text
stringlengths 159
9.91k
| nwords
int64 15
1.2k
| ntokens_llama32
int64 70
3.89k
|
---|---|---|
Basketball: Misiri yabujije u Rwanda kujya muri kimwe cya kabiri. Mu mukino wabaye kuri uyu wa kabiri tariki ya 18 Nyakanga 2017, ikipe ya Misiri n’ubundi yari yatsinze u Rwanda mu mikino y’amajonjora ibitego 101 kuri 45, yongeye guhura n’u Rwanda mu mikino ya kamarampaka. Hashakwaga amakipe ane akina muri ½ maze umukino urangira ari amanota 82 ya Misiri kuri 42 y’u Rwanda bituma rubura amahirwe yo gukomeza. U Rwanda rwasabwaga gutsinda Misiri na Algeria bazakina mu mukino wa nyuma kugira ngo rubashe kwizera gukina imikino ya ½ ariko ubu ntibigishobotse. Nyuma yo gutsindwa, u Rwanda ruri ku mwanya wa gatandatu mu makipe umunani. N’iyo rwatsinda umukino wa nyuma ruzakina na Algeria ntirwabasha kubona itike yo kujya muri kimwe cya kabiri. Mozambique yo iza ku mwanya wa karindwi naho Ibirwa bya Maurice byakiriye iyo mikino biza ku mwanya wa munani. Amakipe yose asigaje umukino umwe. Ane ya mbere akazakina muri ½ naho u Rwanda n’andi makipe atazagera muri ½ azahatanira kujya ku rutonde kuva ku mwanya wa gatanu kugeza ku wa munani.
| 172 | 388 |
Mu Rwibutso Rwa Rukumberi Hagiye Gushyingurwa Imibiri 2 500. Abafite ababo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi batuye mu Karere ka Ngoma n’ahandi mu Rwanda bari i Rukumberi mu gikorwa cyo gushyingura imibiri 2 500 yabonywe hirya no hino muri kariya gace guhera muri 2020 kugeza ubu. Mu rwibutso rwa Jenoside rwa Rukumberi rusanzwe ruruhukiyemo imibiri isaga ibihumbi 40 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi. Abazi amateka ya kariya gace bemeza ko ari kamwe mu duce twageragerejwemo Jenoside yakorewe Abatutsi, haba mu mwaka wa 1959 ndetse no mu myaka yabanjirije uwakorezwemo Jenoside nyirizina ari wo wa 1994. Ni agace katujwemo Abatutsi mbere ya 1994, bikaba byarakozwe mu rwego rwo kubashyira ahantu habo hihariye kugira ngo kubica bitazabagora. Imiterere yaho [Rukumberi] ituma haba nk’ikirwa kuko hakikijwe n’amazi y’ibiyaga bya Mugesera, Sake na Birira n’Umugezi w’Akagera. Hari benshi mu Batutsi bajugunywe muri ariya mazi ari bazima abandi bajugunywamo bitemwe cyangwa banapfuye. Umuhango wo gushyingura iyi mibiri witabiriwe na Minisitiri w’ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Guverinoma Johnston Busingye. Hari kandi Prof Jean Pierre Dusingizemungu wahoze ayobora IBUKA, Guverineri w’Intara y’i Burasirazuba CG Emmanuel Gasana na Meya w’Akarere ka Ngomba Aphrodis Nambaje. Minisitiri w’ubutabera Johnston Busingye niwe mushyitsi mukuru Amasanduku arimo imibiri iri bushyingurwe Urwibutso rwa Rukumberi ruherereye mu Karere ka Ngoma
| 204 | 568 |
Umukozi w’Intara y’Amajyepfo ukekwaho gutanga ruswa yasabye kuburana ari hanze. Ni icyaha Ubushinjacyaha buvuga ko Kabera yagikoze ubwo yari amaze kubazwa n’Umugenzacyaha wa Sitasiyo ya RIB ya Nyamabuye, Kabera yamara gutaha akoherereza uwo mugenzacyaha amafaranga 10.000frw, aherekejwe n’ubutumwa bugufi. Ubugenzacyaha bwo bwari bwavuze ko ubwo butumwa bugufi bwavugaga ko Kabera yatumiraga uwo mugenzacyaha ngo baze guhura basangirire muri Hoteli. Ubushinjacyaha bwagaragarije urukiko ko Kabera yakoze icyo cyaha cyo gutanga ruswa, agamije kwica amarangamutima y’umugenzacyaha ukurikirana dosiye ya Kabera, ku cyaha cyo guhoza umugore bashakanye mu buryo bwemewe n’amategeko ku nkeke amuhohotera. Kabera yasobanuye ko ayo mafaranga atayatanze nka ruswa, kuko yayamwoherereje ibazwa kuri iyo dosiye ryarangiye, bityo ko iyo ruswa ntacyo yari guhindura kuri ryo, ahubwo avuga ko yayoherereje umugenzacyaha kubera ko bari biriranwe muri iryo bazwa, ryatwaye igihe kirekire ngo na we anywe amazi. Kabera asaba urukiko gushishoza ku byo ubushinjacyaha buvuga, agahabwa ubutabera akarekurwa akaburana ari hanze, kuko atabangamira iperereza cyangwa ngo atoroke ubutabera nk’uko ubushinjacyaha bwabishingiragaho bumusabira gufungwa by’agateganyo iminsi 30. Ibyo kandi anabihurizaho na Me Mico Joseph Twagirayezu umwunganira mu mategeko, aho na we yasobanuye ko amafaranga Kabera yoherereje umugenzacyaha ntaho ahuriye na ruswa, kuko ntaho bigaragara ko bari bayumvikanyeho mbere y’ibazwa ngo abe yari arimo kurangiza amasezerano bagiranye. Yavuze kandi ko bitabujijwe ko umugenzacyaha yasangira na Kabera, kandi ko bitabujijwe ko Kabera yatanga impano ku wo ashatse, bityo ko amafaranga yahaye umugenzacyaha atafatwa nk’igikorwa kigize icyaha. Me Mico Joseph Twagirayezu asanga umukiriya we yari akwiye ahubwo guhita aburanishwa, cyangwa akarekurwa akaburana ari hanze mu kazi ke, kuko aho akorera hazwi kandi n’aho atuye hazwi ko Kabera atatoroka ubutabera cyangwa ngo yice iperereza. Avuga ko Kabera nk’umukozi w’Intara ntaho yigeze akurikiranwa mu nkiko cyangwa ngo agaragare mu bikorwa bigamije icyaha, bityo ko aburanye ari hanze ntacyo byabangamiraho iperereza. Nyuma yo kumva impande zose, umucamanza yategetse ko umwanzuro w’urukiko ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, uzasomwa ku wa Gatanu tariki ya 09 Gashyantare 2024 saa sita z’amanywa. Umunyamakuru @ murieph
| 321 | 926 |
ICC yasohoye impapuro zo guta muri yombi Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu n’abayobozi ba Hamas. Umushinjacyaha, mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha, ICC Karim Khan, yasobanuye, ko Minisitiri w’intebe Benjamin Netanyahu na Gallant bakekwaho ibyaha by’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu, birimo kwicisha abantu inzara, kubabaza cyangwa se gukomeretsa bikomeye, kwica ku bushake, gutanga ibwiriza ryo kugaba ibitero bigambiriwe mu basivili, gutsemba biturutse ku kwicisha abasivili inzara, gutoteza n’ibindi bikorwa bya kinyamaswa. Umushinjacyaha Khan yatangaje ko yagejeje mu rukiko rwa ICC ibimenyetso byafashwe muri Gaza birimo ubuhamya bw’abarokotse ibitero by’ingabo za Israel, ababibonye, amashusho y’umwimerere, amafoto, amajwi, amashusho yafatiwe mu kirere ndetse n’amatangazo y’abashinjwa ibi byaha agaragaza ko ibyakozwe byose byari bigambiriwe. Umuyobozi wa Hamas, Yahya Sinwar n’Umugaba Mukuru w’abarwanyi b’uyu mutwe, Mohamed Diab Ibrahim al-Masri ndetse na Ismail Haniyeh uyobora ishami rya politiki na bo bashyiriweho impapuro zo kubata muri yombi, bashinjwa ibyaha by’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu byakorewe ku butaka bwa Israel no muri Gaza guhera tariki ya 7 Ukwakira 2023. Khan yasobanuye ko hari impamvu zifatika zituma aba bayobozi ba Hamas bashinjwa kugira uruhare mu bwicanyi bwakorewe amagana y’abasivili ba Israel no gufata bunyago abantu 245 mu gihe uyu mutwe wagabaga igitero muri Israel, ashingiye ku bimenyetso birimo amashusho yafashwe na CCTV, amajwi y’umwimerere, amafoto, amatangazo y’aba bayobozi n’ibyo abahanga bagaragaje. Uyu mushinjacyaha yatangaje ko yasuye ibice birimo Kibbutz Be’eri, Kibbutz Kfar Aza hamwe na Re’im iberamo ibitaramo bya Supernova, abona uko ibi bitero byagabwe n’ingaruka zabyo, kandi ngo yanavuganye n’abarokotse ibi bitero, yumva akababaro kabo. Kuva Israel yatangiza intambara simusiga mu gace ka Gaza, abahatuye ntibongeye kugoheka nk’uko byari bisanzwe. Nibura 85% bya miliyoni 2,3 zituye Gaza bavuye mu byabo, mu gihe abana ibihumbi 14 bishwe n’ibitero karundura bya Israel. Muri rusange, abantu 34.183 bamaze kwicwa muri Gaza, mu gihe abandi barenga ibihumbi 77 bamaze gukomerekera muri iyi ntambara. Nibura buri minota 10, umwana umwe aba yishwe muri Gaza, ndetse abana n’abagore nibo bagize igice kinini cy’abamaze kugwa muri iyi ntambara kuko bihariye 72% naho abantu 7000 baburiwe irengero. Leta ya Isiraheli yashoje urugamba rukomeye kuri Palestine, nyuma y’ibisasu birenga 5,000 umutwe wa Hamas wayisutseho biturutse i Gaza, ari na ko abarwanyi b’uwo mutwe (witwa uw’Iterabwoba) bamena uruzitiro binjira muri Israel. Nyuma y’ibitero byagabwe na Hamas mu rukerera rwo ku wa Gatandatu tariki 07 Ukwakira 2023, bigashimuta Abanya-Isiraheli, i Gaza muri Palestine hiriwe ari umuyonga kuko Israel yahise itangiza intambara yeruye muri Gaza. Israel ishyigikiwe n’ibihugu by’iburengerazuba bw’Isi (u Burayi na Amerika) n’inshuti zabyo, mu gihe Palestine ishyigikiwe n’ibihugu byiganjemo Abayisilamu cyane cyane Irani. Mu bihugu byamaganye ibitero bya Hamas harimo u Bwongereza n’u Bufaransa, mu gihe Irani na yo yashimiye Hamas ndetse na Qatar, ivuga ko Isiraheli ari yo nyirabayazana w’ibitero byayigabweho. Umutwe wa Hamas uvuga ko wagabye igitero kuri Isirayeli nyuma y’uko ngo ivuze nabi (isebeje), Umusigiti wa Al Aqsa uri i Yerusalemu ahahoze Urusengero rw’Abayuda, rwubatswe n’Umwami Salomo, rukaza gusenywa mu kinyejana cya mbere (mu mwaka wa 70 nyuma y’ivuka rya Yesu/Yezu). Umunyamakuru @ musanatines
| 484 | 1,333 |
Murakoze Nyakubahwa Perezida. Perezida wa Sena, Dr. IYAMUREMYE Augustin Murakoze Nyakubahwa Senateri. Ijambo ni irya Perezida wa Komisiyo kugira ngo asubize ibibazo. Perezida wa Komisiyo y’Iterambere ry’Ubukungu, Honorable NKUSI Juvénal Murakoze Nyakubahwa Perezida kuba mumpaye ijambo kugira ngo nsubize ibibazo bagenzi bacu babajije. Nshimira na bagenzi banjye bo muri Komisiyo bashoboye kutwunganira muri iyi “séance” ko harimo ibyo bagiye basobanura ku buryo bwumvikana bagenzi bacu bakaba basobanukiwe neza. Ku kibazo cya Honorable Visi Perezida turamushimira ko yadushimiye. Icyo navuga kuri uriya mwanzuro ni uko BNR yagaragaje impungenge kandi zikomeye, kandi izo mpungenge ikorana n’abandi, ni ukuvuga ngo ntabwo ifite “leadership” muri iyo “opération”. Kungurana ibitekerezo rero byari gutuma yuko niduhura na ifite “point de vue “yayo. Kandi yatweretse yuko mu nshingano zayo mubona ko hiyongereyeho muri “supervision bancaire” mubona ko ibintu bigenda neza bitahise bizamuka. Ibyo rero dushaka ni ukugira ngo dushake ibisubizo bagaragaje kuri ziriya mpungenge nkatwe nka Sena dukurikije inshingano zacu, dukurikije “mission” yacu natwe kugira ngo duparitisipe (participer) mu gutanga ibisubizo kuri biriya bibazo bagiye bagaragaza. Ni ukuvuga rero ngo ni ikizavamo ni uko hazavamo ni ugushakira hamwe ibisubizo kuri biriya bibazo byagiye bigaragazwa n’uburyo twahuza inzego kugira ngo tubiganireho bizagire umwanzuro ushoboka kandi uzashyirwe mu bikorwa. Izi nzego rero ntabwo zishobora kuba “exhaustifs”, izi ni zo ureba umuntu amaze kubona raporo ya BNR, ese duhuye na “Rwanda Cooperative Agency”, batubwira iki? Ese niduhura na MINECOFIN, bizagenda bite? Ni ukuvuga ngo ni ugufungura inzira yo kugira ngo biriya bibazo tubona biriho tubishakire ibisubizo dukubiye mu nzego. Ni yo mpamvu tuvuga tuti: “Duhuye na ziriya nzego hanyuma tugahurira hamwe twavanamo umwanzuro ushobora kugirira akamaro ushobora no gutanga umurongo wakurikizwa mu gushyira mu bikorwa no kubonera ibisubizo bimwe tubona”. Kuko “principe” ya “participation” y’Abanyarwanda twese, y’inzego twese mu kubonera ibisubizo by’ibibazo dufite irakenewe. Ni ukuvuga rero ngo nidutangira kiriya gikorwa tuzagaragaza ubwo tuzahura n’igihe na “framework” tuzashingiraho kugira ngo tugire intambwe dutera. Kuko “objectif” si ukurebera biriya bibazo, ahubwo ni ukugira uruhare mu gushaka ibisubizo kuri ibyo bibazo dufatanyije n’izindi nzego. Ku kibazo cya Honorable NSENGIYUMVA Fulgence ntabwo wadushubije inyuma rwose, kuko mu itegeko ntekereza ni ku ngingo ya 183 y’Itegeko ritugenga Komisiyo itanga ibitekerezo ntabwo ari itegeko ryo kugira ngo ihure n’uwatanze raporo. Na byo birashoboka ariko na none iyo tuza guhura na Banki Nkuru y’Igihugu yari kutubwira “point de vue” yayo ku bijyanye n’iby’ubuhinzi, yari kutubwira ibijyanye n’imicungire yayo, yari kutubwira ibijyanye na “capital market” kuko ntabwo ariyo ireguretinga (to regulate) “capital market” yari gutanga “point de vue” yayo. Iyo duhura yari kutubwira “imbalance” ibyinjira n’ibisohoka nabyo yari kutubwira “point de vue” yayo, ariko noneho aba ari “responsible” ku rwego rwa “policy” no muri “implementation”, iyo tuganira na bo tugahuza ibitekerezo biturutse muri izi za “institutions”, tuzavanamo koko icyerekezo twashyikiriza Sena tukagitangaho “recommendation” twumva yuko iturutse muri Sena mu Nteko Ishinga Amategeko byaba n’uburemere kandi byumvikane yuko ari “concertations” zabaye zumvikanyweho bishobora kuba byatanga n’umurongo abantu bakurikiza. Nkumva rero rwose nta kibazo biteye kuko n’ubundi ntabwo ari bwo twari kuba turangije iki kibazo ahubwo turi muri “phase” yo kugira ngo tuzamukane kuko kuri biriya bibazo twavuze ibibazo bya SACCOs ntabwo ari ibibazo by’uyu mwaka, hashize imyaka ingahe tubyumva, hari ibibazo bya “déficit”, “balance commerciale”, ntabwo ari iby’uyu munsi, dufite ibibazo bya “crédits” ntabwo ari ibibazo by’uyu munsi, ariko dukurikije iriya raporo “contributions” z’iyi Sena muri iyo “process” yo kuyishakira ibisubizo yaba iyihe? Ni aho ngaho, ni iyo “vision” twiyensikirivemo (s’inscrire) kugira ngo tuzabaze kandi ntekereza ko muzi ko za Komisiyo ziterana bose baba bahari buri
| 579 | 1,587 |
Perezida Kagame yemereye umusanzu RDC mu kurwanya imitwe ihungabanya umutekano wayo. Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rwiteguye guha RDC ubufasha bwose ikeneye mu gukemura ibibazo by’umutekano muke byabaye akarande mu Burasirazuba bwa RDC.Perezida Kagame abajijwe n’itangazamakuru ubufasha yemeye gutanga mu guhashya imitwe yitwaje intwaro mu Burasirazuba bwa Congo, yatangaje ko ibibazo by’umutekano mucye mu Burasirazuba bwa Congo bigomba kurangira ndetse u Rwanda rwiteguye gutanga ubufasha ariko ko byaterwa n’ugushaka kw’iki gihugu gituranyi.Yagize ati"Ibibazo by’umutekano n’amahoro byari bimaze igihe, nashimye umurongo Perezida Tshisekedi yafashe mu kurandura imitwe yitwaza intwaro kuko bitatworohera gutera imbere abaturanyi bafite ibibazo by’amahoro n’umutekano.Rero, u Rwanda rwiteguye gufatanya na RDC mu buryo ubwo aribwo bwose mu bushobozi bwacu kuri iki kibazo. Ibi ni ibintu ubusanzwe tutaganira mu ruhame cyangwa mu itangazamakuru kugeza igihe tugize icyo dukoraho, tukagira ibyo dushyira ku murongo, aha ndavuga gusa ko ibihugu byombi byiteguye gukorana.Ku ruhande rwacu turiteguye mu buryo bwose bugamije gukemura ikibazo. Niba hari ikintu gifite inkomoko mu Rwanda, niteguye kandi nishimiye gusaba ubufasha bwa RDC na Perezida kugira ngo atange umusanzu watubashisha gukemura ikibazo icyo aricyo cyose.”
| 178 | 498 |
Polatlı.
Akarere ka Polatlı (izina mu giturukiya : "Polatlı ilçesi" ) ni akarere kari mu ntara y’Ankara y’igihugu cya Turukiya. Akarere ka Polatlı ni kamwe mu turere 16 tugize Intara y’Ankara. Akarere gatuwe n’abaturage bagera kuri 110.990 (abagabo 56.120 n’abagore 54.870) , batuye kubuso bwa km² 3465,81 .
Akarere gahana imbibe.
Gahana imbibi na:
| 53 | 148 |
Mukantabana yakuwe ku buyobozi bwa Komisiyo ya Demobilisation. Iryo tangazo riravuga ko "Hashingiwe ku Itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2015, by’umwihariko mu ngingo yaryo ya 112 (Igika cya 5)": Kuva 29/12/2019, Mukantabana Seraphine avanywe ku mwanya wo kuba Perezida wa Komisiyo y’Igihugu yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare (Chairperson of The Rwanda Demobilisation and Reintegration Commision). Mukantabana yayoboraga iyi Komisiyo kuva muri 2017, umwanya yagiyeho avuye kuba Minisitiri muri Minisiteri ishinzwe kurwanya ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR). Umunyamakuru @ CharlesRUZINDA2
| 89 | 249 |
Dream Boyz. Dream Boys ni itsinda ririmba injyana ya R’n B ndetse na Bongo, Itsinda rya Dream Boys yegukanye irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ryabaga ku nshuro ya karindwi. Ni mu birori bikomeye byabereye kuri Petit Stade byasojwe mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki ya 24 Kamena mu mwaka 2016.
Amateka.
Abagize itsinda.
Platini na TMC bagize iri tsinda bamaze kwitabira iri rushanwa inshuro esheshatu mu nshuro indwi rimaze kuba.
Amateka kuri buri umwe.
Platini.
Platini ubundi yitwa Nemeye Platini akaba yaravutse muri nzeli mu mwaka 1988 I Bukavu kuko niho ababyeyi be bari barabaye bahamaze igihe kirekire. Nyuma yaho yaje gutahuka nk’abandi banyarwanda bose atangira amashuri ye abanza abiri yayize muri Congo, akomereza kuri ecole Primaire ya Nyanza ya Kicukiro. Icyiciro rusange cy’amashuri yagikomereje kuri Ecole secondaire de Gasange I Byumba, akomereza mu rwunge rw’amashuli rwa leta i Butare. Yaje gukomereza muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda mu ishami ry’itangazamakuru. Platini akiri umwana yaririmbaga muri Korari aza kuhava atangira gukora muzika ye. Ubu Platini, wakoze gake kuri Radio Salus, akora rimwe na rimwe kuri Radio Isango Star mu biganiro nka Isango na Muzika.
TMC.
Mujyanama Claude [TMC] ni undi musore ubarizwa mu itsinda rya Dream boys. TMC akaba yarabonye izuba taliki ya 25 Nzeli mu mwaka 1988 na we avukira Uvila muri Congo. Yaje kuza mu Rwanda nyuma yu mwaka 1994 atangira amashuli ye abanza kuri Ecole Primaire de Kicukiro akomereza ayisumbuye kuri Ecole Secondaire de Kicukiro yaje guhinduka E.T.O Kicukiro.
TMC yaje kujya kwiga muri GSOB (Group Scolaire Officiel de Butare) mu ishami ry’imibare n’ubugenge, Kaminuza ayiga muri KIST. Kimwe na Platini, TMC na we yabanje kuririmba muri korari ayivamo ajya kwiririmbira ku giti cye.
Mu mwaka wa 2007, TMC arangije amashuli yisumbuye ni bwo yakoze indirimbo ya mbere ayikorerwa na BZB The Brain ayikorera muri The Future Production ariko iki gihe yaririmbaga injyana ya Hip hop. Muri 2008, Platini akirangiza amashuli yisumbuye yahuye na TMC bari bariganye i Butare mu mashuli yisumbuye ndetse bakaba bari banaturanye ibyo bikaba byaratumye bakora itsinda baryita "Dream Boys" kugeza n’uyu munsi ni ko ryitwa.
Guhera ku gitaramo cya mbere nibo bahanzi bagarutsweho cyane ku myambarire myiza yabaranze n’uburyo bitwara kuri stage n’ababyinnyi babo. Ibi bikajyana n’uburyo bahuza amajwi yabo, banavugisha abafana babo mu gihe barimo kuririmba.
Uko Platini na TMC bahuye bashinga Dream Boyz.
Mu mwaka 2008, Platini akirangiza amashuri yisumbuye yahuye na TMC bari bariganye I Butare mu mashuri ndetse ko bari banaturanye byatumye bakora itsinda baryita Dream Boyz. Gusa bakunze guhurira cyane mu ishuri. Muri uyu mwaka nibwo barebye Lick Lick atangira kubakorera ariko ababwira ko byaba byiza bakoze mu njyana ya bongo, nibwo TMC yavuye mu njyana ya hip hop atangira kuririmba bisanzwe. Dream Boyz yaje gukora indirimbo yabo yitwa “Nirizingua” yo mu njyana ya bongo irakundwa, ariko iyatumye Deam boys ikundwa ikanamenyekana cyane ni “Magorwa”. Nyuma yaho Dream Boyz yakoze izindi ndirimbo nyinshi zivugisha abantu menshi nka si inzika n’izindi nyinshi. Mu ndirimbo z’aba bahungu humvikanamo ubutumwa busa nkaho ari ubuzima busanzwe ndetse n’amaganya ndetse abantu akaba ari yo mpamvu babakunda kuko bavuga ibiriho.
Uko Platini na TMC batandukanye.
Kera kabaye Nemeye Platini wakoranaga na mugenzi we TMC mu itsinda rya Dream Boyz yeruye avuga ko ibya Dream Boyz bishobora kuba amateka kuko we yatangiye gukora muzika ku giti cye ndetse akaba yahinduye izina akitwa P . Mujyanama Claude ukoresha TMC mu muziki wanabarizwaga mu itsinda rya Dream Boys yagiye gutura muri Amerika, nyuma y’igihe havugwa itandukana ry’abagize iri tsinda, bikanavugwa ko yagiye adasezeye mugenzi we bamaranye imyaka 11 mu muziki anabanaga mu nzu.
| 575 | 1,405 |
Umukino wa APR BBC na CSK niwo ufungura irushanwa ‘Memorial Gisembe’. APR BBC na CSK ziri mu itsinda rya mbere rigizwe n’amakipe atatu arimo na URUNANI yo mu Burundi, zirakina umukino wazo saa kumi z’umugoroba ari nabwo irushanwa ritangira ku mugaragaro. Kuva saa kumi n’ebyiri harakinwa umukino uhuza Espoir BBC yateguye iryo rushanwa, ikaza gukina na Warriors yo muri Uganda, mu mukino wa mbere wo mu itsinda rya kabiri ririmo na Muzinga yo mu Burundi. Mu rwego rw’abagore amakipe ane yitabiriye iryo rushanwa yashyizwe mu itsinda rimwe akazatangira gukina kuru uyu wa gatandatu tariki 08/06/2013. Kuva saa tatu za mu gitondo, mu bagore Ubumwe BBC izakina na RAPP naho kuva saa tanu APR BBC ikine na Promotion Jeunesse Basketball (PJB) y’i Goma. Amakipe yose uko ari ane mu bagore azahura hagati yayo, maze ebyiri za mbere zizaba zitwaye neza zizakine umukino wa nyuma, naho mu bagabo, amakipe azaba yabaye aya mbere muri buri tsinda azahura ku mukino wa nyuma. Iyi mikino yose ibera kuri stade ntoya i Remera, izasozwa ku cyumweru tariki 09/06/2013. Igikombe cyo kwibuka abari abakunzi ba Basketball umwaka ushize cyagukanywe na CSK mu bagabo na APR BBC mu bagore. Theoneste Nisingizwe
| 194 | 448 |
Ange Kagame yahawe akazi mu biro bya Perezida. Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa kabiri tariki ya 01 Kanama yashyizeho abayobozi bashya mu nzego zitandukanye z’igihugu aho umukobwa wa Perezida Kahame,Ange Kagame yahawe inshingano zo kuba Umuyobozi wungirije w’Akanama gashinzwe Ingamba na Politiki za Leta mu Biro bya Perezida.Abandi bahawe inshingano nshya ni Gen Maj Charles Karamba wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Ethiopia aho agomba kuba anahagarariye igihugu muri AU, mu gihe Michel Sebera yagizwe Ambasaderi muri Guinée naho (...)Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa kabiri tariki ya 01 Kanama yashyizeho abayobozi bashya mu nzego zitandukanye z’igihugu aho umukobwa wa Perezida Kahame,Ange Kagame yahawe inshingano zo kuba Umuyobozi wungirije w’Akanama gashinzwe Ingamba na Politiki za Leta mu Biro bya Perezida.Abandi bahawe inshingano nshya ni Gen Maj Charles Karamba wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Ethiopia aho agomba kuba anahagarariye igihugu muri AU, mu gihe Michel Sebera yagizwe Ambasaderi muri Guinée naho Shakila Umutoni Kazimbaya agirwa Ambasaderi w’u Rwanda muri Maroc.Gen Maj Karamba wagizwe Ambasaderi muri Ethiopia yari aherutse gusoza manda ye nka Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania. Muri Ethiopia asimbuye Hope Tumukunde Gasatura nawe uherutse gusoza manda ye.Ni mu gihe Michel Sebera wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Guinée , abaye uwa mbere ufashe izo nshingano kuko ubusanzwe uwarebereraga inyungu z’u Rwanda muri icyo gihugu, ari Ambasaderi w’u Rwanda muri Nigeria.Sebera yari asanzwe ari Minisitiri-Umujyanama (Minister Counsellor) muri Ambasade y’u Rwanda mu Buholandi.Shakila Umutoni Kazimbaya we yari asanzwe ari Umuyobozi Mukuru ushinzwe Afurika muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga. Agiye gusimbura Zaina Nyiramatama wari usanzwe ari Ambasaderi w’u Rwanda muri Maroc.CG Dan Munyuza wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Misiri agiye gusimbura Alfred Kalisa wari muri izi nshingano. Hari hashize amezi ane Munyuza asimbuwe ku buyobozi bwa Polisi y’Igihugu.
| 283 | 739 |
Rubavu: Umusirikare warasiye abaturage 3 mu kabari yakatiwe. Kuri uyu wa Kabili tariki 4 Ukuboza 2018, urukiko rwa gisirikare rwahamije Pte Ngendahimana Bosco icyaha cy’ubwicanyi, ahanishwa gufungwa burundu no kwamburwa amapeti ya gisirikare, kwirukanwa mu Ngabo z’u Rwanda no kwishyura ihazabu ingana na 6 100 300Frw.Umwanzuro w’ urubanza wasomewe mu ruhame ahabereye icyaha, mu Mudugudu wa Rurembo, Akagari ka Byahi mu murenge wa Rubavu.Umucamanza Major Muhigirwa Gérard yavuze ko nyuma yo kumva impande zose, basanze" Pte Ngendahimana ahamwa n’icyaha cy’ubwicanyi akaba akatiwe igifungo cya burundu."Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwari bwamusabiye gufungwa burundu no kwirukanwa mu gisirikare.Uyu musirikare yari akurikiranyweho icyha cyo kurasira abantu batatu mu kabari, umwe agahita yitaba Imana, undi akabivanamo ubumuga budakira mu gihe undi akiri mu bitaro.Leta y’u Rwanda yari yahamagajwe nk’umukoresha, urukiko rwanzuye ko ntacyo leta yabazwa kuko icyaha yagikoze yarangije akazi, akaba ariwe ugomba kubiryozwa wenyine, akishyura indishyi yaciwe.Me Musabwa Frederic wunganira umuryango wa Benimana Jmv wahitanywe n’ uyu musirikare ko yatangaje ko bagiye kujurira urukiko rwirengagije ingingo yerekanye ubushize, ko leta Pte Ngendahimana akorera igomba kumwishingira.Ibyaha Pte Ngendahimana yahamijwe byabaye mu ijoro ryo ku wa 10 Kanama 2018 ubwo yarasaga nyiri akabari Hakizimana Vincent (wacitse ukuguru) Benimana Jmv waguye mu bitaro bya Ruhengeri bukeye bwaho na Nzabahimana Theoneste ukiri mu bitaro.
| 206 | 591 |
APR FC yatwaye igikombe cya shampiyona ku nshuro ya 13. Nyuma yo gutsindwa umukino wa Marines, Police FC yasabwaga kudatsindwa mu mikino ibiri yari isigaranye bityo ibe yatwara igikombe. Mu mukino na Mukura, Police yatsinzwe igitego mu gice cya mbere cyinjijwe na Sebanani Emmanuel maze umukino ugana ku musozo myugariro wa Police, Kaze Gilbert, abona ikarita y’umutuku bituma umukino urangira gutyo. Umutoza wa Police FC, Golan Kopunovic, wari ufite agahinda kubera ko yari amaze kubura igikombe yagize ati “Nishimiye uko abakinnyi banjye bitwaye, twakinanye ibyifuzo byinshi gusa ruhago ni ruhago.” Golan yavuze ko uyu mwaka wamnubereye ishuri ryiza kandi ko umusigiye ubunararibonye ku kazi ke k’ejo hazaza. Abajijwe niba azaguma muri Police, Golan yasubije ko ubuyobozi bw’ikipe ari bwo buzemeza niba azakomeza akazi. Ati ”niba bashaka umutoza mwiza Guardiola nta kipe afite.” Kuba Police FC ari ikipe nshya kubura igikombe ntibahungabanye. Prezida wa Police FC, Katarebe Alphonse, avuga ko igikombe cyo bakibuze umunsi umukino w’Isonga bawimura. Yanahakanye kandi amakuru ko Police yaguze umukino wa Mukura na Kiyovu kuko Mukura niyo yari ifite amahirwe. Ati “twagombaga gukina na Marines dufite amanota 50. Naho umutoza Golan aracyahari gusa Captain wabo Kagere Medy nabona ikipe ajyamo azagenda kandi nashaka kugumana natwe turamwiteguye”. Muri Mukura bakimara gutsinda APR FC basanze gushaka umwanya wa 2 bishoboka. Umutoza wa Mukura, Akoko Godfroid, avuga ko kuba Police yari ku gitutu ishaka igikombe ari cyo cyatumye itsindwa igitego. Ati “ni jye wari ufite urufunguzo rw’igikombe kuko natsinze APR FC na Police ndayisubiriye”. APR FC itwaye n’igikombe cy’Amahoro, Mukura yarangije shampiyona ari iya kabiri niyo yazaserukira u Rwanda mu mikino y’igikombe gitegurwa n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Africa (CAF). Igikombe cya 13 APR FC itwaye gitumye iba ikipe ya 2 itwaye iki gikombe inshuro 4 zikurikirana (2009, 2010, 2011 na 2012) ikurikiye Panthere Noir yabikoze mu 1984, 1985, 1986 n’1987. Thierry Tity Kayishema
| 303 | 784 |
Umusaza w’imyaka 109 yakingiwe COVID-19 ashimira Perezida wa Repubulika. Uwo musaza ugaragara nk’udafite iyo myaka kuko bigaragara ko agifite imbaraga (n’ubwo indangamuntu ye igaragaza ko ari yo myaka afite), yagaragaje ibyishimo bye ubwo yari amaze gufatira urukingo rwa COVID-19 mu kigo nderabuzima cya Bushara tariki 06 Werurwe 2021, ku munsi wagenwe wo gukingira abageze mu zabukuru bo mu Karere ka Gicumbi. Abajijwe uko yiyumva nyuma yo gufata urukingo, yagize ati “Baduhamagaye ngo tuze badukingire Corona, bankingiye rwose mbyakiriye neza, kandi ndashimira Perezida wacu Kagame ari kudufasha kugira ngo tubeho tugire ubuzima bwiza”. Arongera ati “Ndamushimira cyane njye yampaye n’inka ndetse n’amashanyarazi, ubu ndacana nta kibazo, ndashimira Imana yacu izakomeze imufashe”. Uwo musaza ugeze mu zabukuru avuga ko urwo rukingo rumuhaye icyizere cyo kuramba, aho avuga ko COVID-19 izarangira mu gihugu nta kibazo imuteje, akaba yemeza ko agifite n’imbaraga zo gukorera umuryango we n’ubwo amaze kugira imyaka 109. Nk’uko birimo gukorwa hirya no hino mu gihugu, Akarere ka Gicumbi na ko gakomeje gukingira abaturage gahereye ku bakora muri serivisi z’ubuzima, inzego z’umutekano, abageze mu zabukuru bafite imyaka iri hejuru ya 65 n’abandi. Mu minsi itatu, ako Karere kakingiye abaturage 6864. Umunyamakuru @ mutuyiserv
| 192 | 515 |
Rusizi: Barakangurirwa gukoresha ikoranabuhanga kuko ariryo bukungu burambye. Mu muhango wo gukora ubukangurambaga mu ikoranabuhanga wabaye kuri uyu wa 22/08/2013 mu karere ka Rusizi, Minisitiri Nsengimana yavuze ko gutunga ikoranabuhanga utazi kurikoresha ari nko kureba ibyo kurya ku meza utazi kurya kandi ko aba ari gusigara inyuma mu iterambere. Minisitiri ufite ikoranabuhanga mu nshingano ze yashimiye akarere ka Rusizi aho kageze mu ikoranabuhanga kuko ngo bafite mudasobwa 8000 kimwe n’abandi bikorera ku giti cyabo bakataje mu ikoranabuhahanga harimo ikigo cy’itumanaho cya MTN cyafashe iya mbere gitangiza icyumba mpahabwenge mu murerenge wa Bugarama. Minisitiri Nsengimana yasabye abanyeshuri bamaze kugezwaho ikoranabuhanga cyane cyane za mudasobwa ko batagomba kuryicarana abashishikariza no kuryigisha abaturage aha byu’mwihariko akaba yabikanguriye n’abarezi. Minisitiri Nsengimana yasabye urubyiruko rwa Rusizi muri rusange kwinjira mu bucuruzi n’ishoramari bishingiye ku ikoranabuhanga ariko ababisabira kubikorana ubuhanga bihutisha gutanga serivisi zikubiye muri iryo koranabuhanga. Minisitiri kandi ya vuze ko umurimo w’ikoranabuhanga usaba kugira imyumvire mishya kuko ariho byagira icyo bihindura mu iterambere ry’Abanyarwanda; yibukije abaturage ko umurimo ukozwe neza ari ushingiye ku ikoranabuhanga. Yasabye abaturage gushyira imbaraga mu ikoranabuhanga barihugukirwa kugirango rijyane n’ibikorwa byabo bya burimunsi. Amwe mu masosiyete atandukanye yari yaje mu gikorwa cyo gukangurira abantu gukoresha ikoranabuhanga yari yaje kumenyekanisha aho ikoranabuhanga ryabo rigeze aha abaturage bakaba baboneyeho umwanya wo kwigishwa mudasobwa. Urubyiruko rwishimiye ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) yabigishije za mudasobwa mu gihe bamwe bavuga ko ari ubwa mbere kuyikozaho intoki. Umuyobozi w’akarere ka Rusizi w’ungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere, Habyarimana Marcel, yavuze ko aka karere gashishikajwe no kugirango abagatuye bamenye ikoranabuhanga kuko kuritunga utarizi ntacyo byageraho. Aha yavuze ko bazakomeza kubishishikariza abaturage bayobora kugirango batere imbere muburyo bwihuze binyuze mu ikoranabuhanga. Musabwa Euphrem
| 273 | 833 |
Ashaka amasezerano! Menya uko ikibazo cya Bahavu giteye nyuma y’uko atsindiye imodoka ntayihabwe. Usanase Bahavu Jeannette wamamaye muri sinema nyarwanda uheruka kwegukana imodoka muri Rwanda International Movie Awards [RIMA] , yasabwe guhabwa iyi modoka ariho ikirango cya Ndoli Safaris.Nyuma y’iminsi Bahavu ategereje imodoka ye ariko atayihabwa, yagize amakenga yiyambaza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) asaba ko bamufasha guhabwa imodoka ye.Mu gihe RIB yari ikinjira mu kibazo, abategura ibi bihembo na Ndoli Safaris, baje kwicara bakemura ikibazo cyari kitarakemuka hagati yabo ariko hasigara isubyo rikomeye ryagombaga gukemuka ari uko Bahavu nawe abyinjiyemo.Iri subyo niryo ryatumye ku wa 17 Mata 2023 hategurwa inama y’igitaraganya yabereye ku biro bya Ndoli Safaris kugira ngo bigire hamwe uko Bahavu yahabwa imodoka ye.Ikibazo gihari kugeza ubu ni uko imodoka igomba guhabwa uyu mugore, igomba kuzaba iriho ibirango bya Ndoli Safaris mu gihe cy’umwaka cyane ko biri mu masezerano iyi sosiyete yagiranye n’abategura ibihembo bya Rwanda International Movie Awards.Ku ruhande rwa Bahavu Jeannette we avuga ko adashobora gufata iyi modoka yamamaza iki kigo mu gihe nta nyungu we abibonamo.Bahavu yagaragaje ko niba Ndoli Safaris bashaka ko iyi modoka igomba kuba yamamaza iki kigo, byasaba ko bamuha amasezerano y’akazi ko kwamamaza.Ibi byamaganiwe kure n’ubuyobozi bwa Ndoli Safaris buhamya ko imodoka izatangwa mu gihe ibyo bumvikanye n’abategura iri rushanwa byaba byubahirijwe.Ku ruhande rw’abategura iri rushanwa kuko aribyo bumvikanye na Ndoli Safaris ariko bataba barigeze babishyira mu masezerano agomba guhabwa uwegukanye iyi modoka, barifuza ko habaho ubwumvikane ku mpande zombi.Uku kudahuriza kuri iyi ngingo kwatumye inama ya mbere itaha nta mwanzuro ifashe, biyemeza gukora indi igomba guterana ku wa 18 Mata 2023 iki kibazo kigakomeza kuganirwaho hashakwa umwanzuro.
| 267 | 715 |
Leta irizeza abo izaha impapuro ziyihesha umwenda ko nta kizabuza ko bishyurwa. Ibi byashimangiwe na Ministiri w’imari n’igenamigambi, Amb Claver Gatete, mu gikorwa cyo gutangiza kugurisha impapuro mpeshamwenda (bonds), kuri uyu wa gatatu tariki 20/8/2014. Uyu mwaka impapuro zashyizwe ku isoko zifite agaciro k’amafaranga miliyari 15. Ministiri Gatete yagize ati: “Ntabwo turemerewe n’imyenda ku buryo tuzabura uburyo twishyura, nitwe mu karere dufite umwenda muto wa 27.8% ugereranyije n’ikigero ntarengwa twihaye cya 40%; ikindi ni uko aya mafaranga agiye gushorwa mu bikorwa remezo byunguka; nta kizabuza ko abantu bishyurwa kuko Leta itajya ihomba”. Uwifuza kuguriza Leta agana Banki nkuru y’igihugu cyangwa Ikigo cy’imari n’imigabane (CMA), bikamuha impupuro z’amasezerano agiranye na Leta. Umwenda utangwa mu gihe cy’imyaka itanu ariko utabashije gutegereza kuzishyurwa mu myaka itanu, asaba ikigo cy’imari n’imigabane kumufasha, kikamushakira uwongera kumugurira impapuro z’agaciro ze. Amafaranga macye umuntu ashobora kuguriza Leta ni ibihumbi 100 mu gihe uwifuza gutanga menshi atagomba kurenza miliyoni 50. Ikigero cy’inyungu kuri ‘bonds’ za miliyari 15 Rwf zirimo kugurishwa ntikiratangazwa kuko abazigura zose bataraboneka, ariko abatanze umwenda w’ubushize uzishyurwa nyuma y’imyaka itatu, bo ngo bazajya bungukirwa 11.5%. Leta yishimiye uburyo Abanyarwanda barimo kwitabira kwizigamira by’igihe kirekire, kuko mu kwezi kwa kabiri k’uyu mwaka nabwo yagurishije impapuro z’agaciro ka miliyari 12.5 (RwF), bikaba ngo byaritabiriwe ku kigero cya 140%. Ubu buryo Leta yahisemo bwo gufata imyenda mu Banyarwanda kurusha gukomeza kuyaka mu mahanga, ngo bugamije kubafasha kwizigamira, kandi amafaranga batanze akaba ari bo yungukira kurusha gutanga iyo nyungu ikajya hanze y’igihugu. MINECOFIN kandi irizeza ko ifaranga ry’u Rwanda ritazata agaciro ku kigero kirenze inyungu izatangwa, kuko kugeza mu mpera z’umwaka ushize wa 2013 ryari ku muvuduko wa 3.7 % ngo wari hasi cyane ugereranyije n’ibindi bihugu bigize umuryango wa EAC, ndetse rikaba ryarakomeje guta agaciro ku muvuduko uri hasi yaho wa 2.4% mu ntango z’uyu mwaka. Simon Kamuzinzi
| 299 | 887 |
Abahamya bafashije abibasiwe n’umwuzure muri Angola. Inzu y’Ubwami y’Abahamya ba Yehova y’i Lobito yari yuzuyemo isayo rireshya na santimetero 70. LUANDA, muri Angola—Guhera ku itariki ya 11 Werurwe 2015 imvura idasanzwe yateje imyuzure yahitanye abantu 85 kandi isenya amazu 119 yo mu ntara ya Benguela, iri ku birometero 500 uvuye i Luanda umurwa mukuru wa Angola. Ibiro by’ishami by’Abahamya ba Yehova muri Angola byavuze ko nta Muhamya wapfuye, ariko ko amazu 11 y’Abahamya yasenyutse burundu cyangwa akangirika cyane. Inzu yo gusengeramo twita Inzu y’Ubwami yo mu gace ka Lobito na yo yangijwe n’uwo mwuzure. Bukeye bwaho, Abahamya bashyizeho komite ishinzwe ubutabazi kugira ngo irebe ibyangijwe n’umwuzure kandi itegure uko imfashanyo zatangwa. Abahamya bafashije bagenzi babo basengana hamwe n’abandi batari Abahamya bo mu gace kibasiwe n’uwo mwuzure. Hari Abahamya basukuye Inzu y’Ubwami y’i Lobito bayikuramo isayo rireshya na santimetero 70 kandi barayisana kugira ngo mu mpera z’icyo cyumweru iberemo amateraniro yihariye. Abahagarariye ibiro by’ishami by’Abahamya ba Yehova muri Angola bagiye muri ayo materaniro bavuye i Luanda, bahumuriza Abahamya bo muri ako gace kandi babatera inkunga mu buryo bw’umwuka. Abahamya bo muri ako gace basannye Inzu y’Ubwami y’i Lobito yari yangiritse kandi barayisukura. Todd Peckham, umuvugizi w’Abahamya ba Yehova muri Angola, yaravuze ati “twihanganishije abibasiwe n’iyo myuzure bose. Ibiro by’ishami byo muri Angola bizakomeza kuyobora imirimo ikorwa na komite ishinzwe ubutabazi kandi bifashe abatuye muri ako gace.” Ushinzwe amakuru: Ku rwego mpuzamahanga: J. R. Brown, Ibiro Bishinzwe Amakuru, tel. +1 718 560 5000 Angola: Todd Peckham, tel. +244 222 460 192
| 241 | 685 |
buhorobuhoro, ariko iyo uhinduka cyane uracuya. Kera umuco nyarwanda wari ishingiro ry’ubumwe n’amahoro, byombi bikaba umusingi w’iterambere rirambye. Umuco kandi wari nk’imwe mu nkingi ya mwamba y’ubukungu bw’u Rwanda, ugatozwa Abanyarwanda b’ingeri zose binyuze mu miryango no mu matorero kandi buri wese akabigiramo uruhare. Umuco nyarwanda uriho, urakomeye kandi urakungahaye. Ikibura kenshi ni Abanyarwanda bawukomeyeho mu magambo no mu bikorwa. Kwigirira ikizere Abanyarwanda bafite muri iki gihe, banga ko hagira uwaza ngo abamire bunguri cyangwa se ngo abangamire ubusugire bw’igihugu, ni bimwe mu bishimangira ko umuco nyarwanda uriho. Ni yo mpamvu ari ngombwa kwiga no gusesengura ibiwuranga byose maze ibibi bigakosorwa, ibyiza bigasigasirwa. Umuco w’igihugu ni nk’umutima mu mubiri. Abanyarwanda babivuga neza iyo bagira bati “Agahugu kabuze umuco karasiba kagasibangana”. Nk’uko nta muntu ubaho atagira umutima, nta n’iterambere ridashingiye ku muco w’abariharanira (Maniragaba Baributsa, 1987; Nahimana, 1988). Iyo rishingiye ku muco wa ba nyirawo, iterambere ririhuta kuko abantu baba babyumva kimwe. Kera umuco nyarwanda witaga ku bintu bikoze neza, ku kwanga umugayo, kugira ubupfura, ubutwari, gufatanya, gusabana, kwizerana, kubahiriza igihe, kwirinda ubuhemu, ikinyoma, kudashyira inda imbere, kutikanyiza, gukurikiza amategeko, kubaha umutungo kamere, ibidukikije n’ibindi. Ibi byose iyo bikurikijwe, nta kabuza biba ishingiro ry’amajyambere arambye. Kuri iyi ngingo, uwabishaka yasoma agatabo ka Ntakirutimana (2011) gasesengura uko gusubira ku isoko nyarwanda byagize uruhare mu gukemura bimwe mu bibazo by’ubukungu, imibanire, ubutabera n’ibindi. Ubushakashatsi ku muco nyarwanda rero bwafasha kugera kuri byinshi bishimangira iterambere ry’igihugu. Gusa ntawashidikanya kwemeza ko ubushakashatsi ku muco bugenda biguru ntege atari ukubera amikoro make gusa, ahubwo n’umuhate wo kuwusigasira. Muri iki gihe, ibivugwa cyane n’indangagaciro na kirazira by’umuco nyarwanda. Ariko se mu ngeri zose z’ubuhanga abakurambere bacu ntibari bihagazeho? Bari bazi kuvura indwara banga ko zibavutsa ubuzima cyangwa ubwisanzure. Iyo umuntu arebye neza, asanga ubushakashatsi ku muco nyarwanda bwaratangijwe n’abanyamadini b’abazungu muri za 1950. Nyuma Abanyarwanda, cyanecyane Aloyizi Bigirumwami na Alegisi Kagame, bunzemo. Ikindi kigaragara ni uko inyandiko nyinshi zanditswe mu ndimi z’amahanga, cyanecyane Igifaransa. Umuco rero ntusigana n’ururimi kuko abahanga n’inararibonye mu by’ururimi n’umuco bashimangira ko ururimi ari ingobyi ihetse umuco kandi rukaba umuyoboro w’umuco (Minisiteri y’Uburezi, 2011; Baker, 2006). Mu Rwanda ho ni umwihariko w’agahebuzo, kuko dufite “ururimi rumwe, umuco umwe, mu gihugu kimwe” (Minisiteri y’Uburezi, 2011). Aha dutandukanye cyane n’ibindi bihugu bifite “indimi zitandukanye n’imico itandukanye, mu gihugu kimwe” nk’uko bigaragazwa na King na Van den Berg (1992) batanga urugero ku gihugu cya Afurika y’Epfo. U Rwanda kandi, kimwe n’ibindi bihugu bitanu bya Afurika, bifite umwihariko wo kugira umubare munini cyane w’abaturage bavuga ururimi rumwe kavukire, mu Cyongereza bita “endoglossic countries”, nk’uko bigaragazwa na Abdulaziz (1993). Ibyo bihugu ni u Rwanda, aho 99.4% bavuga Ikinyarwanda (MINECOFIN, 2014); u Burundi, aho abarenga 99% bavuga Ikirundi (Ndayipfukamiye, 1994); Somaliya, aho abarenga 95% bavuga Igisomali (Warsame, 2001); Swaziland, aho abarenga 80% bavuga Setswana. Hari kandi Lesotho, aho abaturage benshi cyane bavuga ururimi kavukire rwaho rwitwa Sesotho. Uyu ni umwihariko ugaragara muri ibi bihugu bitandatu bya Afurika, mu gihe mu bindi bihugu usanga abaturage bavuga indimi nyinshi kandi zitandukanye. U Rwanda kandi n’ubwo rubarirwa mu bihugu bifite abaturage hafi ya bose bavuga ururimi kavukire rw’Ikinyarwanda, rubarirwa no mu bihugu bikoresha indimi nyinshi. Izikoreshwa mu nzego z’ubutegetsi ni enye, arizo Ikinyarwanda, Icyongereza, Igifaransa n’Igiswayire, dore ko zinagaragara mu ngingo ya 5 y’Itegeko- Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo muri 2003. Igiswayire cyo kemejwe nk’ururimi rwa kane rukoreshwa mu nzego z’ubutegetsi muri 2017. Izi ndimi uko ari enye zivugwa n’Abanyarwanda ku rugero rutandukanye, ugereranyije ibice by’icyaro n’iby’umugi, cyangwa ukagereranya abagabo n’abagore. Imbonerahamwe zikurikira zirabigaragaza neza. Iyi
| 581 | 1,762 |
Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya bw’Ibyanditswe byIkigiriki bya Gikristoyasohotse mu rurimi rw’Igifoni. Ku itariki ya 26 Gicurasi 2024, Umuvandimwe Abdiel Worou, umwe mu bagize Komite y’ibiro by’ishami bya Afurika y’Iburengerazuba, yatangaje ko hasohotse Bibiliyay’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya bw’Ibyanditswe by’Ikigiriki bya Gikristomu rurimi rw’Igifoni. Yabitangarije muri porogaramu yihariye yabereye ku Nzu y’Amakoraniro iri mu mujyi wa Abomey mu gihugu cya Benin. Hari hari abavandimwe na bashiki bacu 920, naho abagera ku 6.188 bayikurikiranye hifashishijwe ikoranabuhanga rya videwo. Abari aho bahawe Bibiliya zicapyez’Ibyanditswe by’Ikigiriki bya Gikristo. Nanone abantu bashoboraga kuvana iyo Bibiliya iri mu bwoko bwa elegitoronike n’iyafashwe amajwi ku rubuga rwacu. Muri Benin hari abantu barenga miriyoni ebyiri bavuga ururimi rw’Igifoni, muri bo harimo abavandimwe na bashiki bacu barenga 4.000 bakorera umurimo mu matorero n’amatsinda 84 akoresha urwo rurimi. Nyuma y’ukohasohotseBibiliya—Ubutumwa bwiza bwanditswe na Matayomu mwaka wa 2022, ibindi bitabo by’Ibyanditswe by’Ikigiriki bya Gikristobyo mu bwoko bwa elegitoronike byo muri urwo rurimi, byagiye bisohoka buhoro buhoro. Hamwe n’abavandimwe na bashiki bacu bavuga ururimi rw’Igifoni, dushimira Yehova utuma Ijambo rye ry’ukuri rigera ku bantu benshi bifuza gushyira mu bikorwa inama nziza zirangwa n’ubwenge mu buzima bwabo.—Yohana 17:17.
| 183 | 581 |
Itangazo: Uwitwa Habimana Emmanuel yasabye guhindura amazina akitwa Habonimana Emmanuel. Uwitwa Habimana Emmanuel yasabye guhindura amazina mu buryo bwemewe n’amategeko akitwa Habonimana Emmanuel mu bitabo by’irangamimerere.Impamvu atanga zituma asaba guhindura amazina akaba ari uko ari izina yakoresheje yiga ariko ntiryandikwe mu bitabo by’irangamimerere.Ingingo z’ingenzi yashingiyeho asaba inzego zibishinzwe guhindura amazina zikaba ziri hano hasi:Uwitwa Habimana Emmanuel yasabye guhindura amazina mu buryo bwemewe n’amategeko akitwa Habonimana Emmanuel mu bitabo by’irangamimerere.Impamvu atanga zituma asaba guhindura amazina akaba ari uko ari izina yakoresheje yiga ariko ntiryandikwe mu bitabo by’irangamimerere.Ingingo z’ingenzi yashingiyeho asaba inzego zibishinzwe guhindura amazina zikaba ziri hano hasi:
| 96 | 295 |
Tour du Rwanda: Valens Ndayisenga yegukanye "Maillot Jaune". Valens Ndayisenga yegukanye "Maillot Jaune" nyuma yo gutanga abakinnyi bose bari bahanganye i Karongi, aho yakoresheje amsaha 3, iminota 16 n’amasegonda 46, aza no gusiga umunota n’amasegonda 25 Areruya Joseph ku rutonde rusange. Uyu mwenda w’umuhondo "Maillot Jaune" yawambuye Areruya Joseph wari wayegukanye mu gace ka mbere ka Kigali-Ngoma, tariki ya 14 Ugushyingo 2016. Ku i Saa tatu zuzuye ni bwo abakinnyi 73 bari bahagurutse kuri Kigali Convention Center berekeza i Karongi, batangira bose bagendera hamwe, bageze mu bice bya Ruyenzi Biziyaremye Joseph wa Team Rwanda yaje guhita acomoka mur bagenzi be, abasigaye akanya gato, nyuma aza gusatirwa na Mugisha Samuel wa Benediction Club. Mugisha Samuel yaje gukomeza kugenda wenyine, agera Muhanga ari imbere aho yari yasize abandi hafi iminota ibiri, akomezaa kuyobora isiganwa kugera aho bagiye kugera ku rutare rwa Ndaba yasize abandi iminota 3 n’amasegonda 6. Nyuma yaho yaje gusatirwa n’igikundi cyari kiyobowe na Areruya Joseph, Nsengimana Jean Bosco ndetse na Valens Ndayisenga n’abandi bakinana muri Dimension data. Basatiriye ibice bya Rubengera, Mugisha Samuel wasaga nk’urangije inshingano ze z’umunsi, yaje gushyikirwa n’igikundi, maze abakinnyi hafi ya bose batangira kugendana, gusa Kangangi Suleiman wo muri Kenya akajya anyuzamo akagenda imbere y’abandi amasegonda make. Habura Kilometero 5 ngo isiganwa rirangire, Valens Ndayisenga yaje gucomoka mu bandi maze ashyira igare imbere, yenekera abandi kugera ageze ku murongo usoza yasize Kangangi Suleiman wa kabiri Umunota 1 n;amasegonda 6. Amwe mu mafoto yaranze urugendo Kigali-Karongi Umunyamakuru @ Samishimwe
| 243 | 622 |
Davis D na Kevin Kade batawe muri yombi bakekwaho icyaha cyo gusambanya umwana. Icyishaka David umaze kwamamara mu muziki nka Davis D na Ngabo Richard uzwi nka Kevin Kade batawe muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana n’ubufatanyacyaha mu gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 17.Aba bombi Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwabataye muri yombi tariki ya 21 na 24 Mata 2021. Aba bahanzi bafunganywe na Habimana Thierry usanzwe ukora akazi ko gufotora.RIB ivuga ko ibi byaha babikoreye muri Kicukiro na Nyarugenge ku matariki atandukanye ariyo ku wa 18 (...)Icyishaka David umaze kwamamara mu muziki nka Davis D na Ngabo Richard uzwi nka Kevin Kade batawe muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana n’ubufatanyacyaha mu gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 17.Aba bombi Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwabataye muri yombi tariki ya 21 na 24 Mata 2021. Aba bahanzi bafunganywe na Habimana Thierry usanzwe ukora akazi ko gufotora.RIB ivuga ko ibi byaha babikoreye muri Kicukiro na Nyarugenge ku matariki atandukanye ariyo ku wa 18 na 19 Mata 2021.Amakuru agera kuri IGIHE ni uko Habimana Thierry yasambanyije uyu mwana nyuma yo kumutumira mu birori by’isabukuru tariki 19 Mata 2021, byabereye muri amwe mu mahoteli i Kigali, hanyuma akaza kumutahana, akaza gufatirwa iwe mu Murenge wa Nyarugenge.Umuvugizi w’Umusigire wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko aba bahanzi bari mu maboko y’inzego z’ubutabera.Yakomeje ati “Uwakorewe icyaha n’abagikekwaho boherejwe kuri Rwanda Forensic Laboratory itanga serivisi z’ibimenyetso byifashisha ubuhanga n’ikoranabuhanga bikoreshwa mu butabera kugira ngo hafatwe ibimenyetso bizashingirwaho mu butabera.’’RIB yavuze ko icyaha cyo gusambanya abana gikwiriye guhashywa ndetse isaba abaturage gutanga amakuru ku gihe ngo gikumirwe.Dr Murangira yagize ati “RIB ntizihanganira umuntu wese uzasambanya umwana. Iributsa kandi ko umwana ari umuntu wese utarageza imyaka 18 y’amavuko. Ubukure ntibureberwa mu gihagararo cyangwa ikimero. Nta rwitwazo rwagombye kubaho, igihe cyose umwana atarageza imyaka 18 amategeko azakomeza kumurengera. Dufatanye twese kurinda umwana gusambanywa. Watanga amakuru ku 166, 116 cyangwa kuri website ya RIB e-menyesha.’’Abafashwe bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Nyamirambo mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hakorwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.Igitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda giteganya ko icyaha cyo gusambanya umwana gihanwa n’ingingo ya 133 y’itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange. Ugihamijwe ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 20 ariko kitarenze 25.INKURU YA IGIHE
| 374 | 1,061 |
imiti yo kuboneza urubyaro mu bagore bamaze kumenya ko bafite ubwandu bwa virusi itera SIDA. Nta makuru agahije azwi niba kuvura izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina bifite akamaro mu gukumira virusi itera SIDA. Kwirinda mbere yo kwandura virusi itera SIDA. Gufata imiti igabanya ubukana bwa virusi itera SIDA mu bantu babana n'ubwandu bafite abasirikare barinda umubiri "CD4 count" bagejeje kuri 550 / µL ni uburyo bwiza cyane bwo kurinda kwanduza abo baryamana nabo (ingamba zizwi nko kuvura bisa nko kwirinda, cyangwa TASP). TASP ifitanye isano no kugabanuka inshuro 10 kugeza kuri 20 ibyago byo kwandura. Imiti irinda kwandura virusi itera sida yitwa "profhylaxis (PrEP)" ikoreshwa mbere yo gukora imibonano mpuza bitsina hamwe numuti ukoreshwa buri munsi wa "tenofovir", hakoreshejwe cq hatanakoreshejwe umuti wa "emtricitabine", bigabanya ibyago byinshi byo kwandura virusi itera SIDA hagati y'abantu bafite amahirwe menshi yo kwandura nk'abagabo bakora imibonano nabo bahuje igitsina ndetse n'abaryamana umwe abizi ko yanduye undi abizi ko atanduye ndetse no murubyiruko rwo muri Afurika. Bene ubu buryo bushobora kurinda nabakoresha inshinge bitera imiti/ibiyobyabwenge babicishije mu mitsi, nyuma y'ubushakashatsi bwakoze bukagaragaza ko habayeho kugabanyuka ku kigereranyo kivuye kuri 0.7 kugeza kuri 0.4 ku gipimo cy'imyaka 100 y'abantu "100 person years". Ikigo cy'Amerika gishinzwe gahunda zo kwirinda indwara gishishikariza ko abantu bafite ibyago byinsho byo kwandura virusi itera SIDA ko bakwiye gukoresha imiti ya PrEP. Uburyo rusange bwo kwirinda muri gahunda z'ubuzima no kubwitaho bifite ingaruka nziza mu kugabanya ibyago byo kwandura virusi itera SIDA. Gahunda zishyirwaho mu gukumira kwitera ibiyobyabwenge biciye mu mitsi hakoreshejwe inshinge no kuzisangira no gahunda zo gufasha kuvura abakoresha ibiyobyabwenge bagahabwa ingurane nziza zo kubavura "rehabilitation therapy" biri mu bintu bihambaye bigabanya ibyago by'ubwandu bwa virusi itera SIDA. Kwirinda nyuma yo gukeka ko wandujwe virusi itera SIDA. Imiti irinda ubwandu bwa virusi itera SIDA ifatwa mu masaha ari hagati ya 48 na 72 ku muntu ukeka ko cyangwa wahuye n'amaraso arimo ubwandu bwa virusi itera SIDA cq amavangiro yo mu gitsina yanduye; iyo miti yitwa "prophylaxis (PEP)". Gukoresha umuti ufata rimwe wa "zidovudine" bigabanya ibyago byo kwandura virusi itera sida inshuro eshanu nyuma yo gukomeretswa n'urushinge. Kugeza mu 2013, gahunda yo gukoresha imiti irinda kwandura virusi itera SIDA muri Leta z'unze ubumwe z'Amerika yashyizeho imiti y'ubwoko butatu bwo kwifashisha ari bwo - "tenofovir, emtricitabine na raltegravir" - kuko ibyo bishobora kugabanya ingaruka kurushaho. Imiti ya "PEP" ishishikarizwa gufatwa byihutirwa cyane iyo habayeho igikorwa cyo gufatwa ku ngufu cq gusambanya umwana cyane iyo ukekwaho icyo cyaha akekwaho kuba yanduye virusi itera SIDA, ariko bikunze gutera impagarara no kutavugwaho rumwe cyane ukekwaho icyaha ubuzima bwe busanzwe butazwi nimba yaranduye cyangwa se ari muzima. Igihe cyo kwivuza gikunze kuba ibyumweru bine kandi bikunze kuba bifitanye isano n'ingaruka zizahaza uyikoresheje aho imiti ya "zidovudine" ikoreshwa, hafi 70% bagirwaho ingaruka yo kugira isesemi (24%), umunaniro (22%), guhangayika kumutima (13%) no kubabara umutwe (9%). Kurinda umubyeyi kwanduza umwana. Gahunda yo kurinda umubyeyi kwanduza umwana virusi itera SIDA zishobora kugabanya ibyaho byo kwandura ku kigereranyayo kiri hagati ya 92-99%. Ibi ahanini bikubiyemo gukoresha imiti igabanya ubukana bwa virusi itera SIDA mugihe umubyeyi atwite na nyuma yo kuvuka k'umwana no gushyiraho gahunda yo gusimbura ibere umwana akagaburirwa hakoreshejwe insimbura bere nka bebelo aho kumwonsa. Iyo gahunda yo kwifashisha insimbura bere ishoboka, byoroshye kubigeraho, hari ingurane ndetse ari nta mabura kindi abikumira kandi kubigeraho bikaba byoroshye, umubyeyi usanganywe ubwandu bwa virusi itera SIDA agomba kwirinda byimazeyo konsa umwana we; ariko
| 562 | 1,543 |
Iganze Gakondo mu rugamba rwo gukundisha isi umuco nyarwanda. Baherutse gushyira hanze indirimbo nshya yitwa ‘Ishyamba’ ndetse bahita bashyira hanze indi ndirimbo yabo yitwa ‘Gakondo Yacu Iganze’ bakaba bavuga ko bakataje mu gufasha abakunda u Rwanda gukunda imbyino gakondo n’indirimbo z’umwimerere w’Abanyarwanda. Uhagarariye Iganze Gakondo, Niganze Lievin avuga ko ari urugamba batangiye kandi ko batangiye kubona imbuto zarwo. Yagize ati “Burya abantu bakunda imbyino n’indiirimbo gakondo ariko ntibagira umwanya wo kubona aho babibona ngo babikunde, twebwe turashaka kubikora duciye mu miyoboro yose y’itangazamakuru ku buryo Abanyarwanda n’abakunda injyana gakondo bazisanga bafite impamba ihagije mu kuyikunda”. Lievin kandi asaba abantu bakoresha imbuga nkoranyambaga n’abanyamakuru muri rusange gufata uyu mwanya bakajya bacuranga imbyino gakondo atari mu bitaramo gusa no mu ndirimbo zisanzwe kugira ngo abazikunda bazumve kenshi n’abatazizi bazimenye. Yagize ati “Ntabwo indirimbo gakondo cyangwa se imbyino gakondo birebwa mu bitaramo gusa ni byiza ko n’abanyamakuru badufasha zigacurangwa kenshi kandi ndizera ko akeza kigura ni ukubakangura gusa kuko gakondo yo ubwayo iraryoshye”. Lievin asanga Abanyarwanda bakwiye gufata iya mbere bagashyira imbere icyo yita irangamuntu y’Abanyarwanda ikamamara ku isi yose.
| 177 | 509 |
Ibyo ukwiye kumenya mbere yo kwishyiraho ‘Tatouage’. Iyo umuntu ashushanyije ku ruhu rwe n’irangi ku buryo bwa burundu, aba ariho ashyira mu mubiri ikintu kitamenyerewe, ku buryo umubiri ubyakira mu buryo butandukanye. Kuri bamwe uruhu rwabo rubyakira neza, ku bandi umubiri ukabyakira nabi bikagira ingaruka zigaragara zaba iz’igihe gito cyangwa nyuma y’igihe kirekire. Twaganiriye n’umuganga w’uruhu, atubwira bimwe mu bintu byaba mu gihe umubiri utakiriye tatouage neza. Kubyimbirwa Umubiri ushobora kubyimba hahandi hashushanyijwe aho gukira ngo hasubire uko hari hameze, hakabyimba n’ibyo hashushanyijwe ntibigaragare. Infection Amarangi yinjira mu ruhu iyo bariho bakora tatouage ni menshi kandi aba avanze. Umubiri ushobora kwakira nabi aya marangi kuko ni ikintu kidasanzwe mu mubiri. Iyo utayakiriye neza ni ho uruhu rushobora kubyimba cyangwa gukira. Inkovu zidakira Mu gukora tatouage hakoreshwa inshinge zinjira mu ruhu, bigatera inkovu ikira nyuma y’igihe gito. Rimwe na rimwe hari ubwo uruhu rwanga gukira, inkovu ikamara igihe kinini bigashobora kuvamo ibindi bibazo bisaba kujya kwa muganga. Ingaruka z’igihe kirekire Bishoboka ko umubiri ushobora kwakira neza tatouage, ariko kubera ko iba iri mu mubiri no mu maraso, ingaruka zishobora kugaragara nyuma y’igihe kirekire, dore ko amaraso azenguruka mu mubiri wose. Inama umuganga agira abantu bashaka gushyira tatouage ku mubiri wabo cyangwa se kugira ikindi kintu cy’impinduka bakora ku mibiri wabo, ni uko bajya babanza kubaza umuganga cyangwa se undi muntu atari ukubikora mu kigare gusa. Umunyamakuru @ KamanziNatasha
| 227 | 613 |
7 Aburahamu yiringiraga ko Yehova yari kumurinda we n’abari bagize umuryango we. Kubera iki? Ibuka ko we na Sara bavuye mu nzu nziza yo mu mugi wa Uri, bakajya gutura mu mahema, mu giturage cyo mu gihugu k’i Kanani. We n’abagize umuryango we ntibari barinzwe na za nkuta zikomeye cyangwa wa mugende muremure w’amazi. Nta mutekano uhagije bari bafite. 8. Ni ibihe bibazo Aburahamu yahuye na byo? 8 Nubwo Aburahamu yakoraga ibyo Imana ishaka, hari igihe gutunga umuryango we byigeze kumugora. Icyo gihe inzara yari yateye mu gihugu Yehova yari yaramwoherejemo. Ibyo byatumye we n’abagize umuryango we bimukira muri Egiputa. Ikibabaje ni uko igihe bari muri icyo gihugu, umwami waho witwaga Farawo yamwatse umugore we. Tekereza ukuntu Aburahamu yari ababaye cyane igihe Yehova yari atarategeka Farawo kumusubiza umugore we!Intang 12:10-19. 9. Ni ibihe bibazo umuryango wa Aburahamu wagize? 9 Umuryango wa Aburahamu wagize ibibazo byinshi. Umugore we Sara ntiyabyaraga. Bamaze imyaka myinshi bahangayikishijwe n’icyo kibazo. Amaherezo Sara yasabye umugabo we Aburahamu kuryamana n’umuja we Hagari, kugira ngo ababyarire abana. Icyakora igihe Hagari yari atwite Ishimayeli, yatangiye gusuzugura Sara. Ibyo byababaje Sara, maze aramwirukana.Intang 16:1-6. 10. Ni ibihe bintu byabaye kuri Ishimayeli na Isaka byashoboraga gutuma Aburahamu adakomeza kwiringira Yehova? 10 Nyuma y’igihe Sara yaje gutwita, abyarira Aburahamu umwana w’umuhungu, amwita Isaka. Aburahamu yakundaga abahungu be bombi, ari bo Ishimayeli na Isaka. Ariko kubera ko Ishimayeli yatotezaga Isaka, Yehova yategetse Aburahamu kwirukana Hagari n’uwo mwana we (Intang 21:9-14). Hashize igihe, Yehova yasabye Aburahamu gutamba Isaka (Intang 22:1, 2; Heb 11:17-19). Muri ibyo bibazo byose, Aburahamu yiringiraga ko Yehova yari kuzakora ibyo yavuze kuri abo bahungu be bombi. 11. Ni iki cyafashije Aburahamu gutegereza Yehova yihanganye? 11 Icyo gihe cyose, Aburahamu yasabwaga gutegereza Yehova yihanganye. Igihe we n’umuryango we bavaga mu mugi wa Uri, ashobora kuba yari afite imyaka irenga 70 (Intang 11:31–12:4). Yamaze imyaka isaga ijana aba mu mahema, agenda yimuka mu gihugu k’i Kanani. Yaje gupfa afite imyaka 175 (Intang 25:7). Icyakora yapfuye abamukomotseho batarahabwa icyo gihugu nk’uko yari yarabisezeranyijwe. Nanone yari agitegereje ko Ubwami bw’Imana bushyirwaho. Ariko Bibiliya ivuga ko Aburahamu ‘yapfuye ashaje neza kandi anyuzwe’ (Intang 25:8). Nubwo yahuye n’ibibazo byinshi, yakomeje kugira ukwizera gukomeye kandi akomeza gutegereza Yehova yishimye. Ni iki cyamufashije kwihangana? Ni uko muri icyo gihe cyose Imana yamurinze kandi akaba yari inshuti yayo.Intang 15:1; Yes 41:8; Yak 2:22, 23. Abasenga Yehova bagaragaza bate ko bafite ukwizera no kwihangana kimwe na Aburahamu na Sara? (Reba paragarafu ya 12) 12. Ni iki dutegereje, kandi se ni iki tugiye kureba? 12 Kimwe na Aburahamu, dutegereje umugi wubatse ku mfatiro z’ukuri. Gusa twe ntidutegereje ko uwo mugi wubakwa. Ubwami bw’Imana bwashyizweho mu mwaka wa 1914, kandi bwatangiye gutegeka mu ijuru (Ibyah 12:7-10). Icyakora, dutegereje ko butangira gutegeka no ku isi. Ariko mu gihe ibyo bitaraba, dushobora guhura n’ibibazo nk’ibyo Aburahamu na Sara bahuye na byo. Ese hari abantu basenga Yehova muri iki gihe biganye Aburahamu? Hari inkuru zisohoka mu Munara w’Umurinzi zigaragaza ko Abakristo benshi bafite ukwizera no kwihangana nk’ukwa Aburahamu na Sara. Reka turebe zimwe muri zo, turebe n’amasomo twazikuramo. ABANTU BIGANYE ABURAHAMU Bill Walden yigomwe byinshi kandi Yehova yamuhaye imigisha 13. Ibyabaye ku muvandimwe Bill bikwigisha iki? 13 Jya uhora witeguye kwigomwa. Iyo dushyize Ubwami bw’Imana mu mwanya wa mbere, tuba twiganye Aburahamu, wemeye kwigomwa ibintu byinshi kugira ngo ashimishe Imana (Mat 6:33; Mar 10:28-30). Reka turebe urugero rw’umuvandimwe witwa Bill Walden. Mu mwaka wa 1942, Abahamya ba Yehova batangiye kumwigisha Bibiliya. Icyo gihe yari hafi kurangiza kwiga iby’ubwubatsi muri kaminuza yo muri Amerika. Hari umwarimu wamushakiye akazi akirangiza, ariko
| 599 | 1,661 |
FERWAFA izakoresha ingengo y’imari ya miliyari 9,9 Frw mu 2024. Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko muri uyu mwaka wa 2024 rizakoresha ingengo y’imari ingana na 9.932.725.243 z’amafanga y’u Rwanda. Ibi byemejwe n’abanyamuryango mu nama y’Inteko Rusange idasanzwe ya FERWAFA yateranye kuri uyu wa Gatandatu tariki 13 Mutarama 2024. Muri iyi ngengo y’imari ibikorwa bijyanye n’amarushwa no guteza imbere umupira w’amaguru byagenewe, miliyari 5,73 Frw, miliyari 2,2 Frw agakoreshwa mu bikorwa bya FERWAFA birimo no guhemba abakozi mu gihe andi miliyari 2 Frw azajya mu kugura ibikoresho bya hoteli y’iri Shyirahamwe no kubaka ibibuga bine byo gukiniraho. Muri ayo mafaranga yagenewe amarushanwa n’iterambere rya ruhago ni ho hakubiye miliyari 2,41 Frw azagenerwa amakipe y’Igihugu azitabira amarushanwa atandukanye mu 2024 arimo imikino ya CECAFA, amajonjora ya CHAN, amajonjora yo gushaka itike y’Igikombe cy’Afurika cya 2025 n’icy’Isi cya 2026, imikino ya gicuti, gushaka abakinnyi b’Abanyarwanda bakina i Burayi, CECAFA U-23 n’imikino y’Amavubi y’Abagore, ugereranyije n’umwaka ushize amafaranga yagabanyutse kuko miliyari 2,5 Frw ari zo zakoreshejwe. Mu 2023, FERWAFA yari yateganyije ko izakoresha ingengo y’imari ingana na 8.140.773.630 Frw arimo miliyari 2,5 Frw agenewe amakipe y’Igihugu mu byiciro byose abagabo n’abagore. Muri iyi Nteko Rusange idasanzwe kandi habayemo amatora y’abagize inzego zigenga za FERWAFA no kwemeza Komiseri wa Komisiyo y’Imisifurire. Komiseri w’imisifurire wa FERWAFA yagizwe Hakizimana Louis wabaye umusifuzi Mpuzamahanga kuva 2012 asimbuye Rurangirwa Aaron weguye kuri uyu mwanya muri Mata 2023. Bwana Rugera Jean Claude, yatorewe kuba Perezida wa Komisiyo yigenga y’amatora asimbuye Kalisa Adolphe wagizwe umunyamabanga Mukuru. Niwemugeni Chantal yatorewe kuba Perezida wa komisiyo yigenga ishinzwe ubugenzuzi.
| 258 | 776 |
Impuguke yo mu Busuwisi yahaye amahugurwa abakina Judo mu Rwanda (Amafoto). Guhera ku wa Gatanu tariki 27/10/2023, Umusuwisi Florent Bron yayoboye imyitozo y’umukino wa Judo ku bakinnyi b’ingeri zose barimo abato n’abakuru, abasangiza ku bunararibonye afite muri uyu mukino asanzwe anatoza ku rwego mpuzamahanga. Florent Bron ufite umukandara w’umukandara w’umukara ndetse na Dan ya kane muri uyu mukino, ubwo yari yaje mu biruhuko mu Rwanda yafashe umwanya wo gutoza abakinnyi ba Judo uyu mukino, bikaba byarakozwe ku wa Gatanu i Kagugu, ndetse no ku wa Gatandatu i Nyarutarama. Mu kiganiro na Perezida w’Ishyirahamwe ry’umukino wa Judo mu Rwanda, BISHYIKA Christian, yadutangarije ko ibi muri gahunda y’amasezerano y’ubufatanye bafitanye n’u Busuwisi by’umwihariko Federasiyo ya Judo, bakaba bateganya no kubibyaza umusaruro wo kuzamura impano z’abakiri bato mu mukino wa Judo "Ni gahunda y’ubufatanye dufitanye n’u Busuwisi, Federasiyo ya Judo y’u Busuwisi twagiranye amasezerano yo gufayanya mu guteza imbere umukino wa Judo. Byaturutse ku mukinnyi wacu witwa Rukundo Sala, ufite ubwenegihugu bw’u Rwanda n’u Busuwisi., aduhuza n’abatarenkunga ba Judo bo mu Busuwisi, ndetse n’uyu mutoza yamutoje kuva akiri muto afite imyaka itandatu." "Umutoza afite ubumenyi n’ubushake mu gutoza abana bato, mwabonye ko hari abana bato guhera ku bafite imyaka itandatu, natwe dufite gahunda yo gutangira uyu mukino wa Judo mu mashuri (Judo at School), hari igihe abana kugera ahantu batandukanye bibagora, turi gushaka ubushobozi ngo tubansange mu mashuri." Federasiyo y’u Busuwisi usibye aya mahugurwa yanabazaniye tapis yanakoreshejwe n’ibikoresho birimo n’imyambaro ikinanwa Judo, ubu bari no kuganira uburyo hazagira abakinnyi nabo bajya gusura u Busuwisi bakareba urwego umukino wabo ugezeho. "Baje kudusura, dushobora natwe kuzajya kubasura, kuko mu gutoza abana mu rwego rw’amarushanwa mbere na mbere ubanza gukora gahunda yo gutoranya abana bafite impano uha abana bose amahirwe, ukamufasha kuzabyaza umusaruro iyo mpano." Perezida wa Federasiyo ya Judo mu Rwanda Usibye iyi myitozo, hanafunguwe ikibuga gishya (Dojo) cy’uyu mukino i Nyarutarama cyiswe Intare Judo Club, bikaba nabyo byaragizwemo uruhare n’abafatanyabikorwa bo mu Busuwisi ndetse n’Ishyirahamwe mpuzamahanga ry’umukino wa Judo ku isi. AMAFOTO: NIYONZIMA Moise Umunyamakuru @ Samishimwe
| 333 | 932 |
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zasabye abahagarariye ibihugu byabo kuzikorera ubuvugizi. Babigarutseho kuri uyu wa Kane tariki 27 Mata 2023 muri gahunda y’uruzinduko abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Rwanda bagiriye mu nkambi ya Mahama, hagamijwe kureba imibereho y’impunzi ziri mu Rwanda, by’umwihariko izo muri iyo nkambi icumbikiye impunzi z’Abarundi n’izo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Bimwe mu bibazo izo mpunzi zagaragarije abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, birimo itotezwa n’ubwicanyi bukorerwa ubwoko bw’Abatutsi, ku buryo bafite impungenge z’uko bishobora kuzahinduka Jenoside. Uwitwa François Rwabukamba Songa, yavuze ko nubwo bumva ahandi bavuga ko Jenoside itazongera ukundi ariko batewe impungenge n’ubwicanyi ubwoko bw’Abatutsi barimo gukorerwa muri Congo. Yagize ati “Abayikoze mu Rwanda ni bo barimo kuyikora no muri Congo, noneho EAC ikagenda ikaba mu gace kamwe ikaba ari ho iha umutekano, abandi benewacu bari i Murenge na za Ituri bagakomeza gupfa urubozo, kandi iyo miryango ni yo yari mu Rwanda ni na yo iri muri Congo. Twagira ngo rwose mukomeze ubuvugizi". Mugenzi we witwa Etienne yagize ati “Ko ibibazo bibera muri Congo nta ruhare twabigizemo, twisanze mu mbibi zaho, babivugaho iki iyo babona ubwoko bw’Abatutsi buzerera ku Isi kandi bafite iwabo? Twagize amahirwe kuba twababonye hano uyu munsi, agahinda tumaranye iminsi tuzira uko twavutse, babidufashe kandi bikemuke." Asubiza ikibazo cy’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda, Ambasaderi wa Suwede mu Rwanda, Johanna Teague, yavuze ko ikibazo cy’Abanyekongo bakizi kandi barimo kugikorera ubuvugizi mu muryango w’Ibihugu by’i Burayi ku buryo hari n’inama zikorwa i Buruseli ahari icyicaro cy’uwo muryango kandi ngo ntibazahwema kubakorera ubuvugizi. Mu ijambo rye, Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’ubutabazi, Kayisire Marie Solange , yavuze ko bagomba guhaguruka bakarwana intambara bafatanyije n’ibindi bihugu y’uko Jenoside itazongera kubaho ukundi. Yagize ati "Ni intambara, ni urugamba twese tugomba kujyaho nk’ibihugu kugira ngo aho tubona ibimenyetso bya Jenoside cyangwa ibindi bigamije kwibasira abantu runaka bihagarikwe hakiri kare tutarabona ibintu bikorwa bikica abantu benshi kandi twese tubizi, tubifiteho ububasha." Inkambi y’Impunzi ya Mahama yatangiye kubaho muri Gashyantare 2015, aho yari icumbikiye impunzi z’Abarundi, ariko nyuma hagiye hoherezwa izindi mpunzi zirimo izo muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo. Imibare yo ku wa 31 Werurwe 2023, igaragaza ko Inkambi y’Impunzi ya Mahama yari icumbikiye abagera ku 58,103 bagizwe n’imiryango 15,483. Abagore n’abana ni bo benshi kuko muri rusange mu nkambi zose zo mu Rwanda bagize 77%. Ni Inkambi igabanyijemo Imidugudu 18 iyoborwa n’abahagarariye abandi baba baratowe. Ifite inzu 6,907 zitujwemo Impunzi. Mu bijyanye n’uburezi, nibura abana 27,406 bari mu mashuri mu byiciro bitandukanye aho bamwe biga mu mashuri yo mu nkambi, abandi bakiga mu mashuri yo hanze yayo. Abiga mu mashuri y’incuke ni 5,705 naho abiga mu mashuri abanza ni 15,321 mu gihe abiga mu mashuri yisumbuye ari 6,380. Reba ibindi muri iyi video: Umunyamakuru @ lvRaheema
| 448 | 1,209 |
kuba abantu beza, yifuza ko baba mu muryango we. 6. Yehova yagaragaje ate ko aha abantu agaciro igihe yaremaga isi? 6 Yehova yaduteguriye ahantu heza cyane ho gutura. Imyaka myinshi mbere y’uko Yehova arema umuntu wa mbere, yabanje gutegura isi kugira ngo abantu bazayitureho (Yobu 38:4-6; Yer 10:12). Kubera ko agira ubuntu kandi akaba azi ibyadushimisha, yaturemeye ibintu byiza byinshi kugira ngo bidushimishe (Zab 104:14, 15, 24). Hari igihe yatekerezaga ku byo yaremye, na we ‘akabona ari byiza’ (Intang 1:10, 12, 31). Yagaragaje ko aha abantu agaciro igihe yabahaga “gutegeka” ibintu byose bihebuje biri ku isi (Zab 8:6). Imana yifuza ko abantu batunganye bazishimira kwita ku byo yaremye iteka ryose. Ese ushimira Yehova buri gihe kubera iyo migisha adusezeranya? 7. Amagambo yo muri Yosuwa 24:15 agaragaza ate ko umuntu afite uburenganzira bwo kwihitiramo ibimunogeye? 7 Yehova yaduhaye uburenganzira bwo kwihitiramo ibitunogeye. Ni twe twihitiramo uko dukoresha ubuzima bwacu. (Soma muri Yosuwa 24:15.) Yehova arishima iyo duhisemo kumukorera (Zab 84:11; Imig 27:11). Hari n’indi myanzuro myiza myinshi dushobora gufata, dukoresheje ubwo bushobozi bwo kwihitiramo Yehova yaduhaye. Reka dusuzume urugero Yesu yadusigiye. 8. Tanga urugero rugaragaza ukuntu Yesu yakoresheje uburenganzira yari afite bwo kwihitiramo ibimunogeye. 8 Twakwigana Yesu duhitamo gushyira inyungu z’abandi mu mwanya wa mbere. Hari igihe Yesu n’intumwa ze bari bananiwe cyane, maze bajya ahantu hatuje kugira ngo baruhuke. Icyakora ntibigeze baruhuka. Haje abantu benshi bifuzaga ko Yesu abigisha. Ariko Yesu ntiyabarakariye, ahubwo yabagiriye impuhwe. None se yakoze iki? Yahise “atangira kubigisha ibintu byinshi” (Mar 6:30-34). Iyo twiganye Yesu tugakoresha igihe cyacu n’imbaraga zacu dufasha abandi, tuba duhesha ikuzo Data wo mu ijuru (Mat 5:14-16). Nanone tuba twereka Yehova ko dushaka kuba mu muryango we. 9. Ni iki ababyeyi bakwiriye kuzirikana? 9 Yehova yahaye abantu ubushobozi bwo kubyara abana kandi abaha inshingano yo kubigisha kumukunda no kumukorera. Ese niba uri umubyeyi, wishimira iyo mpano yihariye wahawe? Nubwo Yehova yahaye abamarayika ubushobozi bwo gukora ibintu bihambaye, ntiyabahaye impano yo kubyara. Ubwo rero, ababyeyi bagomba guha agaciro iyo nshingano bahawe yo kurera abana. Ababyeyi bahawe inshingano ikomeye yo kurera abana babo ‘babahana nk’uko Yehova ashaka kandi bakabatoza kugira imitekerereze nk’iye’ (Efe 6:4; Guteg 6:5-7; Zab 127:3). Umuryango wa Yehova wateguye imfashanyigisho nyinshi za Bibiliya, harimo ibitabo, videwo, indirimbo n’ingingo ziboneka ku rubuga rwacu, kugira ngo ufashe ababyeyi. Biragaragara rwose ko Data wo mu ijuru n’Umwana we bakunda abana cyane (Luka 18:15-17). Iyo ababyeyi bishingikirije kuri Yehova kandi bagakora uko bashoboye kugira ngo bite kuri abo bana b’agaciro kenshi, Yehova arishima. Abo babyeyi baba bafasha abana babo kuzaba mu muryango wa Yehova iteka ryose. 10-11. Kuba Yehova yaratanze Yesu ngo aducungure byatugiriye akahe kamaro? 10 Yehova yatanze Umwana we akunda cyane kugira ngo twongere kuba mu muryango we. Nk’uko twabibonye muri paragarafu ya 4, Adamu na Eva basuzuguye Yehova bava mu muryango we kandi batuma n’abana babo batawubamo (Rom 5:12). Kubera ko Adamu na Eva basuzuguye
| 483 | 1,336 |
Perezida Kagame yibukije urubyiruko kunoza imivugire n’imyandikire y’Ikinyarwanda. Mu ijambo yabagejejeho, Perezida Kagame yashimye ubwitange bw’urubyiruko rw’abakorerabushake, asobanura ko izina ryarwo ubwaryo rifite igisobanuro gikomeye. Ati “Ni ibintu bibiri, bahoze bavuga abakorana ubushake, buriya ni ugukorera ubushake, ariko ni byombi. Hari ugukorera ubushake ariko ukorana n’ubushake.” Urubyiruko rw’abakorerabushake rwashimiwe uruhare rukomeye mu gihe Isi yose yari yugarijwe n’icyorezo cya Covid-19 mu kwitanga, bafasha Abanyarwanda kunoza isuku birinda kwandura no gukwirakwiza icyorezo. Bashimiwe kandi n’ibindi bikorwa bitandukanye bagenda bagiramo uruhare mu iterambere ry’Igihugu. Perezida Kagame yongeye kwibutsa urubyiruko ko rugomba kunoza Ikinyarwanda haba mu mivugire no mu myandikire. Ati “Iyo uvuze ururimi neza, icyo umuntu yasomye nk’abazi Ikinyarwanda, kiba gitandukanye n’icyo umuntu yashakaga kuvuga. Mu myandikire wagombaga kuvuga ‘ntabwo’, ukandika nabwo, njye nsoma ‘nabwo’. Nabwo na ntabwo biratandukanye, ntabwo mba numva icyo wavugaga.” Perezida Kagame yibukije urubyiruko ko rufite inshingano zo kunoza umuco no kuwuteza imbere uko bikwiye. Ati “Wa murage, ukaba umurage nyine tubumbatira tugateza imbere. Ibyo byose ni byo abakorerabushake cyangwa abakoranabushake nkamwe, urubyiruko, rurarerwa, rurakura, ugomba kurerwa rero unyura mu maboko y’ababyeyi n’abarimu mu ishuri cyangwa y’Igihugu kiguteza imbere muri ibyo byose no mu murage w’umuco.” Mu 2013 nibwo hatangijwe Urubyiruko rw’Abakorerabushake hagamijwe ko rugira uruhare mu kubaka ibikorwa remezo, kubakira abatishoboye, gukumira no kurwanya ibyaha n’ibindi. Kuva icyo gihe, abarenga miliyoni 1,7 bagize uruhare muri ibyo bikorwa. Bamaze kubakira abaturage inzu zigera kuri 1,295, inzu zavuguruwe zigera kuri 5,813. Hubatswe ubwiherero busaga 17,321. Uru rubyiruko kandi rwagize uruhare mu kubaka no kuvugurura imihanda y’imigenderano ireshya n’ibilometero 2,582, rwateye ibiti bigera ku bihumbi 630, rwubaka uturima tw’igikoni turenga ibihumbi 495. Urubyiruko rw’Abakorerabushake kandi rwishyuriye ubwisungane mu kwivuza imiryango igera kuri 4,312. Mu bindi uru rubyiruko rwakoze harimo gukangurira abaturage kurwanya imirire mibi, kwirinda ibyaha, kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina, inda ziterwa abangavu; gukangurira abaturage kugira ubumenyi ku buringanire n’ubwuzuzanye, uburenganzira bw’umwana n’ibindi bikorwa biganisha ku iterambere ry’umuturage. Iri huriro ry’abakorerabushake rifite insanganyamatsiko igira iti “Dukomere ku muco wacu.” Umunyamakuru @ musanatines
| 323 | 1,022 |
Huye:Umujyi waravuguruwe ariko nta baguzi. Umucuruzi twise Kubwimana kuko atashatse ko amazina ye atangazwa, acururiza ubuconsho bw’ibiribwa mu nzu yishyura amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 300 ku kwezi hamwe na sitoke (stock) ariha ibihumbi 50 ku kwezi. Agira ati “Turishimira ko umujyi wacu utakiri amatongo, ubu noneho n’aho gukorera harabonetse kuko mbere nta hari hahari. Ariko na none kuba nta bantu bafite amafaranga bari muri uyu mujyi ngo batugurire, tukaba turwanira umukiriya umwe umwe, bituma n’inzu ubwazo tubona ko ziduhenda”. Ibi na byo bigira ingaruka ku biciro by’ibicuruzwa bazana, nk’uko bishimangirwa na mugenzi we ucuruza imyenda. Agira ati “Niba nishyura ibihumbi 300 ku kwezi, bizaba ngombwa ko umukiriya mbonye muhenda kugira ngo nzabashe kubona ay’ubukode bw’inzu, mbashe no kubaho”. Uyu mucuruzi yifuza ko ba nyir’inzu bagabanya ibiciro byazo, nk’uwacaga ibihumbi 300 akabigira 200, kuko ari byo byabafasha koroherwa mu bucuruzi bwabo. Icyakora, Aphrodice Misago, umwe mu bafite inzu z’ubucuruzi mu mujyi wa Huye, avuga ko amafaranga y’ubukode bw’amaduka atari menshi. Agira ati “Ntabwo wafata umuryango ngo uwukodeshe ibihumbi 50 wagujije banki wubaka, ngo uzishyure inzu. Ikibazo gihari ni ubushobozi bw’umuguzi butuma amafaranga ataba menshi ku isoko. Abacuruzi na bo ni benshi kandi abaguzi ari bake”. Vincent Semuhungu, na we ufite inzu z’ubucuruzi mu mujyi i Huye, amwunganira avuga ko urebye inzu batazihenda ugereranyije n’uko iz’i Kigali zikodeshwa. Agira ati “Hari imiryango mikeya ikodeshwa ibihumbi 300, indi myinshi igakodeshwa 200, indi 100 cyangwa 150. I Kigali ho usanga umuryango ukodeshwa miliyoni. Inzu z’ino ntizihenda, ikibazo ahubwo abantu bari muri uyu mujyi nta mafaranga bafite”. Atekereza ko umuti kuri iki kibazo ari uko Abanyehuye bakwiga kujya bakorera hamwe, umuntu ntiyiharire gukodesha inzu nk’uko bigaragara i Kigali. Ati “Mu miryango y’isoko twubatse nka koperative Ingenzi, hari abadamu biyemeje gukorera mu muryango umwe ariko baje kunanirwa gukorana, buri wese afata uwe. Bananiranywe kubera ko i Huye barwanira abakiriya bakeya”. Undi muti ni uko ibigo Leta y’u Rwanda yategetse ko biza gukorera i Huye byahaza, kuko atekereza ko ababikoramo bazaba bafite amafaranga yo guhahira abacuruzi, hamwe n’imiryango yabo, hamwe ndetse n’abo bazaha akazi. Ikindi atekereza cyabikemura banatangiye gushakira umuti, ni ugukora ku buryo Huye, hagendewe ku ho iherereye, yaba aho abaturuka mu turere tuyikikije baza kurangurira ibintu bitandukanye, batarinze kujya i Kigali n’i Muhanga. Ati “Muri iyi minsi turi gukora inama tureba ukuntu twajya twegeranya amafaranga, tukazajya tujya kurangura ibintu hanze y’u Rwanda, hanyuma Abanyehuye n’abaturuka mu turere dukikije Huye bakazajya baza kuharangurira. Ibi nitubigeraho bizongera abantu mu mujyi, bityo n’abakora imirimo inyuranye babashe kubona abakiriya. Ntibizarenga mu kwezi kwa 12 k’uyu mwaka wa 2019 tutaragera ku mwanzuro ufatika”. Umuyobozi w’akarere ka Huye, Ange Sebutege, na we avuga ko kugira ngo gukorera hamwe bishoboke batangiye kuganira n’abacuruzi hakurikijwe ibyiciro by’ibyo bacuruza, kandi ngo abona bitazatinda kugerwaho. Kuri we kandi ngo kuzana ibicuruzwa abantu bazabona ku giciro cyiza ntibihagije, ahubwo Abanyehuye bakwiye kwiga no kwamamaza ibyo bakora. Ati “Umuntu ashobora gutega akajya gushakira ibintu kure ya hano i Huye, kubera ko ubihafite atabikoreye imenyekanisha”. Ku bijyanye n’ibiciro by’inzu z’ubucuruzi abacuruzi binubira ko zihenda, uyu muyobozi avuga ko bazahuza ba nyir’inzu n’abacuruzi, bakareba ko babasha kubumvikanisha. Naho ku bijyanye n’igihe ibigo bigomba kuza gukorera i Huye bizazira, bityo abaguzi muri Huye bakiyongera, ngo biteganyijwe ko bitazarenza ukwezi gutaha k’Ukuboza bitaje. Ibyo bigo ni icy’ubuhinzi n’ubworozi (RAB), icy’ingoro z’igihugu z’umurange w’u Rwanda (INMR), ishami ry’ubushakashatsi ry’ikigo cyo guteza imbere inganda (NIRDA), ndetse n’ikigo cyo guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA). Umunyamakuru @ JoyeuseC
| 563 | 1,610 |
iminsi itatu “mu mva,” hanyuma Imana iramuzura.Ibyak 2:31, 32. 19 Ku bw’ibyo rero, igihe Yesu yabwiraga umugizi wa nabi ngo: “Uyu munsi ndakubwiza ukuri,” yashakaga kumwereka ko yari agiye kumuha isezerano. Iyo mvugo yarakoreshwaga cyane no mu gihe cya Mose. Hari igihe Mose yavuze ati: “Aya magambo ngutegeka uyu munsi, ajye ahora ku mutima wawe.”Guteg 6:6; 7:11; 8:1, 19; 30:15. 20. Ni iki kigaragaza ko uko twumva amagambo ya Yesu ari ukuri? 20 Umuhinduzi wa Bibiliya wo mu gihugu cyo mu Burasirazuba bwo Hagati, yagize icyo avuga kuri ayo magambo ya Yesu agira ati: “Icyo tugomba kwibandaho muri uwo murongo, ni amagambo ngo: ‘uyu munsi,’ kandi uwo murongo wagombye guhindurwa ngo: ‘Ndakubwira ukuri uyu munsi, uzaba uri kumwe nange muri Paradizo.’ Iryo sezerano Yesu yaritanze uwo munsi, ariko ryari kuzasohora nyuma yaho. Iyo mvugo isanzwe ikoreshwa muri ako karere, igaragaza ko isezerano riba ryatanzwe riba rizasohozwa nta kabuza.” Ni yo mpamvu Bibiliya yo mu rurimi rw’Igisiriyake yahinduwe mu kinyejana cya gatanu igira iti: “Amen, ndakubwira uyu munsi ko uzaba uri kumwe nange mu Busitani bwa Edeni.” Iryo sezerano ridutera inkunga twese. 21. Ni iki kitwemeza ko umugizi wa nabi wari umanikanywe na Yesu atatoranyirijwe kuzajya mu ijuru? 21 Uwo mugizi wa nabi ntiyari azi isezerano Yesu yagiranye n’intumwa ze zizerwa, ry’uko bari kuzabana mu Bwami bwo mu ijuru (Luka 22:29). Byongeye kandi, uwo mugizi wa nabi ntiyari yarabatijwe (Yoh 3:3-6, 12). Ku bw’ibyo rero, ntari mu batoranyirijwe kuzajya mu ijuru. Ibyo bitwemeza ko paradizo Yesu yavugaga izaba hano ku isi. Nyuma yaho, intumwa Pawulo yabonye mu iyerekwa umuntu ‘wajyanywe muri paradizo’ (2 Kor 12:1-4). Pawulo yashakaga kuvuga paradizo izabaho mu gihe kizaza, nubwo we n’izindi ntumwa zizerwa batoranyirijwe kuzajya mu ijuru, bagafatanya na Yesu gutegeka. Ese iyo paradizo izaba ku isi? Ese nawe ushobora kuzayibamo? NI IKI DUKWIRIYE KWIRINGIRA? 22, 23. Ni iki dukwiriye kwiringira? 22 Ibuka ko Dawidi yahanuye ko “Abakiranutsi bazaragwa isi” (Zab 37:29; 2 Pet 3:13). Dawidi yerekezaga ku gihe abantu bose bo ku isi bazaba bubahiriza amahame akiranuka y’Imana. Ubuhanuzi bwo muri Yesaya 65:22 bugira buti: “Abantu banjye bazarama iminsi myinshi nk’ibiti.” Ibyo bigaragaza ko abantu bazarama imyaka ibarirwa mu bihumbi. Ese koko ibyo wabyiringira? Yego rwose. Dukurikije ibivugwa mu Byahishuwe 21:1-4, Imana izita ku bantu, kandi kimwe mu bintu byiza izabakorera, ni ukubakuriraho “urupfu,” ntirwongere ‘kubaho ukundi.’ 23 Ibyo Bibiliya ivuga ku birebana na Paradizo birumvikana. Nubwo Adamu na Eva batakaje Paradizo, izongera kubaho. Nk’uko Imana yabisezeranyije, abantu bazabonera imigisha ku isi. Dawidi yavuze ko abicisha bugufi n’abakiranutsi bazaragwa isi kandi ko bazayituraho iteka ryose. Ubuhanuzi bwo muri Yesaya bwagombye gutuma dutegerezanya amatsiko imigisha tuzabona muri paradizo. Ariko se iyo paradizo izabaho ryari? Izabaho isezerano Yesu yasezeranyije umugizi wa nabi nirisohora. Nawe ushobora kuzaba muri iyo Paradizo. Icyo gihe, ibyo ba bavandimwe na bashiki bacu babwiranye barangije ikoraniro ryabereye muri Koreya bati: “Ni aho muri
| 478 | 1,289 |
Senderi utari mu bahatanira Salax Awards yemera ko kuri iyi nshuro atakoze neza. Ubwo bari barangije guhamagara abahanzi batanu baririmba mu njyana ya Afrobeat bazahatanira iki gikombe, mu cyumba abahanzi n’abanyamakuru bari bicayemo humvikanye kujujura bibaza impamvu uyu muhanzi atari ku rutonde, abandi batangira gutera urwenya ko ubwo atarimo nta gashya bazigera babona. Senderi wari wicaye ku ruhande rwegereye aho basohokera, yahise anyonyomba arisohokera yicara mu modoka yari yamuzanye yari iparitse hanze, hashize akanya ahita yigendera. Umunyamakuru wa Kigali Today wamukurikiye asohoka, yamubwiye ko n’ubwo adashyizwe ku rutonde ariko atabura gushima abateguye ibi bihembo anemera ko kuba ataruriho nta gitangaza kirimo kuko atakoze cyane mu mwaka ushize. Senderi ati “Ni byo ntabwo nakoze rwose…. umwaka ushize nahugiye mu matora y’abadepite nzenguruka ahantu henshi ndirimba indirimbo zijyanye n’ibikorwa by’amatora, mbivamo njya muri gahunda z’umuryango wanjye kuko wari unkeneye cyane. Kuri jyewe ndemera ko ntakoze cyane ugereranyije n’abandi twari mu cyiciro kimwe.” Mu myaka ibiri ishize, Senderi International Hit asa n’uwahugiye cyane mu bikorwa by’amatora kuko no muri 2017 yazengurutse igihugu ari kumwe n’uwari umukandisa wa RPF Inkotanyi, mu gihe umwaka wa 2018 yarimo yamamaza abadepite mu turere dutandukanye. Mu magambo ye, yabwiye umunyamakuru ko ibi bimuhaye isomo ryo kongera gukora cyane ku buryo umwaka utaha azaba ayoboye abandi bahanzi muri Afrobeat. Ati “Ibi bimpaye isomo ngomba kubayobora umwaka utaha.” Senderi International Hit, ni we wari umaze imyaka ine abitse igikombe cya Salax cy’abahanzi ba Afrobeat yahawe muri 2014, asa n’utebya akavuga ko nta wundi muhanzi uzabika iki gikombe imyaka ingana n’iyo akimaranye. Umunyamakuru wa Kigali Today/KT Radio @ gentil_gedeon
| 258 | 678 |
M23 yazamuye abasirikare bayo mu ntera , Willy NGOMA agirwa Lt. Col.. Umuyobozi w’umutwe wa M23 Bisimwa Bertrand yazamuye mu ntera bamwe mu basirikare bayo hari mo n’umuvugizi w’igisirikare Willy Ngoma wari major wagizwe Lieutetanant Colonel. Mu itangazo ryashyizwe ho umukono n’umuyobozi wa M23 Bertrand BISIMWA kuri uyu wa 23 mutarama 2024, ubuyobozi bwa M23 bwazamuye mu ntera abasirikare bayo bo ku rwego rwa Ofisiye Abasirikare bavuye ku ipeti rya Colonel bagahabwa ipeti rya General de Brigade
| 77 | 199 |
Umukobwa w’ikizungerezi wari wagiye kurwanira Ukraine nka Mudahusha yishwe n’igisasu cy’Abarusiya. Umunyamideli w’umunya Brazil wari winjiye mu gisirikare cya Ukraine nka mudahusha [sniper] yapfuye nyuma y’ibyumweru bitatu azize misile y’Uburusiya yatewe aho yari yateretse imbunda ye Thalita do Valle w’imyaka 39, yari mu butumwa bw’ubutabazi ku isi kandi mbere y’aho yarwanyije ISIS muri Iraki. Yishwe mu cyumweru gishize nyuma y’uko misile yatewe aho yarasiraga i Kharkiv – umujyi uherereye mu majyaruguru y’iburasirazuba bwa Ukraine wateweho ibisasu bikomeye kuva intambara yatangira muri Gashyantare. Iki gitero cya misile kandi cyahitanye Douglas Burigo wahoze ari umusirikare w’ingabo za Brazil w’imyaka 40, wari wagarutse mu birindiro gushaka Thalito. Abandi barwanyi bavuze ko Thalita ari we muntu wenyine wasigaye inyuma nyuma ya misile ya mbere. Thalita, wigeze kwiga amategeko nyuma yo gukora nk’umunyamideli akaba n’umukinnyi wa filime, yari yavuze ibyamubayeho mu ntambara kuri YouTube. Amashusho yerekanye uburyo yahawe imyitozo yo kurasa adahusha [sniper] ubwo yinjiraga muri Peshmergas – ingabo zo mu karere ka Kurdistan muri Iraki. Musaza wa Thalita,Theo Rodrigo Viera yavuze ko mushiki we yari intwari yo kurokora ubuzima no kugira uruhare mu butumwa bw’ubutabazi. Yavuze ko yari amaze ibyumweru bitatu gusa muri Ukraine, aho yakoraga akazi ko gutabara ndetse no kurasa. Yari ashinzwe kandi gucungira bagenzi be igihe ingabo z’Uburusiya zisatiriye. Thalita yapfuye yari amaze iminsi arokotse igisasu mu murwa mukuru wa Ukraine,Kyiv. Yabwiye umuryango we ko adashobora gukomeza kuvugana nawo cyane kuri terefone kuko yakururwa n’Abarusiya. Thalita yaherukaga kuvugana n’umuryango we ku wambere ushize nyuma yo kwimukira mu mujyi wa Kharkiv.
| 249 | 679 |
Kamonyi: ADRA Rwanda isize abana basaga 36% bafite ibibazo by’Imirire mibi. Umushinga wa ADRA Rwanda wari umaze imyaka isaga ibiri ukorera mu karere ka Kamonyi wita ku kurwanya imirire mibi mu bana bagwingiye washojwe hakiri abasaga 36% bagifite ibibazo by’imirire mibi. Umushinga wa ADRA Rwanda washojwe kuri uyu wa mbere tariki ya 19 ukuboza 2016 watangiye mu kwezi kwa Nyakanga 2014 ariko yawutangiye yari yitabajwe ngo ize itange ubufasha kuko Care yari yarawutangiye muri Werurwe 2013 yari inaniwe. Ushojwe ibipimo basanze bagabanijeho akarenga 8% kuko baje hari 45.3% bakaba bagiye bavuga ko basize 36.6%. Ntaganda Robert, umukozi wa ADRA Rwanda wari uyoboye uyu mushinga atangaza ko bishimira intambwe bateye kuko ngo bari bahawe n’umuterankunga kugabanyaho 5% ariko ngo bishimira ko bakarengeje bakagera ku gasaga 8% kubyo basabwaga. Ntaganda, akomeza avuga ko nubwo umushinga ushojwe ariko ngo bizeye ko ibikorwa basize bakoze bishingiye ku bumenyi basigiye abaturage ngo nibafatanya n’ubuyobozi bizafasha mu kwihutisha kugabanya ibipimo by’abana bagaragarwaho n’imirire mibi. Agira ati:” Twubatse ubushobozi bwa banyiribikorwa, twigishije abaturage gukora uturima tw’igikoni, twabashije gukora gahunda y’igikoni cy’umudugudu, bamenye gupima ibipimo by’abana uko bameze bityo bakamenya icyo bagomba kumukorera murugo, twabahaye amatungo magufiya, twabahaye bimwe mu bikoresho, twatanze amahugurwa mu nzego zitanga serivise cyane iz’ubuzima nk’abajyanama b’ubuzima bakurikirana ubuzima bw’umwana n’umubyeyi buri munsi, twahuguye abagabo mu kumenya uruhare rwabo murugo no kumenya gutegura indyo yuzuye, bamenye kwigurira imirama y’imboga zikungahaye zishobora kunganira ibyo barya buri munsi”. Isaac Niyonzima, umuturage wakoranye n’uyu mushinga atangaza ko asigiwe ubumenyi ndetse ko yateye imbere mu myumvire. Agira ati:” Tubana n’ababyeyi b’abagore mu gikoni cy’umudugudu, twahafatiye amasomo yo gutegura indyo yuzuye, birakwiye ko n’umugabo amenya gutegura indyo yuzuye, n’igihe agiye guhaha akamenya ibyo ari buhahe ko byujuje ibisabwa mu ndyo yuzuye, igihe umugore ananiwe cyangwa se yanabifatiye umwanya akaba yategurira urugo indyo yuzuye”. Bushayija Fred, umuhuzabikorwa mu karere ka Kamonyi avuga ko ibikorwa ADRA yakoze ari iby’agaciro ko ndetse nk’akarere bagiye gukora ibishoboka kugira ngo ibyakozwe bitazasubira inyuma. Agira ati:” Tuzakomeza gufatanya n’abafatanyabikorwa bandi basigaye, Gufatanya n’abakozi bahuguwe na ADRA, tuzakomeza kuba hafi y’abaturage kugira ngo bazashobore no kwigisha abatarashoboye kubimenya neza, gahunda ya Leta y’imibereho myiza n’imirire myiza igomba gukomeza kwigishwa, niba abakozi 5 ba ADRA barafashije abaturage bakagabanya 8% by’imirire mibi mu myaka 2 ni ukuvuga ko abaturage barenga ijana basize bigishije bo bashobora kugabanya 20% cyangwa na 30%”. Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter Munyaneza Theogene / intyoza.com
| 401 | 1,151 |
DJ Pius na Bruce Melodie basuye umukecuru wavuze amagambo ‘Abakobwa bafite ubushyuhe’. Yitwa Nyiragondo Espérance akaba afite imyaka 90 y’amavuko. Uyu mukecuru yavuze ko yibarutse abana 10 ariko ubu asigaranye 2 kandi ngo amaze kubona ubuvivi n’ubuvivure. Nyiragondo Espérance wamamaye kubera amagambo ye aho yavuze ati "Aba bakobwa bafite ubushyuhe, n’aba basore bafite gahunda" yavuze ko ashimira aba bahanzi baje kumusura, akaba anashimira by’umwihariko Nyakubahwa Perezida wa Repubilika Paul Kagame, agira ati "Narambe agire ubuzima, nzi ibihuru yankuyemo." Mu byo bamugeneye harimo ibiribwa bamuha n’igitenge bamwizeza ko bazagaruka ikindi gihe bafite umwanya batihuta kugira ngo bubahirize amasaha ajyanye no kwirinda icyorezo cya COVID-19. Mu kiganiro bagiranye na Yago TV, Bruce Melodie yashimiye cyane Nyiragondo avuga ko iyo ataganiriza abanyamakuru bamusuye mbere ngo na bo babibone batari kubona inganzo yavuyemo indirimbo ‘ubushyuhe’. Dj Pius avuga ko ubusanzwe yajyaga avugana n’uwo mukecuru, kuri iyi nshuro bakaba bamusuye kuko bumvise ko yari arwaye. Pius yongeyeho ko uyu mukecuru atazibagirana, ati" Kuba twarakoresheje amagamabo ye mu ndirimbo ni ukuvuga ko inganzo itazasaza, n’abazaza nyuma yacu bazayumva bamenye ko ari we wabivuze." Umunyamakuru @ KamanziNatasha
| 180 | 500 |
Netanyahu winjijwe ibitaro igitaraganya yenda kwicwa n’umwuma yorohewe. Biteganijwe ko Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, ava mu bitaro kuri iki Cyumweru nyuma y’uko nta kosa ryagaragaye mu bizamini by’ubuvuzi by’inyongera nyuma yo kwakirwa mu bitaro kubera umwuma (Dehydration) .Ibiro bye byavuze ko ku wa Gatandatu Netanyahu w’imyaka 73 yajyanywe mu bitaro bya Sheba i Tel Hashomer , hafi y’aho yari atuye i Caesareya ku nkombe, kandi yaraye akurikiranirwa hafi.Mu butumwa bwa videwo yasohoye ari mu bitaro, yasaga nkaho ameze neza avuga ko yaruhukiye ku nyanja ya Galilaya atirinze neza ubushyuhe.Minisitiri w’intebe yavuze ko yamaze amasaha menshi ku kiyaga cya Kinneret nta ngofero cyangwa amazi mu gihe cy’ubushyuhe bukabije.Hagati aho, inama y’abaminisitiri ya buri cyumweru muri Israel, ubusanzwe iterana ku Cyumweru, yimuriwe ku wa Mbere.
| 125 | 331 |
Rubavu: Serivisi zo kwambuka umupaka zigiye gukoreshwamo ikoranabuhanga. Alphonse Munyurangabo uhagarariye serivisi z’abinjira n’abasohoka muri Rubavu, asobanurira abanyapolitiki bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda bari mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu ntara y’amajyaruguru, yavuze ko ubu buryo buzafasha mu kumenya neza abinjira n’abasohoka. Yagize ati: “Umuntu wese uzajya uba yarigeze kunyura aha niyo haba mu myaka 50 tuzajya tubishaka tubibone kuko tuzaba dufite amakuru yose mu ikoranabuhanga.” Aba baturage b’ibihugu byombi baturiye aho bita kuri “petite barriere,” mbere y’uko bahabwa aya makarita y’ikoranabuhanga ku buntu, imyirondoro yabo izabanza ishyirwe muri mudasobwa ku buryo utarimo atazashobora kwambuka umupaka. Munyurangabo avuga ko ubu buryo buzabafasha kugenzura abinjira n’abasohoka ndetse no kongera umutekano. Gusa ngo kuko ari igitekerezo cya Leta y’u Rwanda ku ruhande rwa Congo si itegeko kuyikoresha keretse umuturage ukeneye kuza mu Rwanda. Ubusanzwe, umuturage wese yaba uturutse i Goma muri Congo cyangwa muri Rubavu aba yemerewe gukoresha Jeto imara amasaha 24 umuhesha uburenganzira bwo kwambuka umupaka. Emmanuel N. Hitimana
| 157 | 451 |
Auddy Kelly arahakana ko akundana na Jody. Ubwo yatugezagaho amakuru y’iyi video baherutse gushyira hanze yadutangarije ko ibigaragara mu mashusho n’ubwo benshi babyuririraho bavuga ko aba bombi baba bakundana, Auddy Kelly we arabihakana. Yagize ati: “Uburyo twitwara muri video n’ubwo benshi babigenderaho bavuga ko twaba turi mu rukundo ariko siko biri ahubwo tuba turi mu kazi ni nko gukina film y’urukundo…”. Auddy Kelly kandi yakomeje adutangariza ko iyi video yamuhenze cyane birenze uko we yabitekerezaga kuko ngo yayitanzeho amafaranga y’u Rwanda 800 000. Yagize ati: “Iyi video ibaye iya mbere mu ma video yampenze, yantwaye iminsi itatu turi i Gisenyi na Goma.” Amashusho y’iyi ndirimbo “Sinzagutererana” yakozwe na Rday Pro bikaba byaratwaye amezi atatu kugira ngo isohoke nk’uko Auddy yakomeje abidutangariza. Indi video Auddy Kelly afite ni iy’indirimbo ye “Ndakwitegereza” ikaba ari indirimbo yakunzwe cyane n’abatari bake. Umuhanzi Auddy Kelly abarizwa muri Label ya DEATA aho ari kumwe na Alpha Rwirangira na Peace. Marie Clemence CYIZA UWIMANIMPAYE
| 157 | 397 |
Umuceri wari waraheze ku mbuga mu Bugarama ugiye kugurwa. Ni nyuma y’aho ubwo yakiraga indahiro ya Minisitiri w’Intebe n’iy’abadepite, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yavuze kuri iki kibazo cy’umuceri wa Bugarama uri kwangirikira ku mbuga. Yagaragaje ko harimo uburangare kuko ari ikibazo cyari kimaze iminsi kivugwa ariko ntigikemuke kandi bamwe mu bayobozi bakizi. Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi Dr Anicet Kibiga yabwiye IGIHE ko habaye inama yahuje Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda, Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi na Minisiteri y’ubutegetsi bw’Igihugu, yiga kuri iki kibazo cy’umuceri wari warabuze abaguzi mu gihugu hose. Ati “Ejo Ikigo gikora ubucuruzi bwambukiranya imipaka cyaraje dukorana inama ubu tugiye murenge wa Muganza umuceri ugiye guhita upakirwa abahinzi bahite bishyurwa amafaranga yabo”. Mu gihembwe cy’ihinga gishize, mu Bugarama bejeje toni 7000 ariko bagurisha toni 2150. Umuceri wari warabuze abawugura mu Bugarama ugiye kugurishwa
| 134 | 394 |
Yafatanywe uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga rw’uruhimbano. Uyu muburo uje ukurikira ifatwa ry’umugabo w’imyaka 35, wari utwaye ikamyo yo mu bwoko bwa Benz Actros, afite uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga rw’uruhimbano rwatangiwe mu gihugu cy’u Burundi. Uwafashwe ni uwitwa Shema Alphonse, wafatiwe mu kigo gisuzuma imiterere y’ibinyabiziga giherereye i Remera mu Karere ka Gasabo, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 4 Gashyantare saa tatu za mu gitondo, ubwo yari aje gusuzumisha ubuziranenge bw’ikamyo yatwaraga. Ni nyuma y’uko muri iki kigo mu cyumweru gishize hari hafatiwe undi mugabo w’imyaka 39, ubwo yari aje gusuzumisha ikamyo yatwaraga afite uruhushya rw’uruhimbano rugaragaza ko yemerewe gutwara imodoka zo ku rwego A, B, C na D, yavuze ko yari yaraguze muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ku madorali y’Amerika 200 ($200) mu myaka ibiri ishize. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera, yavuze ko uretse no kuba ari urwo yaguze atigeze akora ikizamini cyo kuba azi gutwara imodoka, ari n’uruhimbano. Yagize ati: "Shema ni umunyarwanda wafashwe ubwo yari aje gusuzumisha ubuziranenge bw’ikamyo yatwaraga, afite uruhushya rwo gutwara imodoka zo ku rwego B, C na E rw’uruhimbano rugaragaza ko rwatangiwe i Burundi." Ubwo yari amaze gufatwa, Shema yiyemereye ko uruhushya yagenderagaho ari uruhimbano yaguriye mu Kayanza mu gihugu cy’u Burundi mu mwaka wa 2018 yishyuye amadorali y’Amerika 200. CP Kabera yaburiye buri wese ugitekereza kunyura mu nzira nk’iyi ngo abone uruhushya ko akwiye guhindura ibitekerezo bitaramukururira ibyago. Ati:"Kugura no gutwarira imodoka ku ruhushya rw’uruhimbano bihanwa n’itegeko. Nyura mu nzira zemewe wige amategeko y’umuhanda, wige imodoka neza ukorere uruhushya rwemewe ureke izindi nzira ubona ko zikoroheye ariko zishobora kuguteza impanuka yakubuza ubuzima cyangwa ukaba wanafungwa." Ingingo ya 276 yo mu itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko, Umuntu wese, ku bw’uburiganya, wandika, wandikisha ibintu bidahuye n’ukuri cyangwa ukora imenyekanisha ritari ryo afatwa nk’uwakoze icyaha cyo gukora ibihimbano. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 5 ariko kitarenze imyaka 7 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni 3 ariko atarenga miliyoni 5 cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano. Ni inkuru dukesha Polisi y’u Rwanda Umunyamakuru @ h_malachie
| 346 | 954 |
Umuyobozi mushya muri CEPGL yatangiye akazi. Umuhango wo guhererekanya ububasha n’uwo asimbuye kuri uwo mwanya, Prof. Alphonse Ntumba Luaba, wabereye ku biro bya CEPGL mu mujyi wa Gisenyi, mu karere ka Rubavu, tariki 03/02/2012. Uyu muhango waranzwe no gusinya no gusinyura amasezerano ku muyobozi ucyuye igihe n’umushya ndetse no guha ikaze Lititiyo mu biro bya CEPGL. Umunyamabanga nshingwabikorwa wa CEPGL, Herman Tuyaga, yatangaje ko yizeye umuyobozi mushya dore ko Lititiyo yari asanzwe anahakorera. Prof. Ntumba wari umaze imyaka itatu ari w’umuyobozi w’igenamigambi n’ishoramari muri CEPGL yasabye Afata ko agiye ku mwanya w’inshingano nyinshi ko ariko azamuba hafi igihe cyose azakenera ubujyanama. Yagize ati “n’ubundi ndacyari muri CEPGL kuko ngiye gukorera CIRGL”. CIRGL ni Inama Mpuzamahanga y’Akarere k’Ibihugu Bigari. Prof Ntumba yasimbuye Liberathe Mulamula ku mwanya w’ubunyamabanga nshingwabikorwa wa CIRGL tariki 09/01/2012. Lititiyo yatangaje ko yiteguye gushyira imbaraga mu nzego eshatu CEPGL yari isanzwe ikoreramo arizo amahoro n’umutekano, imiyoborere myiza, ubuhinzi-bworozi n’amashanyarazi. CEPGL ni umuryango w’ubutwererane uhuza u Burundi, Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo washinzwe tariki 20/09/1976 mu cyahoze ari Gisenyi. Pascaline Umulisa
| 174 | 515 |
Rally Des Mille Collines irahagaritswe nyuma y’urupfu rw’umwe mu basiganwaga. Ibi byabaye kuwa 13/12/2014 ku munsi wa kabiri w’iri rushanwa aho imodoka yari itwawe na Kwizera Claude wahataniraga kuba uwa mbere mu Rwanda muri 2014, afatanyije n’uyu Dusquen Cristophe wari umwungirije bataye umuhanda bagakora impanuka bageze mu Karere ka Gatsibo. Kwizera Claude na Dusquene Christophe bahise bihutanwa kwa muganga nyuma yo gukora iyi mpanuka bagonze igiti gusa, uyu mubirigi ukinira kuri passiporo y’u Rwanda ntabwo yashoboye kurenga uyu munsi kuko yahise yitaba Imana azize kuvira imbere. Iri siganwa rya Rally Des Mille Collines ryakinwaga ku nshuro ya 31 rikaba ryahise rihagarikwa ubwo ryari rigeze i Gatsibo. Umunsi wa mbere w’isiganwa wari wasize Giancarlo Davite ari we wa mbere agakurikirwa na Bukera Valerie nawe wari wabanje kuva mu isiganwa nyuma yaho imodoka ye igiriye ikibazo. Jah d’Eau Dukuze
| 137 | 339 |
Minisitiri w’Intebe yasheshe ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro. Ibiro bya Minisitiri w’Intebe buatangaje ko Inama Njyanama y’Akarere ka Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba isheshwe, hanashyirwaho Umuyobozi w’Akarere w’Agateganyo.
Itangazo ryo mu Biro bya Minisitiri rigira riti “None ku wa 28 Kamena 2023, hasheshwe inama njyanama y’Akarere ka Rutsiro nyuma yo kubona ko ubuyobozi bw’Akarere bwateshutse ku nshingano zabwo”.
Nyuma yo gusesa Inama Njyanama, Minisitiri w’Intebe yagize Prosper Mulindwa Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Rutsiro.
Mulindwa yari asanzwe ari Umuyobozi Mukuru ushinzwe Igenamigambi n’Igenzurabikorwa muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu.
Mulindwa Prosper yagizwe Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Rutsiro
| 89 | 305 |
Kuyobora abaturage hifashishijwe ikoranabuhanga bizabongerera amahirwe mu iterambere. Yabitangaje ku wa mbere tariki 23 Werurwe 2015, mu kiganiro n’abanyamakuru cyateguraga inama y’ibihugu bihuriye mu muryango wa Common Wealth u Rwanda ruzakira, izaba yiga ku buryo leta zateza imbere ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu gutanga serivisi. Yagize ati “Serivisi zose za leta zigiye kujya zitangwa hifashishijwe ikoranabuhanga, ku buryo inyinshi uzajya uzibona utiriwe uhaguruka iwawe. Icya mbere bizafasha ni ugutanga serivisi amasaha 24, icya kabiri ni uko tuzagira ubukungu bukoresha ikoranabuhanga aho abaturage bazajya bahererekanya amafaranga batayafashe mu ntoki. Naho icya gatatu ni uko bizatanga amahirwe yo guhanga imirimo no kongera ishoramari, bityo byongere uruhare rw’abaturage mu iterambere ry’igihugu”. Yavuze ko ibi bigaragazwa n’uburyo mu mwaka w’2010 nta muturage n’umwe mu Rwanda wakoreshaga ihererekanyamafaranga yifashishije ikoranabuhanga, ariko ubu ababukoresha bamaze kugera kuri miliyoni 5,5 ndetse bamaze guhererekanya miliyoni zirenga 100 z’amafaranga y’u Rwanda. Prof. Tim Irwin, umunyamabanga mukuru w’Umuryango wa Common wealth ushinzwe ibigo by’ikoranabuhanga (CTO), yatangaje ko iyi nama yakiriwe n’u Rwanda kuko ari rwo ruri imbere mu kugira ubuyobozi bwifashisha ikoranabuhanga. Muri iyi nama izaba tariki 24 na 25 Werurwe 2015, hazagaragazwa udushya mu miyoborere yifashishije ikoranabuhanga, habeho guhanahana ubumenyi no kwerekana ikoranabuhanga rishya rigezweho. Hazanabaho kwiga ku buryo ikoranabuhanga ritakoreshwa mu byaha bishobora kugirira abaturage nabi cyangwa leta. Emmanuel N. Hitimana
| 211 | 616 |
Huye: Umugabo yasanzwe muri Motel yapfuye. Umurambo w’uyu mugabo watahuwe mu gitondo cyo kuri uyu wa 22 Kanama 2016, ariko ngo yinjiye muri iyi Motel ku wa gatanu w’icyumweru gishize. Ubuyobozi bwa New Motel Gratia Ltd buvuga ko Seruzamba akomoka mu Karere ka Nyagatare, akaba yari asanzwe ari umukiriya wabo kuko yakundaga kuhacumbika ava cyangwa ajya i Nyaruguru aho yakoreraga imirimo y’ubwubatsi. Umuyobozi wa New Motel Gratia Ltd, Nsengimana Hassan, yatangaje ko Seruzamba yinjiye ku mugoroba wo ku wa Gatanu w’icyumweru gishize afata icyumba, bukeye babura urufunguzo ngo bamukorere isuku, bibwira ko yarutahanye, bategereza ko azagaruka ku wa mbere ariko ntibamubona. Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere ngo ni bwo bahamagaye terefoni ye igendanwa maze batungurwa no kumva isonera mu cyumba, bahita batabaza Polisi bafunguye basanga yaraguye mu bwogero bw’icyumba yararagamo. Nsengimana avuga ko uyu mukiriya wabo ashobora kuba yarapfuye akinjiramo kuko umubiri we wari watangiye kwangirika. Ikindi cyavuzwe ni uko yari yavuye amaraso menshi mu mazuru, bikekwa ko yakubise umutwe ku rukuta. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo akaba anakuriye Ubugenzacyaha, CIP Andre Hakizimana, yavuze ko Polisi igikora iperereza ngo hamenyekane icyaba cyateye uru rupfu. Gusa CIP Hakizimana yavuze ko mu makuru Polisi ifite, nta muntu waba yaraciye urugi ngo yice Seruzamba kuko ngo basanze urugi rugikingiye imbere. Asaba abaturage kudakuka umutima kuko ngo impfu nk’izi z’abantu bagwa mu nzu zicumbikira abantu zidakunze kugaragara mu Ntara y’Amajyepfo. Umurambo wa Seruzamba wahise ujyanwa ku Bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB) kugira ngo ukorerwe isuzuma. Umunyamakuru @ CharlesRUZINDA2
| 248 | 650 |
MTN Rwanda. MTN Rwanda, izina ryayo ryuzuye ni MTN Rwandacell Plc, ni sosiyete y'itumanaho ikomeye kandi yagutse mu Rwanda, ifite abafatabuguzi bagera kuri miliyoni 6.4, bangana na 62.8 ku ijana by'isoko, guhera kuri taliki ya 31 Nzeri mu mwaka wa 2021.
Aho biherereye.
Icyicaro gikuru cya MTN Rwandacell Plc giherereye kuri "MTN Centre", Nyarutarama, Kigali, Rwanda. Icyicaro giherereye mubice bimwe byegereye umujyi wa Kigali, ariryozina ry'umujyi w'igihugu.iipimo by'amerekezo ya MTN Rwanda ni 1°56'27.0"S 30°06'13.0"E (ubutambike:-1.940833; ubuzamuke:30.103611).
MTN Rwanda ni ishami rya MTN Group, ikaba itsinda ry’itumanaho mpuzamahanga ikorera mubihugu byo muri Afurika rihuza abaturage bagera kuri miliyoni 232 mu bihugu bitandukanye 22 byo muri Afurika no mu burasirazuba bwo hagati, guhera mu mwaka 2016. MTN Rwanda yashinzwe mu mwaka 1998.
Urutonde.
Muri Gicurasi mu mwaka 2021, imigabane irimububiko ya MTN Rwanda yashyizwe ku isoko ryimigabane yu Rwanda .
Imiyoborere.
Kuva muri Gashyantare mu mwaka 2022, umuyobozi wa MTN Rwanda ni "Faustin K. Mbundu", umuyobozi wigenga, uwungirije umuyobozi mukuru. Umuyobozi mukuru cyangwa Umuyobozi uhagarariye abakozi ni Mitwa Kaemba Ng'ambi.
| 165 | 495 |
Murundi: Kubakira aborozi ibikorwa remezo byazamuye umukamo. Aborozi bo mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Murundi bavuga ko kuba Leta yarabubakiye ibikorwa remezo bibafasha mu bworozi byatumye umukamo w’inka wiyongera.
Byatangajwe na bamwe mu borozi bo mu Murenge wa Murundi, mu Kagari ka Buhabwa.
Ntabyera Innocent utuye Mudugudu wa Buhabwa, Akagari ka Gakoma, mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza yavuze ko batarabona amazi inka zitakamwaga, ariko bamaze kubakirwa ibibumbiro zikamwa neza, umukamo wiyongereye.
Yagize ati: “Tutarabona amazi cyari ikibazo gikomeye, twuhiraga ku idamu ya Musenyeri. Inka zakoraga urugendo rurerure inka, mbere yo kubona ibikorwa remezo inka yakamwaga litito 5, none aho amazi yaziye yaradufashije iyakamwaga litiro 5 yageze kuri litiro 7 kugeza ku 10.”
Yakomeje asobanura ko kwiyongera k’umukamo bibinjiriza, bikabafasha mu bikorwa bindi mu mibereho ya buri munsi.
Ati: “Kwiyongera k’umukamo bituzanira amafaranga, abana bariga, isuku iranozwa, umuntu akishyura mituweli, kurwanya igwingira kuko uturima tw’igikoni twuhirwa.”
Mukurarinda John yavuze ko ubu ubworozi bumeze neza, umukamo wariyongereye kubera ko inka zabonye amazi, hubatswe ibibumbiro n’ibindi.
Yagize ati: “Kongera umukamo hakoreshejwe kuhira inka, ibibumbiro n’ibidamu, kuhira amatungo binyuze mu mushinga wa KIIWP byazamuye umukamo
Shyaka Sam utuye mu Mudugudu wa Gakoma, Akagali ka Buhabwa mu Murenge wa Murundi yavuze ko mbere nta mazi bari bafite byatumaga inka zirumanga ntizitange umukamo utubutse.
Ati: “Tugishyika hano, nta mazi twari dufite, yewe nta n’iterambere twari dufite. Twari dufite inka ugasanga ikamwa litiro 1 cyangwa inka 2 zikamwa litiro 3, ugasanga umuntu afite inka nka 20, ariko ntashobora gukama litiro 20.
Nari mfite inka 6 zikamwa hafi litiro 3, Gisa yanjye mwabonye ubu yo ikamwa litiro 12, abaturanyi barakama bakagemura umusaruro warabonetse kubera amazi.”
Yakomeje asobanura ko kwegerezwa amazi, ibibumbiro byabafashije kuramira inka zitagikora urugendo rurerure. Kugeza ubu hamaze kubakwa ibibumbiro 50.
Ibibumbiro byiza bya kizungu byubatswe
Ati: “Amazi y’ibidamu twayagejejweho n’umushinga KIIWP, haboneka amazi mu madamu ziduha umukamo naho mbere inka zagendaga saa yine zikagaruka saa cyenda, saa kumi.”
Yasobanuye ko mbere yo kubona amazi bajyaga hagati y’imisozi bagacukura bagashyiraho itaka akaba ati ryo riba umucungiro.amazi akaba ari ayo.
Yongeyeho ko uwo mukamo ubaha amafaranga, bakeza n’ibindi.
Ati: “Mu iterambere, twabonye umukamo w’amata, tuyajyana ku ikusanyirizo ry’amata tukabona amafaranga, uranahinga ukeza, uyu munsi nta kibazo tugifite gihangayikishije cyane.”
Umuyobozi w’Umushinga KIIWP mu karere ka Kayonza Uwitonze Theogene atangaza ko umukamo wikubye nka 2.
Yagize ati: “Umukamo w’amata wikubye nka 2 byavuye ku makusanyirizo y’amata kandi umworozi ntajya gushora kure.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murundi, Gashayija Benon yavuze ko nta nka ikigandara ndetse umukamo wazamutse kuko inka zisigaye zibona amazi kubera ko umushinga KIIWP wo muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, binyuze mu kigo RAB watumye haboneka amazi.
Yagize ati: “Nta nka ikigandara, nta rugendo rurerure zigikora, kuko hano umushinga KIIWP wubatse ibikorwa remezo harimo amadamu, ibibumbiro ku buryo aborozi barohewe no gushora inka, kandi burya inka ikamwa umukamo utubutse, iyo yashotse. Si icyo gusa kandi byahinduye ubuzima bw’abaturage.”
KIIWP II ni Umushinga wateguwe na Leta y’ u Rwanda ifatanyije n’Ikigega Mpuzamahanga Giteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (IFAD) binyuze muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ugashyirwa mu bikorwa n’Ikigo gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda (RAB).
Ni umushinga uzamara imyaka 10, icyiciro cya 1 cyari imyaka ine cyararangiye, ubu muri uyu mwaka hatangiye icyiciro cya 2 kizamara imyaka 6.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murundi Gashayija Benon
| 519 | 1,581 |
RDC: Igisirikare cyerekanye abarimo abadepite gishinja gukorera ubutasi M23. Igisirikare cya RD Congo cyerekanye abasivile batanu gishinja ubutasi n’ibikorwa byo gushakira abayoboke n’abakorana n’umutwe wa M23 mu mujyi wa Goma, abo barimo abadepite babiri b’Intara ya Kivu ya Ruguru.Aberekanwe uyu munsi bari mu bantu batatangajwe kandi batazwi umubare batawe muri yombi mu minsi ishize n’ubugenzacyaha bwa gisirikare bakajya gufungirwa i Kinshasa.Mu mashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga, ari imbere y’abanyamakuru ku ishami ry’iperereza rya gisirikare i Kinshasa, Gen Maj Sylvain Ekenge umuvugizi w’igisirikare cya RD Congo, yerekanye abagabo batanu bambitswe imyenda y’umuhondo n’umutuku.Muri abo harimo Hope Sabini Kibuya usanzwe ari umudepite ku rwego rw’Intara ya Kivu ya Ruguru. Uyu, Ekenge yavuze ko ari we wari ukuriye ibikorwa byo gushakira abayoboke M23, kandi ko ari we wabizanyemo abo bareganwa.Gen Ekenge yavuze ko undi ari Aliongera Alain nawe wari umudepite ku rwego rw’intara ya Kivu ya Ruguru.Abandi, umwe ni inzobere mu by’ubukerarugendo akaba n’umujyanama wa guverinoma y’intara ya Kivu ya Ruguru, naho undi akaba umumotari wakoranaga n’abo batatu, nk’uko Ekenge abivuga.Sabini Kibuya na Aliongera Alain n’abo bareganwa, ntibahawe umwanya ngo bavuge ku byaha bashinjwa.Aba bagabo barashinjwa ibyaha birimo gushakira abarwanyi n’abayoboke umutwe wa M23, kuwugezaho ibyo ikenera no kuwukorera ubutasi.Gen Ekenge yumvikana yita aba baregwa “abagambanyi bakorana na M23 n’igisirikare cy’u Rwanda”, avuga ko abandi bafatiwe muri ibyo bikorwa nabo bazerekanwa “ku gihe nyacyo”.U Rwanda ruhakana gukorana na M23, kandi M23 ntacyo iratangaza kuri abo bagabo berekanywe uyu munsi.Intambara hagati ya M23 n’igisirikare cya leta ya Congo n’ingabo zaje kugifasha, imaze iminsi ica ibintu muri teritwari za Masisi, Rutshuru na Nyiragongo ahegera umujyi wa Goma.Imirwano yatumye abantu babarirwa mu bihumbi amagana bata ingo zabo barahunga.Amakuru avuga ko umwe akomoka mu ishyaka rya Kabira, undi akaba mu ishyaka rya Katumbi. Bafatiwe i Goma.BBC
| 289 | 817 |
Enzo Maresca yagizwe umutoza mushya wa Chelsea. Umutaliyani Enzo Maresca watozaga Leicester City yagizwe umutoza mushya wa Chelesa asimbuye Mauricio Pochettino uherutse kwirukanwa, asinya amasezerano y’imyaka itanu azageza mu 2029 ariko ashobora kuzongerwaho undi mwaka.
Ibi byemejwe n’ubuyobozi wa Chelsea kuri uyu wa Mbere tariki 3 Kamena 2024 binyuze ku mbuga nkoranyambaga zayo.
Nyuma gutangazwa nk’Umutoza mushya wa Maresca yangarije urubuga wa Chelsea ko yishimiye gutoza iyi kipe ikomeye ku Isi kuko byari inzozi.
Yagize ati: “Gutoza Chelsea, imwe mu makipe akomeye ku Isi, ni inzozi ku mutoza uwo ari we wese. Ni yo mpamvu nishimiye cyane aya mahirwe.”
Yakomeje agira ati: “Ntegerezanyije amatsiko gukorana n’itsinda ry’abakinnyi n’abakozi bafite impano cyane kugira ngo duteze imbere ikipe ikomeza umuco gutsinda kandi ishimisha abafana bacu.”
Enzo w’imyaka 44 yamekanye cyane ari umwungiriza wa Pep Guardiola muri Manchester City mu mwaka wa Shampiyona wa 2022-2023.
Nyuma yaho yagizwe umutoza mukuru Leicester City mu mwaka ushize w’imikino wa 2023/24 ndetse afasha iyi kipe kuzamura mu cyiciro cya mbere muri ‘Premier Legaue’ nyuma y’umwaka umwe gusa.
Enzo abaye umutoza wa karindwi wa Chelsea mu myaka itanu, aho yakurikiye abarimo Thomas Tuchel na Graham Potter birukanywe, Frank Lampard agahabwa ikipe by’agateganyo mu mwaka w’imikino wa 2022/23.
Mu mwaka ushize w’imikino Chelsea yatsinze imikino 27 muri 51 yakinnye, itsindwa 14 mu gihe yanganyije 10.
| 207 | 565 |
Abacomora Utugabanyamuvuduko Bashobora Kugezwa Mu Butabera- Polisi. Polisi iherutse kugaragaza abantu yafashe batwaye ibinyabiziga byakuwemo cyangwa byagabanyirijwe imbaraga z’utwuma turinganiza umuvuduko. Ni igikorwa ivuga ko ari kibi kuko gishyira mu kaga ubuzima bw’abagenzi. Abafashwe ni abantu 17 basanzwe ari abashoferi n’abandi bakanika imodoka bakekwaho gufasha mu gukuramo utwo twuma cyangwa gutuma tudakora neza. Gushyira utugabanyamuvuduko mu modoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange bigenwa n’Iteka rya Perezida no 25/01 ryo ku wa 25 Gashyantare 2015 riteganya ko imodoka yose itwara abagenzi ku buryo bwa rusange cyangwa itwara imizigo, igomba kuba ifite akagabanyamuvuduko kayifasha kutarenza umuvuduko wa 60Km/h. Uretse ubujyanama Polisi ikora kugira ngo ibuze abantu gukuramo turiya twuma, Umuvugizi wayo Assistant Commissioner of Police( ACP) Boniface Rutikanga yabwiye Taarifa ko abo bigaragaye ko bacomokoye nkana turiya twuma, bashobora kugezwa mu butabera. Ati: “Bashobora gufungwa kugeza ku mezi atandatu ariko baba bashobora guhabwa andi mahirwe”. Gufungwa ayo mezi bigenwa n’urukiko nk’uko Rutikanga abivuga. Avuga ko mu gihe bigaragaye ko umuntu yacomoye utwo twuma ku bushake ashobora kugezwa mu nkiko ku buryo zamuhamya icyo cyaha akaba yafungwa ayo mezi. Uwo inkiko zakatiye amezi atandatu ntaba agishoboye kongera guhabwa akazi mu nzego za Leta kereka yarahawe ihanagurabusembwa naryo rigenwa n’urukiko. Igazeti ya Leta Nomero yihariye yo kuwa 16/02/22 niyo igena iby’utugabanyamuvuduko ku modoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange. Abashoferi batwara imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange iyo bafashwe, bakurikiranwaho gutinyuka bagatwara ikinyabiziga bazi neza ko gifite utwuma kudakora neza. Kugeza ubu abantu 22 barimo abashoferi 17 nibo bamaze gufatirwa muri iki kibazo. Imodoka 12 zo mu bigo bitandukanye nizo zafashwe zarakoreweho iryo yicamategeko nk’uko Polisi ibyemeza. Abenshi mu bakora iryo yicamategeko babikora binyuze mu gushyiraho aka buto ( boutton, button) gatuma imodoka idakurikiza umuvuduko yagenewe, bigakorwa binyuze mu kugakanda ‘kakajya off’. Iyo kari muri ubwo buryo bwa off imodoka irihuta kurusha umuvuduko yagenewe. Hari abandi bahuza intsinga bigatuma umuvuduko wagenwe udakurikizwa. Ikibazo kiba ku bashoferi bajya mu modoka bakayitwara batabanje kugenzura niba akagabanyamuvuduko gakorera ku kigero kahawe. Ufashwe ahanirwa uburangare, rimwe na rimwe akaba yagirwa inama. ACP Rutikanga avuga ko hari gukorwa iperereza ngo hamenyekane uruhare rw’abantu batandukanye mu gukoramo cyangwa kugabanyiriza utugabanyamuvuduko imbaraga twahawe. Ati: “Abo bantu bose hari kurebwa uko hamenyekana uruhare rwabo muri icyo gikorwa kigayitse bakoze. Ibi ntabwo birangiriye aha”. Ubusanzwe imodoka zose zigira ibyuma bigena umuvuduko. Buri gihugu nicyo kigena umuvuduko imodoka zikigendamo zitagomba kurenza. Iyo imodoka zigeze mu gihugu, hari akandi kuma kongerwamo kagena umuvuduko ntarengwa. Ako niko bamwe bakuramo bigatuma kadakorana n’umuvuduko wagenwe bityo imodoka ikiruka cyane. Ako kuma kaba munsi y’icyuma gituma imodoka ijya mu cyerekezo runaka, icyo bita volant. Abakora imodoka bagena umuvuduko myinshi idashobora kurenza n’umuvuduko uringaniye ishobora kugenderaho ntibe yiruka cyane ariko nanone ntibe igenda gahoro ku buryo yakerereza abantu. U Rwanda rwagennye ko imodoka zarwo zitwara abagenzi zitagomba kurenza ibilometero 60 mu isaha.
| 464 | 1,331 |
Dawidi amaze kuminuka umusozi, ahura na Siba umugaragu wa Mefibosheti aje kumusanganira. Yari ashoreye indogobe ebyiri zihetse imigati magana abiri, n'amaseri ijana y'imizabibu yumye n'imbuto ijana z'imitini, n'uruhago rw'uruhu rurimo divayi. Umwami abaza Siba ati: “Ibyo ni iby'iki?” Siba aramusubiza ati: “Nyagasani, indogobe ni izo guheka abo mu rugo rwawe, imigati n'imbuto ni ibyo kugaburira abagaragu bawe, naho divayi ni iyo kwicira inyota abananirirwa mu butayu.” Umwami aramubaza ati: “Mefibosheti umwuzukuru wa shobuja ari he?” Siba aramusubiza ati: “Ubu ari i Yeruzalemu, kuko yibwira ko Abisiraheli bazamwimika agahabwa ingoma ya sekuru.” Nuko umwami aramubwira ati: “Nkugabiye ibyari ibya Mefibosheti byose.” Siba aravuga ati: “Urakarama nyagasani, nzahore ngutonnyeho!” Umwami Dawidi ageze i Bahurimu haza umugabo witwaga Shimeyi mwene Gera wo mu muryango wa Sawuli, atangira kumutuka. Atera amabuye Umwami Dawidi n'abagaragu be bose, n'abandi bantu bari kumwe na we bose ndetse n'ingabo zari zimukikije. Yamutukaga agira ati: “Hoshi genda wa mupfayongo we w'umwicanyi! Uhoraho akuryoje amaraso y'abo mu muryango wa Sawuli wasimbuye ku ngoma! Ubwami abuhaye Abusalomu umuhungu wawe, naho wowe aguteje ibyago kubera amaraso wamennye!” Abishayi mwene Seruya abwira umwami ati: “Nyagasani, kuki iriya ntumbi y'imbwa yagumya kugutuka? Reka ngende muce umutwe!” Dawidi aravuga ati: “Mpuriye he namwe bene Seruya? Niba Uhoraho yamubwiye ngo antuke, nta wamubuza kubikora.” Nuko Dawidi abwira abagaragu be bose na Abishayi ati: “Dore n'umuhungu wanjye nibyariye arashaka kunyica, nkanswe uriya Mubenyamini! Nimumureke antuke niba Uhoraho yabimutumye! Birashoboka ko Uhoraho yareba amagorwa ndimo, biriya bitutsi by'uyu munsi akabimpinduriramo ibyiza.” Dawidi n'abo bari kumwe bakomeza urugendo, naho Shimeyi akomeza gutambika hakurya ahateganye na bo, agenda abatuka abatera amabuye, atumura n'umukungugu. Hanyuma umwami n'abo bari kumwe bose bagera ku ruzi rwa Yorodani bananiwe, baraharuhukira. Abusalomu agera i Yeruzalemu ari kumwe na Ahitofeli n'abandi Bisiraheli bose bari bamushyigikiye. Ubwo ni bwo Hushayi w'Umwaruki incuti ya Dawidi yasanze Abusalomu, aramubwira ati: “Urakarama nyagasani, urakarama!” Abusalomu aramubaza ati: “Kuki wahemukiye incuti yawe ntimujyane?” Hushayi aramusubiza ati: “Nabitewe n'uko ari wowe watoranyijwe n'Uhoraho, n'abo muri kumwe n'Abisiraheli bose, nzagumana nawe. None kuki ntagukorera kandi so yari incuti yanjye? Bityo rero nk'uko nari umugaragu wa so, ni ko nzaba umugaragu wawe.” Abusalomu abwira Ahitofeli ati: “Ngira inama, dukore iki?” Ahitofeli aramubwira ati: “Genda uryamane n'inshoreke za so yasize ku rugo. Ibyo bizatuma Abisiraheli bamenya ko wazinutswe so, maze bitere inkunga abari ku ruhande rwawe.” Nuko bashinga ihema ku gisenge gishashe cy'ingoro y'umwami, maze Abusalomu ajya kuharyamanira n'inshoreke za se rubanda babireba. Yaba Dawidi yaba Abusalomu, bose bubahaga inama za Ahitofeli nk'aho ari Imana ubwayo babajije.
| 412 | 1,198 |
Ibihugu byibumbiye muri G20 byananiwe kumvikana. Ibihugu 20 bya mbere bikize ku isi byibumbiye mu kizwi nka G20 byananiwe kumvikana, ku ikoreshwa ry’umutungo w’Uburusiya byafatiriye, niba bigomba kuyiha Ukraine. Abaminisitiri b’imari mu bihugu byabo, abayobozi ba banki nkuru z’ibihugu 20 bya mbere bikize ku isi, G20, n’abakuru ba Banki y’isi yose, Ikigega mpuzamahanga cy’imari, na Banki Nkuru y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi, n’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe bateraniye mu nama ngarukamwaka yabo mu mujyi wa Sao Paulo muri Brézil. Kuri gahunda yabo harimo n’ikibazo cy’ihindagurika ry’ibihe n’icy’ubukene bukabije. Nyamara intambara yo muri Ukraine, yihariye umwanya munini. Abaje bahagarariye ibihugu bya G7 byahoze ari G8 hakirimo Uburusiya gusa, kuri ubu bisigaye ari birindwi bya mbere bikize muri ibyo 20, hinyongereyeho n’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi, nabo bakoze inama yabo yihariye. Minisitiri w’imari wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Janet Yellen, yabasabye ashimitse ko bagobotora byihutirwa imari y’Uburusiya bafatiriye, igera ku madolari miliyari 397, kugira ngo bazayashyire mu bikorwa byo gusana no kongera kubaka Ukraine. Yasobanuye ko yemera ko “hariho amategeko mpuzamahanga akomeye abyemera”. Ati: “Byaba ari igisubizo nyacyo ku ntambara Uburusiya bwagabye kuri Ukraine buyisagariye, kugira ngo bwumve neza ko bugomba kwemera kwicara ku meza y’imishyikirano y’amahoro na Ukraine”. Canada ni kimwe mu bishyigikiye igitekerezo cya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Ariko bagenzi babo bamwe na bamwe si ko babibona. Minisitiri w’imari w’Ubufaransa, Bruno Le Maire, yateye utwatsi ku mugaragaro igitekerezo cya mugenzi we w’Amerika. Ati “Twe nta ngingo n’imwe ifatika tubona mu mategeko mpuzamahanga ibitwemerera. Dukwiye kubyigaho neza kandi abagize G20 bose bakabishyigikira”. Uburusiya n’Ubushinwa (batavuga rumwe na gato n’Amerika) n’Ubuhinde na bo bari muri G20, ariko ba Minisitiri b’imari babo ntibagiye mu nama y’i Sao Paulo. Uburusiya bukimara gutera Ukraine, ibihugu bikomeye byafatiriye umutungo wabwo, bitangirano kungurana inama niba bashobora kuwuha Ukraine. Na n’ubu ntibarumvikana, ariko bamwe muri bo bakoresha inyungu zibyawe n’uwo mutungo, mu bikorwa byo gutera inkunga Ukraine. Uburusiya buvuga ko baramutse bahaye Ukraine umutungo wabwo, nabwo bwabafatira ingamba zikarishye. Hagati aho, ni ubwa mbere Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe ugiye mu nama ya G20, kuva umaze kwemerwamo ku buryo buhoraho muri Nzeri umwaka ushize. Nsengiyumva JMV
| 342 | 998 |
Abasore: Dore amayeri 4 yagufasha kwambura umukobwa abandi basore ukamugira uwawe wenyine. Mu rukundo habamo guhangana byiza aho umusore akora uko ashoboye kugira ngo yigarurire umutima w’umukobwa ku buryo ashobora kumwambura abandi.Uwo mukobwa nagerwaho n’ibikorwa byawe, byanga bikunze azagukunda kandi uzaguma ube uwe ku buryo ntakindi yazasubira gushaka ahandi mu bandi bahanganye.1. Iyiteho wowe ubwaweUmukobwa azagukunda kubera ko azabona wiyitaho ku buryo budasanzwe. Naba akundana n’abandi basore, akabona ntibiyitaho, wowe ukaba ubarusha kwiyitaho, ntakabuza uzamwegukana.Umukobwa akunda umusore yanyuza mu bantu, kandi uwo musore agomba kuba yiyitaho, niyo mpamvu rero nawe niba umushaka usabwa kumara umwanya uri kwitunganya kugira ngo ujye umugera imbere usa neza.2. Ujye utekereza kigaboGutekereza kigabo ni ukugira intekerezo zihamye kandi zerekeza ku byiza. Abakobwa bakunda umugabo ufite intekerezo nziza kandi zihamye. Umunsi wakoze aka kantu, uzabasha kuba wowe ndetse umutsindire.3. Mureke yigengeMu magana y’abandi basore bamushaka, akeneyemo umwe, uzamuha umwanya akigenga. Numenya iryo banga uzaba ugiye kumwegukana.4. Kumuba hafi igihe agukeneyeUmukobwa wese akunda umusore umuba hafi by’umwihariko mu gihe amukeneye. Niba agize ikibazo ukaba umuri hafi, ibi nabyo bizatuma mu gihe kiri imbere umubera umugabo mwiza.Isoko: Yourtango
| 180 | 537 |
Nyamagabe: Ubufatanye hagati y’abikorera n’akarere bwateye imbere. Umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe, Mugisha Philbert, avuga ko abikorera bazashora imari muri iyo mishinga bamaze kuboneka, ubu ngo bakaba barimo kwegeranya ibyangombwa mu gihe hamaze no gushyirwaho komite yabo igamije kurushaho kuyinonosora. Kubaka isoko rigezweho rya Nyamagabe rizasimbura iryari rihari ritakijyanye n’igihe rizatwara akayabo k’amafaranga asaga miliyari, ni umwe muri iyo mishinga abikorera bamaze kugaragaza ubushake bwo gushoramo amafaranga yabo. Mu bindi bikorwa by’ingenzi byagezweho mu mwaka wa 2012 harimo guteza imbere ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage. Ibikorwa remezo, by’umwihariko, amashyanyarazi byamaze kugera mu mirenge ya Musebeya, Mushubi na Kaduha, ngo uyu mwaka wa 2012 ukaba usize byaratangiye no kugezwa mu mirenge ya Buruhukiro na Gatare muri 2013 bikazarushaho gukwirakwizwa mu tundi duce dutandukanye. Umwaka wa 2012 kandi usize umuhanda ugana mu gace kitwa ku Itaba waratangiye gukorwa ukaba uzashyirwamo amabuye, ndetse n’ikiraro cyahuzaga umurenge wa Mbazi n’uwa Kaduha cyari kimaze igihe kidakoreshwa kikaba cyarasanwe kikongera kuba nyabagendwa by’agateganyo, mu gihe hategerejwe ubufasha bwo kugikora mu buryo burambye. Emmanuel Nshimiyimana
| 166 | 493 |
Ikigo Nyarwanda cy'Ubuzima Bushingiye Ku Muco. Ikigo Nyarwanda cy'Ubuzima Bushingiye Ku Muco mu cyongereza(Rwanda Cultural Health Center), Ni ikigo cyo mu Rwanda gikora ibikorwa by'ubuvuzi gakondo bushingiye ku muco cyashinzwe na RUTANGARWAMABOKO mu mwaka wa 2011 giherereye mu karere ka Gasabo.
Amavu n'amavuko.
Rutangarwamaboko avuga ko iki kigo cyashinzwe nk'umusaruro wavuye mu bushakashatsi yakoze ubwo yigaga muri kaminuza Nkuru y'u Rwanda, ubushakashatsi yakoze kuri "Kirazira
z'umuco Nyarwanda."
Serivisi zitangirwa muri iki kigo.
Mu kwerekana ibijyanye n'imibereho y'Abanyarwanda mu Rwanda rwa kera hibandwa cyane ku mihango n'imigenzo mikuru yakorwaga muri icyo gihe uhereye ku kuraguza, kubandwa no guterekera ndetse n'umuhigo; Bimurikwa n'itorero ryashinzwe n'iki kigo ryitwa Ababeramuco kandi abarigize nibo bigisha umuziki gakondo n'ibicurangisho byose bya Kinyarwanda bigizwemo uruhare na Mushabizi.
Intego z'ikigo.
Iki kigo Nyarwanda cy'ubuvuzi bushingiye ku muco cyashinzwe hagamijwe gutoza abanyarwanda kubaho mu buryo bushingiye ku muco Nyarwanda.
| 134 | 414 |
Abemerewe gucuruza birinda bate Coronavirus hagati yabo n’abaguzi?. Icyakora, n’ubwo kwemererwa gucuruza bidakuraho uburyo bwo gukomeza kwirinda indwara ya Coronavirus, muri rusange abacuruzi ntibubahiriza intera ya metero byibura imwe abantu bashishikarizwa gusiga hagati yabo hamwe n’abo bavugana mu rwego rwo kwirinda kwandura. Hari n’abagore usanga baganira barebana kandi begeranye cyane, bongorerana. Nyamara aba bose bazindukira ku isoko bavuga ko kuguma mu rugo bitaboroheye. Umudozi w’inkweto uzidorera hafi y’umuryango w’isoko agira ati “Urabona ko ngumye mu rugo tutabaho. Nta bishyimbo cyangwa iyindi myaka mpinga, dutunzwe n’amafaranga dukorera umunsi ku wundi. Kudakora bishobora gutuma uzira ya ndwara hamwe n’inzara.” Kamanzi ucuruza imbuto agira ati “Kuguma mu rugo ntibyakunda kuko utabona ibyo ugaburira abana, ntunabone amafaranga yo kuriha icumbi.” Uwitwa Mukamurigo na we ati “Mu bihugu byo hanze barakize. Barabazanira ibyo kurya ariko twebwe sinzi niba byaboneka. Aho kugira ngo twicwe n’inzara tuzapfa tugenda.” Muri rusange, aba batibuka gusiga intera hagati yabo n’abo bacuruzanya cyangwa n’abaguzi, bavuga ko bitaboroheye kubyibuka igihe cyose, kandi na none ngo ntibareka gucuruza. Muri bo hari n’abatekereza ko Imana bizera izabarinda icyo cyago kuko ngo itabatererana kandi baba baje gushaka imibereho. Kamanzi ati “Imana narayitabaje iranyumva, kugeza n’ubwo yanzuye nari napfuye mu mwaka ushize. Iyo si yo yananirwa iki cyorezo gihangayikishije abantu bose. Nitudasenga ibi ntibizakurwaho, ahubwo bizarushaho kwiyongera. Buri wese nashyire amavi hasi asenge.” Icyakora Kamanzi yiyibagije ko n’Imana ifasha uwifashije, kandi ko yahaye abantu ubwenge bwo guhitamo icyiza n’ikibi. Umunyamakuru @ JoyeuseC
| 236 | 683 |
Abana bagiye gutangira kugira uruhare mu itegurwa ry’ingengo y’Imari ibagenewe. Byatangajwe n’abana bo mu karere ka Nyarugenge ubwo basozaga amahugurwa ku bijyanye n’uko ingengo y’imari itegurwa n’uko ishyirwa mu bikorwa, yateguwe na CVT mu mushinga wayo ‘Accountability for Children’s Rights’ ku bufatanye na Save the Children, kuri uyu wa 19 Gicurasi 2018. Ishimwe Kevine, umwana ufite ubumuga bw’ingingo, avuga ko ayo mahugurwa ari ingirakamaro kuko atuma abona uko agaragaza ibimubangamiye. Agira ati “Nibatubaza ibyakorwa mu ngengo y’imari y’akarere y’ubutaha, nzatanga igitekerezo cyo guhindura inyubako zimwe na zimwe z’amashuri zibangamira abana bafite ubumuga”. Mugenzi we ati “Jye nzavuga ikibazo cy’abana bataye ishuri kubera ubukene bw’iwabo. Bizatuma mu ngengo y’imari bashyiramo amafaranga yo kubabonera ibisabwa nabo basubire ku ishuri, bazabeho neza ejo hazaza”. Jonas Twagiramungu, umukozi w’Akarere ka Nyarugenge ushinzwe igenamigambi, yemeza ko abato ari zo mbaraga z’igihugu bityo bagomba kumenya igenamigambi ry’igihugu. Ati “Ugize Imana abana cyangwa abato muri rusange bakamenya uko igenamigambi rikorwa, bituma batanga ibitekerezo by’ingirakamaro cyane ko baba bagera hose mu karere. Ikindi cyiza ni uko abana bibanda ku bibazo bibareba, bigatuma uburenganzira bwabo bwubahirizwa”. Umukozi wa Minisiteri y’Imali n’Igenamigambi wanahuguraga abo bana, Niyonizeye Yves, avuga ko umwana agomba kugira uruhare mu byo akorerwa. Ati “Umwana ni we umenya icyo akeneye kurusha undi wese wamutekerereza, ni ngombwa rero ko ahabwa umwanya mu igenamigambi no mu kugena ingengo y’imari y’ibimukorerwa. Kubimuhugurira rero ni ingenzi kuko anagomba gukurikira akamenya ko byakozwe ku bw’inyungu ze”. Rita Mukarugomwa, umuhuzabikorwa wa Accountability for Children’s Rights ushinzwe gukurikirana iby’uburenganzira bw’umwana, agaruka kuri bimwe mu bibazo abana bakunze kuvuga bibabangamira. Ati “Abana biga bakunze kuvuga ko abarimu ari bake bigatuma bavunika mu myigire yabo. Abana bafite ubumuga bwo kutavuga bahura n’ikibazo gikomeye iyo bagiye kwivuza kuko batabasha kuvugana n’abaganga kubera batazi ururimi rw’amarenga ntibavurwe uko babyifuza”. Ikindi ngo ni ibibuga by’imyidagaduro bidahagije haba ku mashuri n’aho abana batuye kandi gukina biri mu burengenzira bwabo. Ibyo byose ngo iyo abana babikoreye ubuvugizi ubwabo, bigashyirwa mu ngengo y’imari bigenda bikemuka buhoro buhoro, cyane ko CVT icyo igamije ari uko ibigenerwa abana byazamuka. Umunyamakuru @ MunyantoreC
| 338 | 960 |
Uko Gilbert Arenas yatuburiye umugore impeta y’ibihumbi 400$, akamuha iy’igicupuri. Ibi yabitangarije mu kiganiro yanyujije ku gitangazamakuru cya djvlad gikorera ku rubuga rwa YouTube, asobanura bumwe mu buzima yabayemo mu gihe cye cy’urushako. Mu 2002 ni bwo Gilbert Arenas yatangiye gukundana na Laura Govan bahujwe n’umukino wa Basketball ndetse bamarana imyaka 14 ari nabwo batangiye kugirana amakimbirane. Aba bombi baratandukanye ariko Gilbert yibuka ko hari impeta yigeze kumwambika kandi ihenze cyane, bityo ategura umugambi wo kumureshya akamusubiza mu rugo kandi agahita amuguranira. Nk’uko yabivuze, Laura yasubiye mu rugo adafite amakuru y’ibiri gutegurwa ndetse arinda ahava atamenye ko impeta yahinduwe. Ati “Namwambitse impeta isabukuru ye yegereje ariko mu minsi umunani gusa duhita dutangira kurwana turanatandukana. Nariyumviriye ndavuga nti ngomba kugarura amafaranga yanjye. Birumvikana ko kugira ngo nyabone nagombaga kumugarura.” “Namubwiye amagambo meza ko mukumbuye ndetse mu mezi ane cyangwa atanu yahise aza. Nari naramaze kubona indi mpeta kandi igihe nshakiye nagombaga kuyihindura. Narayihinduye ndetse turongera turashwana arinda agenda atabimenye.” Impeta ya mbere yariho amabuye y’agaciro ‘Diamant’ y’umwimerere bifite agaciro k’ibihumbi 400$ ariko yagerageje gukoresha indi iriho ay’ibicupuri byatumye igira agaciro k’ibihumbi 10$. Umugore yageze aho akajya ajya mu itangazamakuru avuga iby’umubano mubi yagiranye n’umugabo we, Gilbert wari wararyumyeho ahita yifata ifoto amwereka ko impeta nzima yayisigaranye. Icyo gihe yahise ajya gusuzumisha iyo afite asanga ni igicupuri ndetse agana n’inkiko kugira ngo zimurenganure. Mu kiganiro Gilbert avuga ko yagurishije ya mpeta ndetse amafaranga yavuyemo ahita ayakoresha mu kuburana n’umugore ku gutandukana burundu no kugena imibereho y’abana bane bafitanye. Uyu mugabo w’imyaka 42 yakunze kugaragara mu bikorwa nk’ibi byo guhima abakobwa bakundanye aho yari afite itegeko agenderaho ryo kuba atakwishyurira ibyo kurya umukobwa bahuye bwa mbere. Kuva mu 2001 kugera mu 2013, yakinnye mu makipe akomeye muri Shampiyona ya NBA harimo Golden State Warriors, Washington Wizards, Orlando Magic, Memphis Grizzlies ndetse na Shanghai Sharks yo mu Bushinwa. Gilbert Arenasyabaye umukinnyi ukomeye muri NBA Gilbert Arenas yasobanuye uko yahaye umugore we impeta y'igicupuri akamwambura ifite agaciro k'ibihumbi 400$
| 324 | 904 |
umugambi wo kurimbura Abatutsi kuburyo nta Mututsi wagombaga kurokoka haba mu bakoraga muri ISAR cyangwa abari bayituriye. Yatanze imodoka za ISAR ngo zijye zitware abicanyi anashyiraho ibihembo by’amafaranga ku bari kwigaragaza cyane muri Jenoside. Ubwicanyi Bukomeye bwabaye ku itariki 26 Mata 1994. Abantu basaga 300 barishwe ku mabwiriza ye, abagaboo, abagore, abana, impinja. Ndereyehe yateye inkunga ikorwa rya Jenoside Ku itariki 25/05/1994, Jenoside yari irimbanije, Kambanda Jean wari Minisitiri w’Intebe, yoherereje ba Perefe bose amabwiriza yo gukomeza guhiga Abatutsi n’Abahutu batari bashyigikiye Jenoside. Iki gikorwa cyiswe « Auto-défense civile ». Mu gushyira mu bikorwa aya mabwiriza, kuri uwo munsi Ndereyehe yandikiye ibaruwa abakozi bose ba ISAR , itegeka buri umwe wese muri bo gutanga 20 ku ijana y’umushahara we w’ukwezi kwa Gicurasi 1994 kugira ngo azashyigikire iki gikorwa cyari mu by’ukuri uburyo bwo gushishikariza kwihutisha Jenoside. Muri iyi baruwa Ndereyehe yanasezeranyije kuzakura ku ngengo y’imali ya ISAR miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda agenewe guhemba abicanyi. Iyi baruwa yanasinyweho n’abandi bayobozi bakuru 10 bo ku cyicaro gikuru cya ISAR no ku mashami yayo kandi na ho yoherezwayo. Abo bandi bafatanyije nawe kuyisinya ni Nyabyenda Pierre (Directeur scientifique), Shyirambere Jean Damascène (directeur financier), Rutunga Venant (Directeur du Centre régional du Plateau Central), Tegera Pierre (directeur du Centre régional des terres des laves), Sibomana Gaëtan (Directeur du Centre régional du Bugesera et Mayaga), Nkusi Jean Baptiste (directeur du Centre régional des hautes du Buberuka), Gahamanyi Anastase (directeur régional des hautes terres de la Crète Zaïre Nil), Musabyimana Thaddée (directeur du Centre régional du plateau de l’Est), Ndayizigiye François (directeur du centre régional du Bugarama et bordures du Lac Kivu) n’abashakashatsi babiri bo muri ISAR Kavamahanga François na Kagenzi Pierre. Ndereyehe yafatwaga na Guverinoma yateguye ikanakora Jenoside nk’intangarugero mu gushishikariza rubanda mu ruhame kandi mu buryo butaziguye gukora Jenoside Urugero rwa Ndereyehe mu cyaha cyo gushishikariza ikorwa rya Jenoside ntirwagarukiye muri ISAR Rubona gusa. Ibikorwa bye byagarukwagaho mu nama zabaga zateguwe na Guverinoma mu rwego rwo gushishikariza abaturage kwijandika muri Jenoside. Ni muri urwo rwego mu nama yari iyobowe na Perefe wa Ruhengeri Nsabumugisha Basile ku itariki ya 9 kamena 1994, yari yitabiriwe na ba Burugumesitiri bose bo muri iyi perefegitura, Koloneli Ntibitura Bonaventure icyo gihe wari ushinzwe Auto-Défense Civile muri Ruhengeri yafashe ijambo avuga urugero rwiza rwa Ndereyehe Charles asaba ubufasha bw’amafaranga ku ngabo z’abajenosideri : « Ndereyehe, Umuyobozi mukuru wa ISAR, abyumvikanyeho n’inama y’ubutegetsi y’iki kigo, bemeye gutanga umusanzu w’amafaranga wa miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda (1,000,000Frw) ku buryo umuntu wese uzaka intwaro Inyenzi-Inkotanyi akazana intwaro yayo, azahabwa igihembo cy’amafaranga ibihumbi icumi y’u Rwanda (10,000Frw) ». ibi byari ugushishikariza mu ruhame kandi ku buryo butaziguye guhiga no kwica Abatutsi. Umwe mu myanzuro ikomeye yafatiwe muri iyi nama wari uwo guha lisansi (essance) abicanyi kugira ngo babashe kugera aho ari ho hose bagomba kwica, harimo no hanze ya Perefegitura Ruhengeri. Ni muri ubwo buryo abicanyi batsembye Abatutsi bo mu Bisesero ku itariki 30 Kamena bari baturutse mu bice bitandukanye birimo Cyangugu, Gisenyi, Ruhengeri na Kibuye. Ndereyehe yatangiye umushinga wa Jenoside mbere y’uko yoherezwa muri ISAR Mbere y’uko
| 504 | 1,331 |
Rayvanny yafunguye inzu ye ifasha abahanzi. Abinyujije kuri Instagram, Raymond Shaban Mwakyusa wamamaye nka Rayvanny yashyizeho ifoto y’ikirango cy’inzu ifasha abahanzi (record label) ye yise Next Level Music agira ati “Byari inzozi, mureke mfate uyu mwanya mbatumire mu imurika rya The Next Level Music uyu mugoroba.” Diamond na we abinyujije kuri Instagram yerekanye ibyishimo afitiye Rayvanny yerekana aho iyo nzu izajya ikorera ati “Uyu munsi turaza kubereka ibi bidasanzwe hamwe n’umuvandimwe.” Ni benshi bavuye muri Wasafi Records ya Diamond bagenda nabi bashwanye, harimo Harmonize washinze inzu ye yise Konde Gang. A post shared by 🇹🇿 VANNY BOY 🌀 (@rayvanny_tweet) Umunyamakuru @ KamanziNatasha
| 102 | 248 |
“Ubu tugiye kongera gutangirira kuri zeru”-Umutoza Micho. Ikipe y’u Rwanda yarushijwe cyane na Algeria ku buryo byagaragaraga ko abakinnyi b’u Rwanda bakina nk’abatamenyeranye ndetse banakora amakosa menshi imbere y’izamu yatumye ikipe itsindwa ibitego 4 ku busa. Umutoza Micho utarishimiye uko abakinnyi be bakinnye, yavuze ko ahise atangirana ingamba nshya mu gutegura umukino u Rwanda rufitanye na Benin tariki 10/6/2012 i Kigali. Micho yagize ati, “ Ubu uyu munsi tugiye gutangirira kuri zeru, kugira ngo abakinnyi bose tubashyire ku murongo umwe, twumve ko ari nta mukinnyi ukomeye cyangwa se ufite inararibonye kurusha abandi, twibagirwe ibyaba byaragezweho mu bihe byashize, ahubwo turebe icyo twakora muri icyi cyumweru dufite, dishyire imbaraga mu gutegura umukino dufitanye na Benin ku cyumweru”. Umutoza Micho wari utsinzwe ibitego byinshi kuva yagera mu Mavubi, yavuze ko ubu agiye gutegura abakinnyi mu mutwe, mu mikinire ndetse no mu myumvire, kandi ngo hagiye kubaho guhanganira imyanya mu ikipe y’igihugu kuko hazajya hajyamo uwabikoreye koko. Micho yavuze ko agiye kwicara akareba amashusho y’umukino wahuje Benin na Mali, akanareba ay’umukino wahuje Benin na Ethiopia kugira ngo arusheho kwitegura neza. Mu yandi makipe ari kumwe n’u Rwanda mu itsinda, Benin yatsinze Mali igitego kimwe ku busa. Igitego kimwe cyabonetse muri uwo mukino wabereye muri Benin cyatsinzwe na Lazak Omotoyossi ku munota wa 20. U Rwanda rufite akazi gakomeye ko gutegura imikino myinshi mu gihe gito, kuko nibamara gukina na Benin ku cyumweru tariki 10/6/2012, bazahita basubira mu mwiherero bategura umukino bazakina na Nigeria i Abuja tariki 17/6/2012, mu mukino wo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika kizabera muri Afurika y’Epfo umwaka utaha. Amavubi yahagurutse muri Algeria kuri uyu wa mbere saa munani n’iminota 20 z’ijoro, akazagera i Kigali kuri uyu wa kabiri saa moya n’iminota 20 z’umugoroba. Theoneste Nisingizwe
| 287 | 762 |
Kayonza: Kumva amabwire ya nyina byatumye amara imyaka itanu atumvikana n’umugore we. Hatangimana ngo yavutse mu muryango w’abana batatu, ariko ngo ni we ababyeyi be bakeshaga amaramuko kandi akabumvira cyane kurusha abandi bana. Igihe ngo cyarageze ibyo yahaga ababyeyi be bitangira kujya bigabanuka, ari na bwo nyina yatangiraga kujya amwereka uburyo umugore we atari umugore mwiza wakubaka. Uyu mugabo ashakana n’umugore we Nyiransabimana Konsiliya ngo bari abakene ku buryo bitaboroheraga kubona icyo kurya. Byageze aho umugore we atekereza gucuruza ibyo bita “Bwende” yakoraga afashe imyumbati mibisi yabyazagamo ifu akayibumba akanashyiramo ibirungo, yarangiza akajya kubicuruza. Nyiransabimana agitangira ubwo bucuruzi ngo umugabo we ntiyigeze amworohera kuko iyo yabaga yagiye kubicuruza yavaga mu isoko umugabo we akamukubita akanamuraza hanze. Cyakora ngo ibyo ntibyaciye intege uyu mugore kuko ngo yakomeje gukora cyane, yacuruza amafaranga 1000 akagira ayo abika ariko umugabo we atabizi kuko yatinyaga ko umugabo we yayanywera. Ati “Navaga gucuruza ngahisha amafaranga nkayashyira mu kajerekani k’akalitiro navanagamo ubuto nkagataba umugabo ntamenye aho nayashyize. Ejo nkongera ngasubirayo nakorera 2000 nkaza nkapushikamo [ngahishamo] 1000, amafaranga aza kugwira. Muha amafaranga ibihumbi 30 ngo ajye kugura inka nari nabonye ahantu, umugabo yabona ngenda mwereka amafaranga agacururuka”. Hatangimana avuga ko muri icyo gihe umugore we yacuruzaga “Bwende” iyo yatindaga kugera mu rugo nyina yahitaga amujya mu matwi akamwumvisha uburyo umugore we ataba yagiye gucuruza, ahubwo ngo aba yagiye mu bindi bikorwa by’uburangare harimo n’ubusambanyi kandi na we akabyemera, kuko iyo umugore yatahaga yahitaga amukubita akanamuraza hanze. Gusa akimara kubona ko ubucuruzi bw’umugore we hari icyo bwinjizaga mu rugo rwa bo bitewe n’uko bari bamaze kugura inyana y’inka muri ayo mafaranga umugore yahishaga, Hatangimana ngo yatangiye kwibaza ku byo nyina aba amubwira ku mugore we bituma abiganirizaho abandi bagabo ngo bamugire inama. Agira ati “Mbiganiriza marume mubwira uko ikibazo kimeze n’ahantu gituruka, ambwira ko niba nemeye kumvira mama nta bwumvikane nzagira mu rugo. Undi mugabo na we arambwira ati washatse umugore kugira ngo mwumvikane mu bitekerezo, niba hari ikibi ubona ugomba kubyigenzurira mukanabiganiraho ariko utabyumvise ku bw’amabwire”. Ibi ngo byatumye Hatangimana atangira kugenzura umugore we ngo arebe niba koko ibyo nyina yamumubwiragaho byaba ari byo, aza gusanga ari ibinyoma gusa. Kuva icyo gihe uyu mugabo ngo yahise yisubiraho atangira gushyigikira umugore we mu bucuruzi bwe kandi ibintu byose ngo basigaye babifatanya, ku buryo bamaze kugura inka ya kabiri ndetse banubaka inzu kuva yisubiyeho. Nyiransabimana agira inama abagore bafite abagabo bameze nk’uko uwe yahoze kwihangana bagakura amaboko mu mifuka bagakora, kuko ari imwe mu nzira zatuma abagabo ba bo bahinduka bakaba abantu bazima. Hatangimana we agira inama abandi bagabo kutumva amabwire y’abantu abo ari abo bose agamije kubasenyera ingo, akavuga ko umugabo yasanze umugabo ushaka kubaka adakwiye kubakira ku mabwire, ahubwo ngo akwiye kubakira ku biganiro hagati ye n’umugore we kuko ari byo bituma bateza imbere urugo rwa bo. Cyprien M. Ngendahimana
| 462 | 1,288 |
Bakora urutambiro mu mbaho z'iminyinya rufite impande enye zingana, buri ruhande rufite metero ebyiri na santimetero makumyabiri, n'ubuhagarike bwa metero imwe na santimetero mirongo itatu. Mu nguni zarwo zo hejuru uko ari enye, rwari rufite amahembe y'imbaho afatanye na rwo, kandi rwose barwomekaho umuringa. Bacura mu muringa ibikoresho byose bijyana na rwo: inzabya n'ibitiyo byo kuyoza ivu, n'ibikombe n'ibyotezo n'amakanya yo kwaruza inyama. Bacura mu muringa akazitiro k'akayunguruzo, bakazengurutsa urutambiro kuva hasi kugeza mu cya kabiri cyarwo. Bacura mu muringa ibifunga bine byo kwinjizamo imijishi, babishyira mu nguni enye z'ako kazitiro. Babāza iyo mijishi mu biti by'iminyinya bayomekaho umuringa, bayinjiza mu bifunga biri mu mpande zombi z'urutambiro kugira ngo bajye bashobora kuruheka. Rwari rukoze mu mbaho, kandi imbere muri rwo hāri umurangara. Bacura igikarabiro n'igitereko cyacyo mu muringa, wavuye mu musanzu w'abagore bakoraga ku muryango w'Ihema ry'ibonaniro, batanze indorerwamo zabo z'umuringa . Bakora n'ibyo kubaka urugo. Baboha imyenda mu budodo bw'umweru bukaraze: uwo mu nkike yo mu ruhande rw'amajyepfo wari ufite uburebure bwa metero mirongo ine n'enye. Bawubāriza inkingi makumyabiri, bazicurira ibirenge makumyabiri mu muringa, bacura mu ifeza udukonzo n'udukondo two kuwumanikisha. N'uwo mu nkike yo mu ruhande rw'amajyaruguru babigenza batyo. Umwenda w'inkike yo mu ruhande rw'iburengerazuba wari ufite uburebure bwa metero makumyabiri n'ebyiri, bawubāriza inkingi icumi bazicurira ibirenge icumi, bacura mu ifeza udukonzo n'udukondo two kuwumanikisha. Inkike yo mu ruhande rw'iburasirazuba yari ifite uburebure bwa metero makumyabiri n'ebyiri. Umwenda wo ku nkike yo haruguru y'irembo wari ufite uburebure bwa metero esheshatu n'igice, bawubāriza inkingi eshatu bazicurira n'ibirenge bitatu. N'uwo ku nkike yo hepfo y'irembo na wo babigenza batyo. Imyenda yose y'urwo rugo yari iboshywe mu budodo bw'umweru bukaraze. Ibirenge by'inkingi babicuze mu muringa, naho udukondo n'udukonzo twazo babicura mu ifeza, hejuru ku nkingi bomekaho ifeza maze baziteraho twa dukondo. Abahanga mu kudoda baboha umwenda wo gukinga ku irembo, ufite uburebure bwa metero icyenda n'ubuhagarike bungana n'ubw'umwenda w'urugo, ari bwo metero ebyiri na santimetero makumyabiri, bawuboha mu budodo bw'isine n'ubw'umuhemba, n'ubw'umutuku n'ubw'umweru bukaraze. Bawubāriza inkingi enye bazicurira mu muringa ibirenge bine, bazicurira mu ifeza udukondo n'udukonzo maze hejuru kuri zo bomekaho ifeza. Imambo z'Ihema n'iz'urugo bazicura mu muringa. Musa ategeka Abalevi ko babarura ibyo gukoresha mu mushinga wo kubaka Ihema ry'ibonaniro, bayobowe na Itamari mwene Aroni umutambyi. Besalēli mwene Uri akaba n'umwuzukuru wa Huri wo mu muryango wa Yuda, yari yakoze ibyo Uhoraho yari yategetse Musa byose. Yafashijwe na Oholiyabu mwene Ahisamaki wo mu muryango wa Dani. Yari azi ubukorikori bwinshi: kubāza amabuye no kuboha imyenda mu budodo bw'isine n'ubw'umuhemba, n'ubw'umutuku n'ubw'umweru. Ba Balevi babonye ko izahabu yose Abisiraheli batanze ngo ikoreshwe mu mushinga wo kubaka Ihema, yapimaga nka toni imwe hakurikijwe igipimo gikoreshwa n'abatambyi. Naho ifeza babonye ko zapimaga toni eshatu n'ibiro magana ane na makumyabiri. Ni izatanzwe mu gihe cy'ibarura ry'Abisiraheli. Habaruwe abagabo ibihumbi magana atandatu na bitatu na magana atanu na mirongo itanu, bafite imyaka makumyabiri n'abayirengeje, buri muntu agatanga ifeza zari zategetswe zipimwe hakurikijwe igipimo gikoreshwa n'abatambyi. Muri izo feza bakoresheje toni eshatu n'ibiro magana ane bacura ibirenge ijana byo gushingamo ibizingiti by'Ihema, n'inkingi zo kumanikaho umwenda waryo. Buri kirenge cyatwaye ibiro mirongo itatu na bine by'ifeza. Mu biro makumyabiri byasigaye bacuramo udukondo n'udukonzo tw'inkingi, bakuramo n'ifeza yo komeka hejuru kuri izo nkingi. Umuringa Abisiraheli batanze, wo wapimaga nka toni ebyiri n'ibiro magana ane. Bawukoresheje mu gucura ibirenge by'inkingi zo ku muryango w'Ihema ry'ibonaniro, no kubaka urutambiro no gucura akazitiro karwo n'ibikoresho byose bigendana na rwo, bawucuramo n'ibirenge by'inkingi z'urugo n'izo ku irembo, bawucuramo n'imambo zo gushinga Ihema n'iz'urugo rurizengurutse.
| 574 | 1,700 |
Kamonyi: Abanyeshuri biga mu mahanga na polisi bakoze umuganda rusange. Polisi y’u Rwanda hamwe n’abanyeshuri 110 biga hanze y’u Rwanda mu bindi bihugu bahuriye mu muryango Indangamirwa, bifatanyije n’abaturage b’akarere ka Kamonyi mu gikorwa cy’umuganda rusange ngarukakwezi.Uyu muganda waranzwe no gutera ibiti 7200, gutunganya imiferege y’umuhanda ndetse nyuma yawo habaho n’ibiganiro ku mutekano wo mu muhanda, imibereho myiza y’abaturage, n’iterambere ry’igihugu.Umuryango Indangamirwa ugizwe n’abanyeshuri bize hanze y’u Rwanda ndetse n’abandi bakihiga bakaba (...)Polisi y’u Rwanda hamwe n’abanyeshuri 110 biga hanze y’u Rwanda mu bindi bihugu bahuriye mu muryango Indangamirwa, bifatanyije n’abaturage b’akarere ka Kamonyi mu gikorwa cy’umuganda rusange ngarukakwezi.Uyu muganda waranzwe no gutera ibiti 7200, gutunganya imiferege y’umuhanda ndetse nyuma yawo habaho n’ibiganiro ku mutekano wo mu muhanda, imibereho myiza y’abaturage, n’iterambere ry’igihugu.Umuryango Indangamirwa ugizwe n’abanyeshuri bize hanze y’u Rwanda ndetse n’abandi bakihiga bakaba barahawe uburere mboneragihugu mu Itorero ry’igihugu.Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye umuganda, Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’uburezi Celestin Ntivuguruzwa nawe wari witabiriye uyu muganda, yakanguriye abitabiriye umuganda gukora cyane no kubungabunga umutekano.Yashimiye abaturage uruhare rwabo mu gufatanya n’inzego z’umutekano kuwubungabunga. Yabibukije ko iterambere rigerwaho ari uko mbere na mbere hariho umutekano.Iki gikorwa cy’umuganda kandi cyanitabiriwe n’abadepite babiri bo mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda aribo Depite Athanasie Gahondogo na Mediatrice Izabiriza, umuyobozi w’ishami rya community policing muri Polisi y’u Rwanda ACP Celestin Twahirwa, umuyobozi w’idini ya Islam mu Rwanda Sheikh Salim Habimana, abari bahagarariye izindi nzego z’umutekano, abayobozi b’inzego z’ibanze n’abaturage.Ubwo yaganiraga n’abanyeshuri biga mu bindi bihugu hanze y’u Rwanda, ACP Twahirwa yababwiye ku ruhare rwabo mu guharanira umutekano w’igihugu.Yavuze ko ubufatanye bwabo n’izindi nzego ari ngombwa mu kuwubungabunga.Uwavuze mu izina ry’abo banyeshuri Ndugu Philbert we, yavuze ko biyemeje kuba ku isonga mu gukangurira abaturage kugira uruhare mu kubumbatira umutekano.Yakomeje avuga ko ibyo bakora byose biba bigamije iterambere ry’igihugu. Yavuze ko nta mutekano iterambere bifuza ritagerwaho, akaba ariyo mpamvu biyemeje gufatanya n’inzego z’umutekano kuwuharanira.Uretse kwifatanya n’abandi mu gikorwa cy’umuganda, uru rubyiruko rusanzwe runafatanya na Polisi y’u Rwanda mu bukangurambaga bwo gukumira ibyaha, kurwanya icyorezo cya SIDA n’ibindi.
| 329 | 1,013 |
Ushobora gukora ikigega cy’amazi wifashishije imbaho na shitingi. Violette Kabaganwa utuye i Mujuga mu Murenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe, ni umwe mu bafite bene iki kigega. Asobanura ko Ihuriro ry’amakoperative y’abahinzi buzuzanya (UNICOOPAGI) ari ryo ryakimwubakiye mu mwaka w’2018. Kijyamo nka metero kibe eshatu z’amazi. Bajya kukimwubakira ngo bamusabye uruhare rwe rw’amafaranga ibihumbi 50, ariko muri rusange cyatwaye agera ku bihumbi 182. Ibikoresho bifashishije ngo ni amatafari ahiye hamwe na sima n’umucanga bifashishije mu gukora inkingi zo guterekaho iki kigega, hamwe n’imbaho za madiriye ndetse n’iza planche hamwe na shitingi byifashishijwe mu gukora ikigega nyiri izina, ndetse n’amabati yagitwikiriye. Bernard Byiringiro, umukozi wa Unicoopagi, asobanura ko imbaho za madiriye ari zo zisaswa hejuru ya za nkingi z’amatafari ahiye (cyangwa z’amabuye) mu rwego rwo kugira ngo ikigega kigire indiba ikomeye, hanyuma iza planche zikubakishwa mu mbavu. Biba byiza kurushaho gusiga izi mbaho vidange, hirindwa ko zazamungwa. Iyo ibi birangiye bafata shitingi ikomeye bakayisasa neza muri cya gisanduku hanyuma bakayifatisha n’imisumari ku musozo, nuko bagasakarisha amabati ariko batibagiwe kubanza gutobora muri ya shitingi ahantu habiri bafatishamo amatiyo asohora amazi muri robine ndetse no hejuru ahasohokera amazi igihe ikigega cyuzuye. Mu isakaro ry’ikigega, ahamanukira itiyo imanura amazi ku mureko, bahashyira akadobo gatoya kagenewe kumanukiramo amazi baba batobaguye bagashyiramo umucanga munini n’amakara, byagenewe kuyungurura amazi ava ku nzu. Byiringiro ati “Bifashisha shitingi ikomeye kuko ari yo imara igihe, kandi nka nyuma y’imyaka itatu cyangwa ine uhindura shitingi kuko hari igihe iba yarangiritse. Mu gusakara kandi bakora ku buryo amabati aba ahuye neza n’imbaho, mu rwego rwo kwirinda ko hasigara umwanya unyuramo imyanda.” Kabaganwa ati “Iki kigega cyaramfashije cyane kuko twavomaga kure, kubona amazi y’amatungo bikaba byaratugoraga. Dusigaye tubasha no kurya imboga kuko twuhira n’akarima k’igikoni.” Athanase Harerimana, umuhuzabikorwa wa Unicoopagi, avuga ko muri rusange bene ibi bigega by’imbaho babihaye abahinzi borozi 31 bo mu Mirenge ya Uwinkingi, Kitabi, Buruhukiro, Kibirizi na Tare mu Karere ka Nyamagabe, mu mushinga bashyize mu bikorwa ku nkunga y’umuryango VIAgroforestry. Ngo bahatanze n’ibindi bigega 76 bya pulasitike. Hari mu rwego rwo gushishikariza abahinzi borozi gufata amazi yo ku nzu mu rwego rwo kurwanya isuri ndetse no kuyifashisha mu bindi nko kuvomerera imirima y’igikoni. Mu bindi bagejeje ku bahinzi borozi bafatanyije n’umuryango VIAgroforestry harimo kubigisha gukora pepiniyeri z’ibiti n’ifumbire mborera, ndetse no kurwanya isuri. Umunyamakuru @ JoyeuseC
| 379 | 1,064 |
Ikawa ya Bourbon. Ikawa ya Bourbon ni rwiyemezamirimo ufite i kawa ruherereye i Kigali, mu Rwanda . Kugeza ubu ifite ikawa 8 i Kigali, iyambere muri Union Trade Center (UTC) mu Kiyovu, iya kabiri iri mu kigo cya MTN i Nyarutarama, iya gatatu mu Munara wa Kigali, iya kane ku Kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali .
Ubu bucuruzi buraguka kuko buri ku isoko ry’Amerika, ifungura ahantu icyarimwe i Boston no i Washington, DC kuri 2101 L St NW muri Amerika.
| 81 | 174 |
Abayobozi ba Global Citizen bakiriwe na Perezida Paul Kagame. Mukanya gashize Umuyobozi wa Global Citizen Hugh Evans nabamuherekeje Bose bakiriwe na Nyakubahwa Perezida Paul Kagame mu biro bye . Perezida Paul kagame yabakiriye mu biro bye mu gihe igitaramo cyateguwe na Global citizen cyatumiwemo icyamamare Kendrick Lamar cyari mu myiteguro yo gutangira Icyo gitaramo cyiswe “Move Afrika: Rwanda”kiri kubera muri BK Arena. Ku bufatanye na RDB , bemeranyije ko iki gitaramo kizajya kiba ngarukamwaka twanabibutsa ko mubandi bahanzi bakomeye batumiwe Umuhanzikazi Zuchu ukomoka muri Tanzania, Bruce Melodie, Ariel Wayz ndetse na Dj Toxxyk
| 93 | 212 |
Djuma Shabani. Djuma Shabani, wavutse16 marsKu ya 16 Werurwe 1993 i Kindu, numukinnyi mpuzamahanga wumupira wamaguru wa congo ukina nkumukinyi wiburyo ku rubyiruko rwabanyafurika .
Ubuzima.
Muri kipe.
Yagiye muri Afurika Champions League ndetse n’igikombe cya Confederation inshuro nyinshi. Yageze muri AS Vita Club umukino wanyuma wigikombe cya Confederation Cup muri 2018, atsindwa na Raja de Casablanca .
Mu ikipe y'igihugu.
Yakiriye bwa mbere mu ikipe yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo,Ku ya 24 Werurwe 2019 , bakina na Liberiya . Uyu mukino batsinzwe 1-0, wari mu majonjora yo gushaka itike yo guhatanira igikombe cya Afurika muri 2019 .
| 95 | 261 |
Basketball: Amakipe y’u Rwanda na Uganda yegukanye igikombe cy’Akarere ka Gatanu. Ni amarushanwa yaberaga i Kampala muri Uganda kuva tariki 12 kugeza 18 Kamena 2022. Ni irushanwa kandi ryari ryitabiriwe n’ibihugu 3, ari byo Uganda, u Rwanda na Tanzania mu byiciro byombi. Ni irushanwa ryakinwe mu buryo bw’uko amakipe ahura hagati yayo (round robin) ndetse bagakina imikino ibanza n’iyo kwishyura, bisobanuye ko buri gihugu cyagiye gihura n’ikindi inshuro ebyiri. Ikipe y’u Rwanda mu bahungu yegukanye igikombe cy’iri rushanwa, mbere y’uko hakinwa umukino usoza na wo ikaba yawitwayemo neza itsinda Tanzania mu mukino wa nyuma amanota 84 kuri 43. Muri uwo mukino wabaye ku wa Gatandatu tariki 18 Kamena 2022, ikipe y’u Rwanda yihariye uduce twose, aho yatangiye itsinda agace ka mbere ku manota 19-4, aka kabiri kuri 18-16, aka gatatu ku manota 29-15 ndetse n’agace ka nyuma (4), ku manota 18-14. Ikipe y’u Rwanda yashyizeho agahigo ko gutsinda imikino yose yakinnye uko ari 4, ikaba yahise isoza iyi mikino iri ku mwanya wa mbere n’amanota 8, ikurikirwa na Uganda na Tanzania aho zombi zinganya amanota 5. Kapiteni w’ikipe y’u Rwanda, Sano Rutatika Dick, ni we wahembwe nk’umukinnyi witwaye neza w’irushanwa mu bahungu. Uko ikipe y’u Rwanda yitwaye Ikipe y’u Rwanda yatangiye itsinda Uganda amanota 59-38, mu mukino wabaye tariki 13 Kamena 2022. Yaje gutsinda Tanzania mu mukino wakurikiyeho tariki 15 Kamena 2022, ku manota 73 kuri 57. Mu mikino yo kwishyura, yongeye gutsinda Uganda amanota 72 kuri 59, tariki 16 Kamena 2022, ni mu gihe yatsinze kandi Tanzania mu gusoza ku manota 84 kuri 43. Ku rundi ruhande, ikipe y’Igihugu ya Uganda na yo yatwaye igikombe mu bakobwa, nyuma yo kwitwara neza itsinda Tanzania ku manota 63 kuri 43. Uyu mukino wari kamarampaka, kuko wagiye kuba amakipe yombi anganya amanota 5. Uganda yasoje iri rushanwa iri ku mwanya wa mbere n’amanota 7, ikurikirwa na Tanzania n’amanota 6 naho u Rwanda ni urwa 3 n’amanota 5. Nyuma yo gutwara igikombe cy’Akarere ka 5, ikipe y’u Rwanda mu bahungu na Uganda mu bakobwa, zahise zikatisha itike yo kuzahagararira aka Karere mu mikino y’igikombe cya Afurika (U-18 Afrobasket), izabera i Antananarivo muri Madagascar kuva tariki 04 kugeza 14 Kanama 2022. Umunyamakuru @amonb_official
| 359 | 872 |
Igitunguru. Ubwoko bw'ibitunguru.
Indwara n’uburyo bwo kurwanya udukoko ku bitunguru.
Indwara ikunze kugaragara ku bitunguru mu Rwanda ni “aliterinariose” Iterwa n’agahumyo kitwa Alternaria porri Ibimenyetso byayo ubisanga ku mababi aho usanga amababi afite utudomagure dusa n’ikigina kivanzemo ibara rya violet kandi akenshi utwo tudomagure tuba tuzengurutwe n’ibara ry’umuhondo
Iyo ubonye iyo ndwara yabaye nyinshi mu murima wawe, utera umuti witwa mancozebe (ibiro 0.017 - 0.022 kuri ari 1 cyangwa ibiro 1.7 - 2.2 kuri hegitari 1)
Downy mildiou.
Iyi ndwara irangwa n’amabara y’umweru ku gice cyo hejuru cy’amababi Iyi ndwara ikunze kuboneka iyo ikirere gihehereye kandi hari ubukonje
Uburyo bwo kuyirwanya Yirwanye uhinga ibitunguru rimwe mu myaka itatu (aho yagaragaye) Kwinika imbuto mu mazi ashyushye byica aka gakoko Tera umuti witwa Mancozeb (ibiro 0.022 - 0.035 kuri ari imwe cyangwa ibiro 2.2 - 3.5 kuri hegitari imwe
| 131 | 382 |
Amajyepfo: Hatangijwe imikino igamije ubukangurambaga mu kubungabunga ibidukikije. Ikigo REMA kirimo gukora ubwo bukangurambaga ku bufatanye n’uturere twa Kamonyi, Nyanza, Ruhango na Gisagara uwo mushinga ukoreramo, ndetse n’Umuryango Nyarwanda wita ku bidukikije (APEFA), ufasha REMA mu bikorwa by’ubukangurambaga n’amahugurwa mu bagenerwabikorwa ba Green Amayaga. Ni ubukangurambaga burimo kwifashisha imikino y’umupira w’amaguru, aho Imirenge 20 uwo mushinga ukoreramo ari yo izahatanira igihembo cyo kubungabunga ibidukikije, amakipe y’Akarere ka Ruhango mu Mirenge ya Ntongwe na Ruhango akaba ri yo yatangiye akina. Akimana Marie Claire wiga muri GS Ruyanza mu Karere ka Kamonyi, avuga ko kuba umushinga wa Green Amayaga warabatereye ibiti bitandukanye mu kigo no mu nkengero zacyo, bituma abana bamenya ubwoko butandukanye bwabyo, kandi bakarushaho kubiha agaciro, dore ko we yanahisemo gukangurira urubyiruko gukunda ibidukikije abinyujije mu buhanzi. Agira ati “Twiga amoko y’ibiti tunayareba, tukiga gufata neza ibiti kuko dukura dusobanukirwa akamaro k’igiti, ibidukikije nibwo buzima tutabifite ntitwatera akuka. Ibidukikije ni igipimo cy’ubuzima bwiza bw’ejo hazaza kuko nta bidukikije nta buzima bwiza twagira”. Nsengiyumva Damien akaba n’umufashamyumvire mu kwita ku bidukikije mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango, avuga ko Amayaga yari amaze gutangira kuba ubutayu kubera kwangiza no gutsemba ibiti, amatungo atakibona ubwatsi ku buryo byari kuba bibi cyane iyo hatabaho politiki yo gutera ibindi biti. Agira ati “Abaturage tumaze kugera ku rwego rwo gusobanukirwa akamaro k’igiti, twigishijwe ko gifite akamaro kuko usibye kubungabunga ibidukikije binaduha amafaranga, bivamo imbaho, bivamo ibikoresho bitandukanye”. Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, asaba abaturage gukomeza kubungabunga ibiti, kuko bibafitiye akamaro bikanakagirira Isi muri rusange, by’umwihariko abatuye Amayaga bari bugarijwe n’amapfa, akabizeza ko ibiti baterewe ari ibyabo bakwiye kubifata neza. Agira ati “Ntimugire ubwoba ngo ibiti bizabangiriza imyaka, twabatereye ibiti byiza kuko ahubwo bituma imyaka imera neza kurushaho, ntimuzabyangize”. Uhagarariye Umuryango APEFA ukora ubukangurambaga n’amahugurwa muri uyu mushinga, Kubwayezu Livingistone, avuga ko uko amarushanwa azagenda agera hirya no hino mu Mirenge, ari nako bazakomeza gusobanurira abaturage akamaro ko kubungabunga ibidukikije no kugera ku ntego zo kugira Amayaga atoshye. Agira ati “Igihe kizagera tugaruke maze turusheho kuganira dusobanukirwa n’akamaro ko kubungabunga ibidukikije, n’uruhare rwabyo mu kwiteza imbere n’Igihugu muri rusange tugahora dufite ubuso butoshye”. Umukozi ushinzwe raporo y’imiterere y’ibidukikije (State of Environment) muri REMA, Rushema Emmanuel, asaba abagenerwabikorwa b’umushinga kwita ku gusibura imirwanyasuri, kuko iyo imvura iguye ifata amazi ntabatwarire ubutaka, ndetse bigatuma babona umusaruro w’ibihingwa n’uw’ubwatsi bwo kugaburira amatungo bwatewe ku mirwanyasuri. Agira ati “Ibiti byatewe mu mirima yanyu ni ibyanyu bibafitiye inyungu, ntimureba ukuntu hano hasigaye hasa neza, ni ikimenyetso cy’uko nimubifata neza bimwe muzabyikenuza byatangiye gusarurwa, ibyera imbuto bikabafasha kunoza imirire no kubona amafaranga, ibindi bikabafasha mu bikorwa byanyu by’ubuhinzi n’ubworozi”. Mu bindi bikorwa umushinga Green Amayaga ukora mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima mu Ntara y’Amajyepfo, harimo gutanga amatungo magufi n’amaremare afasha abaturage kwikura mu bukene, gutanga imbabura zirondereza ibicanwa hagamijwe kugabanya iyangizwa ry’amashyamba, gutanga Gaz mu bigo by’amashuri, kubungabunga inkombe z’imigezi no gucukura imirwanyasuri. Mu mikino ibanziriza irushanwa, Umurenge wa Ntongwe wanakiriye umukino watsinze uwa Ruhango igitego kimwe ku busa (1-0), amarushanwa akaba azakomereza mu yindi Mirenge kugeza igihe azimukira ku rwego rw’Uturere. Umunyamakuru @ murieph
| 504 | 1,527 |
Umukobwa wari ugiye kurushinga n’umuraperi AKA yasanzwe muri Hoteli yapfuye. Umukobwa witwa Nelli Tembe wari hafi kurushinga n’Umuraperi witwa AKA wo mu gihugu cya Afurika y’Epfo yasanzwe muri Hoteli yitwa Pepperclub yo mu mujyi Cape Town yapfuye.Ku gicamunsi cyo kuri iki cyumweru nibwo byamenyekanye ko uyu mukobwa yapfuye asanzwe muri iyi Hoteli aho polisi yahise yemeza ko iri gukora iperereza ku rupfu rwe.Ushinzwe kumenyakanisha amakuru ya AKA witwa Phumza Nohashe,yahishuye ko imiryango yaba bombi iraza gushyira hanze itangazo ku rupfu rw’uyu mukobwa w’imyaka 22.Abatangabuhamya bari muri iyi hoteli bavuze ko bumvise urusaku rw’umugabo ari kuvuza induru ahamagara Polisi.Polisi ivuga ko umurambo w’uyu mukobwa wasanzwe hanze y’iyi Hoteli y’inyenyeri 5 aho hari amakuru avuga ko yasimbutse kuri Etaje ya 10 akagwa hasi.Umuvugizi wa polisi ishinzwe kwakira abantu ku murongo wa 911 witwa Shawn Herbs yagize ati“Abari aho byabereye bavuze ko umugore yasimbutse avuye kuri etaje ya 10 y’iyo nyubako.Yagize ibikomere byinshi byamuviriyemo urupfu.”Umuyobozi mukuru wa Pepperclub Hotel witwa Efi Ella,yemeje ko hari umugore ukiri muto wahanutse mu byumba byo hejuru by’iyi Hoteli yikubita hasi saa moya n’igice z’igitondo cyo kuri iki cyumweru.
| 181 | 486 |
Abanyarwanda baba mu Buyapani bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside. Amabasaderi w’u Rwanda mu Buyapani, Dr. Charles Murigande, yatangaje ko Jenoside yabibwe n’abazungu mu gihe cy’ubukoroni yasize yangije igihugu aho ibikorwa remezo ndetse n’imibanire mu Banyarwanda byari byarangiritse. Yongeyeho ko u Rwanda rwanze guheranwa n’urupfu rwongera kwiyubaka kugira ngo rube rwiza kuruta uko rwari rumeze mbere ya Jenoside yahitanye abarenga miliyoni. Ambasaderi Muligande yatangaje ko byose byaturutse ku muhate w’Abanyarwanda bishyiriraho umutekano, ubumwe n’ubwiyunge hagati mu Banyarwada, ndetse bakanateza imbere umuco w’imiyoborere myiza na demokarasi. Yasoje ijambo rye yemeza ko n’ubwo umuryango mpuzamahanga watereranye u Rwanda mu bihe rwari rurimo, Abanyarwanda bo biyemeje ko ingiro ya “Never Again” itagomba guteshukwaho ku isi, bafasha abafite ibibazo nk’ibyo. Emmanuel N. Hitimana
| 117 | 343 |
Abahoze mu buzima bubi bahawe amahirwe yo kwihangira imirimo. Banahawe ibikoresho by’ibanze mu myuga bahuguriwe ku n’umushinga Akazi kanoze Access, nyuma yo gusoza amasomo mu ishuri rya Gacuriro TVET, kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Ukwakira 2018. Nsengiyumva Jean Claude umwe muri bo yavuze ko bumvaga nta bundi buzima bizeraga uretse guhabwa akazi gaciriritse, kunywa ibiyobyabwenge no gukomeza ingeso mbi. Yagize ati “Nari inzererezi nta kindi cyizere nari mfite. Ubu mbonye ubumenyi buzamfasha kwihangira akazi ndetse nkaba nanjye natanga akazi, cyane ko mbonye ibikoresho by’ibanze”. Mugenzi we witwa Nyiransabimana Bertilde ati “Nabyariye iwacu n’ubwo naje kubona umugabo nta kindi nari mfite cyo gukora. ngiye gukora niteze imbere jyewe n’umuryango wanjye”. Ngabonziza Germain , Umuyobozi w’icyigo cy’imyuga cya Gacuriro TVET, avuga ko abo banyeshuri bamaze kwerekana ko bafite ubushobozi bubakura ku ntera imwe bubajyana imbere. Ati “Ubu hari abamaze kwishyira hamwe bashinga amakoperative akomeye mu gakinjiro mu kudoda, hari abamaze gushinga amagaraje, abari abantu boroheje bamwe baguze amamodoka”. Umuyobozi w’a Akazi Kanoze Access Twagizihirwe Valens, avuga ko uyu mushinga uri mu gihugu cyose ugomba gufasha urubyiruko kwihangira umurimo no kubona akazi. Ati “Turi guha amahirwe urubyiruko rwacikirije amashuri ruri hagati y’imyaka 18 na 30 ngo bamenye kwihangira imirimo no kubona akazi bigaragara ko abenshi bahita babona akazi ndetse abarenga kimwe cya kabiri bamaze kugira akazi.” Abanyeshuri basoje amasomo uko ari 40 bahawe ibikoresho by’ubudozi n’ubukanishi bifite agaciro ka miriyoni 14Frw. Abanyeshuri basaga ibihumbi birindwi bamaze guca muri Gacuriro TVET. Nibura 60% barabashije guhindura ubuzima bakagira ubuzima bwiza, abandi babona akazi kababeshaho.
| 250 | 681 |
Sibomana Hussein yababariwe agaruka mu Mavubi. Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umunyamabanga mukuru wa FERWAFA, Gasingwa Michel, rivuga ko uyu musore ukomoka muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo yemeye amakosa yakoze kandi asaba imbabazi abinyujije mu ibaruwa nuko umutiza w’ikipe y’igihugu, Sredojevic Milutin Micho, aramubabarira. N’ubwo yari yahagaritswe na Micho, Sibomana yabanje kugirana ikibazo na Kiyovu Sport asanzwe akinira biza no gutuma ajya iwabo muri Congo nta ruhushya ahawe. Sibomana akina hagati mu ikipe ya Kiyovu Sport no mu ikipe y’igihugu. Ubwo Sibomana yegendaga, ni nabwo ikipe y’igihugu yateguraga imikino ya CECAFA. Nyuma y’imyitozo ya nyuma Amavubi yakoze mbere y’uko yerekeza muri Tanzania gukina iyo CECAFA, umutoza Milutin Micho yasobanuriye itangazamakuru ko impamvu atigeze yitabaza Sibomana, wari uhagaze neza muri icyo gihe, ari uko yari afitanye ibibazo na Kiyovu by’iyitwarire mibi. Icyo gihe ubuyobozi bwa Kiyovu Sport bwavugaga ko nagaruka bazamuhana, ni nako byagenze kuko ubwo yagarukaga bamuhanishije igihano cyo kudahabwa umushahara mu gihe kitashyizwe ahagaragara n’ubuyobozi bw’iyo kipe. Nyuma yo kugaruka mu ikipe ya Kiyovu Sport, Sibomana Hussein wabatirijwe iryo zina mu ikipe ya Mukura Victory Sport yakiniye mbere yo kujya muri Kiyovu, ubu ahagaze neza cyane kuko yitwaye neza mu mukino wahuje Kiyovu sport na Rayon Sport kuri stade Amahoro ku munsi wa munani wa shampiyona. Biteganyijwe ko Sibomana agaragara mu ikipe y’igihugu kuri uyu wa gatatu, ubwo Amavubi aza gukina n’ikipe igizwe n’abakinnyi b’abanyamahanga bakina muri shampiyona y’u Rwanda. Uyu mukino ubera kuri stade Amahoro, urafasha umutoza Micho gutegura umukino u Rwanda ruzakina na Nigeria tariki 29/02/2012 mu rwego rwo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’Afurika cy’ibihugu kizabera muri Afurika y’Epfo muri 2013. Mu rwego rwo kuwutegura neza, umutoza Micho azakina undi mukino wa gicuti n’iyo kipe y’abanyamahanga bakina mu Rwanda tariki 11/01/2012, azanakine undi mukino wa gicuti n’indi kipe y’igihugu itaramenyakana kugeza ubu. Umutoza Micho avuga ko ubu afatanyije na FERWAFA bari mu biganiro n’amakipe y’ibihugu ngo bazakine umukino wa gicuti gusa kugeza ubu ntacyo baragaraho. Theoneste Nisingizwe
| 320 | 867 |
Umutoza wa APR FC yikomye abamunenga bahereye ku mushara we. Nyuma yo guhembwa nk’umutoza wahize abandi muri Gashyantare 2024, umutoza wa APR FC yakomoje ku bamunenga bakabigereranya n’umushahara ahembwa. Yavuze ko kuba uhembwa agatubutse bitavuze kubazwa byinshi. Uwo mutoza asa nk’uwavuguruje umutoza Pepe Guadiola, wavuze ko umutoza uhembwa amafaranga menshi aba agomba kubazwa byinshi. Uwo mutoza yegukanye igihembo cy’umutoza w’ukwezi yari ahanganye na Julien Mette wa Rayon, Guy Bukasa wa AS Kigali ndetse na Sosthene Habimana wa Musanze. Thierry Froger yagize ati “Icyo navuga ni ugushimira abo dukorana bose, kuko umutoza ntabwo abikora wenyine. Nashimira umuyobozi (Col) Richard ku byo adukorera, ngashimira abaganga, abakinnyi n’abafana muri rusange”. Yavuze ko shampiyona y’uyu mwaka ikomeye cyane, kuko nubwo ikipe ye itaratsindwa buri gihe igorwa cyane. Abakunzi ba APR FC ntibemera imitoreze ya Thierry Froger nubwo atsinda, bavuga ko adakina neza kandi n’abakinnyi ntabakinishe ku myanya yabo uko bikwiye. Yabajijwe kandi icyo avuga ku bamunenga bavuga ko ibyo ahembwa bihabanye n’umusaruro we, avuga ko atemeranwa nabo kandi atemera amagambo umutoza wa Manchester City [Pepe Guardiola] yatangaje, agira ati “Abatoza duhembwa amafaranga menshi dukwiye kunengwa iyo bibaye ngombwa”. Yagize ati “Guardiola ni umutoza ukomeye ariko ibyo yavuze ni amafuti, njye ntabwo nishyurwa amafaranga menshi. Buri gihe umuntu wese aba ashaka kubona amafaranga arenzeho, bityo rwose yaribeshye”. “Tumaze gutsinda imikino 17 muri 24 ariko hari abantu bake n’ubu batishimye, gusa birumvikana ko hari ibyo tugomba gukora ngo dukine neza kurushaho, ni ibintu bisaba igihe, kuko n’abakinnyi benshi bari bashya”. Thierry froger yatangaje ko uretse kuba ikipe atoza iyoboye urutonde rwa Shampiona, iri n’imbere mu yindi mibare bityo kugira icyo wahindura bigoranye. Ati “Ni twe twatsinze ibitego byinshi, ni twe twatsinzwe ibitego bike, ni twe dufite rutahizamu mwiza… sinumva icyo twahindura kinini ku bihari.” Ikipe ya APR FC nubwo iyoboye urutonde rwa Shampiona, imikino yose yagiyemo yo guhatanira ibikombe yagiye ivamo, ku ikubitiro kugeza nubwo yakuwemo na Gosogi United mu gikombe cy’amahoro. Thierry Froger yatangaje ko shampiona nirangira azicarana n’ubuyobozi bakahaganira kuri gahunda ikurikira, yaba gutandukana cyangwa kongera amasezerano, kuko ubwo yageraga mu Rwanda muri Nzeri 2023, yasinye umwaka umwe mu ikipe y’Ingabo z’Igihug
| 348 | 938 |
Umuhungu tubana mu gipangu arankurura nkumva nifuza ko turyamana- NKORE IKI?. Muraho? Ni mumfashe mungire inama. Ndi umukobwa w’imyaka 22 ukibana n’ababyeyi. Mu gipangu cyacu harimo umusore uhakodesha ariko amaze kundwaza umutwe kubera imiterere ye ituma mwifuza uko mubonye.Mu by’ukuri nta kintu na kimwe mbuze kuko buri kimwe cyose mu rugo barakimpa, gusa ntibabasha kunkora aho ntikora. Uwo musore tubana mu gipangu ni umusore mwiza w’ibigango mbese buri mukobwa wese yakwifuza gukundana nawe kuko yaba mu mico no mu myitwarire ni ntamacyemwa.Uyu musore ntakunda kuba ari mu rugo kuko afite akazi abyuka agenda agataha nimugoroba . Mu gihe atashye rero akunda kuza mu rugo kutuganiriza nkakunda ibiganiro bye cyane. Mu by’ukuri sindi umukobwa w’indaya ndetse sinkunda no gusambana pee, gusa iyo mbonye ibituza by’uyu musore numva ubushyuhe bw’umubiri buzamutse nkumva ndamushatse.Ngera geza kubyikuramo bikanga kuko muri weekend yirirwa mu rugo kandi aba arimo guterura ibyuma nareba imiterere y’umubiri we nkumva ndamushatse cyane. Nta mukunzi mfite gusa nawe simukunda nka Boy friend ariko mba mufitiye irari ry’umubiri.Ikindi kiyongeyeho ntinya kuba natwarira inda mu rugo cyangwa nkandura SIDA kuko byababaza ababyeyi kandi sinifuza icyababaza Mama wanjye. Ni mungira inama y’icyo nakora.
| 189 | 505 |
bose. • Raporo yateguwe n’uhagarariye abahuzabiganiro buri kwezi, akayishyikiriza Umuryango NAR. • Raporo yateguwe n’uhagarariye abahuzabiganiro buri gihembwe, akayishyikiriza Umuryango NAR. • Raporo yateguwe n’uhagarariye abahuzabiganiro buri mwaka, akayishyikiriza Umuryango NAR. • Raporo y’ubuvugizi yohererezwa inzego z’ibanze igaragaza ibyaganiriweho, imyanzuro, n’ibyo istinda risaba ko byakosorwa cyangwa byakorwa n’ubuyobozi. 4.3.2. Gusuzuma uko ibiganiro ku miyoborere byagenze Abantu ntibaganira byo kuganira gusa. Ibiganiro ni ikintu kimwe, ariko impinduka zikomoka cyangwa zifitanye isano n’icyo kiganiro ni ikindi kintu cy’ingenzi. Abantu cyangwa imiryango ikoresha uburyo bw’ibiganiro rimwe na rimwe bibagirwa gufata akanya ngo basubize amaso inyuma cyangwa ngo basuzume niba byaragenze neza. Ingingo esheshatu zagufasha gusuzuma niba ibiganiro byakorewe mu matsinda y’ibiganiro byaragenze neza ni izi zikurikira: • Ubumenyi: reba niba ari ubuhe bumenyi kandi bungana iki abitabiriye ibiganiro bungutse. Ubumenyi bushobora kugaragarira mu bimenyetso bifatika, ibitekerezo, inzira binyuramo, etc. Reba na none niba hari udushya bungutse biturutse ku biganiro. • Guhuza ibiganiro n’ubuzima busanzwe: ibi bisobanura uburyo abitabiriye ibiganiro babona aho ingingo zaganiriweho mu biganiro zihuriye, bakabisanisha n’imyitwarire yabo. • Gushishikarira imirimo y’itsinda: reba niba ari ku ruhe rugero abagize itsinda biteguye kugira icyo bakora, haba bo ku giti cyabo cyangwa bafatanyije n’abandi. Igipimo cyiza kigaragaza ko bashishikaye ni umubare w’abitabiriye bagize icyo bakora, haba umuntu ku giti cye cyangwa igikorwa rusange, nk’imwe mu mpinduka zatewe n’ibiganiro. • Guhuzwa n’abandi: suzuma niba umubare n’ubuziranenge bw’imibanire mishya hagati y’abagize itsinda, nk’impinduka z’ibiganiro. Ushobora gupima imibanire n’abandi ushingiye ku kohererezanya ubutumwa kuri murandasi, guhamagarana kuri telefoni, gusurana hagati y’abantu ku giti cyabo cyangwa amatsinda, ubushuti, ibikorwa by’ubufatanye, ubukwe, kubyara mu batisimu, ubufatanye mu by’ubucuruzi, n’ibindi byaba byarabahuje biturutse ku kuba barahuriye mu biganiro. • Ibibazo byakemuwe: reba umubare n’uburemere by’ibibazo by’itsinda cyangwa by’agace abagize itsinda batuyemo byaba byarakemutse nk’impinduka ziturutse ku biganiro. N’ubwo buri kimbirane rishobora kugira umwihariko waryo, amakimbirane agaragara mu matsinda y’ibiganiro agira icyo ahuriraho kijyanye n’ibimenyetso ndetse n’impamvu y’amakimbirane. Amakimbirane mu matsinda y’ibiganiro: ikiyatera, uko yakwirindwa n’uko akemurwa Mu Kinyarwanda baravuga bati: "Nta zibana zidakomanya amahembe". Ibi bisobanuye ko ahateraniye itsinda ry’abantu hatabura amakimbirane. Abagize itsinda ry’ibiganiro ku miyoborere ni abantu kandi baba mu gace kamwe. Amakimbirane mu bagize amatsinda ashobora guturuka ku makimbirane abagize amatsinda bari basanganywe hagati yabo cyangwa mu miryango yabo. Na none, amakimbirane ashobora guturuka ku mwihariko/ ubudasa bw’ingingo yaganiriweho, mu gihe binashoboka kandi ko yaturuka ku nyungu zitumvikanwaho n’abagize itsinda. Birashoboka kandi ko amakimbirane ashobora kuvuka hagati y’abagize itsinda n’umuhuzabiganiro. Tugiye kurebera hamwe igitera amakimbirane mu matsinda y’ibiganiro, ibimenyetso bigaragaza ko atutumba n’uburyo yakemuka. Impamvu z’ibibazo n’amakimbirane mu matsinda y’ibiganiro Si ko buri gihe byoroha kumenya icyateye amakimbirane. Akenshi, haba hari impamvu zitandukanye zituma ikibazo gikura, bityo rero ni umurimo w’umuhuzabiganiro wo kubicukumbura no kubitandukanya. Bimwe mu bitera amakimbirane mu matsinda y’ibiganiro ni ibi bikurikira: • Amarangamutima: abagize itsinda bagira amarangamutima atandukanye kuri bo, abandi, inshingano, itsinda, ubuzima bwabo muri rusange n’isi ibakikije. Uruhurirane rw’amarangamutima mu itsinda mu gihe iki n’iki ruba runini. Amwe muri aya marangamutima aba atajyanye kandi akaba yabangamira imirimo y’itsinda cyangwa ibiganiro hagati y’abantu. Bityo, amarangamutima ashobora kugira ingaruka nziza cyangwa mbi ku itsinda. Mu gihe zibaye mbi, amarangamutima ashobora kuba isoko y’amakimbirane. • Ihiganwa: ihiganwa hagati y’abagize itsinda rishobora gushishikariza abantu gushyira imbaraga mu gikorwa runaka, no kukigeraho; ariko rishobora na none gutera ibibazo bijyanye n’uburinganire, guhuza, n’ubumwe bw’itsinda. Urugero, umwe mu bagize itsinda ashobora kuba yifuza ubuyobozi. Ihiganwa ku gikorwa runaka rishobora kuba intandaro y’amakimbirane, hibazwa icyo igikorwa ari cyo mu by’ukuri, uri bugikore, cyangwa se hakabaho kutumvikana ku byihutirwa kurusha ibindi. • Imyitwarire: mu matsinda, abantu bagomba kumva ko bari mu itsinda kandi muri kwa kubyiyumvamo bagenda biyubakamo imbaraga mu buryo runaka. Hari n’igihe baba
| 610 | 1,893 |
Abanyarwanda 6 batoranyijwe kwitabira Tusker Project Fame 5 bakomeje kugirwa ibanga. Mu Rwanda, akana nkemurampaka gatoranya abagomba kwitabira Tusker Project Fame season 5 kagizwe na Miss Shanel, Lion Imanzi na Dixon (CFM). Lion Imanzi, umwe mu bagize akanama k’ijonjora hano mu Rwanda yatangarije Kigalitoday ati « Muri Tusker baba bifuza ko bikomeza kuba ibanga ariko nakubwira ko abahanzi ari batandatu twahisemo bakaba aribo bazakomeza muri Kenya nibagerayo abo muri Tusker nabo bazakora amajonjora basigazemo umubare bifuza ushobora kuba abahanzi 4 cyangwa se 5 ». Miss Shanel nawe uri mu bagize ako kanama atangaza ko abo bahanzi batoranijwe hano mu Rwanda ndetse n’abandi bo hirya no hino bazitabira Tsker Project Fame 5 bazatangazwa guhera mu cyumweru gitaha ku mateleviziyo atandukanye. Aya marushanwa agiye kuba kunshuro yayo ya gatanu hazagaragaramo n’abahanzi bazaturuka mu gihugu cy’u Burundi mu gihe mu myaka ishize batagaragayemo. Abahanzi batandatu batoranyijwe bazerekeza muri Kenya tariki 18/05/2012 naho uzegukana aya marushanwa azatangazwa tariki 29/07/2012. Amarushanwa ya Tusker Project Fame yitabirwa n’abahanzi batandukanye mu bihugu bya Afurika y’i Burasirazuba harimo n’u Rwanda. Alpha Rwirangira, umwe mu bahanzi nyarwanda bayitabiriye yashoboye kwegukanayo ibihembo bibiri byose. Marie Clemence CYIZA UWIMANIMPAYE
| 188 | 496 |
Zimbabwe: inzego z’umutekano zataye muri yombi umugore wafashwe yonsa inzoka. Kuwagatanu taliki 12Werurwe muri Zimbabwe hafashwe umugore warurimo konsa inzoka anayigaburira. Abaturanyi be bemeza ko iyo nzoka ayikoresha mu bupfumu bwe. Gogo savie nenohwe na Gogo ether sithole ni abavandimwe babiri baba mu cyaro chimanimani giherereye mu burengerazuba bwa Zimbabwe. Aba bombi ngo ni abarozi bakaba n’abapfumu karundura muri ako gace,bakoraga mu ibanga nkuko byemezwa n’abaturanyi babo. Amakuru dukesha the manica post avuga ko kuwagatanu uyu mugore Gogo nenohwe yabonywe n’umwana w’umukobwa w’imyaka 12 ari konsa inzoka nini nuko arangije kuyonsa afata n’isahane iriho ibiryo arayigaburira gusa avugako aho yarari atabashaga kubona ubwoko bw’ibiryo uwo mugore ari kugaburira iyo nzoka. Umuyobozi wagace ayo mahano yabereyemo witwa Mutambara avuga ko abo bagore bafitanye isanorya hafi n’umupfumu bitaga Madzimai loice mukono wigeze kuba muri Zimbabwe mu minsi yashize. Umwishywa waba bagore yemeza ko iyo nzoka iba mu nzu yabo bakayikoresha mu mihango yabo ya buri munsi, uwo mwana kandi avugako bigeze kujya bamuraza mu cyumba iyo nzoka yabagamo gusa nyuma akaza gusaba nyirasenge ko yamwimurira mu kindi cyumba akava muricyo, mu gusoza yavuzeko iyo nzoka harigihe yajyaga isohoka ikajya kota akazuba mu gikari. Kurubu abo bagore bamaze gushyikirizwa urukiko rukuru rwo mugace babarizwamo ka chimanimani.
| 203 | 545 |
Volleyball: Amakipe ya APR na REG yabonye itike yo gukina imikino ya ¼. Ayo makipe ni APR women Volleyball Club na Rwanda Energy Group Volleyball Club abitse ibikombe bya shampiyona y’u Rwanda umwaka ushize w’imikino.
Ikipe ya APR WVC yaraye yerekeje muri ¼ nyuma yo gutsinda ikipe ya Nigeria Customs yo mugihugu cya Nigeria amaseti 3-1 (25-19, 25-13, 25-11 na 25-8). Ku ruhande rw’ikipe ya REG VC yo yaraye ibijyezeho nyuma yo guhigika ikipe ya Olympique Montagne Goyaves volleyball yo mugihugu cya Mauritius nayo iyitsinze amaseti 3-1 (25-20,20-25,25-22,25-19). Nyuma yo gukatisha itike ku makipe yombi, ikipe ya APR WVC iragaruka mu kibuga kuri uyu munsi ikina imikino ya ¼ aho iri bucakirane n’ikipe ya Asac Saltigue yo mugihugu cya Senegal. Ikipe ya REG VC nayo nyuma yo gukomeza muri ¼, iraza kwesurana n’ikipe ya JSCOA volleyball Club yo mugihugu cya Algeria umukino nawo uteganyijwe kuri uyu wa kane mu gihugu cya Tunisia. Umunyamakuru @amonb_official
| 153 | 355 |
ko twari guhura n’ibibazo byinshi birenze uko abantu babyumvaga. Igihe twabwirwaga ko tugomba gusubira inyuma kugira ngo ibiganiro by’amahoro bisubukurwe, twasabye ko ibice twari twafashe, igice kinini cy’igihugu biturutse kuri Leta itubahiriza ibyo guhagarika intwaro, ntitwasubiza ibi bice kuri guverinoma.” Yakomeje agira ati "Basabye ko mu gihe baba bahavuye hashyirwa mu bice bitagomba kujyamo ingabo , iza Loni zikaba ari zihacunga, nyuma ingabo za RPA zisubira mu birindiro byazo ariko zikomeza kujya zihura n’abaturage, ndetse bishyira ku gitutu guverinoma binjira mu biganiro bifite icyerekezo." Perezida Kagame yavuze uburyo aza kuyobora urugamba ibintu byari byifashe nabi Perezida Kagame wari mu masomo ya gisirikare muri Amerika ubwo Maj Gen Fred Gisa Rwigema yaraswaga, yavuze ko ubwo bamusabaga kuza kuyobora urugamba, yasanze ibintu bimeze nabi. “Igihe intambara yatangiraga mu 1990, abenshi twari twarabanje gukorera igisirikare cya Uganda, igihe intambara yatangiraga njye ntabwo nari mpari nari ndi mu masomo ya gisirikare mu ishuri rya gisirikare muri Kansas muri Amerika, biba ngombwa ko ngaruka.” Perezida Kagame yavuze ko yasanze ibintu byose nta na kimwe kiri ku murongo kuko umuyobozi w’urugamba, Fred Rwigema yari yishwe ndetse ngo byari ibihe bikomeye cyane. Yavuze ko akihagera yongeye abashyira hamwe barongera basubukura imirwano, bagaba ibitero ku birindiro by’ingabo za Leta kugeza bafashe Byumba, nyuma batsinda n’ingabo zari zaroherejwe ku Mulindi bahita bahashyira icyicaro kuko ari ho hari hari kuborohereza kugera ku mupaka no kugera ku cyicaro cya RPF muri Uganda. Yavuze ko hari ibikorwa bimwe byakorerwaga mu Burasirazuba n’akandi gashami kamwe ariko Mulindi wa Byuma hakabahuza n’ibice byo hanze y’igihugu ariko n’imbere mu gihugu. 11:25 Perezida Kagame yavuze ko ku Mulindi FPR INKOTANYI yahashyize ibirindiro, ishaka guhuriza hamwe ishami rya Politiki (FPR-NKOTANYI) ndetse n’irya gisirikare (RPA). Ati “Twari dufite icyicaro gikuru i Bruxelles, ariko twari dufite n’ibindi i Kampala aho twatangiriye n’ahandi hatandukanye twabaga dufite ibiro bito. Aha [ku Mulindi] twahafashe kugira ngo tubashe guhuriza hamwe RPA na RPF”. Niwizera intsinzi bizarangira utsinze-Pau Kagame Perezida Kagame atangiye asobanurira abakoresha imbuga nkoranyambaga umwihariko wo ku Mulindi w’Intwari mu rugamba rwo kubohora igihugu Yavuze ko ari ahantu hakorewe bikorwa byinshi guhera mu 1992,ari nabyo byatumye FPR INKOTANY igera ku ntsinzi ikabohora u Rwanda. At “Aha ni ahantu hakorewe ibikorwa byinshi, mbere na mbere gufata aha tukahatunganya hakaba icyicaro cya FPR n’ingabo za RPA byabaye mu 1992 kuko ingabo za RPA zabaga ziri mu mirwano mu bice byegereye umupaka batarafata ubutaka bunini imbere mu Rwanda, zabaga ziri hagati y’umupaka wa Uganda n’u Rwanda.” Yavuze ko icyatumye FPR INKTANYI itsinda urugamba ari ukwizera ko izatsinda kandi ikabiharanira, agaragaza ko mu buzima icyo wiyaturiyeho gishobora kukubaho. Ati “Ntabwo ugomba gukora ibikurenze cyane kuko iyo ubikoze ushobora gukoreramo amakosa kuko wari uri gutekereza gutsinda, uri gutekereza intsinzi ariko ntigerweho. Niba wizeye ko uzatsinda bishobora kurangira utsinze, nanone nunatekereza ko watsinzwe mbere ntabwo uzakoresha imbaraga nyinshi nk’uko wari gukora, bizarangira utsinzwe nyamara wenda byari kuba ikinyuranyo iyo uza kuba wakoze ibindi.” 11:00 Perezida Kagame ku Mulindi w’Intwari, atangije ikiganiro n’abakoresha imbuga nkoranyambaga Abakoresha imbuga nkoranyambaga bahawe umwanya babaza ibibazo Abasaza nta muyobozi nka Paul Kagame bigeze babona Mujyambere Michel, waturutse mu Murenge wa Bukure mu Karere ka Gicumbi, yabwiye IGIHE ko nta muyobozi yigeze abona umeze nka Paul Kagame ukorera abaturage ibikorwa byiza gusa. Ati “Kuva nabaho nta muyobozi ndabona nka Kagame kuko yatugejeje kuri byinshi. Mbere ya byose muri 2008 yampaye inka kandi ndacyayifite. Iyi nka yangiriye umumaro kuko nakuyemo inzu, nguramo imirima.” Yashimye ko Paul Kagame yashyizeho politike yo gufasha abana bose kwiga kuva
| 570 | 1,546 |
Burkina Faso na Mali byaburiye ibihugu biteganya ibikorwa bya gisirikare muri Niger. Ibyo bihugu bituranye na Niger, byatangaje ibyo ku wa Mbere tariki 31 Nyakanga 2023, nyuma y’umusi umwe Abayobozi b’Afurika y’uburengerazuba bashyigikiwe n’abafatanyabikorwa babo bo mu Burengerazuba bw’Isi, bari batangaje ko bateganya gukoresha ingufu mu kugarura ku butegetsi Perezida Mohamed Bazoum, ndetse no gufatira ibihano byo mu rwego rw’ubukungu, abamuhiritse. Mu itangazo rihuriweho na Guverinoma ya Burkina Faso na Mali, bavuze ko “Ingaruka z’ibikorwa bya gisirikare byaramuka byoherejwe muri Niger, zahungabanya umutekano w’Akarere kose". Burkina Faso na Mali, byatangaje ko byitandukanyije n’ibihano “binyuranyije n’amategeko, bitarimo ubumuntu na bukeya, byafatiwe abaturage n’abayobozi ba Niger”. Mu nama idasanzwe y’Umuryango w’Ubukungu bw’Ibihugu bya Afurika y’Iburengerazuba (ECOWAS), yateranye ku Cyumweru tariki 30 Nyakanga 2023, yasabye ko Perezida Mohamed Bazoum yasubira ku butegetsi bitarenze icyumweru kimwe, mu gihe ibyo biramutse bidakunze, hagakoreshwa uburyo bwose bwo kugarura ituze nk’uko biteganywa n’Itegeko Nshinga. Itangazo ryasohowe na ECOWAS, rivuga ko "hari ubwo hashobora kuzamo n’ikoreshwa ry’imbaraga kugira ngo bikunde”. ECOWAS kandi yafatiye ibihano byo mu rwego rw’ubukungu, abo bakoze Coup d’état muri Niger ndetse n’igihugu, birimo guhagarika ubucuruzi n’ibikorwa byose byo mu rwego rw’ubukungu, hagati y’ibihugu by’ibinyamuryango bya ECOWAS na Niger. Niger yafatiwe ibyo bihano mu gihe ari kimwe mu bihugu bikennye ku Isi, nk’uko bikunze kugaragara ku rutonde rukorwa n’Umuryango w’Abibumbye ku bijyanye n’iterambere. Coup d’Etat yo muri Niger yataye ku itariki 26 Nyakanga 2023, yamaganwa n’ibihugu bitandukanye ndetse n’umuryango mpuzamahanga, wahise usaba ko hasubiraho ubutegetsi bwatowe n’abaturage ariko ntibyakunda. Ku wa mbere kandi, itsinda ry’abasirikare bari ku butegetsi muri Niger, bashinje u Bufaransa kuba bushaka "gutabara mu buryo bwa gisirikare kugira ngo busubize Bazoum ku butegetsi”, ariko ibyo Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Bufaransa, Catherine Colonna, yabihakanye nk’uko byanditswe n’ikinyamakuru France 24. Yagize ati "Icy’ingenzi cyane ku Bufaransa ni umutekano w’abenegihugu babwo”. Yongeraho ko ubuyobozi bw’u Bufaransa, "burimo gukurikiranira hafi uko ibintu bimeze”. Nyuma yo guhirika ubitegetsi muri Niger no gufunga Perezida Mohamed mu cyumweru gishize, ubu ngo hamaze gufungwa Abaminisitiri bane (4), harimo n’uwahoze ari Minisitiri, ubu akaba yari umuyobozi w’Ishyaka rya Perezida Mohamed Bazoum, nk’uko byatangajwe n’ibiro ntaramakuru by’Abafaransa, AFP. Mu itangazo ryasohowe n’Ishyaka rya Perezida Mohamed Bazoum ‘Nigerien Party for Democracy and Socialism (PNDS)’, ryavuze ko ryamagana ifungwa ridakurikije amategeko, rigira riti "Nyuma yo gushimuta Perezida wa Repubulika Mohamed Bazoum, abahiritse ubutegetsi, bakomeje gufunga n’abandi bantu mu buryo bunyuranyije n’amategeko”. Mu bafunzwe, ngo harimo na Mahamane Sani Mahamadou, umuhungu wa Mahamadou Issoufou wahoze ayobora Niger. Ishyaka rya ‘PNDS’ ryasabye ko abo ba Minisitiri bafunzwe ndetse n’abashimuswe bahita barekurwa byihuse. Ifungwa ry’abo Baminisitiri kandi ngo ryaje nyuma y’uko ubutegetsi bw’igisirikare buriho muri Niger, bubinyujije mu itangazo rigenewe abanyamakuru bwari bwasabye ko "Abaminisitiri bose n’abayobozi b’ibigo bitandukanye basubira mu myanya bari basanzwemo muri za Minisiteri, ndetse bagasubizwa imodoka za Leta bakoreshaga bitarenze ku wa mbere saa sita z’amanywa”. Umunyamakuru @ umureremedia
| 466 | 1,386 |
Musanze: Abajura bibye mu iduka ry’imyenda, abacuruzi basaba ko amarondo akazwa. Ibi barabivuga nyuma y’aho mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki 26 Ukuboza 2020, abantu bataramenyekana bamennye ibirahuri by’urugi rw’iduka ricururizwamo imyenda. Iri duka riherereye ku muhanda wa kaburimbo mu kagari ka Mpenge, ahitwa mu ibereshi rya gatatu, hafi y’umusigiti w’Abayislamu. Umumararungu Marie Goreti yagize ati nyiri iri duka yagize ati: “Nafunze iduka ejo nimugoroba saa kumi n’ebyiri ndataha kugira ngo saa moya zinsange ndi mu rugo. Mu gitondo ngarutse mu kazi, nabaye ngikingura nsanga ibirahuri by’urugi babimennye, nsangamo ibibando bibiri, kimwe gishinzemo umusumari, nkeka ko ari cyo bakoreshe bakurura imyenda bibye”. Uyu mucuruzi w’imyenda y’abana, abagore n’abagabo ngo yibwe amakoti yo mu bwoko bwa kwire, amashati n’imipira byari ahegereye urwo rugi rwamenwe ibirahuri. Yagize ati: “Amakoti banyibye uko ari umunani, rimwe riba rihagaze ibihumbi 15, hari amashati y’abagore y’ama brouse bagiye bakurura n’imipira byose ndi kubara agaciro kabyo bihagaze mu mafaranga ibihumbi 200”. Uyu mucuruzi ngo yatangajwe n’ukuntu abibye iduka rye, babashije kugera ku mugambi wabo mubisha, nyamara aho riherereye ari ku muhanda wa kaburimbo, hakaba n’amatara manini awumurikira mu masaha y’ijoro. Yagize ati: “Byantangaje rwose, na n’ubu sindiyumvisha ukuntu abamennye ibirahuri babashije kwiba ibicuruzwa kandi iduka riri ku muhanda neza neza, n’amatara yakaga. Saa moya z’ijoro ziri kugera nta muntu n’umwe uri mu muhanda, tukibaza ukuntu abo bajura baca mu rihumye abantu bakanyura mu mayira abandi bavuye mu mihanda. Bigaragara ko muri iyi minsi abiba bafite amayeri akomeye, kuba rero badasinziriye birasaba ko abantu baba maso cyane”. Muri iyi minsi mikuru isoza umwaka, abacuruzi baranguye ibicuruzwa byinshi, kugira ngo abakenera guhaha ibyo kwifashisha mu minsi mikuru batabibura. Umumararungu na we, niko yabigenje kugira ngo abamugana bakeneye imyambaro mishya batayibura. Yungamo ko: “Muri iyi minsi abacuruzi benshi, saa kumi n’ebyiri z’umugoroba ziri kugera twafunze amaduka kugira ngo dutahe hakiri kare, saa moya zigere turi iwacu. Ariko abantu dushobora kwibeshya ko twese iyo saha tuba turi mu ngo, ntitwibuke ko abajura cyangwa abandi bifuza guhungabanya umutekano bo baba bagishakisha uko basohoza imigambi yabo. Turasaba ubuyobozi bwacu n’ubwo ntako butagira ngo buducungire umutekano, nibwongere imbaraga, bukaze amarondo cyane cyane muri iyi minsi mikuru isoza umwaka”. Agace iri duka ryibwe riherereyemo, hagenda hiyongera andi maduka ku bwinshi.Turacyagerageza kuvugisha ubuyobozi bwaho, nibugira icyo buvuga ku ngamba zihari zijyanye no gukumira ubujura, turabigarukaho mu nkuru. Umunyamakuru
| 383 | 1,077 |
U Rwanda rushobora kuba mu bihugu bya mbere bizahabwa urukingo rwa Covid-19 muri Afurika. Yabigarutseho kuri uyu wa Mbere tariki 21 Ukuboza 2020, ubwo yagezaga ku Banyarwanda uko u Rwanda ruhagaze, akaba yaboneyeho no kuganira n’abanyamakuru ndetse n’abaturage bahagarariye abandi hirya no hino mu gihugu hifashishijwe ikoranabuhanga. Ku bijyanye n’icyorezo cya Covid-19, Perezida Kagame yatangiye asobanura uko icyorezo gihagaze n’ingamba zitandukanye zashyizweho zo kugikumira ariko kandi hanarebwa uko ubukungu bw’igihugu butakomeza kuzahara, anakomoza ku kuba urukingo rwatangiye gutangwa mu bihugu by’amahanga rwagera mu Rwanda. Yagize ati “Inkingo zarasohotse ariko ibihugu bikomeye mu Burayi na Amerika bihita bizigura ku buryo ibindi bihugu kugira ngo bizibone birakomeye. Ariko biciye muri Covax kuko ishaka uko urukingo rwazagera no mu bindi bihugu nk’ibya Afurika, Aziya n’ahandi, tuzarubona kuko si ibihugu bikomeye gusa bigomba kurubona”. Ati “Dufite amahirwe nk’u Rwanda, turakorana n’ibyo bihugu na Covax ndetse bitewe n’uko twabyitwayemo neza mu gukumira icyorezo, bigatuma bavuga bati aba bantu birwanyeho bagakora ibintu neza, mu bo dukwiye kwibuka ba mbere reka dushyiremo n’u Rwanda. Ngira ngo muri Afurika tuzaba mu ba mbere bazabona urukingo, ndizera ko mu mezi nk’atatu ya mbere ya 2021 byatinda bikagera muri Kamena, urukingo tuzaba twarubonye rwaramira bamwe”. Yongeraho ko kuba anafite inshingano zo gukurikirana iby’ubuzima muri Afurika bishobora kuba andi mahirwe y’uko urukingo rwaboneka bidatinze. Ati “Abanyafurika banshinze gukurikirana iby’ubuzima muri Afurika yose, ibihugu bikabona amafaranga cyangwa no kuyashaka hanze kugira ngo ubuzima bube bwiza ndetse no kubona izo nkingo birimo. Mfite iyo nshingano rero yo kubikurikirana muri Afurika, urumva rero ko ‘ijya kurisha ihera hafi y’urugo’, tuzakora ibishoboka byose ngo turebe ko twabigeraho”. Perezida Kagame yavuze kandi ko icyorezo cya Covid-19 kigenda gihindura isura kuko mu minsi ishize cyigeze kugabanuka cyane ariko noneho muri iyi minsi kikaba cyiyongereye haba mu Rwanda ndetse no hanze yarwo, ku birebana n’u Rwanda akagaruka ku mpamvu ebyiri abona ari zo zatumye cyiyongera. Ati “Muri ibi bihe rero imibare yaturuse kubera impamvu ebyiri, twongeye kurekura kugira ngo ubuzima burusheho kumera neza kuko n’amashuri yarafunguwe. Ikindi ni uko hanze bisa n’aho ibintu byacitse kuko byongeye kuzamuka ku buryo basubiye muri Guma mu rugo ikaze, twe turacyafunguye n’indege ziraza izindi zikagenda bigatuma imibare yiyongera ndetse ikagera no mu byaro”. Ati “Mu baturanyi na ho hari abantu benshi bambuka imipaka twabapima tugasanga umubare utari muto baranduye. Abava hanze hari abaza bafite inyandiko zerekana ko bipimishije kuko tubisaba, zikerekana ko ari bazima ariko twabapima tugasanga baranduye, ni ikibazo cyongeye rero gusa n’ikizamuka kidusaba ko twongera gufata ingamba zindi cyangwa ziyongera ku zisanzwe”. Akomeza yibutsa abantu kubahiriza ingamba zo kwirinda zirimo kwambara neza udupfukamunwa, guhana intera, gukaraba kenshi ndetse bakirinda kujya ahahurira abantu benshi nko kwizihiza iminsi mikuru kuko biri mu bikwirakwiza icyorezo. Umunyamakuru @ MunyantoreC
| 445 | 1,216 |
Perezida Kagame yakiriye umunyarwenya Dave Chapelle. Kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Gicurasi 2024, ni bwo Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye umuyarwenya w’Umunyamerika Dave Chapelle.
Dave yageze mu Rwanda ku mugoroba w’itariki 30 Gicurasi 2024, aje gutaramira muri Kozo restaurent mu gitaramo cyabaye ku mugoroba w’iyo tariki yahagereye.
Muri icyo gitaramo Dave yahuriyemo n’abandi banyarwenya basanzwe bamenyerewe mu Rwanda barimo Nkusi Urthur na Herve Kimenyi.
Uretse kuba ari umunyarwenya Dave Chapelle ni n’umukinnyiwa filime, akaba akora inzenya kubintu bitandukanye birimo Politiki no kwamamara, imico y’abantu, ibiyobyabwenge, ivanguramoko, hamwe n’imibonano mpuzabitsina.
Dave Chapelle ahuye na Perezida Paul Kagamenyuma y’igitaramo aheruka gukorera mu gihugu cya Kenya ku itariki 29 Gicurasi 2024.
| 107 | 301 |
Ubuhinzi n’ubworozi byitezweho kuzahura ubukungu bwazahajwe na Covid-19. Ni muri urwo rwego MINAGRI isaba abahinzi n’aborozi ko muri iki gihembwe cy’ihinga cy’umuhindo cya 2021A gitangirana n’ukwezi kwa Nzeri 2020, bagomba gukomeza imirimo y’ubuhinzi n’ubworozi hubahirizwa ingamba zo kwirinda Covid-19. MInisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi kandi isaba abahinzi guhinga ubuzo bwose, ntihagire ubutaka busigara budahinze haba mu bishanga, mu nkuka zabyo, imusozi mu duhaga no mu mibande. Mu itangazo yanyujije kuri Twitter, MINAGRI irasaba abahinzi kongera ubuso buhingwa mu buryo buhujwe (Land use consolidation), buhingwaho ibihingwa byatoranyijwe bihakwiriye, kandi bakagendera ku bujyanama butangwa n’inzego z’ubuhinzi zibegereye. Abahinzi barasabwa kurwanya isuri hatunganywa imirwanyasuri, gutera ubwatsi ku miringoti kandi hakanasiburwa imigende y’amazi mu bishanga. Bibutswa kandi gutegura imirima hakiri kare, no kwitegura kuzatera imbuto nziza z’indobanure ku gihe, hakurikijwe uko imvura y’umuhindo izaboneka. Barasabwa kwitabira gukoresha inyongeramusaruro, biyandikisha muri ‘Smart Nkunganire’, kugira ngo babone inyongeramusaruro zunganiwe na Leta. Abahinzi kandi barasabwa kwitabira gahunda ya Nkunganire mu kuhira imyaka aho bishoboka hose, no gufata neza amazi y’imvura y’umuhindo akazakoreshwa mu kuhira imyaka mu gihe imvura yagwa isimbuka iminsi myinshi. Barasabwa kurwanya ibyonnyi n’indwara bikunze guteza igihombo abahinzi, bitabira gutera imbuto nziza, gusimburanya ibihingwa mu mirima, no gukoresha imiti yabugenewe. Hakenewe kandi gukora ubukangurambaga ku gukingira amatungo indwara ziyibasira muri ibi bihe. Kurushaho kwitabira ubwishingizi bw’ibihingwa n’amatungo kuri Nkunganire ya Leta. Gutera ubwatsi bwo kugabuurira amatungo no gutegura hakiri kare uburyo bwo kubuhunika. MINAGRI kandi iributsa abahinzi gutegura hakiri kare uburyo bwo kuzafata neza umusaruro uvuye mu buhinzi n’ubworozi kugira ngo utazangirika. Abanyamakuru ba Kigali Today @ kigalitoday
| 251 | 793 |
Inama y’abaminisitiri bahuriye mu ihuriro ry’umuhora wa ruguru irikube i Kigali. Kuri uyu wa 14 Kamena 2023 i Kigali hari kubera Inama y’abaminisitiri bahuriye mu ihuriro ry’umuhora wa ruguru, aho bari kurebera hamwe icyakorwa mu guteza imbere ubwikorezi muri uyu muhora ndetse n’ishyirwaho rya politiki n’ingamba zigena iyi gahunda yo guteza ubwikorezi imbere.Ni inama kandi yabereyemo ihererekanyabubasha ryakozwe hagati y’u Rwanda rwari rumaze imyaka ibiri ruyoboye iyi komite y’ihuriro ry’umuhora wa ruguru mu bijyanye n’ubwikorezi, ubu ikaba igiye kuyoborwa n’igihugu cya Uganda.Iri huriro ry’umuhora wa ruguru rihuriwemo n’ibihugu bitandukanye birimo; U Rwanda, Uganda, DRC, Burundi, Kenya ndetse na Sudan y’epfo.
| 100 | 282 |
“Sinibanda ku burwayi bwanjye”
“Sinashoboraga kujya mu buriri ngo ndyame cyangwa ngo mbyuke nta wubimfashijemo. Iyo natambukaga nararibwaga. Umuhogo wanjye wari warifunze ku buryo ntashoboraga no kumira ibinini bigabanya ububabare. Natangiye kugira udusebe tutakiraga ku buryo tumwe muri two twaje kuvamo ibisebe by’umufunzo. Nari mfite ibisebe mu gifu kandi nkokerwa cyane mu gatuza. Siniyumvishaga ibyarimo bimbaho. Icyo gihe nari mfite imyaka icumi gusa.”
ABANTU bagera kuri miriyoni 2,5 ku isi hose bahanganye n’indwara ifata uruhu igatuma rukomera (Sclérodermie). Hari ubwoko bw’iyo ndwara bukunze kwibasira abana, bufata igice runaka cy’uruhu kigakomera.
Icyakora igihe Elisa yari afite imyaka icumi, we bamusanganye ubwoko bw’iyo ndwara butibasira uruhu gusa, ahubwo bunangiza inyama zo mu nda, urugero nk’impyiko, umutima, ibihaha n’urwungano ngogozi. Abaganga batekerezaga ko kumuvura byari gutuma ubuzima bwe bwiyongeraho imyaka itanu gusa, ariko n’ubu aracyariho kandi hashize imyaka 14. Nubwo atarakira, akomeza kubona ubuzima bwe mu buryo burangwa n’icyizere. Nimukanguke! yabajije Elisa iby’ubwo burwayi bwe n’aho yakuye imbaraga zo kwihangana.
Wafashwe ryari?
Igihe nari mfite imyaka icyenda, nakomeretse ku nkokora maze ndababara cyane. Igisebe cyagiye cyiyongera kandi cyanga gukira. Bamfashe amaraso, bayapimye basanga ndwaye indwara ifata uruhu igatuma rukomera, ikanangiza inyama zo mu nda. Kubera ko nagendaga ndushaho kuremba, byabaye ngombwa ko dushaka umuganga w’inzobere mu kuvura iyo ndwara.
Hari icyo mwagezeho se?
Twabonye umuganga w’inzobere mu kuvura rubagimpande, abwira ababyeyi banjye ko imiti azampa ishobora kuzatuma iyo ndwara idakwira hose, nkaba narama indi myaka itanu ndetse nkaba nakoroherwa. Gusa iyo miti yari kugira ingaruka ku mubiri, ugatakaza ubushobozi bwo kurwanya indwara, ku buryo no kugira imbeho byashobora kungiraho ingaruka zikomeye.
Ariko uko bigaragara nta cyo wabaye!
Nta cyo nabaye kandi nshimishwa cyane no kuba nkiriho. Ariko igihe nari hafi kugira imyaka 12, natangiye kujya ndibwa mu gatuza mu gihe cy’iminota hafi 30, kandi rimwe na rimwe bikambaho incuro ebyiri ku munsi. Ubwo bubabare bwari bwinshi ku buryo natakaga cyane nkanarira.
Ubwo bubabare bwaterwaga n’iki?
Abaganga basanze hari poroteyine zo mu nsoro zitukura zagabanutse cyane, bigatuma umutima wanjye utera cyane bikabije kugira ngo ubone uko wohereza amaraso mu bwonko. Bampaye imiti maze nyuma y’ibyumweru bike ntangira koroherwa. Ariko ndibuka ko icyo gihe numvaga ko isaha iyo ari yo yose nashoboraga guhura n’akaga. Icyo gihe numvise ncitse intege kurusha ikindi gihe cyose, kandi numvaga nta cyo nari gukora ku byarimo bimbaho.
None se ko iyi ndwara uyimaranye imyaka 14, ubu urumva umerewe ute?
Na n’ubu ndacyababara, kandi hari ubundi burwayi mfite buterwa n’iyo ndwara. Muri bwo harimo ibisebe, ibihaha no kokerwa cyane mu gatuza. Icyakora nirinda kwibanda ku burwayi bwanjye, cyangwa ngo ntakaze igihe mpangayitse kuko mfite ibindi ngomba gukora.
Ibyo bindi ukora ni ibiki?
Nkunda gushushanya, kuboha imyenda no gukora imirimbo. Ariko ikiruta byose, nkora umurimo wo kwigisha Bibiliya kuko ndi Umuhamya wa Yehova. Iyo ntashobora kujya mu ngo z’abantu, mfatanya n’abandi Bahamya kwigishiriza Bibiliya iwacu. Hari n’abandi nigisha Bibiliya ku giti cyanjye, kandi uwo murimo utuma ubuzima bwanjye bugira intego.
None se kuki ukora uwo murimo kandi wifitiye ibindi bibazo?
Nzi neza ko ubutumwa ngeza ku bantu ari ubw’ingenzi kandi ko bubafitiye akamaro. Ikindi kandi, iyo mpugiye muri uwo murimo ndushaho kugira ibyishimo no kumererwa neza. Muri icyo gihe gito mara mbwiriza, nibura mba nibagiwe ko ndwaye.
Bibiliya igufasha ite kurangwa n’icyizere?
Inyibutsa ko imibabaro yanjye ndetse n’iy’abandi ari iy’igihe gito. Mu Byahishuwe 21:4 havuga ibyo Imana izakora mu gihe cyagenwe, hagira hati “izahanagura amarira yose ku maso yabo, kandi urupfu ntiruzabaho ukundi, kandi kuboroga cyangwa gutaka cyangwa kubabara ntibizabaho ukundi.” Iyo ntekereje ku mirongo nk’iyo bituma ndushaho kwizera amasezerano Imana yatanze arebana n’igihe kizaza, ayo masezerano akaba yarahawe abarwaye indwara zidakira n’abandi bose muri rusange.
| 575 | 1,644 |
YEHOVA ARADUTUMIRA. 1-2. Ni ubuhe butumire Yehova aha abagaragu be b’indahemuka? HAGIZE ukubaza ati: “Yehova umubona ute,” wamusubiza iki? Ushobora kumusubiza uti: “Yehova ni Papa wanjye, ni Imana yanjye kandi ni incuti yanjye.” Ariko hari n’ukundi wamusubiza, uvuga uko ubona Yehova. Ese mu byo wamusubiza, harimo no kumubwira ko Yehova yagutumiye? 2 Umwami Dawidi yagereranyije ubucuti buba hagati ya Yehova n’abagaragu be b’indahemuka n’ubucuti buba hagati y’umuntu n’abo yatumiye. Yarabajije ati: “Yehova, ni nde uzaba mu ihema ryawe? Ni nde uzatura ku musozi wawe wera” (Zab. 15:1)? Ayo magambo, agaragaza ko Yehova ashobora kudutumira tukaba incuti ze. Nta gushidikanya ko ubwo bwaba ari ubutumire budasanzwe. YEHOVA ARADUTUMIRA 3. Ni nde Yehova yatumiye bwa mbere mu ihema rye, kandi se we n’uwo yatumiye bumvaga bameze bate? 3 Mbere y’uko Yehova atangira kurema ibintu byose yari wenyine. Ariko nyuma yaho, yaje kurema Umwana we w’imfura. Ni we wa mbere yatumiye mu ihema rye kandi Yehova yishimiye kumutumira. Bibiliya ivuga ko Yehova ‘yarushagaho gukunda’ Umwana we. Uwo Mwana we, na we ‘yahoraga yishimira imbere ye.’Imig. 8:30. 4. Ni ba nde Yehova yagiye atumira mu ihema rye? 4 Nyuma yaho, Yehova yaremye ibindi biremwa by’umwuka, abitumira mu ihema rye. Ibyo biremwa ni abamarayika kandi Bibiliya ivuga ko ari “abana b’Imana.” Nanone igaragaza ko bishimira kuba hamwe na Yehova (Yobu 38:7; Dan. 7:10). Hari igihe cyashize, incuti za Yehova ari abamarayika baba mu ijuru gusa. Nyuma yaho yaje kwagura ihema rye, atumiramo n’abantu bo ku isi. Bamwe mu bo yatumiye, harimo Henoki, Nowa, Aburahamu na Yobu. Abo bantu bamusengaga by’ukuri, Bibiliya ivuga ko bari incuti ze cyangwa bakaba ‘barakoraga ibyo Imana y’ukuri ishaka.’ Intang. 5:24; 6:9; Yobu 29:4; Yes. 41:8. 5. Ubuhanuzi buvugwa muri Ezekiyeli 37:26, 27, butwigisha iki? 5 Uko imyaka yagiye ishira, Yehova yakomeje gutumira abantu b’incuti ze mu ihema rye. (Soma muri Ezekiyeli 37:26, 27.) Urugero, ubuhanuzi bwa Ezekiyeli, butuma dusobanukirwa ko Imana y’ukuri yifuza ko abo bantu bagirana na yo ubucuti bwihariye. Yavuze ko ‘izagirana na bo isezerano ry’amahoro.’ Ubwo buhanuzi bugaragaza ko hari igihe cyari kuzagera, Yehova agahuriza hamwe abagaragu be bafite ibyiringiro byo kuzaba mu ijuru n’abafite ibyiringiro byo kuzaba ku isi, bakaba mu ihema rye ry’ikigereranyo ari “umukumbi umwe” (Yoh. 10:16). Ubwo buhanuzi busohora muri iki gihe. YEHOVA ATWITAHO AHO TWABA TURI HOSE 6. Bigenda bite ngo umuntu atumirwe mu ihema rya Yehova, kandi se iryo hema riba he? 6 Igihe Bibiliya yandikwaga, umuntu yajyaga mu ihema ashaka kuruhuka cyangwa kugama. Iyo umuntu bamutumiraga mu ihema, yabaga azi neza ko bari bumwiteho. Natwe iyo twiyeguriye Yehova, aba adutumiye mu ihema rye ry’ikigereranyo, tukaba abashyitsi be (Zab. 61:4). Iyo tuhageze, duhabwa ibyo dukeneye byose ngo dukomeze kuba incuti ze, kandi tugasabana n’abandi bantu Yehova yatumiye. Ihema rye ry’ikigereranyo ntiriri mu gace kamwe gusa. Birashoboka ko wagiye mu kindi gihugu, wenda ugiye mu ikoraniro ryihariye, maze ugahura n’abandi bantu benshi bishimira kuba mu ihema rya Yehova. Wiboneye ko iryo hema riba riri ahantu hose, hari abagaragu ba Yehova bamwumvira.Ibyah. 21:3. 7. Kuki twavuga ko abagaragu ba Yehova b’indahemuka bapfuye bakiri mu bashyitsi yatumiye mu ihema
| 520 | 1,399 |
U Rwanda ruri mu bihugu 10 bifite internet ihendutse muri Afurika. Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame ubwo yatangizaga inama yiga ku iterambere ry’ikoranabuhanga (Broadband Commission) yagaragaje ko hari byinshi byakozwe ariko hakiri urugendo rurerure kugira ngo internet ihendutse igere kuri bose. At: “Ahazaza hari ibyago n’ibizazane, ariko icyo twizeye ni uko imbogamizi duhura nazo zishobora gukemurwa neza kandi byihuse binyuze mu gushora imari mu gukoresha umuyoboro wa internet ihendutse kandi uhuriweho ku Isi.” Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo ushinzwe Iterambere ry’Ikoranabuhanga, Gordon Kalema, aherutse kubwira IGIHE ko bitewe n’aho u Rwanda rugeze, kugira ngo ikoranabuhanga rirusheho kubyazwa umusaruro, internet igomba kuba ihendutse, ijyanye n’ubushobozi bw’abaturage basanzwe. Ati "Mu gihe abandi 2G ari yo bisanzuraho mu gucuruza na 3G, bataragera kuri 4G, urumva uburyo bwo gukora inovasiyo bwari bugoranye. Kimwe rero Leta izaganira n’uwo twari dufitanye ubufatanye ni uburyo dushobora kuba twareka abandi bose bakinjira mu isoko rya 4G, mu buryo bwo kuba nabo bemerewe kuba bashyiraho umurongo wabo n’iminara yabo." Uyu munsi u Rwanda ni igihugu cya gatandatu gitanga interineti ihendutse muri Afurika, nk’uko byagaragajwe n’Urubuga rwa Cable.co.uk. Ku isonga mu bihugu bya Afurika bitanga Internet ihendutse harimo Malawi aho ikiguzi cya internet ari 492 Rwf kuri GigaByte(GB), gikurikirwa na Nigeria aho internet igeze kuri 505 Rwf/GB, ku mwanya wa gatatu haza Ghana ku giciro cya 518 Rwf/GBs. Ku mwanya wa kane haza Somalia kuri 648 Rwf/GB, hagakurikiraho DRC kuri 674 Rwf/GB ku mwanya wa gatandatu hakaza u Rwanda ku giciro cya 713Rwf/GB, rugakurikirwa n’Uburengerazuba bwa Sahara kuri 751 Rwf/GB. Ku mwanya wa munani hari Kenya ku giciro kingana na 764 Rwf/GB, igakurikirwa na Maroc kuri 816 Rwf/GB, mu gihe ku mwanya wa 10 hari Misiri ku giciro cya 842 Rwf/GB. Muri rusange, Afurika iri gukora ibishoboka byose mu kugabanya igiciro cya internet, ariko iyi internet iracyahenze cyane ugereranyije n’ubushobozi bw’abaturage ndetse ikagenda gake.
| 308 | 812 |
“Nta mwanzuro urafatwa ku kongera umubare w’abanyamahanga mu kibuga”-FERWAFA. Nyuma yuko Shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda Season ya 2023-2024 irangiye, amakuru yagiye hanze ko umubare w’Abanyamahanga bifashishwa mu kibuga uzava kuri 6 ukagera ku munani. Ni amakuru FERWAFA ikomeje guca ku ruhande, gusa amakipe yo akaba imyiteguro akora igaragaza ko afite icyizere. Rwanda Premier League itegura shampiyona y’umupira w’amaguri mu Rwanda isa nk’iyamaze kwemeza izamurwa ry’umubare w’abakinnyi b’abanyamahanga bashyirwa mu kibuga nk’uko yabisabwe n’abanyamuryango bayo. Amakuru avuga ko abakinnyi bazava kuri batandatu bashyirwa mu kibuga bakagera ku munani, ariko ku rupapuro rw’umukino ntiharenge abakinnyi 12 b’abanyamahanga. Aya makuru FERWAFA imaze igihe iyatera utwatsi, abakunzi b’umupira w’amaguru bakaba bibaza igihe umwanzuro uzafatirwa dore ko habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo Shampiyona itangire Umunyamabanga wa FERWAFA, Kalisa Adolphe akaba yatangaje ko nta mwanzuro urafatwa kuri aya mabwiriza cyane ko atari ikintu wabyuka ngo uvuge ngo wongereye abanyamahanga kandi ko atari FERWAFA bireba gusa ngo hari n’izindi nzego zibanza kurebwaho. Ati “Ni icyemezo kidafatiye kuri twe gusa nka FERWAFA, ni politiki y’igihugu ntabwo wabyuka uvuga ngo abanyamahanga babaye 10, hari abavuga ko hari icyo byafasha, hari abavuga ko byabangamira mu iterambere ry’abakinnyi b’abanyarwanda.” “Hari ibintu bishingirwaho kugira ngo abo banyamahanga bongerwe, ese bazaza gufasha iki? Ubushobozi bwa bo ni ubuhe? Hakajyaho amabwiriza, ibyo byose ni byo abantu bakirebaho.” Ugendeye ku myiteguro amakipe yakoze, ubona iki cyemezo gisa nk’icyamaze gufatwa hakaba hasigaye gusa ko gitangazwa kuko kenshi FERWAFA yagiye ihakana amakuru atandukanye ku myanzuro runaka kandi bikaza kugaragara ko yirazaga inyanza.
| 247 | 715 |
Imana yambuye ububasha abategetsi bose bo mu isi, ikabuha abandi babukwiriye kandi bafite imbaraga kubarusha. Ni ba nde yabuhaye? Yabuhaye “usa n’umwana w’umuntu,” ari we Yesu Kristo, n’“abera b’Isumbabyose,” ni ukuvuga abantu 144.000 kandi bazategeka “iteka ryose” (Dan 7:18). Ibyo bigaragaza neza ko Yehova ari we Mana “Isumbabyose,” kuko ari we wenyine ufite ububasha bwo gukora ibintu nk’ibyo. 11. Ni iki kindi Daniyeli yavuze kigaragaza ko Yehova ari we mutegetsi uruta abandi bose? 11 Ibyo Daniyeli yabonye mu iyerekwa, bihuje neza n’ibyo yari yaravuze mbere yaho. Yaravuze ati: ‘Imana yo mu ijuru ikuraho abami ikimika abandi.’ Daniyeli amaze kuvuga ayo magambo, yongeyeho ko ‘Isumbabyose ari yo itegeka ubwami bw’abantu, ikabugabira uwo ishatse’ (Dan 2:19-21; 4:17). Ese hari igihe Yehova yigeze gukuraho abami cyangwa abategetsi, agashyiraho abandi? Yego rwose! Yehova yambuye Belushazari ubwami, abuha Abamedi n’Abaperesi (Reba paragarafu ya 12) 12. Tanga urugero rugaragaza ukuntu Yehova yakuyeho abami cyangwa abategetsi, mu gihe cya kera. (Reba ifoto.) 12 Yehova yagaragaje ko ari umutegetsi uruta abandi ‘bategetsi bakuru’ bose. Reka turebe ingero eshatu zibigaragaza. Farawo umwami wa Egiputa, yagize ubwoko bwa Yehova abacakara, kandi incuro nyinshi yasabwe kubarekura akabyanga. Ariko Imana yabavanye muri ubwo bucakara, maze irimburira Farawo mu Nyanja Itukura (Kuva 14:26-28; Zab 136:15). Nanone Umwami Belushazari w’i Babuloni yagize ibirori, maze yishyira hejuru ‘asuzugura Umwami nyir’ijuru’ kandi ‘asingiza imana z’ifeza n’iza zahabu,’ aho gusingiza Yehova (Dan 5:22, 23). Ariko Imana yahannye uwo mwami w’umwibone, imucisha bugufi. “Muri iryo joro” Umwami Belushazari yarishwe kandi ubwami bwe buhabwa Abamedi n’Abaperesi (Dan 5:28, 30, 31). Ikindi gihe, umwami wa Palesitina witwaga Herode Agiripa wa mbere, yishe intumwa Yakobo kandi nyuma yaho yafunze intumwa Petero kugira ngo azabone uko amwica. Ariko Yehova ntiyemeye ko Herode akora ibyo yashakaga. Bibiliya ivuga ko ‘umumarayika wa Yehova yamukubise’ hanyuma agahita apfa.Ibyak 12:1-5, 21-23. 13. Tanga urugero rugaragaza ukuntu Yehova yatsinze abategetsi bari bishyize hamwe. 13 Nanone Yehova yagaragaje ko ari Imana Isumbabyose, igihe yarimburaga abategetsi bari bishyize hamwe. Yarwaniriye Abisirayeli, arimbura abami b’Abanyakanani 31 bari bishyize hamwe, maze bituma Abisirayeli bigarurira igice kinini cy’Igihugu cy’Isezerano (Yos 11:4-6, 20; 12:1, 7, 24). Ikindi gihe, Yehova yafashije Abisirayeli gutsinda Umwami Benihadadi n’abandi bami 32 b’Abasiriya bari bishyize hamwe.1 Abami 20:1, 26-29. 14-15. (a) Ni iki Umwami Nebukadinezari n’Umwami Dariyo bavuze ku birebana n’ubutegetsi bw’ikirenga bwa Yehova? (b) Ni iki umwanditsi wa zaburi yavuze kuri Yehova n’abagaragu be? 14 Yehova yagaragaje kenshi ko ari umutegetsi uruta abandi bose. Urugero, hari igihe Umwami Nebukadinezari w’i Babuloni yirase avuga ko afite ‘imbaraga, ububasha n’icyubahiro,’ aho kwicisha bugufi ngo yemere ko Yehova ari we ukwiriye guhabwa ikuzo. Yehova yamuteje uburwayi ata ubwenge. Nebukadinezari amaze kugarura ubwenge, ‘yasingije [Imana] Isumbabyose’ kandi yemera ko “ubutegetsi bwayo ari ubw’iteka ryose.” Yongeyeho ko nta ‘wabasha gukumira ukuboko kwayo,’ cyangwa ngo ayibuze gukora ibyo ishaka (Dan 4:30, 33-35). Nanone igihe
| 465 | 1,394 |
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Algeria yagiriye uruzinduko mu Rwanda. Gen Saïd Chanegriha yatangiye uruzinduko rwe mu Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 19 Gashyantare 2024. Akigera ku kibuga mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe yakiriwe n’Umuyobozi Mukuru ushinzwe imikoranire mpuzamahanga mu Ngabo z’u Rwanda, Brig Gen Patrick Karuretwa ndetse na Ambasaderi wa Algeria mu Rwanda, Muhamed Mellah. Umugaba Mukuru wa Algeria asuye u Rwanda mu gihe muri Nzeri 2022, uwari Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Jean Bosco Kazura yagiriye uruzinduko rw’iminsi itatu muri Algeria. Abagaba bakuru b’Ingabo z’ibihugu byombi icyo gihe bagiranye ibiganiro byo mu rwego rw’ubufatanye bw’ingabo hagati y’Ingabo z’u Rwanda, RDF n’Ingabo za Algeria, ANPA. Biteganyijwe ko General Saïd Chanegriha agomba guhura n’abayobozi mu ngabo z’u Rwanda barimo Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda na mugenzi we General Mubarakh Muganga aho bagomba kugirana ibiganiro. Muri Kanama 2023, ubwo Perezida Paul Kagame yakiraga impapuro zemerera Abadipolomate bashya 12 guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda, yakiriye na Ambasaderi wa Algeria mu Rwanda ufite icyicaro i Kigali ari we Mohamed Mellah. Ambasaderi wa Algeria mu Rwanda, Mohamed Mellah, yagaragaje ko yishimiye kuba agiye kugira uruhare mu kwagura ubufatanye n’umubano mwiza usanzwe uri hagati y’igihugu cye n’u Rwanda. Ambasaderi Mellah, yagaragaje ko u Rwanda ari umufatanyabikorwa w’ingenzi igihugu cye gikeneye ndetse na Afurika muri rusange mu gukemura ibibazo byugarije iyi si, ndetse ko ibihugu byombi bizwiho gukora cyane, bikanafatanya muri byinshi. Umunyamakuru @RuzindanaJunior
| 228 | 587 |
Rubavu: Abaturage bemereye RIB ko hari ibyaha bakora batabizi. Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwashishikarije abaturage batuye mu Karere ka Rubavu kurwanya ihohoterwa iryo ari ryo ryose n’ibyaha byibasira ibidukikije bikunze kugaragara muri aka Karere.
Ubuyobozi bwo mu Karere ka Rubavu, bwemeza ko bimwe mu byaha bikunze kugaragara cyane muri Nyamyumba hamwe mu hakorewe ubukangurambaga harimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina no ku mutungo n’ubwo bakomeje gukora byinshi ngo ricike burundu kuko rimunga iterambere ry’umuryango.
Hakiyongeraho ibyaha byibasira ibidukikije birimo kuvogera inkengero z’ ikiyaga cya Kivu bahinga muri metero 50 uvuye ku kiyaga ndetse n’abandi bakomeje kugaragara mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Ubwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwakoraga ubu bukangurambaga mu karere ka Rubavu, abaturage bamenyeshejwe ko bakwiye kubungabunga ibidukikije, kugira ngo bakomeze kugira imibereho myiza n’ubuzima bwiza birinda ibibazo bishobora gukurikira ibyaha bibangamira ibidukikije.
Mahoro Bazir umwe mu bakozi ba RIB ishami rishinzwe kugenza ibyaba byibasira ibidukikije, mu kiganiro yatanze yasobanuriye abaturage bimwe mu byaha bikorwa, ingaruka bigira n’uburyo bihanwa mu mategeko abasaba kwitwararika no kigaragaza uwo ari we wese wagaragara muri ibi byaha kugira ngo ahanwe.
Agira ati: “Ibyaha byibasira ibidukikije ni byinshi hari ababikora batabizi ariko hari ababikora nkana kandi ingaruka zigera kuri buri wese yaba umuturage n’igihugu muri rusange, turi mu bice bikunda kwibasirwa n’inkangu, ibiza usanga biterwa ahanini na bya bikorwa byakozwe n’abacukuzi b’ibirombe, amabuye y’agaciro.
Hari n’aho abaturage bagera bakabona ni icyaha kiri gukorwa tukabyirengagiza nkana ndabasaba kujya mukumira icyaha, kuko ejo wasanga ibyo bikorwa bije bikagutwarira ibyawe, ubuzima n’ibindi tubimenye tunabikumire.”
Murindangabo Eric, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, yemeza ko mu Murenge ayoboye hakigaragara ibyaha byibasira ibidukikije ariko bafatanyije n’abaturage bakomeje kubikumira.
Agira ati: “Inaha ibyaha bikunze kugaragara usanga ari ibyo mu bucukuzi aho umuturage abona amabuye y’agaciro mu murima we agatangira gucukura nta ruhushya, nta nyigo yakozwe usanga ari icyaha kuko ababikora hari ibyo basabwa hakarebwa niba bitangiza ibidukikije rero iyo tubafashe barahanwa.”
Murindangabo avuga ko abaturage bagirwa inama yo kugana ababimazemo agihe bafite ibyangombwa bagakorana, ikindi cyaha gikunze kugaragara muri aka gace harimo kuba bamwe mu baturage bavogera metero y’ikiyaga nubwo ngo bigenda bicika agasaba buri wese gusenyera umugozi umwe.
Nyiragihurwa Esperance, umwe mu baturage batuye mu Murenge wa Nyamyumba Akarere ka Rubavu, ashima RIB yaje kubibutsa ibyaha bibangamira ibidukikije kuko ngo usanga bimwe babikora batabizi.
Agira ati: “Usanga hari ibyaha dukora tutabizi bikaba byatugiraho ingaruka tujya kubona tugasanga ubutaka bwacu bwamanutse kubera inkanga ntitumenye ko bishoboka ko hari abakoze ibyaha byibasira ibidukikije rimwe na rimwe turashima RIB iba yaje kudukebura kuko biradufasha cyane, natwe tubasezeranya kubirwanya no gutanga amakuru.”
Ubukangurambaga bwa RIB burakomeje mu bice bitandukanye by’Igihugu ku nsangamatsiko igira iti:”Uruhare rwa buri wese mu gukumira ibyaha bihungabanya ibidukikije n’ibindi byaha by’inzaduka”.
Muri ubu bukangurambaga Abaturage bakaba bahabwa serivisi zitandukanye basanzwe bahabwa iyo bagannye Sitasiyo za RIB ibibazo byabo bigahabwa umurongo.
| 448 | 1,356 |
U Bufaransa burakeka ko abana ba Omar Bongo basahuye Gabon se yategekaga. Ubutabera bw’u Bufaransa bukeka ko abantu batandukanye bo mu muryango wa Bongo, uhereye kuri Omar Bongo ukagera ku muhungu we Ali Bongo, usigaye ari Perezida wa Gabon ubu, hamwe n’umukobwa we Pascaline baba barigwijeho umutungo ufite agaciro kabarirwa muri miliyoni 85 z’ama-euro.Ubutabera bw’u Bufaransa bukeka ko abantu batandukanye bo mu muryango wa Bongo, uhereye kuri Omar Bongo ukagera ku muhungu we Ali Bongo, usigaye ari Perezida wa Gabon ubu, hamwe n’umukobwa we Pascaline baba barigwijeho umutungo ufite agaciro kabarirwa muri miliyoni 85 z’ama-euro.Abana bane ba Omar Bongo wahoze ari Perezida wa Gabon nibo inzego z’ubutabera mu Bufaransa zakozeho iperereza. Barimo Grâce, Betty, Arthur na Hermine.Ni dosiye imaze imyaka irenga 15 ijyanye n’imitungo bivugwa ko babonye mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu Bufaransa.Abo bana bakozweho iperereza hagati y’itariki 25 Werurwe na 5 Mata n’umucamanza Dominique Blanc.Ibyaha bakurikiranyweho bifitanye isano no kunyereza umutungo wa rubanda, ruswa no gukoresha nabi umutungo ugenewe rubanda.
| 161 | 418 |
Subsets and Splits
No community queries yet
The top public SQL queries from the community will appear here once available.