru rupfu rwatewe n’imbabura banuriye mu nzu batayijimije neza ikaza kwihembera maze ikabacura umwuka.Yagize ati“Ejo barakoze, mu kujya kuryama, birakekwa ko banuye imbabura, bayinjiza mu nzu y’icyumba kimwe baryamamo ntibayizimya neza, iza kwihembera ibaheza umwuka. Nta bindi bikomere twabasanganye. Emmanuel wari mu kigero cy’imyaka 19 yari aryamye imbere yayo, na ho Umutoni yari inyuma y’ikimeza bakoreraho.”SP Hitayezu yakomeje avuga ko amakuru y’iri sanganya yamenyekanye ubwo umukoresha w’aba bombi yazaga kureba ko batangiye akazi ahagana saa moya za mu gitondo kuri uyu wa 26 Gashyantare.Nyuma yo kubona umurambo w’umuhungu n’umukobwa urembye yatabaje polisi ijyana umurambo ku bitaro bya Kacyiru na ho umukobwa akajyanwa mu bya CHUK kugira ngo yitabweho.Ntiharamenyekana nyirizina icyateye uru rupfu kuko iperereza rikomeje nk’uko umuvugizi wa Polisi yabitangaje.Src: Igihe
301
841
kwemeza raporo. Iyi raporo turayemeza ku bwumvikane busesuye? Inteko Rusange ya Sena Yego. Perezida wa Sena, Dr. IYAMUREMYE Augustin Murakoze, raporo tuyemeje ku bwumvikane busesuye. Ba Nyakubahwa Basenateri nyuma yo gufata icyemezo kuri raporo turakurikizaho kwemeza umwanzuro wa Komisiyo kuri raporo batugejejeho. Nasabaga ko bawerekana kugira ngo tuwibuke. Nibutsaga kandi ko uyu mwanzuro ushobora gukorerwa ubugororangingo ukuzuzwa bitewe n’ibyavuzwe. Ijambo ni iryanyu ba Nyakubahwa Basenateri ushaka yarisaba tukamuha umwanya. Hari Umusenateri umwe wasabye ijambo kugeza ubu. Honorable NKURUNZIZA, ijambo ni iryawe. Honorable NKURUNZIZA Innocent Murakoze Nyakubahwa Perezida wa Sena. Uriya mwanzuro ndawushyigikiye ariko nagira ngo ntange igitekerezo cy’uko mu bantu bakomeza kugezwaho biriya biganiro hashyirwamo n’ikindi cyiciro mbona cy’abanyamahanga baba mu Rwanda. Ibyo ndanabihera ku byo nabonye mu gihe twatangaga ibiganiro mu mashuri. Hari amashuri buriya arimo abana benshi ariya ya “Carnegie Mellon University”, ariya ya AIMS, ariya ya “Africa Leadership University”, aho wasangaga nta Kinyarwanda bazi baba mu Rwanda, ibibazo biba mu Rwanda cyangwa amateka y’u Rwanda batabizi kandi babana n’Abanyarwanda, ndetse bazava mu Rwanda bagasubira iwabo, ndetse n’igihe bari mu Rwanda bavugana n’ibihugu bakomokamo cyangwa imiryango yabo n’ahandi ku Rwanda. Nkumva rero by’umwihariko ibiganiro byanakomeza ariko nk’icyo cyiciro cy’abantu batari Abanyarwanda cyane cyane nk’abanyeshuri biga mu Rwanda kandi ndakeka ko umubare wabo uzakomeza kwiyongera, bahabwa umwihariko wo kugezwaho ibiganiro ndetse byihariye kuko aho bahera rwose usanga ari hafi y’ubusa. Ndabashimiye Nyakubahwa Perezida. Perezida wa Sena, Dr. IYAMUREMYE Augustin Murakoze Nyakubahwa Senateri umwanzuro uri kuri “screen”. Ni kumenyesha ku byiciro bitandukanye ndumva bifunguye. Hari abandi Basenateri basaba ijambo? Impaka zirakomeza kugeza igihe twumva aho tuganisha. Ijambo ni irya Honorable KANYARUKIGA Ephrem. Honorable KANYARUKIGA Ephrem Murakoze Nyakubahwa Perezida wa Sena. Ba Nyakubahwa ba Visi Perezida na ba Nyakubahwa Basenateri, ni ukunganira Biro ya Komisiyo na Nyakubahwa Perezida wa Sena. Icyo nashatse kuvuga Nyakubahwa Perezida wa Sena yari agitangiriyeho bijyana n’uriya mwanzuro, nsubiza icyo Nyakubahwa Senateri NKURUNZIZA Innocent avuze aho yavuze “Carnegie Mellon University”, AIMS, ALU ndetse na za Kaminuza zirimo abanyamahanga cyane, bakoresha Icyongereza batazi umuco, batazi amateka y’u Rwanda, bagaragaje ubushake cyane bwo kumenya amateka y’u Rwanda. Uretse n’ibijyanye na jenoside n’ingengabitekerezo uriya mwanzuro rero, nk’uko Nyakubahwa Perezida wa Sena yari abikomojeho ukubiyemo ibintu byinshi. Gukomeza kumenyekanisha ku byiciro bitandukanye bizakorwa mu buryo butandukanye kandi “in different stages”. Komisiyo tuwandika kuriya twarebaga uko washyirwa mu bikorwa ni kubanza gusesengura cyangwa gusuzuma ibyo twavuze mbese babyumvise bate? Hari n’ababajije bati: “Ariko ko mutubwira ingengabitekerezo ya Jenoside, nyuma ya Jenoside? Ese Jenoside yo ishoboka ite ku bantu ubona bavuga rumwe bafite umuco umwe? Uwicaga yamenyaga ate uwo yica? Ugasanga ko na Jenoside bari batarayumva neza. Tuza kumenya ko hari ubushakashatsi bwakozwe yego bugezwa no mu bigo ariko bitari byose nk’uko n’ubu hari ibyasigaye bitatu, bine, tuzatangirira kuri abo bitagejejweho hanyuma turebe ibyiciro byihariye nk’ibyo. Turacyategura muri Komisiyo ibikorwa bya Komisiyo guhera n’uyu mwaka mu gihe kiri imbere ndetse n’utaha, ariko ni ryari tuzakomeza? Ntabwo ari uyu mwaka gusa cyangwa uku kwezi gusa ariko mu bikorwa bya Komisiyo birateganyijwe. Ariko turashimira ba Nyakubahwa Basenateri batanze ibitekerezo. Biraduha no kuzanononsora ishyirwa mu bikorwa ry’uriya mwanzuro ba Nyakubahwa nimumara kuwunoza. Murakoze cyane Nyakubahwa Perezida. Perezida wa Sena, Dr. IYAMUREMYE Augustin Murakoze Nyakubahwa. Ijambo ni irya Honorable KARANGWA Honorable KARANGWA Chrysologue Murakoze Nyakubahwa Perezida wa Sena. Nimureke dukomeze tujye muri “logique” twatangiranye. Aha ngaha nshyigikiye igitekerezo cya Honorable Innocent. Uriya mwanzuro biranahuye cyane “more than ninety percent” n’uwa mbere. Kandi ihakana n’ifobya bya Jenoside no mu bushakashatsi bwakozwe ntabwo byabaye “restricted” ku Banyarwanda bose no ku banyamahanga kuko no mu itegurwa rya Jenoside abanyamahanga na bo, rwose njye mbona ntacyo bitwaye twemeye proposal ya Honorable
590
1,663
Sudani: Meriam Ibrahim ntagihanishijwe kunyongwa. Igihano cy’urupfu Meriam Ibrahim yari yagikatiwe n’ubutabera bwo muri Sudan mu kwezi kwa gatanu, kubera kurongorwa n’umugabo w’umukristu kandi we akomoka mu bayisilamu. Uyu mudamu ariko yari yaranze gutatira idini rye rya gikristu kuko yari yarasobanuriye inshuro nyinshi urukiko ko atigeze aba umuyisilamu na rimwe mu buzima bwe. Amahanga nayo yakomeje kotsa igitutu Leta ya Sudani ayisaba kudashyira mu bikorwa kiriya gihano kuko ntaho cyari gihuriye n’ibihe isi igezemo. Gukuraho icyo gihano bije nyuma y’uko abashinzwe kuburanira uriya mubyeyi w’abana babiri batanze ubujurire. Umwe mu bana be yavukiye muri gereza aho nyina yari afungiye, ari kumwe ndetse n’undi mwana w’imyaka ibiri. Ubutabera bwari bwamuhaye imyaka ibiri yo kubanza kurera uwo mwana wavukiye muri gereza, ubundi bakabona kumwica bamunyonze kubera icyaha yashinjwaga cyo gutatira idini nk’uko itegeko rya sharia ribivuga. Gasana Marcellin Umunyamakuru @ Gasana_M
139
387
Rutsiro: Minisitiri Kamanzi arasaba abaturage kongera ingufu mu kurwanya isuri. Muri iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatandatu itariki 27/10/2012, ahatewe urubingo n’imigano ku nkengero z’umugezi wa Sebeya, Minisitiri Kamanzi yavuze ko igihe cyose bataracukura imirwanyasuri mu mirima yabo, amazi akomeza kwangiza ubutaka. Yavuze ko ayo mazi amanuka agatwara izo mbingo n’imigano bateye, bityo umugezi ukangirika ndetse n’imirima yabo ntibashe gutanga umusaruro, cyane cyane ko muri ako gace heraga ibirayi byinshi kera. Ati: “Hariya hantu dushobora kuhatunganya hakongera hakamera neza, tugacukura imirwanyasuri kugira ngo tugabanye bwa butaka bugenda, hanyuma tugashaka ukuntu dushyiramo ifumbire”. Bamwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze mu murenge wa Nyabirasi, bavuga ko ako kace cyane cyane mu kagari ka Ngoma hatakundaga guhingwa kuko hari hari hamaze igihe hifashishwaga nk’urwuri rw’amatungo, ikaba ari yo mpamvu nta mirwanyasuri ifatika ihagaragara. Emmanuel Sebihinga ushinzwe ubukungu, iterambere n’imibereho myiza y’abaturage mu kagari ka Ngoma mu murenge wa Nyabirasi, avuga ko kuva aho abaturage bongeye kubyutsa igitekerezo cyo kuhahinga, bahise batangira no kuhaca imirwanyasuri ku buryo bamaze gutunganya imirwanyasuri mu midugudu irindwi. Yongeyeho ko hasigaye imidugudu itanu na yo bateganya ko mu mpera z’ukwezi kwa cumi na kabiri bazaba bararangije kuyitunganya. Kurwanya isuri ni gahunda iriho ku rwego rw’igihugu, aho biteganyijwe ko mu mezi atatu ari yo ukwa cumi, ukwa cumi na kumwe n’ukwa cumi na kabiri ubutaka bwose bwo mu gihugu buzaba bwararwanyijweho isuri. Nyuma y’ayo mezi atatu hazabaho isuzuma ku rwego rw’igihugu, abakoze neza bashimwe, n’abakoze nabi bagawe. Icyo gihe hazabaho guhemba intara, akarere, umurenge, akagari, umudugudu n’urugo bizaba ibya mbere. Minisitiri Kamanzi yasabye abo baturage bo mu murenge wa Nyabirasi kongeramo ingufu bakazegukana ibyo bihembo. Abo baturage na bo biyemeje gukora ibishoboka byose bakarwanya isuri babinyujije mu muganda rusange ukorwa inshuro imwe mu cyumweru ndetse no mu muganda ukorwa ku wagatandatu wa nyuma wa buri kwezi. Malachie Hakizimana
299
822
Muhanga: Abakozi b’aka karere barasabwa kugaragaza ibyo bakora bakoresheje imbuga nkoranyambaga. Ibi uyu muyobozi yabisabye aba bakozi b’akarere nyuma y’uko umukuru w’igihugu Paul Kagame yasabye abayobozi bakuru b’igihugu ndetse n’abandi Banyarwanda ko bajya bihatira gukoresha imbuga nkoranyambaga mu rwego rwo kugaragaza isura nyayo y’igihugu cyabo cyane ko hari abandi batari bacye biyemeje kugaragaza isura itariyo ku Rwanda. Umuyobozi w’akarere ka Muhanga yaboneyeho gusaba abo ayoboye nawe ko bajya nabo bakoresha izi mbuga by’umwihariko urubuga rwa Twitter rukoreshwa n’abantu benshi ku isi mu gusakaza amakuru atandukanye ku isi hose. Uru rubuga narwo rukaba ari rumwe mu rukoreshwa ahanini n’abakunze kugaragaza isura mbi y’u Rwanda. Aha abayobozi batandukanye b’igihugu bakaba bakomeje gushishikariza Abanyarwanda b’ingeri zitandukanye ko bajya bakoresha uru rubuga nabo bagaragaza isura nyayo y’igihugu cyabo. Ubuyobozi bukuru bw’igihugu kandi bukomeje kunenga bamwe mu bayobozi mu gihugu kuba badakoresha neza imbuga (website) z’ibigo bakorera, uturere n’ibindi mu kugaragaza amakuru abera aho bakorera. Aha bagaragaza ko n’abagerageje gushyiraho amakuru bashyiraho amakuru y’abayobozi gusa cyangwa akaba ariyo yiganjeho, ay’abagenerwabikorwa akaba make cyane. Aha umukuru w’igihugu yasabye abayobozi ko bajya bakoresha imbuga zabo bashyiraho ibikorwa bagashyiraho by’umwihariko amafoto y’abagenerwabikorwa cyangwa abaturage. Mutakwasuku akaba nawe yasabye abashinzwe urubuga rwabo ko bajya barukoresha bagaragaza amakuru aranga akarere bayoboye aho kugirango hashyirweho amazina y’abitabiriye igikorwa runaka n’ibindi. Urubuga rw’akarere ka Muhanga ni rumwe mu mbuga mu ntara y’Amajyepfo zikora neza kuko buri cyumweru intara y’Amajyepfo ikora isuzuma z’uko imbuga zishyirwa ku gihe (Update). Imbuga myinshi z’ibigo ndetse n’uturere zikunze kunengwa ko zidashyira ku gihe amakuru aba ariho kuburyo bigora abashaka amakuru kuri izo mbuga. Gerard GITOLI Mbabazi
259
780
Amavubi na Nigeria mu itsinda rimwe ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026. Ni itsinda rya gatatu ryaranzwe no kuba Amavubi yisanze mu itsinda rimwe n’igihugu cya Nigeria na cyo kitigeze cyitabira igikombe cy’Isi 2022, ariko gisanzwe ari igihugu gikomeye muri Afurika. U Rwanda kandi ruri mu itsinda rimwe n’igihugu cya Benin, ikipe n’ubundi bari mu itsinda rimwe mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023 izasozwa muri Nzeri 2023 aho mu mikino ibiri yahuje ibihugu byombi banganyije 1-1 ariko uwabereye i Kigali ,Amavubi agaterwa mpaga kubera gukina Muhire Kevin atemerewe gukina. Amakipe yose agize itsinda rya gatatu Amavubi aherereyemo: Nigeria,Afurika y’Epfo,Benin,Zimbabwe,Rwanda,Lesotho Uko tombola yagenze muri rusange: Itsinda rya mbere: Egypt, Burkina Faso, Guinea Bissau, Sierra Leone, Ethiopia, Djibouti Itsinda rya kabiri: Senegal, DR Congo, Mauritania, Togo, Sudan, South Sudan Itsinda rya gatatu: Nigeria, South Africa, Benin, Zimbabwe, Rwanda, Lesotho Itsinda rya kane: Cameroon, Cape Verde, Angola, Libya, Eswatini, Mauritius Itsinda rya gatanu: Morocco, Zambia, Congo, Tanzania, Niger, Eritrea Itsinda rya gatandatu: Ivory Coast, Gabon, Kenya, Gambia, Burundi, Seychelles Itsinda rya karindwi: Algeria, Guinea, Uganda, Mozambique, Botswana, Somalia Itsinda rya munani: Tunisia, Equatorial Guinea, Namibia, Malawi, Liberia, Sao-Tome Itsinda rya cyenda: Mali Ghana, Madagascar, Central African Republic, Comoros, Chad Uburyo imikino izakinwa:
194
522
Umugore yanze kumutekera inkoko ariyahura. Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko wo muri Kenya yitwikiye mu nzu nyuma y’uko umugore we yanze kumutekera inkoko. Byabereye ahitwa Uriri, Migori.Umuyobozi wa Polisi muri kariya gace witwa Assistant Chief John Atonya avuga ko uwiyahuye yitwa John Rugala bikaba bivugwa ko yabitewe n’umujinya w’uko umugore ‘yishakiye’ yanze kumutekera inkoko.Polisi ivuga ko amakuru y’ibanze yakusanyije, avuga ko umugore w’uriya mugabo yanze kumutekera inkoko kubera ko iriya nkoko yari iy’umwana babyaranye.Bari barayimuhaye ngo ayiteho, izororoke izamugirire akamaro.Umugore yabwiye umugabo we ati: “ Iyi nkoko sinayibaga ngo nyigutekere, keretse uyisabye umukobwa wacu akayiguha!”Rugala yananiwe kubyihanganira, yumva ko gusaba umwana inkoko kandi ari we wamubyaye byaba ari agasuguro.The Citizen Digital ivuga ko uwo mugabo yabanje kwirukana umugore, arahukana nyuma ajya mu nzu arayishumika ahira mo.Umurambo we wajyanywe ku bitaro bya Migori Level Four Hispital ngo usuzumwe.
136
381
Miss Rwanda 2018: Uyu mukobwa urimo guhiga abandi mu majwi ni muntu ki?. Muri iyi minsi kimwe mu bikorwa bijyanye n’imyidagaduro kiri kuvugwa cyane mu Rwanda ni irushanwa rya Miss Rwanda 2018. Abakobwa bose uko ari 20 bazavamo uzegukana ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu mwaka wa 2018 bari mu mwiherero .Uwase Ndahiro Liliane umwe mu bakobwa 20 bahatanira ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2018 akaba ariwe wahize abandi mu gutorwa cyane kuri telefone ku rwego rw’igihugu ubwo bari bakiri hamwe 35 batowe mu ntara zose. Yasoje icyiciro cy’amajonjora y’ibanze ari uwa mbere (...)Muri iyi minsi kimwe mu bikorwa bijyanye n’imyidagaduro kiri kuvugwa cyane mu Rwanda ni irushanwa rya Miss Rwanda 2018. Abakobwa bose uko ari 20 bazavamo uzegukana ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu mwaka wa 2018 bari mu mwiherero .Uwase Ndahiro Liliane umwe mu bakobwa 20 bahatanira ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2018 akaba ariwe wahize abandi mu gutorwa cyane kuri telefone ku rwego rw’igihugu ubwo bari bakiri hamwe 35 batowe mu ntara zose. Yasoje icyiciro cy’amajonjora y’ibanze ari uwa mbere n’amajwi arenga ibihumbi 48 akurikiwe na Mushambokazi Jordan wari ufite amajwi arenga ibihumbi 26500.Uwase Ndahiro Liliane ni muntu ki?Uwase Ndahiro Liliane ni umukobwa w’imyaka 21 y’amavuko wavukiye mu mujyi wa Kigali akahakurira gusa akaza kujya kwiyamamariza mu ntara y’amajyepfo kuko ariho ku ivuko ry’ababyeyi be. Ni imfura mu muryango w’abana babiri b’abakobwa. Afite uburebure bwa metero 1.74, n’ ibiro 69.Aho yizeAmashuri abanza yayize ku kigo cya Horizon Primary School icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye(Tronc Commun) yacyize ku ishuri rya Lycée de Kigali (LDK) asoreza amashuri yisumbuye ku kigo cy’amashuri cya Glory Secondary School.Magingo aya arimo kwiga muri Kaminuza ya Kigali mu ishami ry’ubutegetsi.Mu migabo n’imigambi yatanze yavuzeko aramutse agize amahirwe yo kuba Nyampinga w’u Rwanda yashyira imbaraga n’ubushobozi bwe bwose mu guhangana n’ikibazo cy’ibiyobyabwenge cyugarije urubyiruko rw’ u Rwanda.Ni umukobwa ukunda igihugu dore ko yanabyerekanye ubwo yatambukaga imbere y’abagize akanama nkemurampaka yambaye ikanzu idoze mu mabara agize ibendera ry’igihugu.Nimero bamutoreraho ni 13Ese gutorwa cyane bimaze iki ku mukobwa?Iki ni kimwe mubigaragaza icyizere afitiwe na rubanda ndetse uzasoza irushanwa afite amajwi menshi kurusha abandi, aba afite amahirwe yo guhita yinjira muri batanu ba mbere batorwamo Miss Rwanda ndetse akagenerwa ibihembo bitandukanye nk’uwagaragaje gushyigikirwa bikomeye n’abafana.Kugeza ubu Miss Uwase Ndahiro Liliane nta mukunzi uzwi aratangaza cyangwa uravuga ko bakundana.Ibirori byo gutora Nyampinga byitezwe ko bizaba tariki 24 Gahyantare 2018 muri Kigali Convention Center aha hakaba ariho hazamenyekanira Nyampinga w’u Rwanda.Kugeza magingo aya Uwase Ndahiro Liliane niwe uyoboye abandi mu gutorwa cyane hifashishijwe ubutumwa bugufi bwandikira kuri Telefone
416
1,100
Banki ya Kigali yibutse abari abakozi bayo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni igikorwa cyabaye ku wa Gatanu tariki 12 Mata 2024, kibimburirwa no kunamira ndetse no gushyira indabo ku rwibutso rwa BK, rukaba ari urukuta rwanditseho amazina 15 y’abari abakozi bayo, ruri ku cyicaro cy’iyo banki mu Mujyi wa Kigali. Icyo gikorwa cyakurikiranye no kujya ku rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, ruruhukiyemo imibiri irenga ibihumbi 250 y’Abatutsi bagiye bicirwa hirya no hino mu Mujyi wa Kigali mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, aho abakozi ndetse n’inshuti za BK bunamiye bakanashyira indabo aharuhukiye iyo mibiri. Hakurikiyeho ibiganiro byagiye bitangwa n’abantu baturutse mu nzego zitandukanye, ahanini byibanze ku kwerekana uko Jenoside yagiye itegurwa guhera muri za 1960 kugera ubwo yashyirwaga mu bikorwa mu 1994. Uhagarariye imiryango y’abari abakozi ba BK bibukwaga, yashimiye iyo banki uburyo yakomeje kugenda ibaba hafi muri gahunda zose zo kwibuka abavandimwe babo bishwe bazira uko bavutse, mu rwego rwo gukomeza kubaha icyubahiro ndetse no gufata mu mugongo hamwe no gukomeza abarokotse. Mu buhamya bw’umwe mu bakozi bamaze imyaka 13 bakorera BK, Jean Claude Nkurayija warokokeye mu Karere ka Ruhango ari na ho hari iwabo, yagaragaje ko batangiye kujya batotezwa na mbere y’uko Jenoside ishyirwa mu bikorwa, kuko bajyaga bahagurutswa mu ishuri bakabazwa ubwoko bwabo, ku buryo Jenoside yagiye kuba bazi neza icyo bazira. Ati “Ku musozi wacu wa Mayunzwe kugeza mu matariki 23 nibwo ubwicanyi bwatangiye neza, ariko na mbere yaho gato abantu bari batangiye guhungira hamwe bashaka uburyo bakwirwanaho. Ibitero byazaga ntabwo byari bigambiriye kwica mbere, byagaragara nk’aho bagambiriye kwishakira inka zo kurya n’ibindi, ariko abantu baza kugira ubwoba babona ko bitazashoboka, bamwe bafata inzira bahungira mu Byimana kuri Paruwasi, hari umupadiri witwaga Ndagijimana Joseph w’Umurundi arabirukana, barakubirana baragaruka.” Akomeza agira ati “Igitero cyateye kwa Sogokuru ubyara mama, marume wari ukiri muto afite nk’imyaka 25, agenda agisanga agira ngo arebe ko yarengera abandi bari bari mu nzu, bahise bamufata bamwicira imbere y’amarembo. Abatwa bari bari kumwe baramufata bamuvanamo umutima barawutwara. Abandi bantu babishe ku itariki 24 ku cyumweru, bafashe umusozi w’iwacu bafata abantu benshi babavana aho bari bihishe babazamura umusozi, ubu tuhita kuri Karivariyo, hari urutare bajyaga kubiciraho.” Ngo nyuma y’iminsi nk’ibiri barimo kwicira kuri uwo musozi haje kunuka cyane, maze abicanyi bigira inama yo kudakomeza kuhicira, ahubwo batangira kujya bashyira abantu mu misarani ndetse no mu byobo byari byaracukuwemo amatafari. Umuyobozi Mukuru wa BK Plc Group, Beata Habyarimana, yavuze ko kwibuka ari ngombwa kuko ari kimwe mu bizafasha Abanyarwanda, by’umwihariko abakozi ba BK kumenya amakuru. Ati “Ndabibwira bagenzi banjye muri BK, abenshi ni urubyiruko, iyo utabashije kuzirikana amateka agaragaza ivangura n’amacakubiri, urwango, gutoranya no kwica ngo wumve neza ibyabaye muri u Rwanda mu gihe cy’imyaka irenga 30, kugeza Jenoside ya 1994 ibaye, ushobora kumva ibirimo kubera muri RDC ukumva bidakabije, ushobora kumva imvugo z’urwango zivugwa mu Karere kacu k’Afurika y’Iburasirazuba ukaba wabyumva bihita bigenda.” Akomeza agira ati “Ni ngombwa kwibuka no gusobanukirwa, iyo udafashe umwanya wo kubisobanukirwa neza ushobora kubona Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika apfobya Jenoside bigahita. Iyo utasobanukiwe ko ari aho byaheraga, bahagurutsa abana mu mashuri abanza kugira ngo babakomere, cyangwa ngo usobanukirwe ko abantu bahungaga umunota ku wundi, ntabwo washobora gukumira iby’uyu munsi. Kwibuka ni ikintu kiri ngombwa, no kwifuza gusobanukirwa ibyabaye.” Mu bari abakozi ba BK bazize Jenoside yakorewe Abatutsi uko bibukwa ari 15, harimo umwe utarabona umuvandimwe n’umwe wo mu muryango we, ari na ho ubuyobozi bwa BK busaba uwaba yari afite umuvandimwe cyangwa inshuti azi yahakoraga yishwe muri Jenoside, akaba atazi amakuru ye yakwegera ubuyobozi. Umunyamakuru @ lvRaheema
581
1,606
Real Madrid yatangaje Kylian Mbappé nk’umukinnyi mushya. Real Madrid yemeje ko yasinyishije Rutahizamu w’Umufaransa Kylian Mbappé nk’umukinnyi mushya wayo, ku masezerano y’imyaka itanu azageza mu 2029. Iyo kipe yemeje ibi ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Kamena 2024 binyuze ku mbuga nkoranyambaga zayo. Nyuma yo gutangazwa nk’umukinnyi mushya, Mbappé yatangaje ko inzozi zo gukinira ikipe yakuze akunda zibaye impamo. Yagize ati: “Inzozi zabaye impamo. Ndishimye kandi nishimiye kwinjira mu ikipe y’inzozi zanjye Real Madrid. Nta muntu n’umwe ushobora kumva ukuntu nishimiye ubu.” Yakomeje agira ati: “Ntegerezanyije amatsiko menshi yo kubona, Madridistas, kandi mwarakoze kunshyikigira mu buryo budasanzwe.” Kylian Mbappé w’imyaka 25 yakuze akunda abakinnyi barimo Cristiano Ronaldo wanditse amateka muri Real Madrid ndetse mu bwana bwe, yagiraga amafoto y’uyu mukinnyi afatiraho urugero mu cyumba cye. Mu kwezi k’Ukuboza 2012, Mbappé wari ufite imyaka 14, yasuye ikibuga cy’imyitozo cya Real Madrid, Valdebebas. Hejuru y’ibyo, mbere y’uko ajya muri PSG avuye muri Monaco, Madrid yari hafi aho mu biganiro. Kylian Mbappé watwaye Igikombe cy’Isi mu 2018, ni we ufite agahigo ko gutsindira PSG ibitego byinshi aho yinjije imiliyoni 256 z’amapawundi kuva avuye muri AS Monaco kuri miliyoni 153 z’amapawundi  aho yabanje gutizwa mu 2017. Iyi kipe yo muri Espagne iheruka kwegukana UEFA Champions League ku nshuro ya 15, iya gatandatu mu myaka 11 ishize, ndetse Mbappé yabwiwe ko akeneye gukina mu ikipe imufasha kurusha PSG yamushingiragaho kandi na bwo kwitwara neza i Burayi bigakomeza kugorana. Mbappé yageze mu ikipe y’inzozi ze
232
637
RIB yatanze amakuru mashya kuri dosiye ya Apotre Yongwe. Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko dosiye ya Harerimana Joseph, uzwi nka Apôtre Yongwe, ukurikiranyweho icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha.Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi umuvugabutumwa Pasiteri Harerimana Joseph uzwi ku izina rya “Apôtre Yongwe,ku Cyumweru tariki ya 1 Ukwakira 2023.Ubu akaba afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kimihurura mbere yo kuburanishwa ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yavuze ko uyu muvugabutuwa yatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.Icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya giteganywa n’ingingo ya 174 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.Riteganya ko umuntu wese wihesha umutungo w’undi, imari ye cyangwe se igice cyayo mu buryo bw’uburiganya, yiyitiriye izina ritari ryo cyangwa umurimo adafitiye ububasha cyangwa akizeza icyiza cyangwa agatinyisha ko hari ikibi kizaba, aba akoze icyaha.Iyo abihamijwe n’Urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri ariko kitarenze imyaka itatu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu, ariko atarenze miliyoni eshanu.Amakuru avuga ko Yongwe ashobora kuba yaratawe muri yombi nyuma yo gukorera uburiganya abantu batari bake ababeshya ko agomba kubasengera, ibibazo bafite bigakemuka.Bivugwa ko yasabaga abantu amafaranga kugira ngo abasengere abizeza ibitangaza bikarangira bitabaye bityo bakabona ari ubutekamutwe abakorera.
206
642
Imihanda yarubatswe ,abaturage baracana : Iterambere ry’imyaka irindwi I Kayonza. Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza , butangaza ko mu gihe cy’imyaka irindwi ( 2017-2024) aka karere kagejeje ku baturage byinshi birimo n’ibikorwaremezo. Mu kiganiro n’itangazamakuru, Umuyobozi w’aka Karere , Nyemazi John Bosco, yatangaje ko  muri gahunda y’iterambere y’imyaka irindwi, abaturage bamaze kugezwaho ibikorwa by’iterambere birimo imihanda, amashanyarazi, amazi , n’ibindi bitandukanye. Akarere ka Kayonza ni kamwe mu turere tuzunganira umujyi wa Kigali bityo kihaye intego yo kugeza iterambere ku baturage. Umuyobozi w’Aka Karere , Nyemazi John Bosco, avuga ko  nk’Akarere gafite igicumbi cy’ubukerarugendo, kagomba gukomeza kwiyubaka. Ati “ Hakomeje gukorwa byinshi kugira ngo urwego rw’ubukerarugendo rukomeze kwaguka. Murabizi ko akarere kacu ariko gacumbikiye pariki nkuru y’AKagera, habarizwa inyamaswa eshanu z’inkazi zikurura ba mukerarugendo benshi ndetse hanazamo n’ibindi bikorwa by’ubukerarugendo biromo ‘ Balloon’ , yitabirwa na ba mukerarugendo benshi.” Hubatswe ibikorwaremezo birimo imihanda … Umuyobozi w’Akarere kandi avuga ko mu rwego rw’ubwikorezo, hubatswe imihanda igera kuri itanu itunganyije ariko itarajyamo kaburimbo yubatswe ku birometero 78.( 78km), n’indi yubatswe ya kaburimbo ndetse n’uwavuguruwe wa Kayonza-Kagitumba –Rusumo , ukanagurwa. Hubatswe umuhanda uhuza Umurenge wa Kabarondo –Rwinkwavu-Ndego ufite ibirometero 28(28km). Indi mihanda ireshya n’ibirometero 4.5( 4.5km) mu Mujyi wa Kayonza (Mukarange) . Hubatswe kandi uw’Ibirometero icyenda ( 9km) uhuza abaturage b’akarere ka Kayonza n’ aka Rwamagana. Hubatswe kandi umuhanda w’Ibirometero 34 uca Rwinkwavu-Kageyo –Mucucu. Nyemazi john Bosco uyobora aka Karere , avuga ko uyu muhanda wa kilometero 34 wafashije aborozi n’abahinzi. Ati “ Wafashije cyane cyane umusaruro w’ubuhinzi  ariko n’aborozi byagoraga ko amata yabo abasha kugera  ku makusanyirizo.” Amashanyarazi ku baturage… Ubuyobozi bw’aka Karere butangaza ko mu gihe cy’imyaka irindwi, abaturage bafite amashanyarazi bavuye 33% ariko ubu bageze kuri 77%. Amazi ku baturage … Ubuyobozi bw’Akarere butangaza ko muri iki gihe cy’imyaka irindwi, abaturage bavuye kuri 76% ariko ubu bari kuri 84.4%. Umuyobozi w’Akarere avuga ko hubatswe imiyobori itandukanye iha abaturage amazi. Hatanzwe inka … Ubyobozi bw’Akarere butangaza kandi ko abaturage bahawe inka bavuye ku 4.149 bagera kuri 9068 mu rwego rwo kwiteza imbere no kwivana mu bucyene. Ni mu gihe imiryango 126 y’Abarokotse Jenoside batishoboye yubakiwe amazu meza. Amacumbi ya Mwarimu yabaye igisubizo … Mu rwego rw’Uburezi, ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza, butangaza ko hubatswe ibyumba by’amashuri 1028 hagamijwe guca ubucucike mu mashuri. Hubatswe kandi amashuri y’imyuga aho akarere kari karahize ko buri Murenge ugira TVET ariko mu Mirenge 12, hamaze kubakwa izigera 14. Ubuyobozi kandi butangaza ko hubatswe inzu za Mwarimu zigera kuri 14 hagamijwe kunganira abarimu bakoraga ingendo ndende. Hubatswe kandi ingo mbonezamikurire zigera kuri 21 hagamije kurushaho gufasha abakiri bato kubona uburezi. Amasoko yarubatswe … Ubuyobozi bw’Akarere buvuga ko muri gahunda y’imyaka irindwi hari hari hateganyijwe kubakwa amasoko ane ariko kuri ubu hubatswe amasoko agera ku 10. Aka Karere kavuga ko kandi gafite intego yo gukomeza gushyira umuturage ku isonga, gaharanira kumugezaho iterambere rirambye. TUYISHIMIRE RAYMOND UMUSEKE.RW/ KAYONZA
437
1,382
Nyagatare: Perezida wa Sunrise yarekuwe by’agateganyo. Ni icyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’ibanze rwa Nyagatare, kuri uyu wa Kane tariki ya 28 Ukuboza 2023. Aba bombi bafunzwe tariki 04 Ukuboza 2023, nyuma y’uko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amakoperative (RCA), kigaragaje ibyavuye mu igenzuramutungo tariki 01 Ukuboza 2023, ryagaragaje ko hanyerejwe Miliyoni 160. Hodari Hillary w’imyaka 50 na Muhoza Happy w’imyaka 30, bakurikiranyweho ibyaha bitanu (5), ari byo kunyereza umutungo, kwiha inyungu zinyuranyije n’amategeko, gukoresha ububasha bahabwa n’itegeko mu nyungu bwite, guhishira amakuru yerekeranye n’imicungire mibi ya Koperative no gukoresha nabi cyangwa konona umutungo wa Koperative. Ibi byaha bakurikiranyweho babikoze mu bihe bitandukanye, kuva mu mwaka wa 2018 aho bakekwaho kunyereza Amafaranga y’u Rwanda arenga Miliyoni 160. Muri aya mafaranga harimo inguzanyo yatswe muri Banki mu izina rya Koperative, ntibayakoreshe icyo yagenewe. By’umwihariko, Hodari Hillary, nka Perezida wa Koperative ngo yishyize ku rutonde rw’abakozi, bahembwa buri kwezi kandi atabyemerewe n’amategeko. Ibyaha bakurikiranyweho bihanishwa ibihano by’igifungo bitandunye, kuva ku mezi atandatu (6), kugeza ku myaka 10, ndetse n’ihazabu y’Amafaranga y’u Rwanda kuva kuri Miliyoni imwe (1,000,000) kugeza kuri Miliyoni 10 (10,000,0000). Umunyamakuru @ SEBASAZAGEmman1
179
550
Kicukiro:Umukobwa yari agiye gukora ikintu kibi mu kwica ubukwe bw’ umusore babyaranye akamuta. Mu murenge wa Kicukiro w’ akarere ka Kicukiro, habereye agashya, ubwo umukobwa yashakaga kwica ubukwe bw’ umusore babyaranye amutana umwana w’ukwezi kumwe, amushinja ko ngo adatanga indezo.Ibi byabereye ku rusengero deliverence Church ruherereye mu murenge wa Kicukiro,ku muhanda uva Sonatube niho umukobwa witwa Mukeshimana Chantal yari yaramukiye afite umujinya nyuma yo kumenya ko umusore babyaranye agiye gusezerana n’undi mugore nyamara nta ndezo amuha.Uyu mukobwa yari aje kubaza ku rusengero impamvu umusore Nsabimana Emmanuel babyaranye agiye gusezerana nyamara yarirengagije inshingano ze zo gutanga indezo y’umwana w’ukwezi kumwe babyaranye.Aba ngo babanye mu gihe kingana n’umwaka umwe n’igice hanyuma uyu musore aramukwepa ajya kwishakira undi mukobwa,ntiyanagira indezo amuha.Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 03 Gashyantare,nibwo Mukeshimana yazanye uyu mwana,amarembo y’urusengero arafungwa kugira ngo atinjira agateza akavuyo,byatumye afata uyu mwana ku rusengero ngo bamushyikirize se.Mu mashusho yashyizwe hanze na TV1,yagaragaje uyu mukobwa afata uyu mwana yari ahetse amuhereza umusore wari ushinzwe umutekano kuri uru rusengero arangije aramubwira ati ’mumushyire kandi umubwire ngo najya kundega arambona."Uyu mukobwa yabwiye TV1 dukesha iyi nkuru ati "Ndananiwe,kuki niba amfasha,ashaka gusezerana ndahari?.Nimufungure inzira ninjire muri ruriya rusengero.Ndamumusigiye kuko njyewe ari nta bushobozi mfite bwo kumurera.Gusubirayo njyewe ntacyo bintwaye.Njyewe ndashaka ko mbere yo gusezerana mbanza kumubaza impamvu atakemuye ikibazo cyanjye."Uyu mukobwa yavuze ko impamvu atabimenyesheje ubuyobozi aba basezerana ku murenge,ari uko basezeraniye mu murenge wa Rubavu atabizi.Ati "Mu murenge,bagiye gusezeranira i Rubavu ntabizi.No mu muryango w’iwabo nta bagiyeyo uretse se na nyina bonyine."Uwitwa Nteziryayo Theoneste,warwaniriraga umusore bivugwa ko ari na sekuru w’uyu mwana nubwo yabihakanye,yavuze ko ikibazo cy’uyu mugore cyageze mu nzego zitandukanye ndetse bamuhaye ibyo yashakaga byose.Ati "Ikibazo cy’uyu mudamu gifite urwego cyagiyemo,ruduha ubujyanama bw’icyo tugomba kumukorera.Twahawe ubujyanama bwo kumwishyurira inzu tukanamutunga.Ibyo twarabimukoreye,amafaranga akajya kuri sim card y’iwe.Niba atanyuzwe nibyo tumukorera,nareke tumwandikire,dushake abanyamuryango batatu,tumwemerere ko ikibazo cye tugikurikirana tukagikemura bijyanye n’ibyifuzo by’iwe."Abari aho basabaga ko uyu musore yahagaika ubukwe akabanza kuza kumva ibyo uyu mukobwa babyaranye avuga ndetse bagasaba pasiteri kureka gusezeranya abari mu rusengero hanze hari imvururu.Bamuhaye ibihumbi 50 FRW kugira ngo atuze ariko uyu mukobwa avuga ko ntacyo yamufasha mu byo akeneye nk’umubyeyi.Aba baturage bavuze ko uyu musore agomba gukemura ikibazo ikibazo cy’uyu mukobwa kuko n’ubundi bamusize mu bukode nta kintu bamusigiye nkuko Mukeshimana yabyivugiraga.Uyu musore ngo ntibigeze bamusezeranya kubera ko atigeze yihana ndetse inzego z’umutekano mu murenge n’akagari zahuje impande zombi baganira kuri iki kibazo.Umuyobozi w’umurenge wa Kicukiro ntiyagize icyo atangaza kuri iki kibazo kuko yari arwaye.
404
1,257
Arigiza Nkana Uyu mugani bawuca iyo babonye umuntu wangirira ikintu ku bushake nk' aho atakizi, akakirekakikangirika; ni bwo bagira bati:"ALIGIZA NKANA."Wakomotse kuri Nkana ya Rumanzi mu Kingogo (Gisenyi); ahagana mu mwaka w'i 1600. Nkana ya Rumanzi wabaye imvano y'uwo mugani, iwabo kavukire hari mu ishyamba ryaCyingogo cya Kageyo. Se Rumanzi yari umuhigi, akagira imbwa z'intozo cyane. Uwo mwana Nkana abyiruka akunda guhiga nka se; akica ibihura n'inzibyi n'imondo n'izindi nyamaswa, impuzabyo akazitura abatware, bakamuha inka. Rumanzi amaze gusaza, Nkana azungura se; abaumutware w'umuryango we, ariko muri ubwo butware bwe, ntiyareka umuhango w'iwabo woguhiga, arawukomeza. Ubwo hari ku ngoma ya Kigeli Nyamuheshera.Rimwe rero Nyamuheshera ajya i Cyingogo gutanga ibibanza. Abo muri icyo gihugu bazakumubyukurukiriza.; haza inka z' imbyukuruke nyinshi cyane zirimo iz'uwo muhigi Nkana. Nyamuheshera abonye inka za Nkana arazishima cyane, bituma abaririza nyirazo.Abanyacyingogo; bati: «Ni iza Nkana». Nyamuheshera ahamagaza Nkana, araza, ati: «Nyagasani nditabye!» Nyamuheshera, ati: «Niwowe nde ?» Undi, ati: «Ni jye Nkana!» Nyamuheshera, ati: «Kuva ubu nkugize umutahizaw'inka zanjye zose nzashyira ino mu Cyingogo, kuko nabonye uzi gufata inka neza! Nkana abyumvise arumirwa, ati: « Uyu murimo w'ubutahiza nzawushobora nte!» Ubwoyabivugishwaga n'uko yakundaga guhiga, akabona ko atazabifatanya byombi. Ni kwo kubwira Nyamuheshera ati: «Nyagasani iby'ubutahiza sinabishobora; sinavukiye mu by'ubushumba,ahubwo nabyirutse ndi umuhigi mbikurikije data. Nyamuheshera yumvise ko Nkana ari n'umuhigi, arishima kuko nawe ngo yakundaga guhiga.Abwira Nkana ati: «Uzabifatanye byombi; nzaguha n'imbwa zanjye ujye uzihigisha». Nkana agiye kubyanga, abandi bamurya akara bati: «Emera bitagukorera ishyano !» Nkana atemera, bamugira umutahizi n'umuhigi, abifatanya byombi.Amaze kubyemera abwira abashumba ati :" Muramenye ! inka z'ibwami ntizihonorwa,ntizishiturwa, ntizikurirwa nk'iza rubanda !" Ubwo yangaga ubutahiza. Nkana yita ku buhigi bwe; ubushumba arabwirengagiza. Arahiga, atura impu z'ibihura n'imondon'inzibyi. Nyamuheshera aramushima, amugabira inka z'ibiti, azivanga n'izo kwa se.Bukeye Nyamuheshera amutumaho ngo azamuzanire inka z'ubushumba arebe uko zimeze. Nkana ararika abashumba ngo bazane inka zijye kumurikwa. Abashumba barimura, bazishorerana amase yazunuye ibibero, kuko zitahanagurwaga. Zigeze imbere ya Nyamuheshera,arazitegereza arumirwa, biramurakaza cyane. Abaza Nkana, ati: « Izi nka zanjye wazigize ute ?» Nkana, ati: « Nyagasani n'ubundi nakubwiye ko iby'ubushumba ntabizi; ibyo nakubwiye nzi niubuhigi, kandi ubona n'impu njya nkuzanira!» Nyamuheshera akomeje kurakara, abari aho b'inshuti za Rumanzi se wa Nkana bavugiraicyarimwe bati: «Nyagasani uyu mwana ararengana, koko ntazi iby'ubushumba; inka zewabonye ari nziza, wazibonye zigifite umubiri se yazisiganye, kuko yari amaze iminsi mikeapfuye; bungamo, bati: «Ndetse zimwe zarashize zizize umukeno, byongeye n'izasigaye zirihanyuma y'ibibi. Bityo Nyamuheshera ararakuruka. Ubwo Nkana yari yazanye n'izindi mpu zogutura arazitanga.Abari aho bavuga buke, bati: «Uyu mwana yigiriye inama; yirengagije ubushumba. kandi abuzi,ariko koko abitewe n'uko ubutahiza ari impingane ». Nuko Nkana atsinda ubutahiza atyo, yikomereza ubuhigi bwe. Ngibyo ibyabaye akarande mu Rwanda, baba bategetse umuntu gukora ikintu kandi bazi ko akiziakavuga ko atakizi, bati: «Arigiza Nkana». Ubwo baba bavuga ko abyangiriye abizi nka Nkana ya Rumanzi." Kwigiza nkana = kwangirira icyo uzi ku bushake; kwirengagiza. "
463
1,499
Bugesera: Barasaba kwemerwa kwishyurira kuri mitiweli bisiramuza. Manirakiza Jerome n’umuturage wo mu Murenge wa Musenyi mu kagari ka Rurindo, avuga ko yagize igitekerezo cyo kujya kwisiramuza ariko acibwa intege n’uko yasanze bihenda. Yagize ati “ nasobanuriwe ko kwisiramuza bigabanya amahirwe yo kwandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina ariko ngiye kubikora nzitirwa n’amikoro make, aha niho nsaba ababishinzwe ko bareba uko babigenza maze abafite mitiweli bakatuvura nk’uko abarwaye izindi ndwara batuvura nta kibazo tugize”. Hakizimana Gervais wo mu murenge wa Gashora avuga ko yibaza aho yakura amafaranga agera ku 70 000 kugirango abana be b’abahungu batandatu nawe wa karindwi babashe kwisiramuza. Umuyobozi w’ibitaro bya ADEPR Nyamata, Dr Rutagengwa Alfred, nawe yemeza ko byaba ari byiza abafite ubwisungane bwa mitiweli nabo bagiye bahabwa serivise yo kwisiramuza. Kuri ubu abagabo barakangurirwa kwisiramuza nka bumwe mu buryo bwo kugabanya ubwiyongere bw’agakoko gatera SIDA. Uretse kugabanya ubwiyongere bw’ikwirakwira rya SIDA, ubushakashatsi bwakorewe mu gihugu cya Uganda burahamya ko kwisiramuza ari imwe mu nzira yo kugira ibyishimo mu gikorwa cy’imibonano mpuzabitsina. Mu Rwanda gahunda yo gukangurira igitsina gabo kwisiramuza yatangiye mu mwaka wa 2010, aho ubushakashatsi bwagaragaje ko usiramuye aba afite amahirwe yo kutandura SIDA ku gipimo kiri hagati ya 50 na 60 %. Biteganyijwe ko abagabo bagera kuri miliyoni 2 bazaba bamaze gusiramurwa bitarenze mu mwaka wa 2015. Egide Kayiranga
214
593
Gahunda yo kwandikira abayobozi b’u Burusiya yakozwe muri Malawi. Tega amatwi ibyo abavandimwe na bashiki bacu bo muri Malawi bavuze igihe bifatanyaga muri gahunda yo kwandikira abayobozi b’u Burusiya amabaruwa. Bamwe muri bo bibuka ko mu myaka ya 1970 bagenzi babo bo mu bindi bihugu bandikiye abayobozi bo mu gihugu cyabo.
51
125
Bugesera Fc: Umunyezamu afunzwe azira ubusinzi nyuma yo guhembwa ibirarane bitanu. Habarurema Gahungu, umukinnyi ukina mu izamu rya Bugesera FC yafunzwe, nyuma yo gufatwa na Polisi y’Igihugu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, atwaye imodoka yahaze manyinya. Nyuma yuko hari hashize igihe mu ikipe ya Bugesera itozwa n’umurundi Haringingo Francis Christian ivugwamo inzara n’ibirarane by’imishahara ku bakozi bayo, uwo musore yafashwe mu ijoro ryo ku wa 28 Gashyantare, akaba yarafatiwe mu muhanda Kigali-Bugesera atwaye ikinyabiziga yarengeje igipimo  cy’inzoga. Ibyo bije nyuma yuko ikipe ya Bugesera ihembye imbumbe y’imishahara igera ku mezi atanu, abakozi bayo bari bamaze igihe barira aryo kwarika, kubera imyenda bari bafitiwe. Kuri ubu Gahungu afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata. Ifungwa rya Gahungu rishobora kugira ingaruka zikomeye ku ikipe ye ya Bugesera izakira umukino w’umunsi wa 23 wa shampiyona, ikaba izakira ikipe ya Mukura Victory Sports kuri stade ya Bugesera. Ayo makipe yombi yaherukaga guhura mu gikombe cy’amahoro, amahirwe akaba yaraje gusekera ikipe ya Bugesera nyuma yo gusezerera Mukura muri ¼, ubu Bugesera ikaba izatana mu mitwe na Rayon Sports muri kimwe cya kabiri mu kwezi kwa kane. Gahungu yageze muri Bugesera mu mpeshyi ya 2023, akaba yarayisinyiye amasezerano y’imyaka ibiri, nyuma yo kuva muri Polisi. Ikipe ya Bugesera ntihagaze neza ku rutonde rwa Shampiyona, nyuma y’umunsi wa 22 iri ku mwanya wa 13 n’amanota 22, ikaba izigamye igitego kimwe. Bikurugu Vianey
226
593
Zanzibar yatangiye gupima Covid-19 hakoreshejwe ‘Scanner’. Ubwo buryo buteye imbere, bwavuye mu bushakashatsi bwatwaye hafi miliyari 1 y’Amadolari, bwakozwe na Guverinoma ya Abu Dhabi muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu (EAU). Ikirwa cya Zanzibar na Abu Dhabi basanzwe bafitanye umubano ushingiye cyane ku bukerarundo umaze igihe, ndetse iki kirwa cyakira abagenzi benshi baturuka muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu. Itsinda rya mbere r’abagenzi basuzumwe hakoreshejwe ubu buryo, ryageze ku kibuga cy’indege cya Zanzibar bwa mbere kuGwa gatatu tariki 16 gashyantare 2022. Umwe mu bagenzi basuzumwe hakoreshejwe ubu buryo, yatangaje ko ari bwiza cyane kuruta ubusanzwe. Yagize ati "Burihuta kandi burizewe. Sinamenye ko namaze gupimwa mu gihe gito, ndetse n’igisubizo cyanjye cyahise kiboneka muri ako kanya”. Minisitiri w’Ubuzima muri Zanzibar, yatangaje ko nta bwandu bushya bwa Covid-19 buragaragara kuva mu ntangiriro za Mutarama uyu mwaka wa 2022, abayobozi bakaba bishimira ubu buryo buzorohereza abakerarugendo basura Zanzibar. Umunyamakuru @ naduw12
146
409
Anti-nuclear movement. anti-nuclear movement ni uharanira kurwanya . Amatsinda amwe amwe yibikorwa, ibikorwa by ibidukikije, nimiryango yabigize umwuga bigaragaje hamwe nu rugendo kurwego rwibanze, urwego rwigihugu, cyangwa mpuzamahanga. Amatsinda akomeye arwanya ibitwaro bya kirimbuzi arimo ubukangurambaga bwo kwambura intwaro za kirimbuzi, Inshuti z’isi, Greenpeace, Abaganga mpuzamahanga bashinzwe gukumira intambara za kirimbuzi, ibikorwa by’amahoro, ikigo cy’abagore bo muri Seneca kigamije ejo hazaza h’amahoro n’ubutabera hamwe n’ikigo gishinzwe amakuru n’ibikoresho bya kirimbuzi . Intego yambere yuwo mutwe kwari ukwambura intwaro za kirimbuzi, nubwo kuva mu mpera za 1960 abatavuga rumwe n’ubutegetsi barimo no gukoresha ingufu za kirimbuzi . Imitwe myinshi irwanya kirimbuzi irwanya ingufu za kirimbuzi n'intwaro za kirimbuzi. Gushinga amashyaka yicyatsi mu myaka ya za 1970 na 1980 byakunze kuba ibisubizo bitaziguye bya politiki yo kurwanya kirimbuzi. Abahanga n'abadipolomate bagiye impaka kuri politiki kuva mbere y’ibisasu mu 1945. Abaturage bahangayikishijwe no kugerageza intwaro za kirimbuzi guhera mu 1954, nyuma y’ibizamini bya kirimbuzi byakorewe muri pasifika . Mu 1963, ibihugu byinshi byemeje amasezerano yo kubuza igice cy’ibizamini cyabuzaga kugerageza ikirere cya kirimbuzi.
171
513
Abarokotse Jenoside mu murenge wa Kigali bavuga ko bamaze kwiyubaka babikesha ubuyobozi bwiza. Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu murenge wa Kigali, bavuga ko n’ubwo Jenoside yabagizeho ingaruka zitandukanye kuri ubu bamaze kwiyubaka babikesha ubuyobozi bwiza. Ku tariki 28 Mata 2023, muri uyu murenge, haba umuhango wo kwibuka abiciwe mu cyahoze ari komine Butamwa,nabajugunywe mu mugezi wa Nyabarongo. Bamwe mu barokotse Jenoside mu murenge wa Kigali bishimira aho bageze biyubaka. Urubyiruko rw’Umurenge wa Kigali rwifatanyinje n’abaturage Kwibuka29 Jenoside yakorewe abatutsi1994 mu cyahoze ari komini Butamwa. Umuhanzi Bonhomme yihanganishije ababuze ababo mu muhango wo Kwibuka29 Jenoside yakorewe abatutsi uri kubera mu cyahoze ari komini Butamwa mu murenge wa Kigali Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge, Emmy Ngabonziza yavuze ko mu mahitamo y’ibyiciro by’Abanyarwanda batubanjirije tubonamo ababaye ibigwari bakarimbura abenegihugu ariko hari n’abahagurutse barabyamagana ndetse barabirwanya. “Umukoro dufite natwe ni uguhitamo icyiza twakora nk’Abanyarwanda tugakomeza gusigasira Ubumwe bwacu” Yasabye Ababyeyi kubwiza ukuri abana ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse asaba buri wese kujya ku ruhande rwiza rw’amateka Yagarutse ku bugome bwa Dusabe Therese wicishaga uduhinja duto tukivuka atwita utunyenzi dutoya agira ati”Mwice utunyenzi duto tutazakurira mu bantu” Visi Perezida wa IBUKA mu karere ka Nyarugenge yihanganishije ababuze ababo abasaba gukomera bagaharanira kubaho ntibaheranwe n’agahinda. Yasabye ko abafite agahinda gakabije bakwitabwaho bagafashwa kubona inzobere zivura ibikomere. Yagarutse ku bibazo by’Ingengabitekerezo ya Jenoside aho bamwe mu barokotse babwirwa amagambo mabi bikabatera ihungabana. Asaba ko abarokotse barushaho gufashwa abacikirije amashuri bagahabwa amahirwe yo kwiga imyuga. Yashimiye Leta uburyo yita ku bibazo by’Abarokotse Jenoside Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi insanganyamatsiko iragira iti kwibuka twiyubaka. Jean Elysee Byiringiro
264
800
UMUKOBWA WO MU GISABO Umugabo yashatse umugore, uko uwo mugore asamye, inda ikavamo. Abibonye atyo, ajya kuraguza. Umupfumu ati "ubwo usama inda ikavamo, niwongera gusama inda uzajye uyuhagiza amata, uyisige amavuta; ntuzayikoze amazi kandi uzayirinde izuba. Nubyara umwana, ntazajye ku zuba, kandi na we ntazakore amazi; azajye yiyuhagiza amata, yisige amavuta." Umugore aragenda abigenza atyo. Bukeye abyara umukobwa. Umwana arakura aba mwiza, hagati aho ariko nyina arapfa. Umunsi umwe, umukobwa yicara mu kirambi, afata intango araboha. Se yari yagiye guhiga. Haza abahungu babiri b'inkubaganyi bavuye gushora inka, bati "Uriya mukobwa ko bavuga ko adakora amazi, uwagenda akayamutera tukareba uko bigenda?" Umwe azana amazi mu ruho, akoramo aramutera. Umukobwa ata intango ajya ku gasozi, agenda avuga ati "Yemwe bahigi bagiye mu Buha bwa ruguru, kera nari umuziramazi, nari mwene Ruringa agahiga i Bugesera." Uko avuga akarigita buhoro buhoro. Se aho ari mu ishyamba abwira abahigi bari kumwe ati "Nimufate izo mbwa amayombo niyumvire." Umukobwa arongera asubira muri ya magambo. Se ati "Uwo ni umukobwa wanjye!" Baza biruka basanga hasigaye amasunzu, barayakurura arabananira, barikubura barataha. Hashize igihe, ha handi wa mukobwa yatebereye hamera uruyuzi rweraho igisabo kinini cyane. Wa mukobwa akizamukiramo ariko yigumiramo. Haza abantu bareba icyo gisabo, bajya ibwami, bati "Nyagasani, hariya hari igisabo, nta wundi gikwiye uretse wowe nyir'u Rwanda." Umwami yoherezayo abahutu ngo bajye kureba, bagaruka bavuga nk'aba mbere. Atuma abatutsi, bagaruka bavuga kwa kundi. Yohereza abatwa, baracyitegereza, bagaruka intero ari ya yindi. Abwira abahutu ati "Mugende mugiterure." Bagiteruye kirabananira. Abatutsi na bo bagiteruye kirabananira, abatwa bagiye biba kwa kundi. Bukeye haza umusore ati "Nyagasani, kiriya gisabo cyananiranye, ngiye nkagiterura wazampa iki?" Umwami ati "Naguha icyo ushaka cyose." Umuhungu aragenda aragiterura, arakizana, bagishyira munsi y'ikigega, umwami aramugororera birambuye. Uwo mwami ntiyagiraga umugore; yibaniraga na mushiki we. Bukeye ajya guhiga. Umukobwa ati "Ubona kiriya gisabo cya musaza wanjye kitaza ngo tubohe imitemeli cyo kameneka! Ubona kiriya gisabo cya musaza wanjye kitaza ngo twoze ibyansi cyo kameneka!" Undi ati "Kireke, harimo Rutoke rw'urutunda yaza yakurusha." Ati "Ngwino undushe." Wa mukobwa ava mu gisabo, araza baboha ibyibo aramurusha, bacunda amata aramurusha, bariyuhagira aramurusha, birangiye yisubirira mu gisabo. Wa mukobwa abwira umwami ati "Muri kiriya gisabo harimo umukobwa mwiza, uzagume aha ngaha, wihishe mu kiraro, nzamuhamagara aze, nagera aha uzagende ugiterure ugihishe, azabura aho yihisha maze umufate umurongore." Bukeye umwami ajya mu kiraro yikingiranamo. Wa mukobwa aragenda yicara iruhande rw'ikigega, asubira muri ya magambo ahamagara wa mukobwa ngo asohoke mu gisabo, undi na we asubiza kwa kundi, ndetse avamo araza, bafatanya ya mirimo, arongera aramurusha. Umwami ava mu kiraro, aterura cya gisabo aragihisha. Umukobwa agarutse arakibura, umwami amufata ubwo aramurongora. Barabana, baratunga, baratunganirwa. Si jye wahera, hahera umugani.
434
1,269
Gisagara: Umusaza w’imyaka 101 arakekwaho gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi. Ubushinjacyaha dukesha iyi nkuru buvuga ko icyo cyaha cyabaye tariki 03 Kamena 2019 mu Mudugudu wa Musekera, Akagari ka Zivu, Umurenge wa Save mu Karere ka Gisagara. Uwo musaza ngo yabwiye abantu yasanze aho bari biriwe mu gikorwa cyo gushaka imibiri y’abantu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi ngo “ariko aho mwaba muri kuhacukura zahabu?” Mu iburanisha, Ubushinjacyaha bwasabye ko urubanza rusubikwa kugira ngo ukekwa ashakirwe umwunganira kubera ko yagaragaje intege nke, kutabasha kumva no kuvuga ibyo yabazwaga n’Urukiko. Icyaha cyo gupfobya Jenoside akurikiranyweho, kiramutse kimuhamye yahanishwa igifungo kigera ku myaka 7 n’ihazabu ya miliyoni 5 hashingiwe ku ngingo ya 6 y’itegeko no 59/2018 ryo ku wa 22/08/2018 ryerekeranye n’icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibindi byaha bifitanye isano na yo. Urubanza rwimuriwe ku itariki ya 15 Ukuboza 2021 saa tatu za mu gitondo i Save. Umunyamakuru @ h_malachie
144
405
HEC yasabye abashaka ‘équivalence’ kwitwaza icyemeza ko babaye mu bihugu bizemo. HEC nirwo rwego rwa leta rushinzwe guha abize hanze ibyangombwa uwize mu mahanga ahabwa nyuma yo kubona ko amasomo yize ahuye na gahunda z’imyigishirize yo mu Rwanda. Impamvu hashyizweho iyo gahunda ni uko HEC yagenzuye igasanga hari amanyanga n’amakosa yewe n’ibyaha bikorwa n’abavuga ko bize hanze rimwe na rimwe ugasanga ni ukubeshya batarigeze bagerayo. Hari n’ubwo n’abagezeyo bitahurwa ko uburezi bahawe bunyuranyijwe na gahunda y’imyigishirize mu Rwanda, ibituma izo mpamyabumenyi zabo zikemangwa. Mu bisabwa ngo harebwe koko ko umuntu yize bya nyabyo mu gihugu agaragaza ko yizemo, harimo nk’indangamanota, inyandiko z’ingendo nka za viza, ibyemezo byemerera umuntu gutura mu gihugu runaka, impamyabumenyi bakuye muri ayo mashuri makuru na za kaminuza byo mu mahanga n’ibindi. Icyakora kuri iyi nshuro HEC igaragaza ko mu byangombwa abasaba ‘équivalence’ batanga harimo kunyuranya rimwe na rimwe bakagaragaza ko nk’inyandiko z’inzira nka viza cyangwa impushya zo kuba aho bize basabwa kuba bafite, ntazo bafite kubw’impamvu bita ko zumvikana. Ni impamvu bagaragaza ko zishingiye ku kuba barabaye mu bihugu bitandukanye, ahubwo bakagaragaza urwandiko rutangwa ari uko amasomo asojwe ruzwi nka ‘Attestation de Résidence’. Icyakora HEC ibyo ntibyumva kuko mu itangazo yashyize hanze ivuga ko abo bize hanze bashaka équivalence’, bagomba “kugaragaza uruhushya rwabemereraga gutura mu gihugu bizemo rwemewe aho kuba iriya ‘Attestation de Résidence’, itangwa nyuma y’isozwa ry’amasomo.” Iti “Tuributsa abantu ko bagomba kwitonda mu gihe basaba ‘équivalence’ z’impamyabushobozi/impamyabumenyi zabo bakuye mu mahanga, kuko uzafatwa yahimbye inyandiko cyangwa yakoresheje izitemewe n’amategeko azahanwa nk’uko amategeko abiteganya.” Hashize iminsi HEC ihura n’ibibazo by’abavuga ko bimwe ‘équivalence’, icyakora yasesengura igasanga abenshi bataranageze mu bihugu bavuga ko bizemo, ibigaragaza ko ibyo byangombwa byabo ari ibihimbano. Muri Gashyantare 2024 HEC mu bushakashatsi yakoreye ku bantu 1000 bayisabye ‘équivalence’, iyi nama yagaragaje ko abagera ku 10% ari bo bageze mu bihugu bavuga ko bakuyemo impamyabumenyi. Icyo gihe HEC yagaragaje ko hari n’abagaragaza ko bagiye kwiga mu bihe bya Covid-19 kandi imipaka yari ifunze. Icyo gihe Umuyobozi Mukuru wa HEC, Dr Rose Mukankomeje, yavuze ko hari amakuru bafite ko hari abatagera mu ishuri abandi bakageramo inshuro zibaze aho kwiga no guharanira kugira ubumenyi, bagashyira imbaraga mu gushaka ibyangombwa mpimbano. Ati “Bicara aha bakatuzanira impapuro ngo bazivanye mu ishuri kandi bigaragara ko ari izo wenda bikoreshereje cyangwa se baragiyeyo gake. Twaje kuvumbura bimwe muri ibyo aho tubona abantu bashaka impapuro aho gushaka ubumenyi.” Yavuze ko bageze aho bagasaba ko mu byo “baduha bazajya bashyiramo n’impapuro zo bambukiyeho, kuko byoroha mu kwandikira ishuri bagaragaza ko bizemo.” Ni ibibazo bigaragara mu nzego zitandukanye na Minisiteri y’Ubuzima idasigaye, kuko nko muri Gashyantare 2024, iyi minisiteri yigeze gutangaza ko hari abize ubuvuzi baba abaganga, abaforomo, ababyaza n’abandi barenga 200 biganjemo abize mu bihugu by’ibituranyi bataremererwa kujya mu mwuga ku bw’ibibazo bitandukanye birimo n’abagaragaje ko bafite impamyabumenyi z’ubuvuzi kandi batarabwize. Umuyobozi Mukuru wa HEC, Dr Rose Mukankomeje agaragaza ko mu byangombwa by'abavuga ko bize mu mahanga hajemo amanyanga menshi ari yo mpamvu biyemeje kubikurikirana bitomoye
486
1,325
Centre Africa: Perezida Touadera yambitse Ingabo z’u Rwanda imidari y’ishimwe. Archange Faustin Touadera, Perezida wa Centre Afrique yambitse umudari w’ishimwe Ingabo z’u Rwanda (RWABATT12) ziri mu butumwa bw’Amahoro muri iki gihugu. Ni gikorwa cyabaye ku wa 16 Nyakanga 2024 i Bangui mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu, Abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MUNISCA). Umudari watanzwe mu rwego rwo gushimira ubwitange bwazo, ubunyamwuga butajegajega, ndetse na serivisi nziza mu bikorwa byabo byo gushyigikira amahoro muri Repubulika ya Centrafrica (CAR), aho bagize uruhare mu kurinda abaturage. Umuyobozi mukuru wa RWABATT12, Lt Col Joseph Gatabazi, yashimiye Perezida wa CAR ku nkunga yatanzwe mu gihe bashyiraga mu bikorwa inshingano zabo. Yashimye kandi imbaraga zagaragajwe n’ingabo za RWABATT12 mu kubungabunga umutekano wa Perezida wa CAR. Ni umuhango witabiriwe n’abayobozi bakuru batandukanye muri icyo gihugu, bikaba kandi byitabiriwe na Olivier Kayumba, umuyobozi ushinzwe Dipolomasi y’u Rwanda na Centre Afrique
144
389
o Ubwisanzure mu mikorere y’itangazamakuru ku bibera mu gihugu Ubwisanzure ku mikorere y’itangazamakuru buteganywa mu itegeko Nshinga mu ngingo ya 38, ivuga ko ubwisanzure bw’itangazamakuru, ubwo kugaragaza ibitekerezo n’ubwo guhabwa amakuru, bwemewe kandi bwubahirizwa na Leta. Ubwo burenganzira bukubiyemo ubwisanzure bwo gutara, kwakira, gutanga no gutangaza amakuru n’ibitekerezo hakoreshejwe uburyo bunyuranye bw’itangazamakuru. Uburenganzira bwo kumenya cyangwa gutangaza inyandiko zivuye mu Butegetsi Nshingamategeko, mu Butegetsi Nyubahirizategeko cyangwa mu Butegetsi bw’Ubucamanza bushobora kugabanywa mu gihe hagomba kubahirizwa: 1° ibanga ry’umutekano w’Igihugu n’iry’ubusugire bwacyo; 2° ibanga ry’impaka z’ubucamanza, iz’Inteko Ishinga Amategeko n’iz’Inama y’Abaminisitiri zose zibereye mu muhezo37. Ubwisanzure bw’itangazamakuru mu kugaragaza ibitekerezo no kumenya amakuru ntibugomba na none kubangamira ituze rusange rya rubanda n’imyifatire iboneye, uburenganzira bwa buri muntu bwo kugira icyubahiro n’agaciro mu maso y’abandi n’ubwo kutagira uwivanga mu mibereho ye bwite n’iy’umuryango we. Ubwo bwisanzure kandi ntibugomba kubangamira urubyiruko n’abana38. Hashyizweho kandi itegeko No. 04/2013 ryo kuwa 8/2/2013 ryerekeye kubona amakuru, riha abanyamakuru uburenganzira bwo guhabwa amakuru n’inzego za Leta n’inzego zimwe z’abikorera igihe bayasabye 39. Ubushakashatsi bwa RGB « Rwanda media barometer » bwo muri 2021 bwagaragaje ko ubwisanzure ku mikorere y’itangazamakuru buri ku gipimo cya 93.7%40 Ubushakashatsi bwa RGB "RGS" bwo muri 2021 bugaragaza ko itangazamakuru rifite uruhare runini mu buvugizi n’ubukangurambaga mu bijyanye n’iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage, kuko urwo uruhare ruri ku gipimo cya 81.36% 41. Ku buryo bw’umwihariko, uruhare rw’itangazamakuru rugaragarira mu buvugizi rikora ku birebana n’uburenganzira bwa muntu (95.40%), kurwanya ruswa (64.10%), imiyoborere myiza n’ubumwe bw’Abanyarwanda (89%), kwimakaza ihame ry’uburinganire bw’abagore n’abagabo (60.60%), no guteza imbere ubukire n’imibereho myiza (97.70%)42. Akenshi abavuga ko nta bwisanzure bw’itangazamakuru buri mu Rwanda, ni ababa bashyigikiye abanyamakuru bafatiwe ibihano kubera ko barenze ku mbibi ziteganywa n’amategeko agenga umwuga wabo. o Uburinganire bw’Abanyarwanda bose n’ubw’abagore n’abagabo bushimangirwa n’uko abagore bagira nibura 30% by’imyanya mu nzego zifatirwamo ibyemezo binyuranye Iri hame risaba ko Abanyarwanda bose bagira uburenganzira n’ubwisanzure bingana. Ingingo ya 15 y’itegeko Nshinga ishimangira ihame ko Abanyarwanda bose bangana imbere y’amategeko. Ingingo ya 10, igika cya 4, yongeraho ko uburinganire bw’abanyarwanda bose n’ubw’abagore n’abagabo bushimangirwa n’uko abagore bagira nibura mirongo itatu ku ijana (30%) by’imyanya mu nzego zifatirwamo ibyemezo. Mu gushyira mu bikorwa iryo hame: o Havuguruwe amategeko agenga umuryango, abagabo n’abagore bahabwa uburenganzira bungana mu byerekeranye no gufata ibyemezo bireba umuryango n’umutungo wawo. Umwana w’umuhungu n’umwana w’umukobwa bahawe uburenganzira bungana mu byerekeye izungura. o Hashyizweho kandi inzego zishinzwe ikurikirana ry’ishyirwa mu bikorwa ry’ihame ry’uburinganire hagati y’abagabo n’abagore. E. Kubaka Leta iharanira imibereho myiza y’abaturage no gushyiraho uburyo bukwiye kugirango bagire amahirwe angana mu mibereho yabo Mu gushyira mu bikorwa iri hame, hakozwe byinshi birimo ibi bikurikira: o Igenamigambi ry’igihe kirekire: Hashyizweho icyerekezo 2020 n’icyerekezo 2050 aho u Rwanda rwifuza kuba igihugu gifite ubukungu buteye imbere ku rugero ruringanganiye mu 2035, no kuba igihugu gifite ubukungu buteye imbere cyane muri 2050;
463
1,499
HDI yahembye abahize abandi mu nkuru ku buzima bw’imyororokere. Mu banyamakuru basaga 100 bari batanze inkuru ngo zisuzumwe, abahembwe ni batandatu, bari mu byiciro bitatu. Ibyo byiciro ni Radio, Televiziyo, n’inkuru zanditse haba ku mpapuro (Print) no kuri Interineti (Online). Muri babiri bahembwe muri buri cyiciro uwa mbere yahawe igihembo kigizwe n’igikombe, seritifika na miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda. Uwa kabiri na we yahawe igikombe, seritifika n’ibihumbi 800 by’amafaranga y’u Rwanda. Abakoze inkuru kuri Radio bahembwe babiri ni Irakoze Naomi ukorera Radio Huye wabonye igihembo cya mbere, na Onesphore Yadusoneye ukorera Radio Ijwi ry’Ibyiringiro wabonye igihembo cya kabiri. Mu cyiciro cy’inkuru zanditse ku mpapuro (Print) no kuri Interineti (Online), hahembwe Cyprien Niyomwungeri ukorera Igihe wabonye igihembo cya mbere, na Prudence Kwizera na we ukorera Igihe wabonye igihembo cya kabiri. Mu cyiciro cy’abakoze inkuru kuri Televiziyo zivuga ku buzima bw’imyororokere, hahembwe abanyamakuru babiri bo kuri Flash TV ari bo Yvette Umutesi wabonye igihembo cya mbere, na Agahozo Amiella wabonye igihembo cya kabiri. Umuyobozi wa HDI, Dr. Aflodis Kagaba, avuga ko gahunda yo gutanga ibihembo ku banyamakuru bandika inkuru zijyanye n’ubuzima bw’imyororokere bayitangiye muri 2016, muri uyu mwaka bikaba bibaye ku nshuro ya kane. Avuga ko batanga ibyo bihembo bagamije gukangurira abanyamakuru kwandika ku nkuru zijyanye n’ubuzima bw’imyororokere, ni ukuvuga ibijyanye n’inda zitateganyijwe, kuboneza urubyaro, kuri SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, n’ibindi kugira ngo abanyamakuru babyibandeho, ariko ayo makuru banayageze ku bandi bantu babikeneyeho ubumenyi. Indi mpamvu batanga ibyo bihembo ngo ni ugushima abanyamakuru kubera akazi katoroshye baba barakoze bashakisha amakuru. Dr. Aflodis Kagaba uyobora HDI avuga ko iki gikorwa cyo guhemba abanyamakuru bazakomeza kugikora buri mwaka bafatanyije n’abandi bafatanyabikorwa. Kuri iyi nshuro, abafatanyije na HDI muri iki gikorwa barimo GIZ, Promundo, Packard Foundation, Minisiteri y’Ubuzima, n’Urwego rw’Abanyamakuru bigenzura (RMC). Hari abavuga ko umubare w’abahembwa ari muto bagereranyije n’inkuru nziza kandi nyinshi ziba zakozwe ku buzima bw’imyororokere. Bifuza ko wenda amafaranga ahabwa buri muntu watsinze yagabanywa ariko hagahembwa benshi. Dr. Aflodis Kagaba uyobora HDI, avuga ko ibyo abo bantu bavuga bifite ishingiro, gusa ngo intera HDI igezeho mu gutanga ibyo bihembo irashimishije. Avuga ko bimwe mu byo HDI yifuzaga bimaze kugerwaho kuko batangiye babona umubare muto w’abandika inkuru ku buzima bw’imyororokere, bityo n’abo bahembaga bakaba bari bake. Yagize ati “Nk’ubu uyu mwaka twabonye abatanze inkuru hafi 170. Twagize abanyamakuru hafi 105 batanze inkuru zabo. Twatangiye duhemba batandu, none ubu tugeze ku rwego rwo guhemba abantu batandatu. Twifuza ko umwaka utaha dushobora no guhemba icumi, turateganya ko umwaka utaha dushobora kongera abahembwa.” Dr. Aflodis Kagaba avuga ko bashobora kuzareba ku buryo bwo kugabanya agaciro k’ibihembo batanga cyangwa bagashaka n’abandi bafatanyabikorwa, ibihembo bikaba binini kandi n’umubare w’abahembwa ukiyongera kugira ngo abanyamakuru barusheho kugira umurava wo kwandika no kwigisha abaturage ibyerekeranye n’ubuzima bw’imyororokere. Umunyamakuru @ h_malachie
453
1,305
Sosiyete "China Road" yasabwe gusubiranya ibyangizaga Ikiyaga cya Kivu. Ibi bitare byagwaga mu mazi no ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu ubwo haturitswaga intambi ku ibuye rya Kariba mu murenge wa Bushekeri. Ikigo cy’Umutungo Kamere cyari cyagaragaje ko byabangamiye cyane iki kiyaga, ndetse basaba ko akarere kahita gafata imyanzuro kuri iki kibazo. Ubwo basozaga igenzura mu kwezi kwa Kanama 2015, Kayumba Francis ukora mu kigo cy’umutungo kamere yavuze ko hari ibigo byagiye byangiza ibidukikije ku buryo bukomeye bikwiye gufatirwa ibihano hakurikijwe amategeko mu gihe ibindi byagombaga kugirwa inama kugira ngo byisubireho. Iyangizwa ry’Ikiyaga cya Kivu biturutse ku bitare by’ibuye rya Kariba ryacukuwemo amabuye na sosiyete “China Road & Bridge Corporation” ryavuzwe nka kimwe mu bibazo bikomeye byagombaga gufatirwa ingamba n’ibihano. Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke buvuga ko bwamaze kubwira iyi sosiyete gukuraho ibitare bibangamiye ikiyaga cya kivu mu gihe ibyamaze kugwa mu kiyaga cya kivu ku bwinshi ntacyo babikoraho. Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Kamali Aimée Fabien, avuga ko basabye iyo sosiyete gusubiranya ibitare yanyanyagije ku nkombe z’Ikiyaga cya Kivu naho ngo ibyaguye mu mazi, byagorana ko bivamo. Kamali avuga ko hari icyizere cy’uko bizakorwa vuba kugira ngo iki kiyaga ntikigumye kwangirika kandi ngo nibidakorwa, bazahita bafatira ibihano iyo sosiyete. Ku ibuye rya Kariba riri mu murenge wa Bushekeri ni ho hacukuwe amabuye yakoraga umuhanda wa Kivu belt, uva Nyamasheke ugana Karongi, rikaba ryegereye Ikiyaga cya Kivu. Amabuye yagwaga muri iki kiyaga ndetse n’ayajugunywe ku nkengero zacyo yavuzwe cyane nk’imwe mu mbogamizi zabangamiye cyane ibinyabuzima n’Ikiyaga cya Kivu by’umwihariko. Ubuyobozi bwa “China Road & Bridge Corporation” ntibwifuje kugira icyo bubivugaho.
257
713
Hamenyekanye igihugu perezida Tshisekedi aherereyemo. Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo amaze iminsi avugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kuvugwa ko atari mu gihugu ndetse n’aho yerekeje hatazwi.Amakuru avuga ko uyu mukuru w’igihugu ubu aherereye i Bruxelles mu Bubiligi nk’uko amakuru yatanzwe na Perezidansi ya RDC abivuga.Infos.cd yatangaje ko ku Cyumweru saa 05:05 ari bwo Tshisekedi yageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya N’djili, mbere yo gufata rutemikirere yerekeza i Bruxelles mu ruzinduko rwihariye.Abanyekongo bamaze iminsi barangisha ku mbuga nkoranyambaga uyu mukuru w’ighugu ari nako abandi bavuga ko ari mu Rwanda.Umunyamakuru wa RTBF (igitangazamakuru cy’Ababiligi) yakoze ikosa kuwa 07 Mata,avuga ko Félix Tshisekedi ari i Kigali , nubwo uyu mukuru w’igihugu cya Kongo atari no ku rutonde rw’abatumirwa mu Rwanda.Umuvugizi wa Félix Tshisekedi, Tina Salama,yaje kubinyomoza avuga ko perezida Tshisekedi atari mu Rwanda, ahubwo ko yagiye mu gihugu "cy’amahanga".
143
398
Volleyball: Shampiyona ya 2024 iratangira muri Mutarama, abanyamahanga bongerewe. Nk’imwe mu ngingo rukumbi yagombaga kuganirwaho, abanyamuryango b’iri shyirahamwe bemeje ko umwaka utaha w’imikino ya shampiyona mu cyiciro cya mbere cy’abagabo n’abagore watangira muri Mutarama tariki ya 20. Ugendeye kuri shampiyona y’umwaka ushize ya 2023, bigaragara ko kuri iyi nshuro shampiyona yaba igiye gutangira vuba gusa nk’uko byasobanuwe na Perezida w’iri shyirahamwe, Ngarambe Raphael, yavuze ko babisabwe n’impuzamashyirahamwe y’umukino wa Volleyball ku isi ko bakora ibishoboka bagahuza n’ingengabihe yayo kugira ngo hajye hamenyekana hakiri kare amakipe azahagararira Igihugu mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo (Champions League) ndetse no gutanga umwanya wo kwitegura ku makipe y’ibihugu. Muri iyi nama kandi abayitabiriye baboneyeho n’umwanya wo kwakira abanyamuryango bashya ndetse bazahita batangirira mu cyiciro cya mbere ari bo Kaminuza ya Kepler ndetse na East African University zose zinjiranye amakipe y’abagabo aho kuri ubu umubare w’amakipe wiyongereye ukava ku makipe 8 akagera ku 10. Mu bandi banyamuryango bakiriwe ariko bazahera mu cyiciro cya kabiri ndetse no muri shampiyona y’abato, harimo ishuri GS KABARE na APE RUGUNGA, aya makipe yombi akazaba afite amakipe y’abahungu naho mu cyiciro cy’abagore hakaba harakiriwe amakipe ya Institut St Famille Shangi, Ecole Ste Bernadette Save ndetse na Wisdom School yo mu Karere ka Musanze. Muri iyi nama kandi hizwe ku ngingo yo kongera umubare w’abakinnyi b’abanyamahanga bakina muri shampiyona yo mu Rwanda. Kuri iyi ngingo hemejwe ko abanyamahanga bakurwa kuri babiri bagashyirwa kuri batatu muri buri kipe yifuza kubakinisha ariko ibi bikazakorwa mu myaka ibiri iri imbere noneho nyuma yaho hakazakorwa isuzuma niba koko bakomeza kwemererwa cyangwa babagabanya byaba na ngombwa bagakurwaho burundu. Umunyamakuru @amonb_official
266
721
ni umutware wa buri Mukristokazi? Sobanura. 8 Umuvandimwe wese si umutware wa buri Mukristokazi. Ahubwo ni Kristo. (Soma mu Befeso 5:23.) Mu muryango, umugabo ni umutware w’umugore we. Umwana w’umuhungu wabatijwe si umutware wa nyina (Efe 6:1, 2). Nanone  mu itorero, ubutware abasaza bafite ku bavandimwe na bashiki bacu bufite aho bugarukira (1 Tes 5:12; Heb 13:17). Ariko se twavuga iki kuri bashiki bacu b’abaseribateri batakibana n’ababyeyi? Bakomeza kububaha kandi bakubaha n’abasaza b’itorero. Ariko kimwe n’abavandimwe, umutware wabo ni Kristo. Abaseribateri batakibana n’ababyeyi babo, umutware wabo ni Yesu (Reba paragarafu ya 8) 9. Kuki hari igihe bashiki bacu basabwa gutwikira umutwe? 9 Yehova ni we wahaye abagabo inshingano yo kwigisha no kuyobora itorero ntiyayiha abagore (1 Tim 2:12). Kuki yabigenje atyo? Ibuka icyatumye agira Yesu umutware w’umugabo. Kwari ukugira ngo mu itorero habeho gahunda. Ni yo mpamvu Yehova asaba mushiki wacu gutwikira umutwe  mu gihe bibaye ngombwa ko akora ibintu ubusanzwe bikorwa n’umuvandimwe (1 Kor 11:4-7). Ibi Yehova ntabisaba bashiki bacu kugira ngo abateshe agaciro. Ahubwo ni ukugira ngo abahe uburyo bwo kugaragaza ko bubaha gahunda y’ubutware yashyizeho. Reka noneho dusubize ikibazo kibaza ngo: “Ese ububasha abasaza bafite mu itorero, bungana n’ubwo abagabo bafite mu miryango yabo?” Ni ryari mushiki wacu asabwa gutwikira umutwe? Kugira ngo mushiki wacu amenye igihe agomba gutwikira umutwe, yagombye kwibaza ibibazo bitatu: 1. Ese iyi nshingano isaba ko nsengera abandi mu ijwi riranguruye cyangwa nkigisha umuntu Bibiliya, hari umuvandimwe wabatijwe ushobora kumbona kandi akanyumva?1 Kor 11:4, 5. 2. Ese nubwo nta muvandimwe wabatijwe waba uhari, ubundi iyi nshingano isohozwa n’umuvandimwe wabatijwe?1 Tim 2:11, 12; Heb 13:17. 3. Niba mushiki wacu yarashatse, ese umugabo we yaba ari hafi aho ku buryo yakumva mu gihe asenga cyangwa yigisha abandi Bibiliya?1 Kor 11:3. Niba ashobora gusubiza ikibazo icyo ari cyo cyose muri ibyo yemeza, yagombye gutwikira umutwe. Ariko niba igisubizo ari oya, si ngombwa ko yitwikira umutwe.  UBUBASHA BW’ABASAZA MU ITORERO N’ABAGABO MU MIRYANGO YABO 10. Ni iki gishobora gutuma umusaza ashyiriraho amategeko abagize itorero? 10 Abasaza bakunda Kristo n’“intama” Yehova na Yesu babashinze (Yoh 21:15-17). Kubera ko umusaza aba akunda cyane abagize itorero, hari igihe yakumva ameze nk’umubyeyi wabo. Ashobora gutekereza ko niba umutware w’umuryango afite uburenganzira bwo gushyiriraho abagize  umuryango we amategeko yo kubarinda, umusaza na we ashobora kubigenza atyo mu itorero. Hari n’igihe abavandimwe na bashiki bacu bashobora kugusha abasaza muri uwo mutego babasaba kubafatira umwanzuro. Ariko se koko ubutware abasaza bafite mu itorero bungana n’ubwo abagabo bafite mu miryango yabo? Abasaza bafasha abagize itorero kuba inshuti za Yehova no kumva bakunzwe. Nanone Yehova yabahaye inshingano yo kuvana mu itorero abanyabyaha batihana (Reba paragarafu ya 11 n’iya 12) 11. Inshingano z’abasaza b’itorero n’iz’abatware b’imiryango zihuriye he? 11 Intumwa Pawulo yagaragaje ko inshingano y’umutware w’umuryango ifite aho ihuriye n’iyo umusaza w’itorero (1 Tim 3:4, 5). Urugero, Yehova asaba abagize umuryango kumvira umutware w’umuryango (Kolo 3:20). Nanone asaba abagize itorero kumvira abasaza. Yehova ashaka ko abatware b’imiryango n’abasaza b’itorero bigisha Ijambo rye abo bashinzwe kwitaho. Abatware b’imiryango n’abasaza b’itorero basabwa gukunda abo bashinzwe kwitaho. Kimwe n’abatware beza b’imiryango, abasaza na bo bita ku bagize itorero mu gihe bafite ibibazo (Yak 2:15-17). Nanone Yehova yifuza ko abasaza n’abatware b’imiryango, bafasha abo bayobora kumvira amategeko ye. Ariko nanone abasaba ‘kudatandukira ibyanditswe’ muri Bibiliya.1 Kor 4:6. Abatware b’imiryango bafite inshingano yo kwita ku miryango yabo. Umugabo mwiza abanza kugisha inama umugore we mbere yo gufata imyanzuro (Reba paragarafu ya 13) 12-13.
568
1,647
U Rwanda rwifuza ko isi iha agaciro igikorwa cyo kwibuka Jenoside-Paul Kagame. Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwifuza ko isi iha agaciro igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, abantu birinda kuyihakana no kuyipfobya. Ibi Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu kiganiro n’abanyamakuru cyitabiriwe n’abanyamakuru biganjemo abakorera ibitangazamakuru mpuzamahanga, bakurikiranye igikorwa cyo gutangiza icyunamo cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi. Perezida Paul Kagame yasobanuye ko buri mwaka ibihugu bitandukanye byifatanya n’u Rwanda mu bikorwa byo kwibuka, ndetse byinshi bikarushaho gusobanukirwa amateka u Rwanda rwanyuzemo. Umukuru w’Igihugu yagaragaje ko nubwo hashize imyaka 30 Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye, hakiri bimwe mu bihugu ndetse n’abayobozi mu nzego nkuru zo mu miryango mpuzamahanga, bakigaragara mu bikorwa byo gupfobya ndetse no kugoreka amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Ku kibazo yabajijwe n’umunyamakuru kirebana n’u Bufaransa uburyo bubanye n’u Rwanda, ahereye ku butumwa bwa Perezidanse y’icyo gihugu n’ubwo Perezida Emmanuel Macron we ubwe yatangaje ku munsi wo kwibuka nyirizina, Perezida Kagame yasubije ko muri iki gihugu hakiri abantu mu nzego zinyuranye bakiziritswe n’amateka. Yagize ati “Umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa uhagaze neza muri iyi minsi, gusa hirya y’ibyo hari amateka y’igihe kirekire aturuka ku bibazo byabaye mu gihugu cyacu mu myaka 30 ishize, gusa nemeranya n’imitekerereze yanjye ko hari impinduka. Ariko hari bamwe barimo n’abanyapolitiki n’abo mu zindi nzego mu Bufaransa bakiboshywe n’ibyabaye na nubu bakibereye muri politiki ya kera, tuzakomeza gukorana n’abafite imyumvire ifite icyerekezo kizima, ntawe nacira urubanza, abanyapolitiki nibo bafite ibibazo. Nkunze kumva bavuga ibintu byivuguruza, ntabwo mbitindaho ahubwo ndeba ibyiza byatuma tugira aho tugera.” Iki kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’abanyamakuru kibaye nyuma y’umunsi umwe hatangijwe ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi.
270
770
Kinshasa:Inama y’igitaraganya itegura imyigaragambyo. Guverineri Gentiny Ngobila yahamagariye abakandida batavuga rumwe n’ubutegetsi   inama y’igitaraganya kuri uyu wa 26 ukuboza mu rwego rwo gutegura imyigaragambyo yamagana iyibwa ry’amajwi mu matora ya Perezida yabaye tariki ya 20 ukuboza 2023. Guverineri  Gentiny Ngobila uri mubatemeranwa na comisiyo y’amatora uburyo amatora yakozwe mo ndetse ntibemere n’imibare y’amajwi kugeza ubu akiri gutangazwa,yahamagariye  bagenzi be bari mo abakandida nka Martin Fayulu,Denis Mukwege,Theodore Ngoy,Jean Claude Baenda na Nkema Liloo kwitabira  inama  muri Hotel imwe iri mu mujyi wa Kinshasa yo kunoza umugambi no gutegura ,gupanga gahunda bafite yo kwigaragambya banenga banahakana ibyavuye mu matora yo ku wa 20 ukuboza 2023. iyo myigaragambyo iteganyijwe ku wa gatatu tariki ya 27 ukuboza 2023, rukaba ari urugendo ruzahagurukira k’umuhanda witiriwe ku ya 30 kamena rukagera ku biro bya komisiyo y’amatora (CENI) i Kinshasa. mubyo aba bagabo batavuga rumwe n’ubutegetsi  bigaragambiriza harimo kuba amatora atarakurikije amategeko  agenga amatora,nkaho yari ateganyijwe kuba ku itariki ya 20 ukuboza gusa ariko agakomeza kuba mu bice bimwe na bimwe kugeza ku itariki ya 25 ukuboza 2023. mu kiganiro n’itangazamakuru cyayobowe n’umuvugizi wa guverinoma bwana Patrick Muyaya,Ministre w’ubutegetsi bw’igihugu yatangaje ko Leta yiteguye gukora igishoboka cyose kugirango umutekano w’abanyagihugu urindwe neza. akomeza avuga ko abigaragambya ari abishinja gutsindwa kuko komisiyo y’amatora itaranarangiza gutangaza amajwi yose.
209
624
Umukinnyi ukomeye muri Bundesliga yahuriye n’uruva gusenya mu kabari. Umukinnyi wa Hertha Berlin witwa Aymen Barkok yajyanwe mu bitaro igitaraganya nyuma yo gukubitirwa mu kabari bikamuviramo gukomereka.Uyu munya Maroc w’imyaka 25,yari yasohokeye muri aka kabari ko mu mujyi wa Berlin,kuwa Gatandatu,ubwo iri shyano ryamugwiraga.Barkok yarakubiswe cyane bimuviramo no gukomereka mu maso.Nyuma yo kurara mu bitaro,yabazwe ku cyumweru imvune yari yagize.Uku gukubitwa kuzatuma Barkok atongera kugaragara mu kibuga muri uyu mwaka w’imikino kuko agomba kubanza gukira imvune.Hertha yemeje uru rugomo rwakorewe Barkok mu butumwa yashyize hanze.Bugira buti: "Twatewe ubwoba no kumenya ejo ko Aymen Barkok yagabweho igitero mu kabari ko muri Berlin mu ijoro ryo ku wa gatandatu rishyira ku cyumweru, bityo akaba yarajyanwe mu bitaro afite ibikomere byo mu maso."Aymen yabazwe neza ejo, ku cyumweru, ariko ntabwo tuzongera kumukinisha muri uyu mwaka w’imikino"Tukwifurije gukira vuba, Aymen! Turi kugutekerezaho."Uyu mukinnyi akina asatira ariko aca ku mpande.Barkok yinjiye muri Hertha ku ntizanyo ya Mainz muri Mutarama,gusa iyi kipe yabo ntabwo yitwaye neza cyane.Uyu mukinnyi yakinnye imikino icyenda muri uyu mwaka w’imikino ndetse Hertha irusha inota rimwe ikipe zishobora kumanuka.
177
506
kera k'icyuma. Muri icyo gihe, ingengabitekerezo ya hamite yarigishijwe kandi irasakazwa cyane mu Burundi no mu Rwanda, aho yahitaga yumvikana ku buryo bwihuse kubera impamvu ebyiri: ubutegetsi bwa gikoroni bwabivanagamo ibisobanuro bifite imizi mu mateka kugira ngo busobanure poritiki yabwo yo kwimira bamwe no gutonesha abandi. Abategetsi bakurikiyeho, baba Abatutsi basimbuwe n'Abahutu, bose babigiriwemokandi babishyigikiwemo n'ubuyobozi bwa Kiriziya Gatorika mu Rwanda n'ibihugu byahoze bikoronije u Rwanda, na bo bakomereje muri iyo nzira bayitirira ko ifite ibisobanuro bya gihanga nyamara bagamije gushimangira poritiki y'ivangura yabafashaga kubungabunga inyungu zabo no kugira ngo batinde ku butegetsi. Ingengabitekerezo ya hamite yakomeje gushimangira ibiterekezo bidafite imvano bishyigikira ivangura mu gihe cy'ubutegetsi bwa gikoroni ku ruhande rumwe, hanyuma ku rundi bibangikana n'ibifatiye ku ngengabitekerezo ya bantu, byagize uruhare runini mu ishimangirwa ry'irondakoko nyuma y'ubwigenge. Uko ibihe byahitaga ni ko hagendaga havugwa cyane ko amoko atandukanye, bishingikirije impamvu zidafite imvano n'ibinyoma bitandukanye. Ibyo byose byamamazwaga cyane n'inyandiko zerekeye imibereho y'abantu, za raporo z'ubutegetsi bw'Ababirigi n'abamisiyoneri, ariko cyanecyane inyigisho zo mu mashuri, amenshi yayoborwaga n'abamisiyoneri. Abategetsi gakondo b'Abatutsi bishimiye iyo migirire kubera ko yabahaga ibisobanuro by'ukwikanyiza kwabo kwari gushyigikiwe kandi gukomezwa n'ubutegetsi bwa gikoroni bwashimangiye ingamba z'umutekano w'imbere n'inyuma y'igihugu. Kwitegereza iyo migirire yose byatumye Abatutsi bari bashyigikiwe bumva babyishimiye naho rubanda rutabonaga ku byiza by'igihugu birushaho kubatera kumva bahejwe Ikiciro cya gatatu cyaranzwe no gukemanga bikomeye ibitekerezo bya hamite n'impaka zitoroshye ku byerekeye inkomoko y'indimi za bantu.51 Isoko n'inzira zaciwe mu isakazwa ry'indimi za bantu byakuruye ibisobanuro bitandukanye. Umugani w'abahamite wahimbwe mu mpera z'ikinyejana cya 19 mu rwego rwo gusobanura ibyarangaga isanzuramuco muri Afurika wararwanyijwe ahagana mu myaka ya 1949 maze bigaragara ko nta kuri wari uhatse ahagana mu myaka ya 195453. Mu by'ukuri nta muntu utuye ku isi w'umuhamite. Muri icyo gihe, ibitekerezo bishimangira ikwirakwira ry'aba bantu ni byo byamamaye mu gusobanura imiturirwe y'Afurika yo hagati, y'iburasirazuba n'iyo mu magepfo. Ubwo abahanga mu bumenyi bw'imibereho y'abantu, abo mu bumenyi bw'ibisigaratongo n'abahanga mu iyigandimi barushanijwe mu gushaka ingingo za gihanga zishyigikira ibyo bitekerezo. Ikiciro cya kane cyaranzwe cyane n'ingingo ya Greenberg yemeza yuko isoko ya bantu iri mu majyaruguru y'uburengerazuba y'intara yitirirwa ba bantu uyu munsi. Iyo ngingo yashyigikiwe n'abahanga mu iyigandimi benshi. Ikwira ry'abantu bavuga indimi za bantu ryerekanwa n'ikarika yakozwe n'abahanga mu iyigandimi bo muri Kaminuza ya Cologne, ari bo Heine B., Hoff H. na Vossen R.56. Iyo karita yerekana uko bakwirakwiye, inzira baciye n'ibyiciro byaranze iryo sakara. Ikwira ry'ururimi rukurambere rw'indimi bantu ryaba ryaratangiye ahagana hagati y'imyaka y'ibikumbi 3500 na 5000 mbere y'Ivuka rya Yezu naho itsinda ryerekeje mu burasirazuba ryo riza mu wa 3000 mbere y'ivuka rya Yezu. Ibyo bisobanuro byemewe n'abahanga benshi mu byerekeye ibisigaratongo, ndetse banagerageza kubishyigikira batanga amatariki ahamya igihe hagiye hagaragarira ubumenyi bwitirwa aba bantu (Reba ikarika ya 4 n'iya 5 zikurikira rezeraka i kwira ry'indimi za bantu: ibihe n'inkomoko z'isakara Uburyo bwa kabiri bw'ibisobanuro, bushyigikira ko habayeho iterambere ritandukanye ry'indimi za bantu zikomoka iburasirazuba n'iz'iburengerazuba. Abavuga izo ndimi za bantu mu burasirazuba baba barahereye ku isoko yabo, iherereye ku rubibi rwa Nijeriya na Kameruni, bakazenguruka ishyamba ryo hafi ya toropiki mu majyaruguru, ubundi bagakwirakwira mu karere k'ibiyaga bigari, hanyuma bagaturuka aho basakara muri Afurika y'uburasirazuba n'iyo mu magepfo (byanditsweho na: Coupez n'abandi, 1975; Bastin n'abandi, 1983; Vansina, 1984). Ubumenyi bw'ibisigaratongo bukaba bwaratumye ibisobanuro bishingiye ku mateka byari byatanzwe bisubirwamo, cyanecyane butanga amatariki yashingirwaho mu gutanga ibisobanuro ku mateka ya kera. Kubera iyo mpamvu ibisobanuro byari bigezweho mu gice cya kabiri k'ikinyejana cya 20 byarushijeho gukurura impaka ndetse bimwe ntibyakomeza gufatwa nk'ukuri gusesuye. Nubwo isesengura ryimbitse rishamikiye ku iyigandimi ryaba ryarerekanye ko ingingo
585
1,805
George Weah yatumiye Wenger mu birori byo kurahira kwe. Icyamamare mu mupira w’amaguru George Weah giheruka gutorerwa kuyobora Liberia,cyatumiye umutoza w’ikipe ya Arsenal Arsene Wenger kuzaza mu birori byo kurahirira kuyobora iki gihugu nka perezida mushya bizaba taliki ya 22 Mutarama 2017. George Weah watojwe na Arsene Wenger kuva mu mwaka wa 1988 kugeza mu mwaka wa 1992 ubwo yakinaga mu ikipe ya Monaco,yatumiye uyu wahoze ari umutoza we ngo azaze bishimane muri ibi birori byo kurahira bizabera mu mugi wa Monrovia. George Weah niwe mukinnyi (...)Icyamamare mu mupira w’amaguru George Weah giheruka gutorerwa kuyobora Liberia,cyatumiye umutoza w’ikipe ya Arsenal Arsene Wenger kuzaza mu birori byo kurahirira kuyobora iki gihugu nka perezida mushya bizaba taliki ya 22 Mutarama 2017.George Weah watojwe na Arsene Wenger kuva mu mwaka wa 1988 kugeza mu mwaka wa 1992 ubwo yakinaga mu ikipe ya Monaco,yatumiye uyu wahoze ari umutoza we ngo azaze bishimane muri ibi birori byo kurahira bizabera mu mugi wa Monrovia.George Weah niwe mukinnyi rukumbi w’umunyafurika washoboye gutwara igihembo cya Ballon d’or itangwa n’ikinyamakuru France Football mu mwaka wa 1995 ubwo yakiniraga ikipe ya AC Milan, none yamaze kwinjira muri politiki.Wenger yabwiye itangazamakuru ko azitabira ibi birori naramuka ahawe ibihano na FA none yamaze guhagarikwa imikino 3 n’amande y’ibihumbi 40 by’amapawundi kubera kunenga imisifurire mu ruhame.George Weah akiri umukinnyi muri MonacoWeah w’imyaka 51 yatsinze amatora ku majwi 61.5 ndetse yiteguye kurahirira kuyobora igihugu cya Liberia nyuma yo kureka umupira w’amaguru.Perezida mushya wa Liberia George WeahGeorge Weah yakiniye amakipe akomeye ku mugabane w’I Burayi nka Monaco,PSG,Chelsea,Manchester City na Marseille.
254
635